UBUTUMWA BWA MALAYIKA RAFAYELI, TARIKI YA 27 NYAKANGA 2024

Ndabakomeje Ntore za DATA dutaramanye, mbifurije umunsi mwiza, igitondo gihire kuri buri wese, ndamukije buri wese mu rukundo rwanjye kandi mbahobereye mu muhoberano wanjye mutagatifu ngira nti “Nimugire amahoro kandi nimugire amahirwe mu bikorwa byanyu bya buri munsi kuko nanjye mbashyigikiye kandi nkaba mbakomereje intambwe muri byose, bityo rero mbambitse urukundo rwanjye n’urwa DATA kandi mbahaye ubudahangarwa bwanjye kuri uyu munsi udasanzwe kugira ngo mukomeze guhangamura ibikorwa by’umwanzi aho biva bikagera, turi ku rugamba rero turwanirira roho nyamwinshi kuko twaje gutabara kandi tukaba twaje kurushaho kurengera Mwene Muntu aho ava akagera”; ngaho rero Ntore za DATA kandi bana banjye nimwambarire urugamba kuko ruremye kandi rukaba rurimbanyije kuko ibikorwa by’Uhoraho Imana bikomeje kwigaragariza muri mwe kandi bikomeje kwigaragariza mu buzima bwanyu bwa buri munsi, iteka ryose rero turahorana mu bikorwa byo kurwanana urugamba kandi mu bikorwa byo gushyigikirana muri byinshi bigiye bitandukanye, ni yo mpamvu kuri uyu munsi udasanzwe nje gutabarana namwe kandi ni yo mpamvu kuri uyu munsi udasanzwe nje kubasakazaho imbaraga z’ububasha bwanjye, kugira ngo murusheho kuvugurura Isi ndetse n’abayituye kandi murusheho kuvugururwa muri Roho Mutagatifu kuko naje kubambika kandi nkaba naje kubasendereza ububasha butavogerwa bukomoka muri DATA kugira ngo iteka ryose muhore mwemaraye kandi muhore muhagaze neza ku rugamba rwanyu rwa buri munsi; erega imirimo yacu iratangaje muri mwe kandi ibikorwa byacu bikomeje kwigaragaza kuko dukomeje kwigaragariza rwagati yanyu kandi tukaba dukomeje kwigaragariza mu ruhande rwanyu kuko tuganje mu rukari rw’Uhoraho Imana mu gukorana namwe imirimo ndetse n’ibitangaza kandi mu gukorana namwe ibikorwa bikomeye kandi bigiye bitandukanye.

Dukomeje rero kubasendereza imbaraga ndetse n’ububasha bikomoka muri Uhoraho Imana kugira ngo bikomeze kubavugurura kandi bikomeze kubasenderera aho muri hose, bityo iteka ryose muhore muri intwari kandi muhore mutwaraniye urugamba rwo kurwanirira roho nyamwinshi aho ziva zikagera, dukomeje rero kwigaragariza hirya no hino mu bice bigiye bitandukanye kuko dukomeje kuvuya kandi tukaba dukomeje kuvuyanga imigambi ya Nyakibi aho iva ikagera; namwe rero nimurusheho gushikama kandi murusheho gusenderezwa ibyiza by’agatangaza bikomoka muri DATA, nanjye nkomeje kubambika kandi nkomeje kubasendereza ubutore ndetse n’ubutoneshwe, kugira ngo iteka ryose bihore bibaranga kandi bihore bibashyigikiye mu rugendo rwanyu rwa buri munsi.

Nifatikanyije namwe rero kuri uyu munsi mu bikorwa bidasanzwe kuko Uhoraho Imana aje gukomeza kugendana namwe mu bikorwa by’urugamba kandi mu mirimo igiye itandukanye twaje kwifatikanyaho namwe kuri uyu munsi, tukaba twaje kubabera inkingi ibakingira kandi tukaba twaje kubabera abayobozi, mu rukundo rw’Uhoraho Imana rero turaganje turi muri mwe kandi dukomeje kwifatikanya muri buri kimwe cyose kandi dukomeje kwifatikanya mu gukomeza gusakaza imbaraga z’ububasha bwa DATA mu batuye iyi Si; ngaho nimukomere mukomeze injyana y’urugamba mu buzima bwanyu bwa burim munsi, nanjye ndahari ndaganje kugira ngo nkomeze kubabwiriza icy’ingenzi kandi nkomeze kubashishikaza kuri buri kimwe cyose, kuko nkomeje kumurikira intambwe z’ibirenge byanyu, kandi nkaba nkomeje kubakomeza mu mutsindo ukomeye wa DATA; nimwambare muberwe kuko twaje kubambika kandi tukaba twaje kubakindikiza intwaro z’urumuri, kugira ngo aho muri hose ibikorwa byanyu bihore biribata ibikorwa by’umwanzi kandi ibikorwa byanyu bihore byigaragariza abatuzi ndetse n’abatatuzi, kuko twaje kumwaragiza ubuhanga bw’abanyabwenge, cyane cyane abo bose batwibeshyaho kandi abo bose bibeshya ku bikorwa byacu tukaba tuje kubagaragariza imbaraga z’ububasha bwacu mu buryo budasubirwaho.

Nifatikanyije namwe kuri uyu munsi kandi nifatikanyije namwe mu bikorwa bidasanzwe twaje kugaragariza mu Isi ndetse no mu bayituye, mu gukomeza kuvugurura kandi mu gukomeza kuvuguruza ikibi muri Mwene Muntu, kugira ngo koko turusheho kwimakaza umutsindo ukomeye wa DATA; nimukomere rero ndabakomeje kandi ndabashyigikiye mu bikorwa by’urugamba kuri uyu munsi, kuko mbambitse imbaraga zanjye kandi nkaba mbasendereje urukundo rwanjye kugira ngo ruhore rubigaragarizamo aho muri hose, mu gukomeza gutera intambwe mujya mbere kandi mu gukomeza kuvugurura Isi ndetse n’abayituye, mukoresheje imirimo ndetse n’ibitangaza dukomeje gukorera muri mwe kandi dukomeje gukorana namwe iteka ryose.

MBIFURIJE UMUNSI MWIZA GUKOMERA NDETSE NO GUKATAZA, TURI KUMWE NDABAKUNDA, NDI MALAYIKA RAFAYELI, AMAHORO AMAHORO, IBIHE BYIZA NTORE ZA DATA, TURI KUMWE NDABAKUNDA, AMAHORO AMAHORO.

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *