UBUTUMWA BWA MALAYIKA RAFAYELI, TARIKI YA 01 NZERI 2024

Mbifurije umunsi mwiza Biremwa by’Uhoraho Imana kandi Ntore za DATA dutaramanye, ndabakomeje kandi ndabashyigikiye mu rukundo rwa DATA, nimwakire imbaraga zanjye kandi nimwakire ububasha bwanjye budatsindwa kandi nimwakire ububasha bwanjye butavogerwa kugira ngo mukomeze kuvogagira ibikorwa by’umwanzi kandi murusheho kumutsinda ibitego kuko naje gutabarana namwe kandi nkaba naraje kurwanana urugamba namwe mu buryo bwa bucece, bityo tukaba dukomeje guhinda ikibi muri Mwene Muntu kandi tukaba dukomeje guhinda ikibi mu Isi hose muri rusange kuko dukomeje gucecekeshanya amajwi y’umwanzi kandi tukaba dukomeje kuribata ibikorwa bye bibi kandi bibisha aho biva bikagera, nimukomeze rero rero kwambara imbaraga iteka ryose muhore muri ku rugamba uko bikwiriye murwanirira roho nyamwinshi aho ziva zikagera, kandi murwanirira ababizi ndetse n’abatabizi, kuko ku Isi hari byinshi bikomeje gukorwa mu buryo bwa bucece kandi hakaba hari byinshi dukomeje gukoreramo mu buryo butangaje kandi mu buryo buhambaye, akaba rero ari igihe cyo kurushaho guhuguka kandi akaba ari igihe cyo kurushaho guhugukirwa n’iby’Ijuru kuko dukomeje kugenda twiyigishiriza benshi kandi tukaba dukomeje kugenda turehesha benshi urukundo ndetse n’impuhwe bya DATA mu buryo budasanzwe kandi mu buryo budasubirwaho, bityo imirimo yacu kandi ibikorwa byacu ndetse n’ibya DATA bikaba bikomeje kugera hirya no hino ku Isi kandi bikaba bikomeje kogera hirya no hino ku Isi mu gukomeza kugaragaza imirimo ndetse n’ibikorwa bikomeye by’ibiganza bya DATA.

Turi kumwe rero mu rugamba rudatsindwa kandi turi kumwe mu rugamba rudatsimburwa, kuko duhari nk’abarwanyi kandi tukaba turi imbere ku rugamba kugira ngo dukomeze kwifatikanya namwe mu kurwanirira roho nyamwinshi kandi mu gukomeza kurwanya ikibi muri Mwene Muntu; twifatikanyije namwe muri byose  kandi tubarangaje imbere mu buryo bw’agatangaza, kuko tubabereye byose kandi tukaba tubabereye ku rugamba ijoro n’amanywa, dutsinda kandi tuganza ikibi muri Mwene Muntu; ngaho rero nimukomeze umwete ndetse n’umurava uhore ubaranga iteka ryose, muhore mukindikije intwaro aho muri hose kugira ngo mukomeze kurasa umwanzi kandi mukomeze kumurasa mu cyico, kuko ari igihe cyo kumutsemba kandi akaba ari igihe cyo kumurwanya mu buryo bukomeye kandi mu buryo buhambaye.

Nanjye nkomeje kubakomeza kandi nkomeje kubashyigikira mu rukundo rwanjye, imbaraga zanjye nizibasesekareho kandi ububasha bwanjye nibubasenderere aho muri hose, kuko muri mu rukundo rwanjye mu buryo budasubirwaho kandi mukaba muri mu mpuhwe zitavogerwa za DATA, ibikorwa bye rero iteka ryose nibihore byigaragariza muri mwe kandi bihore bigaba amashami mu bari hirya no hino mu gukomeza kubahindura bashya kandi mu gukomeza kubahindura mu bubengerane bw’Ijuru ryose kuko dukomeje  kwigarurira roho nyamwinshi kandi tukaba dukomeje guhindura benshi mu rukundo rwacu, imbaraga zacu kandi ububasha bwacu nibukomeze gutwikira Isi ndetse n’abayituye kuko imirimo yacu iganje kandi ikaba ikomeje gutegeka mu bari hirya no hino.

Nifatikanyije namwe muri byose kandi ndabashyigikiye, ndabakomeje mu bikorwa by’urugamba, imbaraga zanjye nizikomeze gusakara muri mwe  kandi ububasha bwanjye nibukomeze gusakara mu Isi hose muri rusange kuko turi kumwe mu njyana y’urugamba cyane cyane kuri uyu munsi dukomeje gukura mu mayira ibikorwa by’umwanzi aho biva bikagera; dukomeje rero gushyigikirana benshi kandi dukomeje kwambika imbaraga zidatsindwa benshi mu buryo bukomeye kandi mu buryo buhambaye kuko dukomeje kumanurira imbaraga zidatsindwa ku Isi kandi tukaba dukomeje gusendereza imbaraga ndetse n’ububasha Kiremwa Muntu aho ava akagera, hahirwa uri maso kandi hahirwa ukereye kwakira aho ava akagera, kuko hari byinshi twamuteganyirije kandi hari byinshi twamuteguriye kuri uyu munsi; muririnde rero kurangara kandi muririnde kubika ibiganza, ahubwo nimurusheho kuhuguka kandi murusheho kwakira inema ndetse n’ingabire twabazaniye kuri uyu munsi; bana banjye kandi Biremwa by’Uhoraho Imana, mbahaye umugisha wanjye kugira ngo ubashyigikire ubakomeze mu rugendo rwanyu, muhore mushishikariye  ibikorwa byanjye n’ibya DATA kandi muhore mushishikariye imirimo ikomeye DATA akomeje gukorera mur mwe, kuko akomeje guhindura byose mu rukundo rwe kandi akaba akomeje guhindukiza benshi mu mbaraga ze zidatsindwa kandi mu mbaraga ze zidahangarwa, akaba akomeje gukorana namwe byinshi mu Isi ndetse no mu Kiremwa Muntu muri rusange.

TURI KUMWE RERO MURI BYOSE NDABAKOMEJE KANDI NDABASHYIGIKIYE MBAMBITSE IMBARAGA ZANJYE, MBAHAYE URUKUNDO RWANJYE KUGIRA NGO RUHORE RUTSINDA MURI MWE KANDI RUHORE RWIGARAGARIZA ABARUZI NDETSE N’ABATARUZI, BITYO IBIKORWA BYANJYE N’IBYA DATA NIBIHORE BYIGARAGARIZA MURI MWE KANDI IMIRIMO YE IKOMEYE IHORE YIGARAGARIZA MU BUZIMA BWANYU BWA BURI MUNSI, NANJYE TURI KUMWE NDABARINZE, NDABASHYIGIKIYE KANDI NDABAKOMEJE MU BIKORWA BY’UHORAHO IMANA NDI MALAYIKA RAFAYELI, NIMUGIRE IBIHE BYIZA NTORE ZA DATA, TURI KUMWE MURI BYOSE, AMAHORO AMAHORO.

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *