UBUTUMWA BWA MALAYIKA RAFAYELI, TARIKI YA 19 NZERI 2024
Mbabumbiye hamwe mu rukundo rwanjye n’urwa DATA, Ntore za DATA dutaramanye kandi nshuti bavandimwe banjye turi kumwe mu rugendo rwa buri munsi, nshyigikiye intambwe zanyu rero kandi ndabakomeje muri byose ndi Malayika Rafayeli ubakunda cyane, nimwakire indamukanyo yanjye kuri uyu munsi kandi nimwakire umugisha wanjye wa kibyeyi, ubatagatifuza kandi urushaho kubahindura bashya nk’abana b’Imana, ndabavuguruye rero kandi ndabakomeje mu rukundo rwanjye, nimukomeze injyana y’icyiza mu buzima bwanyu bwa buri munsi, nanjye turi kumwe mu kubarwanaho kandi mu kubarwanirira muri byose, mu kubategurira kandi mu kubateganyiriza byinshi byiza by’agatangaza, nkomeje kubategurira kandi nkomeje kubateganyiriza uko bwije n’uko bukeye; erega turi kumwe ku rugamba rwanyu kandi ndahari muri byose, kuko nkomeje kubayobora kandi nkaba nkomeje kubabera umugenga w’ubuzima bwanyu bwa buri munsi.
Nifatikanyije namwe rero mu bikorwa by’urugamba, nimukomeze gutsinda umwanzi kandi nimukomeze gutsiratsiza ibikorwa bye bibi kandi bibisha aho biva bikagera, nanjye ndahari kugira ngo nkomeze kubarwanirira kandi nkomeze kubarwanaho muri byose, nifatikanyije namwe Ntore za DATA kandi nshuti bavandimwe banjye, ndabashyigikiye kandi mbambitse imbaraga z’urugamba kugira ngo koko murusheho kujya ku rugamba mwemye kandi mwemarariye umutsindo wa DATA, nanjye ndaganje ndi muri mwe kandi nkomeje kubagararizamo imirimo ndetse n’ibitangaza byanjye kandi nkomeje kubagaragarizamo imirimo ndetse n’ibitangaza bikomoka muri DATA, kuko nkomeje kubambika imbaraga zanjye kandi nkaba nkomeje kubasendereza ububasha bwanjye butavogerwa; ndabashyigikiye rero muri byose kandi mbakomereje intambwe, nimukomeze gutsinda kandi mukomeze gutsiratsiza ikibi cy’umwanzi cyose aho kiva kikagera, nanjye ububasha bwanjye bukomeje kubaturamo kandi bukomeje kubasenderera aho muri hose, kuko nza kubasendereza imbaraga ndetse n’ububasha kandi nkaza kubasendereza icyiza cyose aho kiva kikagera nkomora muri DATA kandi ngabirwa ijoro n’amanywa, bityo nanjye nkaza kubasendereza kandi nkaza kukibagabira ku buntu bwanjye.
Nkomeje rero kubavomerera imbaraga ndetse n’ububasha ngabirwa na DATA uko bwije n’uko bukeye, kugira ngo birusheho kubasenderera kandi birusheho kububaka mu buzima bwanyu bwa buri munsi, bityo aho muri hose muhore mukereye kurwanya ikibi kandi muhore mukereye kugihinda mu Isi ndetse no muri Mwene Muntu, kuko ari ryo teme rizabambutsa mu gukora icyiza kandi mu kurushaho kugiharanira mu buzima bwanyu bwa buri munsi; niho habitse ubukungu bukomeye bukomoka muri Uhoraho Imana, ni yo mpamvu rero dukomeje kwiyigishiriza icyiza kandi dukomeje kugitoza igihe ndetse n’imburagihe, bityo abumva kandi abemera kumvira Ijambo rya DATA, abo bose barahirwa kandi abo bose bakomeje kuvunira ibiti mu matwi, abo bose baragowe kuko umunsi w’Uhoraho Imana wegereje bityo abanze kumva bakazacirwa urubanza rukomeye, bityo abakiriye umukiro ndetse n’agakiza k’Uhoraho Imana bakazagororerwa mu buryo bukomeye kandi mu buryo butangaje; namwe rero nimuharanire kwizigamira ubukungu butazima kandi ubukungu butabora, mwizigamira ibyiza byo mu Ijuru mu buzima bwanyu bwa buri munsi, kandi mubishakashake ibihe ndetse n’imburabihe, kuko nanjye naje kubaronsa ibyiza by’agatangaza bikomoka mu Ijuru, kandi nkaba naraje rwagati yanyu nk’umwigisha nyakuri, kugira ngo nkomeze kubiyigishiriza kandi nkomeze kubamenyesha icyiza kandi icy’ingenzi kugira ngo mugitore kandi mugitoze n’abaje babagana.
Ngaho rero nimukomeze kuba abigisha kandi nimukomeze kuba ababwiriza abandi, murushaho kubereka inzira ikwiriye kandi itunganye kugira ngo babashe kuyikatarizamo kandi babashe kuyinyuramo nta kibaziga kandi nta kibakoma imbere mu rugendo, nanjye ndahari mu buyobozi bwanjye kandi ndahari mu gukomeza kubaba bugufi kugira ngo ndengere ubuzima bwa buri wese kandi ndengere ubuzima bw’Ikiremwa Muntu aho buva bukagera, kuko nkomeje kwigarurira benshi mu Isi kandi nkaba nkomeje kubigaragariza mu buryo buhambaye; dukomeje rero gutanga ubuzima nyabuzima njye na DATA, kuko turi mu bikorwa byo gukomeza kubohoza roho nyamwinshi kandi byo gukomeza kwambura ikibi Mwene Muntu; tukaba rero dukomeje integuro yacu idasanzwe kandi idasiba mu Isi ndetse no mu Kiremwa Muntu, yo gukomeza kwamagana ikibi muri Mwene Muntu kandi yo gukomeza kugitesha agaciro twivuye inyuma.
Ngaho nimuhagarare gitwari kandi muhagarare gitore mu rugendo rwanyu, muhamye uwo mwemeye kandi muhamye ibyo mwabonye, kuko hari byinshi twabatangarije kandi hakaba hari byinshi twabagaragarije mu bubasha bwacu bukomeye; ni igihe rero cyo guhamya kandi ni igihe cyo kubihamya kandi ni igihe cyo gutangariza ikiri ukuri ahirengeye kandi ahitegeye kugira ngo ababasha kumva bumve, kandi abahinyura icyo twavuze kandi iryo twavuze bazabashe kururukirizwaho ibihano bikomeye, ariko kandi ntitwifuza abahanwa, ahubwo abahembwa kandi abashyikirizwa ibihembo bikomeye na DATA; muri abanyamugisha rero kandi murahirwa kandi mwarahiriwe, nimukomeze injyana y’icyiza kandi nimukomere ku cyo mwafashe kandi mwamenye, nanjye nkomeje kubamurikira kandi nkomeje kubakomereza intambwe z’ibirenge byanyu, ngaho nimurusheho gukatariza mu cyiza, kuko ari cyo mbifuriza kandi akaba ari cyo mbashakaho ijoro n’amanywa; ndabashyigikiye rero nimukomere, mukomere ku rugamba, ishyaka n’ubutwari bibarange iteka ryose aho muri hose, bityo imbaraga zacu kandi imbaraga za DATA nizikomeze gusenderera mu buzima bwanyu bwa buri munsi, zikomeze kubafasha kandi zikomeze kubabwiriza igikwiriye kandi igitunganye mu buzima bwanyu bwa buri munsi.
NIMUGIRE AMAHORO NDABAKUNDA, NDABASHYIGIKIYE BIREMWA BY’UHORAHO IMANA KANDI NDABAKOMEJE MU BUBASHA BWANJYE BUTAVOGERWA NDI MALAYIKA RAFAYELI; AMAHORO AMAHORO, IBIHE BYIZA TURI KUMWE NDABAKUNDA, NDABASHYIGIKIYE KANDI NDABAZIRIKANA MURI BYOSE, AMAHORO AMAHORO.
