UBUTUMWA BWA MUTAGATIFU YOZEFU, TARIKI 12 NZERI 2023

Mbifurije kugubwa neza igitondo nk’iki ngiki bana banjye kandi bana ba DATA nkoramutima za Jambo kandi ntore za DATA Uhoraho Imana akomeje gushyigikira kandi akomeje koherereza umugisha we kugira ngo mukomere kandi mukomeze urugendo rwanyu kandi ubutumwa bwanyu bwogere hose, mbahaye rero gusesekazwaho imbaraga z’Ijuru kandi mbujuje ububasha bw’Imana isumba byose mbasesekajeho urumuri rwanjye rwa DATA kugira ngo rubuzure kuri buri wese bityo buri wese asesekazweho imbaraga mu buryo budasanzwe kugira ngo ibikorwa byanyu bihanitse kandi bihambaye bikomeze bikwirakwizwe hose bityo Isi ikomeze kugenda ishyirwa mu rumuri rw’Imana kandi dukomeze kugenda tuyikura mu mwijima bityo umwijima wa Sekibi ujya ukunda kubudikira benshi ugende uhigikwa bityo haganze ibikorwa by’Imana isumba byose kandi turusheho gusakaza urumuri mu Isi yose twifatikanyije namwe kuko twaje kubuzuza kandi kubasakazaho ibyiza by’ingoma y’Ijuru kugira ngo namwe mubikwirakwize hirya no hino mu Isi kugira ngo Isi yose igire amahoro kandi Isi igire umugisha, dukomeje rero kwifatikanya namwe kandi dukomeje kugendana namwe mu bikorwa byanyu no mu rugendo rwanyu rwa buri munsi kugira ngo amahirwe yanyu akomeze abe amahirwe avuburirwa n’abandi kandi abonwaho n’abandi bityo kubera ko muri mu rukundo rw’Imana kandi mugendera mu bubasha bw’Imana mukaba mukorera mu rukundo rw’Imana no mu bubasha bw’Imana ibyo mukora bijye birushaho gukiza benshi kandi bibarohore uko bwije n’uko bukeye ariko kandi bikomeje no kubakiza no kubabohora uko bwije n’uko bukeye ari yo mpamvu Sekibi abireba akagira umujinya kandi akagira ishyari agakora iyo bwabaga agakora hasi no hejuru agakora hariya na hariya kugira ngo arebe y’uko yabasubiza inyuma mu bikorwa yabasubiza inyuma mu rugendo rwanyu agashakisha impamvu n’uduhamvu kandi agashakashakisha ikintu icyo ari cyo cyose yabona cyabasubiza inyuma natwe rero tukururukira kumwereka yuko twatsinze kandi dukomeje kubatsindira kandi ari twebwe twikorera muri mwebwe kandi ari twebwe dukomeje kubakomeza mu bikorwa byanyu kandi ari twebwe twururukiye kuza gukiza Isi ndetse n’abayituye twifatikanyije namwe mu buzima bwanyu mu Isi kuko twururukije imbaraga z’Ijuru zikaba zihuza n’izanyu uko bwije n’uko bukeye tukaba rero dukomeje gukora imirimo ndetse n’ibitangaza bihanitse kandi bihambaye kugira ngo gukora kw’Imana isumba byose gukomeze kwigaragariza muri mwebwe kandi ibikorwa bya DATA bikomeze gutangarizwa bose bityo benshi bamenye umukiro wa DATA kandi benshi bamenye imbaraga za DATA uko zikora kandi bamenye ukuntu DATA akomeje gutabara Isi ndetse n’abayituye kugira ngo tubohore byose kandi dushyire byose ku murongo.

Ndabakunda cyane bana banjye kandi ntore za DATA nkomeje kubahora hafi ndi Mutagatifu Yozefu uza kubifuriza ibihe byiza urugendo rwiza gukomera no gukataza guhagarara nk’intwari guhagarara nk’abasirikare igihe cyose bari ku rugamba kandi bahora iteka ryose biteguye kurwanya imigambi mibisha y’umwanzi intwaro zanyu nimuhore iteka ryose muzifoye kandi mujye muhora iteka ryose mwiteguye kurwanya umwanzi n’imigambi ye mibisha kuko iteka ryose nawe aba arekereje kugira ngo arebe yuko hari uwarangara gatoya ngo ahite amwahuranya, niyo mpamvu rero mbabwiye nti  nimukomeze kuba maso kandi mukomeze kubera abandi bose maso bityo mukomeze kuzahura ibiremwa byinshi kuko twaje kubohora Isi kandi twaje kubohoza abo umwanzi yari yaragize ingarigari ze abo bose umwanzi yari yaragize ingaruzwamuheto ze abo twaje kubabohoza twaje kubatabara twaje kubarengera twaje kubururukirizamo ububasha bw’Ijuru ryose kugira ngo bubarengere kandi bubagenge igihe cyose, ibikorwa byacu rero bihanitse kandi bihambaye bikomeje kwiyungikanya kandi bikomeje gukorera muri mwebwe kandi imbaraga zacu dukomeje kuzururukiriza muri mwebwe kugira ngo ibikorwa byacu bitagamburuzwa bidasubizwa inyuma bihora iteka bijya mbere kandi bihora iteka bikiza benshi bibabohora binyujijwe muri mwebwe mu bwitange bwanyu mu guhora iteka musabira Isi ndetse n’abayituye mu guhora ku gicaniro mweneyegereza benshi mu gutabara benshi kuko hari benshi baba bavuza induru batabaza abo bose rero mukabahereza inkunga y’amasengesho bityo DATA akabagezaho kuri buri umwe umwe icyo yagiye asaba kandi icyo yagiye atakambira tukaba turushijeho rero kugendana namwe muri iyo njyana y’ibyo bikorwa muri uko kubohora benshi kandi muri uko gushyira benshi mu rumuri, ndabashyigikiye kandi mbahora hafi nkomeje kubabera maso kandi nkomeje kubashyira mu bikorwa by’Ijuru ryose kandi nkomeje kubereka imbaraga ndetse n’ububasha bikomoka kuri DATA kugira ngo bikomeze kubarinda no kubarengera mu bikorwa byanyu no mu rugendo rwanyu rwa buri munsi, nimukomeze kuba intwari kandi mukomeze kuba maso ndi kumwe ndabashyigikiye bana banjye kandi ntore za DATA nkoramutima za Nyagasani Yezu Kristu intumwa za Yezu, nimukomeze rero mube intumwa nziza kandi mukomeze mube abagabuzi b’ibyiza by’ingoma y’Imana mu Isi kandi mukomeze mugaburire buri wese muhaze buri wese mubuhire kandi mubasukure muvomerere bose kuko mukomeje kuhirwa namwe kandi mukaba mukomeje kugabirwa imbaraga zo kugira ngo mushobore kandi mubashe ibyo bikorwa kandi buri wese ashobozwe n’ububasha bw’Imana isumba byose, DATA Uhoraho Imana yaritegereje abona bikwiye kandi bimutunganiye mu maso ye ko mumubera intumwa kandi mukamubera intore bityo rero abururukirizamo imbaraga ze ububasha bwe ibikorwa bye bihanitse byururukira muri mwebwe kugira ngo iteka ryose igihe mubumbuye iminwa yanyu musabira benshi kandi mubatakambira iminwa yanyu ijye igenda ifite ububasha bityo amasengesho ari guturuka mu minwa yanyu agende ameze nka bombe zitsemba umwanzi kandi agende arindimura ibikorwa bibisha by’umwanzi agende yamururaho benshi imbaraga z’umwanzi bityo imbaraga z’Ijuru zikize benshi kandi zibabohore binyuze muri ubwo bwitange bwanyu, nimukomereze aho ngaho ntimugacogore murarinzwe kandi murashyigikiwe iki gikorwa mugitewemo ingabo mu bitugu n’ingabo z’Ijuru kandi natwe ab’Ijuru twese dukomeje kubashyigikira dukomeje twivuye inyuma dukomeje kubarinda kandi dukomeje kubacungira umutekano dukomeje kubabera maso kandi dukomeje kubahuza n’ibikorwa byacu kandi dukomeje kubururukirizamo imbaraga z’Ijuru mu buryo budasanzwe kugira ngo zikomeze zikorere muri mwebwe bityo ibikorwa by’Imana bikomeze bitere imbere mu Isi binyuze muri mwebwe.

Muri intumwa rero kandi muri intore Mwene Muntu yabyemera atabyemera kandi yabyumva atabyumva icyo twaje gukora muri mwebwe tuzagikora no kugikora kandi tukirangize tukigeze ku musozo kandi tukirangize neza kuko DATA Uhoraho Imana yabyemeye kandi yamaze kubisinyira ibyo byose rero tuzakomeza kubifatikanyamo namwe kandi dukomeze kubatera ubutwari umwete akanyabugabo kugira ngo iteka ryose muhore mufite imbaraga kandi mufite ububasha mutsemba umwanzi kandi mumurindimura kugira ngo ibikorwa byanyu birusheho kujya mbere kandi murusheho gutezwa intambwe uko bwije n’uko bukeye kugira ngo dukomeze tubururukirizemo urumuri ububasha bw’Imana isumba ibyose bubagenge uko bwije n’uko bukeye, naje rero kubatera imbaraga kuri uyu munsi naje kubambika intwaro no kuzibakindikizaho naje kubambika imyambaro y’urugamba kandi nabazaniye intwaro kirimbuzi zirimbura umwanzi kandi zimuhashya zimuhanantura kugira ngo kuri uyu munsi nkomeze kwifatikanya namwe mu buryo bwo gukomeza kurimbura imigambo mibisha y’umwanzi guhirikanga iby’umwanzi Sekibi yubatse kumwimura aho yagiye yiyimika kandi kumupfobya no kumutesha agaciro muri abo bose agenda ayobya kandi arindagiza umunsi ku wundi kuko twaje kubohora benshi kuri uyu munsi kandi tukaba twaje kuzahura roho nyinshi tukaba kwiyegereza benshi kandi tukaba twaje guhindura imitima y’abanangiye kandi tukaba twaje kubohora imitima iboshye imitima imeze nk’amabuye tukaba twaje kuyimenagura tukaba twaje kuyigira iy’inyama abanze guhindukirira tukaba turi mu rugendo n’igikorwa gikomeye cyo kugira ngo tubahindukize tuberekeze mu rukundo rw’Imana no mu bubasha bw’Imana isumba byose.

Nimukomeze kuba intwari kandi mukomeze gukatariza icyiza mukomeze kubohora kuko kuri uyu munsi turakomeza kwifatikanya namwe mu kubohora  kandi mu kubohoza bose mu kubagarura mu rukundo rwa DATA kandi mu kwiyegereza bose mu rukundo rwa DATA mu kwereka benshi impuhwe za DATA zirembuza buri wese kandi mu gukomeza kwereka benshi umuryango w’impuhwe za DATA n’urukundo rwa DATA ko ukinguye kugira ngo buri wese aze yinjire kugira ngo tubereke y’uko nta n’umwe uhejwe kugira ngo hatagira uwiheza kandi kwa DATA umuryango we wose uhora ukinguriwe buri wese kugira ngo aze yinjire kandi kwa DATA igihe cyose agahora ari kalibu kugira ngo buri wese aze yisange mu rukundo rwa DATA, nta munyabyaha ujya asubizwa inyuma ahubwo DATA icyo yanga ni icyaha ahubwo umunyacyaha wisubiyeho akaza arahindukirirwa bityo akakirwa n’ubuntu bwa DATA n’impuhwe za DATA kuko zihora ari igisagirane kandi zigahora zisakazwa kuri buri kiremwa cyose.

Nimukomeze rero kubohora bose kandi mukomeze gukora imirimo ihanitse kandi ihambaye kandi ibikorwa by’indashyikirwa bya DATA bikomeze kwigaragariza muri mwebwe, ntore z’Imana kandi bana banjye mukomeje gukora imirimo ikomeye kandi ihanitse nimukomeze muyikore kandi mukomeze mukore ibyo bikorwa nanjye ndi kumwe namwe nkomezanyije namwe urugendo uko bwije n’uko bukeye kandi nkomeje kubateza intambwe kubatera ubutwari kugira ngo ibikorwa byanyu bihore iteka ryose bijya mbere mbahaye rero kugubwa neza kandi mbahaye gukomeza urugendo kuri uyu munsi ndabashyigikiye mu rukundo rw’Imana kandi mbarangaje imbere nkomeje kwifatikanya namwe no kugendana namwe mu bikorwa by’Imana kugira ngo bijye bihora ari ibikorwa binogeye umugambi wa DATA muri mwebwe kandi muhore iteka mutagatifuzwa kuri buri kimwe cyose, mbahaye rero imbaraga kugira ngo mwambarire urugamba kandi mukindikize intwaro, mbahaye rero umugisha ubaherekeza muri uyu munsi kugira ngo dukomeze kwifatikanya namwe mu guhashya no guhanantura imigambi mibisha y’umwanzi, mbahaye kugubwa neza kandi mbahaye gukatariza icyiza igihe cyose.

Nimugire amahoro kandi mugire kugubwa neza turi kumwe ndabashyigikiye kandi mbahoza mu rukundo rwanjye n’urwa DATA ndababumbatiye mu mababa no mu bubasha bw’Ijuru kandi mu maboko ya DATA murashyigikiwe kandi murarinzwe nimukomeze mugume mu bwihisho bw’Imana kandi mukomeze kwikinga munsi y’amoya ya DATA kuko ariho abahishe kandi kandi akaba ariho abakingira igihe cyose bityo ibikorwa bibisha by’umwanzi akaba akomeje kubitesha agaciro no kubihashya no kubirindimura uko bwije n’uko bukeye, nimugire amahoro kandi mugire ibihe byiza turi kumwe ndabakunda kandi ndabashyigikiye ndi Mutagatifu Yozefu uhorana namwe nkagendana namwe amanywa n’ijoro mbatera ubutwari ishyaka ndetse n’umwete, nimukomeze kugubwa neza kandi mukomeze kuba amahoro turi kumwe uyu munsi wose ndakomeza kwifatikanya namwe mu buryo bwo kurwanya umwanzi mu rugamba rukomeye cyane rwo kumuhashya.

AMAHORO AMAHORO TURI KUMWE NDABAKUNDA MBAHORA HAFI CYANE NDI MUTAGATIFU YOZEFU, AMAHORO AMAHORO!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *