UBUTUMWA BWA BIKIRA MARIYA, TARIKI 03 UGUSHYINGO 2023
Mbifurije umunsi mwiza bana banjye kandi ntore za DATA nshyigikiye ndabakomeje mu rukundo rwanjye rukomeye kandi ndi rwagati muri mwe kugira ngo dukomeze kugendana mu bikorwa by’umutsindo kandi dukomeze kugaragaza imirimo ikomeye ya DATA mu Isi yose kuko ntangiranye namwe ibi bikorwa mu buryo bw’urugamba kandi mu buryo bw’ibikorwa bishya bigomba kugaragara mu Isi yose kandi tugomba gusakaza kugira ngo tubyige ikibi cyose cy’umwanzi kandi twigizeyo imbaraga zose z’umwanzi bityo urumuri rwa DATA rukomeze gutambuka muri mwe kandi urumuri rwa DATA rukomeze kwigaragariza Isi yose kuko ari igihe cyo gutsinda kandi ari igihe cyo kugaragaza imbaraga zacu zikomeye kugira ngo duhangamure imigambi yose y’umwanzi kandi twigizeyo ibikorwa bye byose, nimwakire gukomera kandi mwakire guhamya ukuri kwa DATA mushize amanga kuko turi kumwe namwe kandi twabatoje mu buryo bwihariye kandi mu buryo bw’umwihariko kugira ngo umutsindo wa DATA ukwire mu Isi yose kandi ibikorwa byacu bikomeye Isi yagiye ihigika kandi Isi yagiye ipfobya kandi itesha agaciro kugira ngo tubyuzurize muri mwe kandi tubigaragarize muri mwe nk’umumero ushibutse kandi umumero utohagiye ugomba kugaragarira Isi yose kandi ugomba kumvikana mu kimenyetso gikomeye cy’amahoro urukundo n’ibyishimo, nkomeje kubana namwe kugira ngo tugendane dutwikururure benshi batwikiriwe n’umwanzi kandi benshi bagihumye kubera imbaraga z’umwanzi kugira ngo dutambukane imbaraga zacu zikomeye kandi dutambukane imirimo yacu mishya igomba kubagaragarizwa kandi igomba kubatahaho kugira ngo ubwishongozi bwabo kandi ukwiyemera kwabo ndetse n’ukwikuza kwabo kose kurangire kandi gutsiratsizwe n’urumuri DATA yabatujemo kandi n’ibyiza twabuganije muri mwe umunsi ku wundi bigomba guha Isi umurongo kandi bigomba guha Isi icyerekezo twifuza kandi umuremyi wa byose agambiriye kugeza kuri Mwene Muntu.
Nimugubwe neza muri uyu munsi kandi mukomere mu mbaraga n’urukundo kuko ndi kumwe namwe kandi nkomeje kubashyigikira kandi nkaba mbabereye indorerwamo ikomeye yo kugira ngo mubone ibikorwa bya DATA kandi mwumve imbaraga zikomeye z’umutsindo DATA yateguriye Isi yose kuva yaremwa kugeza kuri uyu munsi ko ari igihe cyo kugaragaza imbaraga zacu kandi ari igihe cyo gutsinda Lusiferi n’ingabo ze zose kugira ngo ibikorwa byacu bikomeye kandi ububasha butanyeganyezwa bwa DATA bwatujwe muri mwe kandi bwagaragaye muri mwe iminsi yose kandi ibihe byose kugira ngo bugaragare mu Isi yose kandi buhirike ingoma zose z’umwanzi, ntabwo muri mwenyine rero ku rugamba kuko twihuje namwe mu buryo bukomeye kandi twabateguye mu buryo bwihariye kandi mu buryo bw’umwihariko kugira ngo mube ibimenyetso bikomeye byacu kandi mugaragarizwemo imbaraga zacu zikomeye kandi urumuri rwacu rudatsindwa kugira ngo rwumvikane muri mwe kandi rugaragarire Isi yose, bana banjye ntore za DATA ndabakomeje kandi bahaye urukundo rwanjye rukomeye muri uyu munsi kugira ngo muruganzemo kandi murwumve bityo buri wese arwumvirize kandi arwumve neza kuko ari igihe cyo kugira ngo mwumve neza icyo tubatorera kandi icyo tubahamagarira kandi twabahamagariye kuko ari igihe cyo gusobanukirwa n’uwo muri kumwe kandi ari igihe cyo gusobanukirwa n’imbaraga mugendana nazo kandi zituye muri mwe kuko Uhoraho Imana yarangije gushinga Ihema ridakuka mu buzima bwanyu kandi yarangije gushinga ihema ry’umutsindo mu mibereho yanyu kugira ngo awugaragarize Isi yose kandi awumvikanishe mu buryo bukomeye kandi mu buryo bw’agatangaza.
Murarinzwe rero kandi murashyigikiwe kuko hari byinshi twakoreye Isi yose kandi hari byinshi twatangaje mu buryo bwo kugira ngo uyu munsi hakorwe imirimo ikomeye kandi mu buryo bwo kugira ngo uyu munsi hagaragare imbaraga zikomeye zacu kandi imigambi mibisha y’umwanzi yose igamburuzwe kuko twamuteze imitego ari we kandi tukagaragaza ububasha bwacu bukomeye bugimba guhirika kandi bugomba gukuraho imitego yose ndetse n’udusigisigi twe twose, nimugubwe neza rero kuko mushyigikiwe mu mbaraga zikomeye kandi mwubakiwe ibikorwa bikomeye by’umutsindo mubizi kandi mutanabizi kuko hari byinshi twateguye mbere yanyu kandi hari byinshi twateguye kugira ngo dukure Mwene Muntu mu kaga kandi dukure Mwene Muntu mu mbaraga z’umwanzi kandi mu mitego yose y’umwanzi.
Bana banjye nimuhumure kuko ndi kumwe namwe kandi mukomere kuko ari igihe cyo kugaragaza ibikorwa twakoze mu Isi yose kandi ibikorwa b’indashyikirwa Mutagatifu Saint Germain yakoreye Isi kandi yateguriye Isi mu buryo bwa bucece kandi mu buryo butuje agira ngo agaragarize umutsindo Isi yose kandi agira ngo ahumure impumyi kandi agira ngo ibipfamatwi bibashe kumva kandi bibashe kubona umugambi w’Imana ndetse no gushyika mu mutsindo ukomeye w’ibikorwa bya DATA, iki ni igihe cye rero cyo gukora kandi ni igihe cyo kugaragaza imbaraga ze zikomeye kandi uburinzi yagiye agaragariza Isi muri bucece anyujije mu kibatsi gitagatifu kandi abinyujije mu kwicisha bugufi ndetse no kwiyumanganya yemera kwigira insuzugurwa mu bandi kandi yemera kwegeranya bose kugira ngo abagarurire mu rukundo rw’Uhoraho Imana kandi abamenyeshe ibikorwa bya DATA akaba ari igihe cyo kugira ngo imbaraga ze zose zikomeye yashyize muri mwe kandi yakogose agahuriza muri mwe kugira ngo zigaragare mu Isi yose kandi zumvikane.
Ni igihe rero cyo kugira ngo agaragaze imirimo ye ikomeye kuko yiteguye kurwana urugamba kandi aserutse nk’umugaba w’ikirenga ku rugamba kugira ngo agaragaze ububasha bwe bukomeye kandi ahirike ingoma zose kandi arambike abahanga n’abanyabwenge hasi kugira ngo mutambukire mu mbaraga ze zikomeye kuko mwubashye urukundo rwe kandi mukubaha imbaraga ze zikomeye yagaragarije mu Isi akaba aje kubatambutsa kandi akaba aje kuberekaniramo imirimo ikomeye, mwambaye rero imbaraga ze kandi muri amaboko ye mu gukora imirimo ikomeye mu Isi yose kandi mu kugaragaza ibimenyetso bifatika mu Isi kuko yihuje namwe mu buryo bw’ibanga kandi akihuza namwe mu buryo bw’imbaraga zikomeye zidashobora gucengera kandi abahanga bayo badashobora kumenya kuko muri mu gitinyiro cye gikomeye kandi akaba ari igihe cyo kugira ngo agaragare wese kandi yigaragarize muri mwe agaragaza umutsindo kandi agaragaza ububasha bwe budakumirwa nimuhumure rero kuko ari rwagati muri mwe kandi agomba kumenyekanisha umutsindo kandi agomba gukuraho inzitizi zose kandi ibyo Mwene Muntu yagiye asuzugura mu bikorwa bye akaba aje kwirwanirira kandi akaba aje kugaragaza imbaraga ze zikomeye ndetse no gushyira ukuri kose ahagaragara, ntabwo rero azigera yemera gusuzugurwa kuko ari igihe aje gusuzugura Mwene Muntu ukomeje kwiyambika uruhu rw’intama kandi akomeje kugendera mu kavuyo k’umwanzi kuko aje kumugamburuza uwo wese kandi aje kumushyira ahagaragara ndetse no kumwambura ubusa kugira ngo agaragaze uwo ari we kuko atajya aterwa isoni n’abivugira kandi n’abagaragaza ivuzivuzi kuko aje kubacecekesha kandi aje kubahangamura ndetse no kubashyira hasi kugira ngo agaragaze ibikorwa bye kandi akore imirimo ye ikomeye, ni igihe rero cyo kugira ngo abazi ubwenge bave mu nzira ye kandi igihe cyo kugira ngo abamumenye barusheho kumenya imbaraga ze zikomeye kandi barusheho kumuharira ibikorwa bye kugira ngo akore imirimo ye kandi agaragaze ububasha bwe bukomeye kuko abufite kandi abwambaye yabusakajwemo na DATA kandi akaba agendera mu gitinyiro cya DATA nk’umuyobozi mukuru w’ibikorwa bya DATA mu guhindura Isi yose kandi mu kuvugurura Isi, ni igihe rero cyo kugaragaza imirimo ye ikomeye kuko yishoboye kandi yihagije mu bubasha kandi akaba yihagije mu bikorwa kuko nta wumureberera byose abyireberera kandi ibikorwa bye azi uko agomba kubiyobora ndetse n’uko agomba kubigaragariza Isi mu buryo bugaragara kandi mu buryo bufatika, ni igihe rero cyo kugira ngo Isi yose imenye imbaraga ze kandi igihe cyo kugira ngo Isi yose isukurwe n’imbaraga z’ikibatsi cye gitagatifu kigomba guhindura byose kandi kigomba kurangiza byose mu buryo bugaragara kandi mu buryo bufatika kuko Isi yose igomba kubaho mu bubasha bwe Isi yose ikabaho mu buyobozi bwe bukomeye kandi no mu butabera bwe butavogerwa akomora muri DATA kandi yagabiwe na we, ubwiyoroshye bwe rero bwatumye benshi basuzugura kandi bapfobya ibikorwa bye bityo bamubona nk’imburamumaro kandi bamubona nk’utifashije kandi utishoboye ariko aje kwerekana amaboko ye kandi aje kurwanirira ibye kugira ngo arwanirire ikuzo rya DATA kandi arigaragarize mu bemera bose kandi mu bemeye kumva ndetse no kwakira urukundo rwe, bana banjye rero nimukomeze kwizera imbaraga ze zikomeye z’umutsindo kuko yawunyujijwemo mu buryo bwa bucece kandi akawunyuzwamo mu buryo bw’ibanga kuko ibikorwa byanjye n’ibye ari bimwe kandi ububasha bwa DATA buri muri we akaba ari bwo buri jye mu gutsindira bose kandi mu gutahura abana b’Imana kugira ngo bagere mu bubasha bwa DATA kandi bambikwe ubwiza bw’urukundo rw’Imana isumba byose.
Nimuhumure kuko turi kumwe namwe kandi tubashyigikiye mu mbaraga zikomeye kugira ngo tugamburuze imigambi yose y’indyarya kandi tugamburuze ibikorwa byazo byose bityo ububasha bwacu bukomeze kwigaragaza kandi imbaraga zacu zikomeye zirusheho kugaragaza inkingi ikomeye Mutagatifu Saint Germain yagaragaje mu Isi kandi yubatse mu Isi kuko ari inkingi idashobora gusenywa kandi idashobora kurimburwa n’imidugararo ndetse n’imiyaga yose y’umwanzi, murashyigikiwe rero kandi mwubatswe n’imbaraga zikomeye ze kandi mubatse kuri iyo nkingi ikomeye ye kuko ari ho imbaraga muzivoma kandi ububasha bubarinze kugeza kuri uyu munsi akaba ari ho bukomoka, nimuhumure kuko turi kumwe namwe kandi twarangije kubasakazaho ibikorwa by’umutsindo kandi twarangije kuwubambika kugira ngo tugamburuze imigambi yose y’umwanzi kandi twabashyizeho nk’ingabo zikomeye kugira ngo mugaragaze ibikorwa bya DATA mu Isi kandi mutambuke mu bwigenge bwe kuko ari bwo bubaha gitsinda kandi bubaha gukomera ndetse no gukataza mu bikorwa by’umutsindo, nimuhumure kuko turi kumwe namwe kandi mukomere kuko tuje mu rugamba kandi twaruteguye kandi twarangije kurwuzurizamo byose kandi kururangirizamo byose kugira ngo umutsindo ugaragare mu Isi yose kandi wumvikane biturutse mu ntamenyekana no mu nsuzugurwa, bana banjye ndabashyigikiye mu mbaraga z’urukundo kandi ndabakomeje mu byishimo n’amahoro kugira ngo dukomeze kugendana kandi turusheho gukorana imirimo ikomeye kuko ari igihe cyo kugira ngo ukuboko kwa DATA kurwanirire abemera kandi ukuboko kwa DATA kurwanirire insuzugurwa ndetse n’abaciye bugufi ku bw’umugambi wa DATA kugira ngo abo bose bakuzwe kandi bagaragarizwemo imirimo ikomeye y’ububasha bukomeye bw’Umuremyi wa byose, ndabashyigikiye rero mu byishimo n’amahoro kandi mbambitse imbaraga n’urukundo kuko uyu munsi ari umunsi wo gususuruka kandi ari umunsi wo gukora imirimo ikomeye kandi kugaragaza ibikorwa byacu mu buryo bugaragara kandi mu buryo bukomeye kuko atari igihe cyo gukambya agahanga ahubwo ni igihe cyo kwemerera Uhoraho Imana agakora byose kandi mukorohera ububasha bwa DATA kugira ngo bwigaragaze kandi buvugurure byose mu Isi.
Mbifurije rero gukomera kuko turi kumwe kandi ndabashyigikiye mu rugamba kuko ndi kumwe kugira ngo tujujubye imbaraga zose z’umwanzi kandi tuburagize abo bose biyumvamo ko ari ibikomerezwa kandi abo bose biyumvamo imbaraga zikomeye kugira ngo tubereke ko ari ubusabusa imbere yanyu kandi imbere y’ibikorwa bya DATA bikomeye kandi imbere y’ibikorwa by’umutsindo wanjye ugomba kugaragara mu Isi kandi ugomba kumvikanira mu baciye bugufi kuko DATA yemeye kutugira abaciye bugufi kugira ngo agaragaze ibikorwa bye kandi aburagize abiyita abahanga n’abanyabwenge, mbifurije rero umunsi mwiza kugubwa neza kuko muri kumwe nanjye kandi ndi kumwe namwe mu bikorwa byanjye by’umutima wanjye utagira inenge kugira ngo nkomeze kugaragaza imirimo yanjye ikomeye kandi nkomeze kugaragaza ibikorwa bikomeye mu Isi yose kuko twahagurukije imbaraga zacu kandi twahagurukije ibikorwa byacu mu bubasha bw’abamalayika n’abatagatifu kugira ngo bifatikanye namwe mu rugamba rw’uyu munsi kandi muri uyu munsi kuko hari byinshi tugomba kuburizamo kandi hari byinshi tugomba dutsikamira mu bubasha bwacu kandi mu murongo w’icyo twifuza gukora mu Isi kandi twifuza kugaragariza Isi yose, mbifurije umunsi mwiza kugubwa neza nimukomere kandi mukataze kuko tubashyigikiye kandi imbaraga z’ibikorwa by’Ubutatu Butagatifu biganje mu mutsindo ukomeye w’umutima wanjye utagira inenge kuko DATA yashyizeho ingabo zose kandi yatoye ingabo zo kugira ngo ziwuharanire kandi ziwumvikanishe mu Isi yose mu buryo bugaragara kandi mu buryo bufatika, tubarangaje rero imbere muri byose kandi turabashyigikiye amahoro n’ibyishimo kuko turi kumwe kugira ngo tugamburuze imigambi yose y’umwanzi kandi duhagarike ibikorwa bye byose.
Amahoro amahoro bana banjye ndabakunda kandi ndabashyigikiye kuko mbahaye ituze kandi mbahaye amahoro n’ibyishimo kugira ngo mukomeze kurangwa n’ubugwaneza kandi mukomeze kurasa umwanzi ndetse no kubyiga ibikorwa bye byose kuko tubagotesheje imbaraga zacu zikomeye kugira ngo zihindure byose mu Isi kandi zigaragaze imirimo ikomeye y’urukundo rwa DATA mu Isi yose. Amahoro amahoro umunsi mwiza kugubwa neza ndabakomeje kandi ndabashyigikiye mu byishimo n’amahoro kuko urugamba twatangiye kandi urugamba twashoje ari urugamba rwo kugaragaza umutsindo kandi ari urugamba rwo kumvikanisha ububasha bwacu bukomeye mu Isi yose ndetse no kuburizamo ibikorwa byose by’umwanzi. Amahoro amahoro umunsi mwiza kugubwa neza nimukomere kandi mutekane kuko dukomeje kubambika imbaraga kandi dukomeje kubagabira umutsindo kugira ngo buri wese awiyumvemo kandi umutsindo wacu buri wese akomeze kuwugenderamo kuko tubashyigikiye mu bikorwa kandi tubakomeje mu byishimo n’amahoro.
AMAHORO AMAHORO IBIHE BYIZA KUGUBWA NEZA NDI MARIYA NYINA W’IMANA UMWAMIKAZI W’IJURU N’ISI NDABASHYIGIKIYE MU BIKORWA BY’UMUTSINDO KANDI NDAGANJE NDI UMWAMIKAZI WATSINZE KUGIRA NGO DUKOMEZE KUGENDANA KANDI DUKOMEZE GUKORANA IMIRIMO IKOMEYE, AMAHORO AMAHORO BANA BANJYE NDABAKUNDA UMUNSI MWIZA KUGUBWA NEZA TURI KUMWE, AMAHORO AMAHORO KURI BURI WESE, AMAHORO AMAHORO!