UBUTUMWA BWA BIKIRA MARIYA, TARIKI YA 02 NYAKANGA 2024
Mbifurije kugubwa neza mu rukundo rw’Imana bana banjye nkunda kandi nshyigikiye kuri uyu munsi, mbasendereje amahoro n’umugisha by’Uhoraho Imana Umuremyi wa byose, ndabashyigikiye kandi ndabakomeje nkomeje kubana namwe mu bubasha bukomeye, ndi Mariya Nyina w’Imana Umwamikazi w’Imitsindo, narabatsindiye mu buryo bw’agatangaza umutsindo udakuka w’umutima utagira inenge, kuko nkomeje kugaragaza imirimo yanjye n’ibikorwa byanjye muri mwe, nimukomere kandi mukataze kuko turi kumwe muri byose, mbashyigikiye mu mbaraga zikomeye, nkaba nkomeje kubana namwe no kugendana namwe umunsi ku wundi; bana banjye ndabakunda kuko ndi rwagati muri mwe mu bubasha bwanjye bukomeye, kugira ngo nkomeze nsiratsize kandi ntazanure amayira mutambukire ahakeye, bityo ububasha bwanjye burusheho kwigaragaza mu buzima bwanyu no mu mibereho yanyu ya buri munsi.
Nimukatarize mu rukundo rw’Imana ishobora byose kuko turi kumwe muri byose, kugira ngo nkomeze kubabashisha no kubashoboza mwebwe ubwanyu ibyo mutakwishoboza, bityo ngaragaze ikiganza cyanjye kandi ngaragaze ububasha bwanjye mu buzima bwanyu no mu mibereho yanyu ya buri munsi; bana banjye nimufate intwaro mujye ku rugamba, kuko ari igihe cyo kurwana inkundura murwanya umwanzi n’ibikorwa bye byose, kugira ngo ububasha bwanjye burusheho kwigaragaza mu buzima bwanyu no mu mibereho yanyu ya buri munsi; ndi Umubyeyi ubakunda kandi ndi Umubyeyi ubahetse kuko mwese mbonsa ibere rimwe, nkaba mbakikiye ku bibero byanjye kandi mbahetse mu buryo bw’agatangaza, mbarinda imvura y’amahindu kandi mbarinda imvura y’ubuhakanyi kugira ngo iteka mwitegwe n’ibyiza by’Ingoma y’Ijuru.
Nimuhore iteka musangirira ku meza matagatifu Uhoraho Imana yashyize rwagati muri mwe, mu bubasha bwe kandi mu mirimo ye ikomeye yiteguye kugaragariza muri mwe; bana banjye turi kumwe muri byose ndabarandase kandi ndabakomeje mu bubasha bwanjye, kuko nkomeje kwigaragaza hirya no hino ngaragaza ububasha bwanjye kugira ngo Mwene Muntu ahinduke kandi ahindukirire, bityo ayoborwe n’Ijambo rya DATA; bana banjye nimunyurwe no kubaho mu gushaka kw’Imana muyobowe n’Ijambo ry’Imana, kuko ibi bihe bitoroshye ni ibihe bikomeye turi kurwana intambara ikomeye mu buryo bw’agatangaza, ndwanira abana banjye bose kugira ngo mbashyire mu bwihisho n’ubwikingo, bityo mbakingire ikibi cyose cyabagiraho ububasha; ngaho rero nimunyemerere tugendane muri byose mbayobore mu nzira y’ubutangane, muhore iteka muyobowe n’urumuri rwanjye kuko ndi inyenyeri muri byose, mbarinda ikibi cyose cyabagiraho ububasha mu rugendo rwanyu rwa buri munsi.
Nimwumve Ijambo ryanjye n’irya Jambo n’irya DATA, iteka muyoborwe naryo mu rukundo rwe rukomeye; mbifurije umunsi mwiza bana banjye ngira nti “Nimukomere kandi mukataze turi kumwe, ntimurebe inyuma kandi ntimukebaguze mu rugendo, bityo umwanzi atavaho abigabiza abigarurira bityo mugata urwo mwambaye, mukiruka inyuma y’umuyaga, dore umwanzi ari kugenda ashima benshi abigarurira mu bitekerezo n’ibyifuzo, bana banjye nimusengane umutima ukeye kandi usukuye, kuko Uhoraho Imana igihe kigeze kugira ngo atabare intumwa ze zose”.
Muri intumwa zoherejwe n’Ijuru ryose mu bubasha bukomeye kandi mu mbaraga zidasanzwe, ari yo mpamvu mugomba gukomera ku rugamba mukazirikana ibihe byatambutse by’intumwa zababanjirije, kuko batigeze babaho mu mudamararo, barwanye urugamba rukomeye, namwe nimurwane inkundura kuko twabohereje mu Isi kugira ngo muvugurure Isi, kandi muhindure Isi bundi bushya, bityo Mwene Muntu abeho mu rumuri kandi iteka aharanire ubutungane, gutunganira Imana muri byose; benshi rero barakerensa ibihe ariko nyamara igihe kirageze iryo navuganye namwe ryose ndisohoze, kuko nta na kimwe kizahera, iryo navuganye namwe ryose nzarisohoza, kuko ndi Umubyeyi uvuga ijambo simvuga ibigambo nka Mwene Muntu; ni yo mpamvu rero mugomba gukomera ku rugamba mudahungabanye kandi mudahungabanywe n’ibibonetse byose, kuko ibihe byagenwe na DATA kandi igihe kigeze kugira ngo abisobanuze ibikorwa bye bikomeye.
Ni igihe cyo gutangaza ukuri kuzuye kw’Ijambo rya DATA ku mugaragaro mu bubasha bukomeye, ari yo mpamvu mbakomeza umunsi ku wundi kandi nkabashyigikira mu ntambwe zanyu mbarinda gutsitara no gutsikira, kugira ngo iteka muhore mukatarije mu nzira y’ubutungane; nimwakire imboni nshya bana banjye, murusheho kubona ibyo abandi batabona, mwakire amatwi mashya kugira ngo murusheho kumva ibyo abandi batumva; nimwakire ubuhanga, ubwenge, ubushishozi, murusheho gusobanukirwa n’ibyo abandi badasobanukiwe, mu bubasha bwanjye kandi mu rukundo rwanjye kuko mbagabiye byose; nimutege ibiganza murusheho kwakira ibyiza mbagenera umunsi ku wundi, kuko umunsi ku wundi uko bwije n’uko bukeye mbagenera inema n’ingabirano zibafasha kandi zibashyigikira mu rugendo rwanyu rwa buri munsi.
Nimuhore mutahirije umugozi umwe kandi mwunze ubumwe muri DATA, kuko mwabumbiwe hamwe mu bikorwa bikomeye byabamanuye mu Isi; ntabwo muriho ku bw’impanuka kuko mwasizwe amavuta y’ubutore na DATA, kugira ngo mukore imirimo ye kandi mukore ibikorwa bye bikomeye; nshyigikiye buri wese kandi nkomeje buri wese ngira nti “Nimwishime kandi munezerwe, oya Isi ntikabatere kujya kure y’urukundo rwanjye ngo mwirengagize Ijambo navuganye namwe, bityo mwohoke ku by’Isi, oya nimuzirikane ko iby’Ijuru biruhanyije kandi bitoroshye, bisaba kuba ibiharamagara kugira ngo mwitangire Ingoma y’Imana, muzirikana urukundo rw’Imana; murakunzwe kandi murarinzwe ntore za DATA, kuko ndi kumwe namwe kandi nkomeje kubana namwe umunsi ku wundi”.
Ndabakunda bibondo byanjye kuko muri indabo zanjye nuhira umunsi ku wundi, kugira ngo iteka mube ku rugamba mutikanga mutohagiye kandi mwishimye mu munezero; ngaho rero nimuseruke nk’intore mwatojwe n’Ijuru ryose kandi mwatowe, mugaragaze imbaraga zikomeye muri benshi kandi mugaragaze ububasha budasanzwe, cyane cyane ababatoteza n’ababareba nabi mubagaragarize ububasha bukomeye; ntabwo ari igihe cyo kwirwanirira kandi nta n’ubwo ari igihe cyo kwihorera, ni igihe cyo gukomera kuri buri wese mugahamya ibirindiro hamwe, mugahagarara mwemye nk’abasirikari batojwe n’Ijuru ryose; muri abakinnyi mu kibuga, buri wese rero naharanire gukina neza mu mwanya we, kugira ngo mutinjiza ibitero by’umwanzi kuko umwanzi arekereje hirya no hino mu Isi, ari kugenda yuririra kuri gatoya akigabiza Mwene Muntu mu buryo bukomeye; nimube maso rero ndi kumwe namwe kuko nkomeje kubana namwe, kugira ngo nkomeze kugaragaza imirimo yanjye muri mwe, mu mutsindo udakuka w’umutima utagira inenge, kuko imitsindo yose nayishyize mu biganza byanyu kugira ngo mutsinde Isi kandi mutsinde umwanzi, bityo ububasha bwanjye burusheho kwigaragaza mu buzima bwanyu no mu mibereho yanyu ya buri munsi; ndabakunda bana banjye kandi ndabashyigikiye, kuko mbabereye byose muri uru rugendo kugira ngo ndusheho kugaragaza imirimo yanjye, kandi ndusheho kugaragaza ibikorwa byanjye mu buzima bwanyu bwa buri munsi.
Amahoro amahoro ibihe byiza, ndabashyigikiye kandi ndabakomeje muri byose ndi Mariya Nyina w’Imana Umwamikazi w’Imitsindo, kuko nkomeje kubatsindira mu mbaraga zikomeye, mu kubahereza ububasha budasanzwe, kugira ngo mukomeze murwanye ikibi cyose muri Mwene Muntu, kuko Mwene Muntu n’ingeso mbi ze zizajya ahabona kandi zikajya ahagaragara; ni igihe rero cya buri wese kugira ngo tumugaragaze uko ari, kuko benshi bakomeje kugaragaza ko bankunda kandi bankurikiye bandangamiye na Jambo umwana wanjye, nyamara buzuye ikibi mu mitima yabo, baharanira ikuzo n’ibyubahiro.
Hagowe uwahawe ububasha kugira ngo ayobore abandi, aho kugira ngo abukoreshe uko tubumuhaye bityo akayobya Mwene Muntu akurikije ibitekerezo bye n’ibyifuzo bye; abo bose baragowe kuko bagwiririwe n’ibihe bikomeye kandi bakaba tubamanuriyeho ububasha budasanzwe, kugira ngo tugaragaze ibikorwa bikomeye mu buryo bw’agatangaza; mwebwe mwese mugendera mu kinyoma mugaragaza ko muri mu kuri muragowe kuko ibihe bidasanzwe biraje kugira ngo ngaragaze ububasha bwanjye, kandi nigaragaze mu buryo bukomeye; nimuzirikane ko nigaragariza buri wese uko nagennye n’uko nashatse, mu bubasha bwanjye nkurikije na buri wese n’ubutumwa bwe; nimube rero intwari ku rugamba ntumwa z’Uhoraho Imana bana banjye, mwebwe mwese mwahawe Ijambo ry’Imana kugira ngo muyobore abandi nimuyoborane ukuri n’ubutabera, kandi mugendere mu rukundo muyobowe n’Ijambo rya DATA, kuko nanjye nzabaha umugisha wanjye wa kibyeyi igihe kitari iki ngiki, nkurikije buri wese uko yitwaye mu butumwa bwe; bana banjye nimube intumwa z’amahoro ntimwohoke ku by’umwanzi, abari mu kuri nimugukomereho kandi muguharareho, nanjye ndabashyigikiye kandi nkomeje kubabera byose mu rugendo rwanyu rwa buri munsi.
Amahoro amahoro ibihe byiza, ndi kumwe namwe kuko nururukiye kubana namwe muri ibi bihe bidasanzwe, kuko hari byinshi naje gukora mu buryo bukomeye kuko hari ingoma zahinduye imirishyo mu buryo bukomeye, kandi hakaba hari imirimo tugiye kugaragariza Isi yose mu buryo bw’agatangaza, bityo ibikorwa byacu bikigaragariza Isi yose; mbifurije ibihe byiza bana banjye nimurusheho gushyigikirana kandi murusheho gukomezanya umunsi ku wundi, mutahirize umugozi umwe buri wese afate intwaro mujye ku rugamba, kugira ngo umwanzi atabinjirana kuko arekereje, ariko kandi tukaba twiteguye kumutsemba no kumuvana mu nzira, kuko ari igihe cyo kumuhambiriza n’utwe twose ku mugaragaro mu buryo bukomeye.
MBIFURIJE IBIHE BYIZA, KUGUBWA NEZA, NIMUTUZE KANDI MUTEKANE, ICYO MUSABWA NI UKUBA MU MYANYA YANYU UKO MUYIMAGARIRWAMO UMUNSI KU WUNDI, BITYO NATWE TUGAKORA IMIRIMO YACU MU BURYO BUKOMEYE; MBIFURIJE IBIHE BYIZA KUGUBWA NEZA, NDABAKUNDA KANDI NDABASHYIGIKIYE, MBAHAYE UMUGISHA WANJYE WA KIBYEYI, NDI MARIYA NYINA W’IMANA, UMWAMIKAZI W’IMITSINDO, AMAHORO AMAHORO BANA BANJYE.