UBUTUMWA BWA BIKIRA MARIYA, TARIKI YA 14 GICURASI 2024

Mbifurije igicamunsi cyiza ntore za DATA kandi bana banjye nshyigikiye, mbifurije gukomera ndetse no gukataza mu murimo wa DATA, kuko nje kubasendereza imbaraga zanjye kandi nkaba nje kubasesekazaho ububasha bwanjye, kugira ngo imirimo yanjye n’iya DATA ihore iteka yumvikanira mu buzima bwanyu bwa buri munsi, mbambitse imbaraga kandi mbasendereje urukundo rwanjye ndi Mariya Nyina w’Imana, Umwamikazi w’Ijuru n’Isi, kuko mbana namwe kandi nkagendana namwe muri byose, nkabashyigikira kandi nkabasesekazaho umugisha wanjye wa kibyeyi kugira ngo ukomeze kubategurira udusozi ndetse n’utununga twakwitambika mu mayira yanyu, ndabashyigikiye rero kandi ndabarinze ndabayoboye muri byose, nimukomeze gukindikiza intwaro zanyu z’urumuri kugira ngo dukomeze kugendana ku rugamba, kuko naje gushyigikira benshi mu Isi kandi nkaba naje gukomeza gushyigikira intambwe z’ibirenge byanyu, kugira ngo koko mukomeze gukatariza mu gikorwa Uhoraho Imana yabatumiyemo; erega dukomeje kugaragariza ububasha bwacu mu buzima bwanyu bwa buri munsi, kandi dukomeje kugendana muri iyi njyana y’ibikorwa bidasanzwe kuko twaje gukomeza kwifatikanya n’ikiremwa muntu aho kiva kikagera kandi nkaba naje gukomeza gusakaza urukundo ndetse n’impuhwe mfitiye ikiremwa muntu cyose aho kiva kikagera, nkaba rero nkomeje gutambagirana namwe Isi yose kandi nkaba nkomeje kugera kuri buri kiremwa cyose, nkora imirimo kandi nkora ibitangaza mu buryo bugiye butandukanye.

Nimukomere ku rugamba rero kuko mbayoboye kandi nkaba mbabereye umurinzi ndetse n’umurengezi w’ubuzima bwanyu bwa buri munsi, kandi nkaba nkomeje kubayobora mu njyana y’ibikorwa by’urugamba, imirimo yacu rero iteka ryose nihore yigaragariza muri mwe kandi ibikorwa byanjye na DATA bihore byigaragariza mu buzima bwanyu bwa buri munsi, kuko twaje kubasendereza imbaraga zacu mu buryo budasanzwe, kandi tukaba twaraje kurushaho kubavugurura mu mbaraga zacu kugira ngo koko mubereho guhora mwakira imbaraga z’Ijuru kandi mubereho guhora mwakira imirimo yacu kandi ibikorwa byacu bidasanzwe dukomeje kuzuriza muri mwe.

Nimukomere rero kandi mukomere mu rugendo rwanyu, kuko mbafashe ikiganza kandi nkaba nkomeje gufata iry’iburyo buri wese, kugira ngo koko nkomeze gusohoza umugambi wa DATA muri buri umwe umwe wese; ngaho nimukomere kandi murusheho gukataza kuko naje kubashishikariza kandi nkaba naje kubashishikaza muri buri kimwe cyose, kugira ngo koko mukomeze gutwaranira muri Uhoraho Imana kandi imirimo ye ikomeye kandi ibikorwa bye bihambaye, bikomeze kwigaragariza muri mwe kuko ari igihe cyo gukomeza kugaragariza imirimo ndetse n’ibitangaza mu buzima bwanyu bwa buri munsi, kuko twabigombye igihe nk’iki ngiki kandi tukaba twarabotaranyije mu mbaga y’abari mu Isi, kugira ngo koko mukomeze guhagarara mu mwanya wa benshi.

Nimukomeze rero kuba intore zitwizihiye kandi mukomeze kuganza kuko mbahaye kuganza, kandi nkaba mbahaye gutsinda umwanzi aho ava akagera; nimukomere ku rugamba bana banjye nshyigikiye kandi nkomeza buri munsi, mukomeze injyana y’icyiza mu buzima bwanyu bwa buri munsi kandi mukomeze gufatanya muri byose, kuko nanjye ndi rwagati yanyu kugira ngo nkomeze kubambika imbaraga kandi nkomeze kubahaza urukundo rwanjye mu buryo budasanzwe kandi mu buryo butavogerwa.

Mbakindikije igishura cyanjye cy’ubusugi kugira ngo nkomeze kubarinda imbeho y’ubuhakanyi kandi nkomeze kubakumirira ikibi cy’umwanzi cyose, cyane cyane icyashaka kubavogera kandi icyashaka kubagiraho ijambo cyose, nkaba nkomeje kukibarinda kandi nkaba nkomeje kukibahungisha; ngaho nimukomere kandi mukomeze kuba intwari muri byose, nanjye turi kumwe, ndabashyigikiye kandi mbabereye ku rugamba igihe nk’iki ngiki, kuko naje kubafasha kurwanya umwanzi kandi nkaba naraje kubafasha kumwirukana burundu, bityo rero nkaba nkomeje gutabarana namwe muri buri kiremwa cyose kandi nkaba nkomeje gutabarana namwe ku Isi hose muri rusange kuko dukomeje kwigaragaza mu buryo bwacu kandi tukaba dukomeje kugaragaza ububasha bwacu mu buryo budasubirwaho, cyane cyane ibyo byose tukaba dukomeje kubikorera mu isengesho ryanyu.

Nimukomeze umurava kandi umwete ndetse n’ingoga ntibigashire muri mwe kandi ntimukarambirwe guhora mutabaza ndetse no guhora mwakira igeno ry’icyiza tubagenera kuko hari byinshi dukomeje gukorera muri mwe, kandi hakaba hari byinshi dukomeje gukorera mu buzima bwanyu bwa buri munsi; erega iyo turi kumwe turataramana kandi iyo turi kumwe dukorana byinshi kandi by’agaciro, ni yo mpamvu iteka ryose ntifuza ko mwahuga, ahubwo iteka ryose nifuza ko mwaba muri maso kandi mugahora muhagaze neza ku rugamba bityo iteka ryose mugahora mukereye gutsinda ndetse no kurwanya umwanzi kuko nkomeje kubasendereza imbaraga zanjye kandi ububasha bwanjye buvuguruza byose kandi buhinda byose, nkaba nkomeje kububasendereza mu mbaraga zanjye kandi mu bubasha bwanjye butavogerwa.

Ngaho nimukomeze urugendo kandi mukomere kuko mbashyigikiye, kandi nkaba mbabereye umubyeyi igihe cyose, nkaba nkomeje kubambutsa muri byose kandi umujishi wanjye nkaba nkomeje kuwukomeza kuri buri wese; nimukomere rero ndabakomeje bana banjye kandi ndabashyigikiye, kuko mbambitse imbaraga muri uyu murimo kandi nkaba nkomeje kubasendereza urukundo rwanjye, kugira ngo iteka ryose ruhore rwumvikanira muri mwe; mbambitse imbaraga zanjye kandi mbahaye ubutwari bwanjye kugira ngo bukomeze kubafasha gushobozwa byose, kandi imbaraga za DATA zikomeze kwigaragariza muri mwe, ari nako zikomeza kumvikanira mu Isi ndetse no mu kiremwa muntu, kuko dukomeje gutanga urukundo rwacu kandi impuhwe zacu z’igisagirane, zikaba zikomeje kugera muri buri wese.

Nimukomeze rero namwe gutegera ibiganza benshi, kandi mukomeze guhungisha benshi, kuko umwanzi akomeje guhiga benshi, kandi umwanzi akaba akomeje kwigarurira benshi muri iki gihe; ni yo mpamvu rero mukomeza gutakamba kandi mukomeza gutegera ibiganza benshi, kugira ngo koko habashe kurohorwa roho nyamwinshi kandi habashe kwinjizwa benshi mu rumuri rw’Uhoraho Imana isumba byose, nanjye mbarangaje imbere muri urwo rugendo kandi ndabashyigikiye nk’umubyeyi ubakunda, kuko ari njye ubamenyera igikwiriye kandi nkabameneyera icy’ingenzi muri byose; ni yo mpamvu rero ntajya mbasiga intage cyangwa se ngo mbasige mu rugendo, ahubwo mporana namwe kandi nkagendana namwe muri byose, nkabashyigikira kandi nkabasigasira kugira ngo nkomeze kubahungisha umuhengeri w’umwanzi.

Mbifurije rero gukomera kandi mbifurije igicamunsi cyiza ntore za DATA kandi bana banjye nkunda nshyigikiye, nimukomere kandi mukomere mu rugendo, kuko mbabereye byose kandi nkaba mbabereye umusare ubambutsa muri byose, kugira ngo koko mukomeze gusingira icyiza Uhoraho Imana yateguriye muri mwe; ku rugamba rero ndahari nk’umurwanyi kandi ndahari kuko naje kwigaragaza mu mbaraga zanjye, kandi nkaba naje kwigaragaza mu bubasha bwanjye kugira ngo dukorane imirimo kuri uyu munsi, kandi dukorane ibitangaza mu buryo bukomeye kandi mu buryo buhambaye, tukaba rero dukomeje kuvuguruzanya imigambi mibisha y’umwanzi kandi tukaba dukomeje kuvuguruzanya imbaraga z’umwanzi, kuko hari byinshi dukoranye kandi hakaba hari byinshi twakoranye cyane cyane kuri uyu munsi, kuko hari benshi dukomeje gusendereza urumuri rwacu mu buryo bw’agatangaza kandi hakaba hari imbaraga dukomeje gutanga mu kiremwa muntu aho kiva kikagera.

Nimukomeze rero gutegera ikiganza benshi kandi mukomeze kuvugurura benshi muri Roho Mutagatifu, kuko ubwo bubasha mubufite kandi izo mbaraga mukaba muzisenderezwa na DATA uko bwije n’uko bukeye, ni yo mpamvu nkomeje kubashishikariza guhagaragara neza ku rugamba, kandi gukomeza kuba maso kuko nanjye turi kumwe mutari mwenyine, bityo nkaba nkomeje kubamenyera icy’ingenzi kandi nkaba nkomeje kubagenera igikwiriye cyose kugira ngo koko mubashe guhagarara neza kandi mubashe gukomera ndetse no gukataza mu rugendo rwanyu rwa buri munsi.

MBIFURIJE UMUNSI MWIZA, KUGUBWA NEZA KURI BURI WESE, GUKOMERA NDETSE NO GUKATAZA TURI KUMWE NDABAKUNDA NDI MARIYA NYINA W’IMANA, UMWAMIKAZI W’IJURU N’ISI, AMAHORO AMAHORO NTORE ZA DATA, AMAHORO.

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *