UBUTUMWA BWA BIKIRA MARIYA, TARIKI YA 08 WERURWE 2024
Mbasakajeho umugisha wanjye bana banjye kuko mbakomeje mu rukundo rwanjye, nkaba mbahaye umugisha wanjye wa kibyeyi ubakomeza kandi ubashyigikira kuko iteka mbahora hafi kandi nkahora iteka ryose mbashyira ejuru mu rukundo rwa DATA kugira ngo murusheho kugana inzira igana Umusumbabyose umunsi ku wundi; ndabakomeje rero kandi ndabashyigikiye kuri uyu munsi mu buryo budasubirwaho bw’agatangaza, kuko naje kubasendereza imbaraga kandi naje kubambika ububasha bwanjye kugira ngo bubakomeza kandi bubashyigikire, mukomeze kuba intwari z’Ijuru kandi mukomeze kurangamira Ijuru, mukomeze kwakira ibyiza by’agatangaza ntahwema kubasendereza uko bwije n’uko bukeye, kuko mbagenderera kugira ngo mbahaze urukundo kandi mbasenderezemo ibyiza by’Ijuru uko bwije n’uko bukeye, nkabakomeza mu rukundo rwa Jambo, nkabashyigikira, nkabateza intambwe, kuko ndi kugendana namwe muri iki gihe mu njyana yo gukomeza kwambura umwanzi ijambo kandi mu gukomeza kwambura umwanzi benshi, abo yari yaragize ingaruzwamuheto ze tukaba dukomeje kugenda tubashyira mu rukundo rwa DATA, tukaba dukomeje kugenda turohora benshi tubakura mu bukozi bw’ibibi bw’umwanzi, kugira ngo dukomeze gushyira benshi mu rumuri rw’Imana iteka.
Kuri uyu munsi rero naje gukorana namwe imirimo ikomeye kandi naje kubasenderezamo ububasha bukomeye bwa DATA kugira ngo nkomeze mbagire intumwa z’Ijuru kandi mbagire intumwa z’amahoro, muharanire iteka icyubaka kandi muharanire iteka gusendereza mu Isi urumuri n’umugisha bya DATA bikomeye, kuko mbakomeje kandi nkaba mbashyigikiriye mu rukundo rwanjye rwa kibyeyi; nimukomere kandi mukomeze gukatariza icyiza turi kumwe, mbahaye umugisha kandi mbahaye imbaraga, mbambitse ubutwari kuri buri wese, nimukomere kandi mukomeze gushyigikirirwa mu rukundo rwanjye rukomeye, bityo igihe cyose muhore mujya mbere mu kwemera kandi muhore mukataje mu gukora icyiza, bityo musubize imigambi mibisha y’umwanzi inyuma kandi mukomeze kwigizayo ikibi cyose cy’umwanzi, kuko nifatikanyije namwe mu njyana yo gusendereza amahoro mu Isi kandi yo kugwiza urumuri rw’Imana mu Isi yose, kuko nkomezanyije namwe urugendo mu gucecekesha amajwi y’umwanzi kandi mu kugenda twigizayo umwijima wa Sekibi, kugira ngo mu Isi hagwire urumuri rw’Imana kandi mu Isi hagwire imvugo nziza ya DATA, bityo abirekuye kandi abemeye kwinjira mu gushaka kwa DATA bumvire kandi babashe kumva ijwi ribahamagara n’icyo ribatoza, bityo abicaye ku mwanda babashe kuwuhagurukaho bityo abiseta ku kibi umunsi ku wundi babashe kugihagurukaho, kuko iki gihe ari igihe cyo gutanura benshi batannye kandi benshi batandukiriye mu rukundo rw’Imana, nkaba rero ndi kugendana namwe mu bikorwa bikomeye kandi mu mirimo yacu ikomeye kandi ikomeje itazigera ihagarara ku bw’impamvu z’umwanzi cyangwa ku bw’impamvu z’umwana w’umuntu kuko twubatse igikorwa byacu ubutaretsa kandi ubudahagarara, iki gikorwa twagishyizeho mu rukundo rwacu kandi mu bubasha bwacu bukomeye, kuko nta muntu uzigera agisenyura ku bw’ububasha bwe cyangwa ku bw’umugambi we mubisha, kuko dukomeje kubarinda no kubacungira umutekano, kubahozaho iteka ijisho ryacu kandi tubahozamo ububasha bwacu kugira ngo bubakomeze kandi bubashyigikire; nibyo koko turabibona umunsi ku wundi imigambi mibisha y’umwanzi ibagirirwa kandi inama mbi zibapangapangirwa uko bwije n’uko bukeye, ariko nanjye simpwema kubururukirizamo urukundo rwanjye rukomeye kugira ngo rubakomeze kandi rubashyigikire.
Mbahagije ibyiza by’agatangaza kandi mbasendereje urukundo rwanjye, nimugire ubugingo kandi mukomeze kubaho turi kumwe, mbahaye umugisha wanjye wa kibyeyi kandi mbasenderejemo amahoro y’Imana, nakomeze abagwirizwe kandi mukomeze kubaho mu gukatariza mu gukora icyiza, mushyigikirirwe mu rukundo rwanjye rwa kibyeyi kuko mbafatiye iry’iburyo kandi nkahora iteka ryose mbururukirizamo imbaraga zanjye zikomeye, kuko turi kugendana mu rugendo kandi iteka ryose nkaba mbakomeza, nkabashyigikira, kuko muri intore kandi mukaba muri intumwa nkomeza iteka kandi ngashyigikira iteka mu rukundo rwanjye nifatikanya namwe mu mirimo ikomeye kandi mu mirimo ikomeje yo kugira ngo dukomeze twirukane ikibi cyose cy’umwanzi, turi mu isuku ikomeye kandi turi kugenda dukora isuku hose, buri icyitwa ikiremwa muntu ndetse no mu Isi yose twifatikanyije namwe; kuri uyu munsi rero nkomeje kubatiza imbaraga, kubuzuzamo ububasha bukomeye, kugira ngo nkomezanye namwe urugendo rwo gusendereza mu Isi yose amahoro n’umugisha kandi mu gukomeza kwamagana ikibi cyose cy’umwanzi kugira ngo urukundo rwa DATA rukwire kandi rugwire mu Isi yose.
Tuje kuzuza byose kandi tuje gushyira byose ku murongo no mu ngiro, kuko tuje gukura ibyo byose bigiye bibogamiye umugambi wa DATA mu nzira, kandi ibyo byose bigenda byitambika umunsi ku wundi n’inzitizi zose n’imbogamizi zose, tukaba tukaba tuje kuzikura mu nzira kugira ngo duhabure ibyo byose kandi dukomeze kubyigizayo, ibyo byose byihanitse tukaba tuje kubicisha bugufi kugira ngo urukundo rw’Imana rukuzwe kandi rujye hejuru; twaje kwamagana ikibi cyose cy’umwanzi kugira ngo ububasha bwa DATA bukomeye buganze kandi twaje gucisha bugufi ibikorwa bibisha byose by’umwanzi kugira ngo ibikorwa bya DATA Uhoraho Imana bishyirwe hejuru, kuko twaje gusakaza urumuri rw’Isi hose rudatsindwa rwa DATA kugira ngo umwijima wa Sekibi utsindwe kandi utsiratsizwe kandi ukomeze kwigizwayo, kuko ububasha bwacu budatsindwa kandi budatsiratsizwa bwaje kandi bwaje gusagirizwa mu Isi yose; kuri uyu munsi rero ndi gukorana namwe imirimo ikomeye mu Isi, nimukomeze mube intwari kandi mukomeze kuba maso, mutege ibiganza mwakire ibyiza nabazaniye kubashyigikirisha kandi kubahembuza kuri uyu munsi; igaburo ryanyu rero iteka ndaritegura bana banjye, nimurye munywe kandi mwizihirwe kubera urukundo rw’Ijuru rwabagendereye, mukomeze kuguma mu buntu bw’Imana turi kumwe ndabakomeje kandi ndabashyigikiye bana banjye, nimwakire kubaho kandi mwakire gukomera no kugubwa neza, mwakire igaburo mbategurira umunsi ku wundi ribanogere kandi ribaryohere, mwizihirwe, kuko icyo mbategurira mba mbibona neza kandi mba mbibona neza ko riri bubatunge kandi rikabagirira umumaro kandi rikababeshaho mu rukundo rwa DATA rukomeye.
Nimukomeze kwakira ibyiza mbazanira kandi mukomeze guhazwa ibyiza mbasendereza umunsi ku wundi, oya ntimukabyange kandi ntimukabisige ngo mujye kururumbira iby’umwanzi, iby’umwanzi biba bisize umunyu biteje ibishashi inyuma ariko imbere harimo ikibi; ntimugakurire iby’umwanzi, inzira z’umwanzi nimuzange urunuka kandi icyo nanga namwe mucyange, icyo nkunda mugikunde, mukomeze mukataze mu gukora icyiza kandi mwumve icyo mbatoza n’icyo mbabwira umunsi ku wundi, muharanire iteka ikibubaka bityo ikibasenya mukigendere kure, murabizi bana banjye mbahoza iteka ku mutima kugira ngo mbakomeze kandi mbashyigikire kuko muri ibi bihe nifatikanyije namwe mu bikorwa bikomeye kandi mu mirimo ikomeje yo kugira ngo tugamburuze imigambi mibisha y’umwanzi kandi ducecekeshe amajwi y’umwanzi mu Isi, bityo ibikorwa by’Imana byigaragaze.
Twariyiziye turi gukora muri ibi bihe mu buryo budasanzwe, turi gukorera mu bantu kandi turabakoresha umunsi ku wundi, niyo mpamvu nururukiye ko gukorana namwe kandi ngendana namwe umunsi ku wundi, mu kubambika imbaraga kandi mu kubasenderezamo ububasha bw’Ijuru kugira ngo mbakomeze kandi mbashyigikire, nkomeze kugendana namwe mu njyana yo gusendereza ibyiza mu Isi kandi mu njyana yo gukomeza kwamagana ikibi cyose cy’umwanzi, mbuzuzamo amahoro n’umugisha; hari benshi batannye bagatandukira ku rukundo rw’Uhoraho kandi hari benshi bagenda barengera uko bwije n’uko bukeye, nyamara iki ni igihe cyo kugira ngo benshi bisubireho, nyamara iki ni igihe cyo kugira ngo benshi biziture ku kibaziritse kandi biziture ku kibaziga umunsi ku wundi, icyo cyose bari kugenda bohokera cy’umwanzi kugira ngo bakizitureho binjire mu buntu bw’Imana, kuko turi guhamagarira buri muntu kwisukura no kwisubiraho, kugaruka bwangu kugira ngo yakire imbaraga zacu n’ububasha bwacu bukomeye, bityo igituma atandukana natwe kandi ikintu gituma Mwene Muntu atana agatandukira kure y’urukundo rwacu agisige bityo aze ayihambire ku cyiza kuko ari cyo tumuzanira umunsi ku wundi.
Ni igihe rero ndi kugenda nuzuza ububasha bwanjye kandi ni igihe ndi kugenda nsendereza ibikorwa byacu mu Isi yose kandi nifatikanyije namwe mu buryo budasubirwaho, kuko muri intore kandi mukaba muri intumwa z’Ijuru twatoye kandi twatoranyije mu buryo budasubirwaho kugira ngo tubagabire ibyiza byacu mu buryo bw’agatangaza bityo namwe mubisendereze mu Isi, ari yo mpamvu muri abana banjye mpora iteka ryose nshyigikiye nkabakomeza mu rukundo rwanjye, nkahora iteka ryose mbaramburiyeho ibiganza kugira ngo umugisha uva mu biganza byanjye ukomeze kubashyigikira, kandi nkomeze kubabungabungira ubuzima n’ubugingo bwanyu bwa buri munsi, mbakomeze iteka mu rukundo rwanjye rwa kibyeyi.
Ni igihe cyo kugira ngo mbahumurize kandi mbashyigikire, mbateze intambwe kandi mbatoze icyiza, mbashyire ejuru mu rukundo rwanjye rwa kibyeyi, mbatoze gukunda icyo nkunda bana banjye, umunsi ku wundi mparanira iteka kububaka, kubashyigikira no kubakomeza, n’ubwo umwanzi iteka ahora akanuye amaso, ashinyitse amenyo kugira ngo arebe yuko yabigizayo kandi arebe yuko yabakura mu buntu bw’Imana, nanjye simpwema kuza kwifatikanya namwe kuko icyo nasezeranye muri mwe kandi icyo twivugiye muri mwebwe nk’Ijuru, tuzacyuzuza tukagishyira mu ngiro no mu bikorwa nk’uko twabigennye, nk’uko twabisezeranye, kuko byose twururukiye kubirangiza kandi byose twururukiye kubishyira mu ngiro no ku murongo nyawo.
Twaje gucecekesha amajwi y’umwanzi kandi twaje kugamburuza umwanzi, twaje kwamagana no kwirukana ibikorwa bibisha bya Sekibi kugira ngo tugwize urukundo rwacu mu Isi; ndabakomeje kandi ndabashyigikiye bana banjye, kandi nkomeje kubakomeza iteka mu rukundo rwanjye, nimube mu gushaka kwa DATA, mundebereho kuko ndi umutoza wanyu, ninjiye mu gushaka kwa DATA kandi iteka ryose naranzwe n’ingeso nziza zo kugira ngo icyo DATA yamvuzeho kandi DATA yashatse gukorera muri njyewe kibeho kandi gikorwe, cyuzuzwe nta na kimwe kiburijwemo, kuko navuzi nti “ndi umuja wa Nyagasani”, namwe muri abaja ba Nyagasani kandi muri intore za Nyagasani, nimwakire ugushaka kw’Imana muri mwebwe, mukomere mukomeze urugendo turi kumwe mbarangaje imbere, erega kandi nta n’icyiza kitarushya, nimuharanire ikibubaka, ikibahesha ikuzo kandi mukomeze gukataza mu gukora ikiri icyiza turi kumwe, mbarangaje imbere muri iki gihe kandi nifatikanyije namwe mu bikorwa byinshi bikomeye; mbifurije igicamunsi cyiza kandi mbifurije kugubwa neza, nimwakire umugisha wanjye wa kibyeyi ubakomeze kandi ubashyigikire turi kumwe, mbakomeje mu rukundo rwanjye rwa kibyeyi, nimugire amahoro, mugire gukomera no kugubwa neza turi kumwe, mbateje ubutwari kandi mbujujemo urumuri, nimukomere turi kumwe bana banjye.
AMAHORO, AMAHORO, TURI KUMWE, NDI MARIYA NYINA W’IMANA UMWAMIKAZI W’IJURU N’ISI UBARANGAJE IMBERE MURI URU RUGENDO, NDI INYENYERI ITABASIGA KANDI MPORA ITEKA MBAMURIKIYE MU NTAMBWE Z’IBIRENGE BYANYU, NKABAHAZA KANDI NKABASENDEREZA IBYIZA BY’IJURU KUGIRA NGO MURUSHEHO GUTERA INTAMBWE KANDI MURUSHEHO GUKATARIZA ICYIZA, MWAMBARIRA URUGAMBA, MUTSINDA SEKIBI, MUSUBIZA INYUMA IBIKORWA BIBISHA BYOSE BY’UMWANZI; AMAHORO TURI KUMWE, NIMUKOMEZE MUBE KU RUGAMBA, MU RUGENDO RWANYU RWA BURI MUNSI TURI KUMWE MBARANGAJE IMBERE BANA BANJYE, AMAHORO, AMAHORO, NDABAKUNDA, AMAHORO!