UBUTUMWA BWA BIKIRA MARIYA, TARIKI 19 UKWAKIRA 2023
Mbifurije igitondo gihire bana banjye kandi mbifurije kugubwa neza, mbahaye imbaraga n’ubutwari nimutwaze kandi mutwarane muri byose kuko mbashyigikiye kandi mbakomeje nimwambare imbaraga zidasanzwe kugira ngo mukomeze guhangana n’ibitero byose by’umwanzi mukomeze kwegezayo no gukumira kuko mufite uburenganzira ububasha n’ubushobozi mwahawe na DATA, ndabashyigikiye muri byose kandi ndabakomeje muri byose kugira ngo murusheho gutsinda kuko ari igihe cyo kugaragariza umwanzi ko yatsinzwe nta jambo afite nta bubasha afite nta ruhare afite rwo gukomeza kwidegembya no kugenda uko ashaka mu ntore n’intumwa zatowe hirya no hino mu Isi, nimube abamamaza ijambo ry’Imana mu Isi yose no mu mahanga yose kuko mwahawe ububasha n’uburenganzira muri byose kandi mugahabwa ubushobozi bwo kugira ngo musukure Mwene Muntu kandi muramire Mwene Muntu mumutabare mu buryo bw’agatangaza, benshi rero barakerensa ibikorwa by’Ijuru ryose kandi barakerensa ububasha bwacu ariko igihe ni iki ngiki kugira ngo tugaragaze ibikorwa byacu kandi tugaragaze umutsindo wacu muri bose kuko ari igihe umwanzi yatsinzwe nta jambo afite kandi nta bubasha afite, bana banjye ndabakunda kandi ndabashyigikiye mbafashe ikiganza kuri buri wese kugira ngo mukomeze gutwaza no gutwarana muri byose, nimwakire ihumure mwakire iruhuko mu mitima yanyu, nimutuze muturize mu rukundo rw’Uhoraho Imana kuko Uhoraho ari ku ruhande rwanyu kandi ari bugufi bwanyu kugira ngo akomeze kubarwanirira muri byose.
Ntacyo muzakena kandi ntacyo muzabura kuko mwahawe byose na DATA kandi nkaba nkomeje kubahundagazaho inema n’umugisha kugira ngo umwanzi ibitero byose abagabaho kandi Mwene Muntu ibyo abifuriza byose bibi bimugarukire ari we kuko imitego yose azabatega mu mayira yanyu byose bizajya bimugarukira bityo mugatambuka mwemye kandi muhagaze, turi mu bihe by’umutsindo kandi dukomeje gutsindira bose niyo mpamvu umwanzi akomeje gukubita agatoki ku kandi akabahiga hasi no hejuru ariko kandi ntabwo ayobewe ibikorwa byanyu kuko ari kureba akabona mugeze kure kandi akabona ari kugenda asigara imbokoboko agenda asigara ubusa agashakashaka amayeri yose yo kugira ngo abagushe kandi abatsembe ariko nimuhumure turi kumwe kandi ndabashyigikiye muri byose mu mbaraga n’ububasha buhanitse, nimukomeze kubaho mu kuri n’ubutabera kandi mukomeze kwizirika ku butungane kugira ngo murusheho gutunganya byinshi kandi murusheho kuramira benshi mu buryo bw’agatangaza, ibikorwa byacu birakataje kandi birarimbanyije kuko Mwene Muntu atazahagarika ibikorwa byacu kandi atazahagarika ububasha bwacu muri mwe kuko ari igihe cyo kumugaragariza ko mutibeshye kandi mutitumye, mutitumikirije mwatumwe n’Uhoraho kandi muri mu bubasha bw’Uhoraho mukaba muri mu burinzi bw’Uhoraho, murashinganishijwe mu buryo bukomeye nta wushobora kubahungabanya nta n’ushobora kubajegajeza nta wushobora kubakura mu byimbo nta n’ushobora kubakura mu myanya murimo kuko mwayishyizwemo n’Uhoraho, ntabwo muje ku Isi kuri ubu ngubu mwahozeho kuva kera na kare kuko mwariho mu mugambi w’Imana kandi mwari mwarateguwe mu buryo bw’agatangaza, igihe ni iki ngiki kugira ngo museruke nk’intore kandi nk’intumwa zatojwe n’Ijuru ryose kugira ngo murusheho kugaragaza imirimo n’ibitangaza mu Isi yose kandi murusheho gutabara bose mwihuse kandi mutazuyaza mu rugendo rwanyu rwa buri munsi, oya ntimutsikire kandi ntimurangare ntimuhuge nimwambare imbaraga zikomeye mumenye ko turi mu rugamba rukomeye rwo guhangana n’umwanzi mu bihe bya nyuma kuko ari igihe cyo kumutsemba no kumutsinsura mu buryo bugaragara kandi bufatika bugaragarira bose kandi bugaragarira amahanga yose, igihe ni iki ngiki kugira ngo tutangaze ukuri kwa DATA kandi dutangaze ububasha bwacu kuko tuje kugaragaza Mwene Muntu ibyo abundarayeho ibyo yimirije imbere ndetse n’ibyo yishingikirije byose tukaba tuje kubitsemba kandi tukaba tuje gutangaza ukuri kuzuye mu bikorwa byacu.
Mbifurije igitondo gihire kandi mbifurije ibihe byiza bana banjye nimugubwe neza mu gituza cyanjye kandi nimwishimire mu rukundo rwanjye n’urwa Jambo kuko turi bugufi bwanyu kandi tubashyigikiye mu buryo bw’agatangaza kugira ngo dukomeze kurwana inkundura, ububasha ntabwo ari mwe mubwiha kandi imbaraga ntabwo ari mwe muziha kuko muzihabwa na nyir’Ijuru mukazihabwa n’Uhoraho Imana Ruhanga wahanze byose wo uganje mu buzima bwanyu kandi we uganje mu mibereho yanyu ya buri munsi, nimukomeze gutega ibiganza mwakire ububasha buri kumanurwa buri kumanurirwa mu Isi yose kuko ari imbaraga zikomeye ziri kumanurirwa ku kiremwa muntu mu buryo bw’agatangaza, Uhoraho Imana yamanuye urumuri rukomeye mu Isi yose kuko yaje kujajanga yaje gukubura no gukuraho byose mu buryo butangaje kandi mu mbaraga zitangaje mu itegeko no mu ijambo rye nta na kimwe gisubizwa inyuma, nta na kimwe gikumirwa kuko yaje kwigaragaza kandi yaje kwigaragaza mu ntore n’intumwa yatiye mu kuri kuko mutibeshye kandi mutitumye bana banjye nimuhumure turi kumwe ntimudandabirane ntimuhungabane nimwumve ko Uhoraho ari ku ruhande rwanyu kandi ari kubarwanirira muri byose kuko ari gutazanura aho mwe mutakekaga ko mushobora gutambuka mugatambutswa n’ububasha bwe kandi mugatambutswa n’imbaraga ze mugatsinda kakahava.
Ni igihe rero cyo gutsindira bose kandi ni igihe cyo kurohora no gutabara bose kuko igihe kigeze kugira ngo abana banjye bose bahurizwe hamwe mu rugo ruhire mu byishimo n’umunezero, oya ntimugakuke umutima ngo muhungabane ngo mujye kure y’urukundo rw’uwabahanze nimwumve iteka ko muri mu burinzi bwe kandi mushyigikiwe mu buryo bw’agatangaza, ingabo zose zo mu Ijuru zaramanutse kugira ngo zibane namwe kandi zifatikanye namwe nanjye nkaba ndi kumwe namwe nkaba mbayoboye mu rugendo kuko ndi inyenyeri ibamurikira mu ntambwe zanyu za buri munsi kugira ngo murusheho kubona igikwiriye n’igitunganye murusheho gutunganya byinshi no kurohora benshi mu buryo bw’agatangaza.
Uyu munsi ni umunsi udasanzwe kuko ari umunsi w’ibikorwa bikomeye mu Isi yose wo gutangaza umutsindo n’ukuri kwa DATA muri bose cyane cyane abo bose bizeye ubwenge bwabo n’ubuhanga bwabo tukaba tuje kuyoyora kandi tukaba tuje kuvana byose mu nzira mu buryo bw’agatangaza, ndabakunda bana banjye nimuberwe no kuba ku rugamba kandi muberwe no gutabara nimuberwe no kurohora murohore imbaga nyamwinshi muzirikana ko muri ku gasongero kandi muri ku izamu mu buryo bw’agatangaza kugira ngo murengere benshi kandi mutabare benshi mu butabazi bwihuse budasanzwe, ni igihe cyo kugaragariza Mwene Muntu icyo muri cyo n’icyo muhagazeho kuko muhagaze ku ijambo ry’Imana kandi muhagaze mu bubasha bw’Imana mukaba muhagaze ku burinzi kugira ngo murinde benshi kandi murengere benshi mu buryo bw’agatangaza, nimwakire imbaraga n’ubutwari mubeho mu buziranenge bwa DATA mubeho mu kuri ukwemera n’ukwizera mu buzima bwanyu bwa buri munsi byuzuzwe n’urukundo impuhwe n’imbabazi bya DATA kugira ngo mutabare benshi mu bwitange bwanyu bwa buri munsi mu mbaraga zanyu za buri munsi mu ishyaka mugaragariza Mwene Muntu n’ubwo mutabara benshi batabizi kandi mukarengera benshi batabizi abandi bakabarwanya kugira ngo barebe ko babatsinda kandi barebe ko babatsemba ariko kandi ibyo bibwira byose ni ukwikirigita bakisetsa kuko ari ugusanza imigeri k’umwanzi ariko kandi akaba azi ko ikipe ahanganye nayo adashobora kuyitsinda kandi idashobora gutsindwa kuko ihagarikiwe n’Uhoraho Imana kandi ikaba irinzwe n’Uhoraho Imana mu buryo bw’agatangaza, erega bana banjye umwanzi igihe abareba na we agira ubwoba bwinshi cyane niyo mpamvu ashakisha amayeri kugira ngo arebe ko yababona arebe ko yabatsemba kandi yabagusha ariko kandi ntabwo azigera abagiraho ububasha nta n’ubwo azigera abagiraho uruhare kuko murinzwe mu buryo bwose kandi mukaba mushyigikiwe mu buryo bwose mu buryo bw’agatangaza.
Mbifurije umunsi mwiza kandi mbifurije igitondo gihire bana banjye nimutwaze kandi mutwarane muri byose ntimucike intege turi kumwe ndabarengera mu rugendo rwanyu rwa buri munsi kandi nkabatabara mu bihe byose nta na kimwe kizabageraho ububasha n’uburenganzira tutacyemeye kandi tutagishatse namwe nimugaragarize umwanzi kuko ibitero byose abagabaho nimumwereke ko mutabishaka kandi mutabyemeye ko muri mu burinzi bw’Uhoraho mumutsembeshe ijambo ry’ububasha rya DATA ritegeka kandi rivanaho kuko murifitiye ububasha n’uburenganzira mwarihawe kandi mwaryeguriwe na DATA, ni igihe cyo kugira ngo intwaro zose mwahawe muzikoreshe kandi museruke mutikanga mudakangarana kugira ngo muhamye iby’ukwemera kwanyu kandi muhamye iby’urukundo Uhoraho akomeje kubagaragariza kandi akomeje kugaragariza Isi yose, mbifurije rero gukomera mu rugendo kuri buri wese nimukomeze kwibumbira hamwe kuko nanjye nkomeje kubarundarundira mu gishura cyanjye nkaba nkiramburiye ku Isi yose mu buryo bw’agatangaza kugira ngo abana banjye bose mbarinde imvura y’amahindu ikomoka ku mwanzi kandi ikomoka kuri Nyakibi kuko ari igihe cyo kumwegezayo kumutsemba no kumuvanaho mu buryo bw’agatangaza.
Nimwuzure ibyishimo kuko ari igihe cyo kwishima no kunezerwa umwanzi ntakabavutse ibyishimo mwahawe n’Ijuru ryose nimuzirikane ko umwanzi ari umwanzi w’amahoro iteka ashakashaka Mwene Muntu amwikururira mu kibi amuteza ingeso mbi kugira ngo Mwene Muntu anangire umutima yumve ko Uhoraho atari ku ruhande rwe yagiye kandi ari kure ye, bana banjye icyo mbatoza ni urukundo ukwemera no kwizera bikuzuzwa n’impuhwe z’igisagirane z’Uhoraho musakaza mu Isi yose kandi musendereza muri bose kuko muri imiyoboro ikomeye idasanzwe mu Isi mu buryo bw’agatangaza kugira ngo ibikomerezwa byose bive mu nzira kuko tuje guhanantura duhereye hejuru mu bihaye imbaraga ububasha n’ubushobozi badafite n’abitwaye uko badakwiriye kwitwara mu bikorwa by’Uhoraho tukaba tugiye guhanantura byose tukazimiza byose kandi tukavana byose mu nzira, hagowe abakomeje kuba inzitizi n’imbogamizi muri uru rugendo kandi hagowe abakomeje kubogamira ibikorwa by’Uhoraho kuko abo bose bagowe kandi bagiye kugwirirwa n’ibihe bikomeye kuko bamwe bagiye kuzima bakava mu nzira bakaba ibimenyetso by’abandi bikabera abandi impamvu yo guhinduka no guhindukirira bakagarukira urukundo rw’Uhoraho Imana, nimwishime rero bana banjye kandi munezerwe kuko ari igihe cyo gushimira Uhoraho no gusingiza Uhoraho ko akomeje kubarinda no kuba ku ruhande rwanyu mu buryo bw’agatangaza, nimwishime turi mu mutsindo nta kizasubiza inyuma ibikorwa byacu nta n’ikizaduhagarika mu bikorwa byacu kuko tuzakomeza gutangaza ukuri mu bikorwa byacu bigaragara kandi bifatika mu mitego n’imigambi ya Mwene Muntu mu kumugaragariza ko mudahinduka ngo muhindukire mumugarukire ahubwo muhinduka mugarukira Uhoraho kandi mugana Uhoraho mu mibereho yanyu no mu buzima bwanyu bwa buri munsi, Mwene Muntu ahora abitoratoraho abashakaho impamvu kugira ngo abone ibyo abashinja n’ibyo abarega ariko nimuhumure byose tuzabivanaho kuko ari twe tubarwanira kandi ari twe tubarinze muri byose, icyo mbasaba ni ukuba mu ituze n’ubwiyoroshye mu buzima bwanyu bwa buri munsi mugaturiza mu rukundo rw’Uhoraho kandi mukarutekaniramo mugatega amatwi cyane kugira ngo mukomeze kugendana n’Ijuru ryose kandi mukomeze kuyoborwa naryo muri byose mu buryo bw’agatangaza, nimwakire ubwenge ubuhanga n’ubushishozi kugira ngo musobanukirwe n’ibyiza by’ingoma y’Ijuru musobanukirwe n’icy’ingenzi kandi n’ikiri icy’ukuri kugira ngo mu bihe byose muyoborwe n’urukundo rw’Imana kandi muyoborwe n’ijambo ry’Imana mu buryo bw’agatangaza murwane inkundura mutsinde kandi mutsembe ikibi cyose muri iyi Si kugira ngo ikomeze kubaho mu rumuri kandi Mwene Muntu akomeze guhinduka no guhindukirira na we ature mu rumuri rwa DATA ko Mwene Muntu ari indorerwamo irimo kwiroreramo na bose kandi buri wese akaba agomba kwirorera muri mugenzi we, buri wese akaba indorerwamo y’undi mu bikorwa byiza by’Uhoraho binyuze Ijuru ryose kandi bishimisha Ijuru ryose mu buryo bw’agatangaza.
Uhoraho ahanga Mwene Muntu ntabwo yamugeneye kubaho mu macakubiri n’amatiku yari amuhanganye urukundo rw’igisagirane kugira ngo arusabagize muri bose kandi arusendereze muri bose, umwanzi rero ntabwo yabyishimiye kuko ari umwanzi w’amahoro yashakashatse amatiku yatuma Mwene Muntu azana amacakubiri muri we bityo umwiryane ukaba wose, ni igihe rero cyo kugira ngo tugaragarize umwanzi ko nta bubasha afite nta n’uburenganzira afite igihe yahawe cyo kwidegembya no kugenda uko ashaka cyararangiye Mwene Muntu agomba guhinduka agahindukira akagarukira urukundo rw’Imana, umutsindo uri mu biganza byanyu kuko Uhoraho yawushyize mu biganza byanyu nanjye nkaba ndi kumwe namwe kugira ngo nkomeze kubatsindira kandi nkomeze gutsindira Isi yose.
Mbashyize mu mutima wanjye kugira ngo muhishimire kandi muhanezererwe kuko mbazamuye mu buziranenge bwa DATA kugira ngo mugubwe neza kandi mwishime mutetere ku mbuga ye ko muri mu muryango mushya w’Uhoraho yibumbiye kandi yitoreye kugira ngo murembuze kandi mureshye benshi mubazana mu rukundo rwe, ndabakunda ndabo zanjye bibondo byanjye kuko mbashyigikiye kandi nkaba mbakomeje mu bubasha buhanitse, mbifurije ibihe byiza kugubwa neza nimukomere kandi mukataze ndabahumurije kandi ndabakomeje nimusubize imitima mu gitereko urugamba tururiho kuko ari twe tuje kururwana kandi tukaba turi kurwirwanira mu buryo bw’agatangaza, Uhoraho aje kwihorera kandi aje kugaragaza ukuri kwe mu buryo bw’agatangaza nimuhumure rero ibi mukibona biracyoroshye cyane kuko ibiri imbere ari byo bizakomera, niyo mpamvu mugomba gushirika ubwoba kandi mugashirika ubute mukajya ku rugamba mukumva ko muri abarwanyi kandi muri abasirikari, atari igihe cyo kurira kandi atari igihe cyo guteta ni igihe cyo gukomera kuri buri wese mugakomeza urugendo, utarebeye kuri mugenzi wawe kuko ari igihe cya buri wese kugira ngo aseruke nk’intore yatowe n’Ijuru ryose mu buryo bw’agatangaza.
Mbahaye umugisha wanjye wa kibyeyi ngo ubakomeze kandi ubarengere muri byose bityo mubone icy’ukuri kandi mubone icy’ingenzi ari cyo mwihambiraho mwizirikaho ntimugamburuze kandi ntimucogore nimukataze mukomeze turi kumwe Ijuru ryose riri ku ruhande rwanyu kandi riri rwagati muri mwe icyo musabwa ni ukumva no kumvira muri byose mukumva icyo tubatoza n’icyo tubasaba akaba ari cyo mukurikiza kandi akaba ari cyo mugenderaho mu mibereho yanyu no mu buzima bwanyu bwa buri munsi, ibibananiye n’ibyo mudafitiye ubushobozi mukabyegurira Uhoraho kuko ahari kandi abategeye amatwi cyane kugira ngo abarengere kandi abatoze kuko atazabakoza isoni kandi atazabamwaramwaza nanjye nkaba ndi rwagati muri mwe kandi nkaba ndi kumwe namwe nihuje na buri wese mu buryo bw’agatangaza kugira ngo tugendane kandi mbayobore intambwe ku yindi ntimukabusanye intambwe zanyu n’iyanjye, nimunkundire munkunde tugendane muri byose.
AMAHORO AMAHORO NDABAKUNDA NDI MARIYA NYINA W’IMANA UMWAMIKAZI W’IJURU N’ISI BANA BANJYE NDABAKUNDA AMAHORO AMAHORO!