UBUTUMWA BWA BIKIRA MARIYA, TARIKI 29 UKWAKIRA 2023

Mbasakajeho amahoro y’Uhoraho bana banjye kandi ndabakomeje mu rukundo rwa DATA kuko nganje rwagati muri mwe kugira ngo ndusheho kubambika imbaraga kandi nkomeze gukorana namwe imirimo ikomeye mu Isi yose kandi kuri uyu munsi w’ibikorwa bya DATA  bikomeye kugira ngo dukomeze kugendana kand turusheho kubaka imbaraga zikomeye mu buzima bwanyu, nimwakire kugubwa neza kandi mwakire gukomerera mu rukundo rwa Jambo we Rumuri kugira ngo urumuri rwe rukomeze kubamurikira kandi intsinzi ye ikomeze kumvikana muri mwe kandi ikomeze kugaragarira buri kiremwa cyose kiri mu Isi kuko turi gusakaza imbaraga mu Isi mu buryo bukomeye kandi mu buryo budasanzwe tuvugurura byose kandi dutambuka muri byose kugira ngo tugaragaze imirimo yacu kandi tugaragaze ububasha bwacu bw’umutsindo kandi imbaraga zacu zigomba kuvugurura byose kandi zigomba gusobanura byose mu Isi, nimwakire kugubwa neza kuko ndi indorerwamo yanyu igihe cyose kandi igihe cyose nkabaha kwirebera muri jye kugira ngo munyige ingendo kandi munyige imvugo bityo dukorane imirimo ikomeye kandi tugamburuze imigambi yose y’umwanzi kuko Isi muriho nanjye nayibayeho kandi nkarwana urugamba inkundura kugira ngo ugushaka kw’Imana kumvikane kandi kogezwe hose.

Bana banjye rero ndabashyigikiye muri uyu munsi kandi ndabakomeje mu bikorwa byanyu kugira ngo dukomeze kugendana kandi turusheho gukorana imirimo ikomeye maze urukundo rw’Uhoraho Imana rukomeze kubigaragariza kandi urukundo rw’Uhoraho Imana rukomeze gutura muri mwe rubatwikire kandi rubarinde imbaraga zose z’umwanzi, nimwakire kugubwa neza kuko mbafunguriye umutima wanjye wuje ubuziranenge kugira ngo ibyiza biwutuyemo kandi ibyiza byawo bikomeze gusagirana kuri buri wese kandi bikomeze kwiyambika buri wese bityo mukomeze kuberwa n’urukundo rwanjye kandi mukomeze kuberwa n’urukundo nyampuhwe rwa DATA kugira ngo abe ari rwo rubarema kandi rubahindura bashya mu bikorwa turimo kandi mu bikorwa twafunguye mu buzima bwanyu, ndabashyigikiye rero mu bubasha bukomeye kandi ndabakomeje kugira ngo nkomeze kugendana na buri wese kandi nkomeze guteza intambwe buri wese kuko ari jye ubafasha mu gutera intambwe kandi nkabafasha mu gushingura ikirenge cyanyu kugira ngo muyoboke Kristu-Nyagasani kandi urukundo rwe kugira ngo rubageze ku bubasha bwa DATA kandi ku bwiza buhoraho bwa DATA.

Nimukomeze rero kujya mbere kuko turi kumwe namwe kandi DATA akomeje kumanura imbaraga zikomeye kandi kururutsa ibikorwa bye by’ububasha kugira ngo bigaragarire buri wese kandi imboni ya buri wese ibashe kwakira urwo rukundo rw’Uhoraho Imana Umuremyi kandi buri wese abashe kwakira ubwo bubasha mu mutima we kugira ngo buvugurure byose kandi buhindure byose kuko turi kubaka imbaraga nshya mu Isi kandi turi kubaka ibikorwa bishya mu Isi bigomba kubeshaho Mwene Muntu kandi bigomba kumutagatifuza mu buryo bwuzuye kandi mu buryo bwihuse.

Dukomezanyije rero namwe imirimo twatangiye kandi dukomezanyije namwe ibikorwa mu ntore zose ziri mu Isi kandi mu bo twashyizeho ikimenyetso kidasibangana tugomba kugaragarizamo ibikorwa byacu bishya kandi tugomba kugaragarizamo inzira yacu y’umutsindo kugira ngo dukomeze kubashyigikira kandi dukomeze kururutsa imbaraga zikomeye zirimbura ikibi cyose cy’umwanzi kandi zihirika inkuta zose z’umwanzi, bana banjye rero nimugubwe neza kandi mutekane kuko mbashyigikiye kandi mbakomeje mu byishimo n’amahoro kugira ngo nshyigikire buri wese kandi nkomeze buri wese kuko nabatoye mbazi kandi nkabahabwaho umwihariko na Jambo kugira ngo mbayobore kandi mbatoze icyiza kinyuze Umusumbabyose kandi mbabibemo imbuto y’urukundo kandi imbuto y’ubumenyi n’ubuhanga hakiri kare kugira ngo tugendane muri byose kandi tuvugurure Isi bityo ibikorwa byacu byigaragarize Mwene Muntu kandi ububasha bw’Imana isumba byose kugira ngo bugaragarire buri wese kuko ari igihe cy’ubutabera bwa DATA kandi ari igihe cy’imirimo ye ikomeye igomba gukorwa mu Isi yose kandi igomba kumvikanira buri kiremwa cyose kiri mu Isi.

Ndabakomeje rero mu byishimo n’amahoro kuko turi kumwe kandi ndabashyigikiye mu mbaraga n’urukundo kugira ngo tugendane  kandi dusakaze imbaraga mu Isi yose kuko turimo kubaka imbaraga zikomeye kandi DATA akomeje kururutsa ibikorwa bye by’umutsindo kugira ngo byigaragarize buri kiremwa cyose kandi nkomeze kwigaragaza mu buryo bukomeye tugamburuza imigambi yose y’umwanzi kandi duhigika ibikorwa byose by’umwanzi kuko turi mu kazi gakomeye kandi turi mu mirimo yacu igomba gukorwa kandi igomba kumvikana mu Isi yose kuko icyo tugomba kurandura kandi icyo tugomba gukura mu Isi tukizi kandi urumamfu tugomba gukura mu ngano tukaba turuzi, niyo mpamvu rero dukomeje gukorana namwe imirimo ikomeye kandi dukomeje kubaha imbaraga kugira ngo mukomeze kuba intumwa nziza mu butumwa mwahamagariwe kandi mu rugendo mwatorewe kugira ngo ububasha bw’abamalayika bukomeze kubashyigikira kandi bukomeze kubarinda iminsi yose bityo dukorane namwe imirimo ikomeye kandi tugaragaze ibikorwa byacu bitavogerwa mu Isi kuko hari byinshi turi gukora kandi hari byinshi tugambiriye kuzuza muri uyu munsi kugira ngo tugaragaze imbaraga z’umutsindo kandi dufunge ibikorwa bimwe dufungura ibindi kugira ngo ububasha bwacu bukomeze gusakara mu Isi kuko ari igihe cy’intangiriro y’ibikorwa bishya kandi ari igihe cy’iherezo ry’ibishaje kugira ngo bikurwe mu mayira bityo imbaraga zacu zigaragarize Isi yose kandi zumvikanire buri kiremwa cyose kiri mu Isi.

Ndabashyigikiye rero kuko ndi kumwe namwe kandi ndabakomeje muri uyu munsi kugira ngo tugendane kandi dukomeze gukorana imirimo ikomeye kuko turi kugenda dukura ibisitaza mu nzira kandi turi kugenda dukura imitego yose y’umwanzi mu nzira kugira ngo mutambuke kandi mutambukire mu rumuri rw’Uhoraho Imana kuko akomeje kubamurikira kandi akomeje gusakaza imbaraga ze mu Isi kugira ngo buri wese amenye igihe turimo kandi buri wese amenye imbaraga turi kugaragariza Isi yose kandi ububasha turi kururutsa mu Isi ko ari ububasha bw’ingiro kandi ko ari ububasha bw’ibikorwa bigaragara kandi ibikorwa bifatika bigomba kugaragara mu Isi kandi bigomba guhirika ikibi cyose cy’umwanzi bityo tukubaka inkuta nshya kandi tukubaka ibikorwa bishya bishingiye ku rukundo.

Mbifurije rero gukomera kuko ndi kumwe namwe kandi ndabashyigikiye mu byishimo n’amahoro kuko nkomeje kubambika imbaraga kandi nkomeje kubashyiriraho inzira zikomeye kugira ngo dukomeze gukorana imirimo ikomeye kandi turusheho kugamburuza imigambi yose y’umwanzi mu Isi bityo urugamba twatangiye kandi n’umutsindo tugomba kugaragaza kugira ngo ugaragarire Isi yose kandi wumvikanire muri buri kiremwa cyose, nimuhumure rero ntore za DATA kandi bana banjye nshyigikiye kuko mbarangaje imbere mu rukundo kandi mbakomeje mu byishimo n’amahoro kugira ngo dukomeze gutamurura igihu cyose cy’umwanzi kandi dukomeze kurengera benshi umwanzi yibasiye kandi benshi umwanzi yagiye atwara kugira ngo bagarurwe mu bubasha bw’Imana isumba byose kandi bakomeze guhabwa imbaraga zibarinda kandi imbaraga zibashyigikira kuko turi kurengera intore za DATA kandi turi kugenda tuvugurura byose mu Isi kugira ngo Mwene Muntu yisange mu rukundo rw’Uhoraho Imana kandi yisange mu bubasha DATA ashaka gutuzamo buri wese kandi mu gushaka kwe kugira ngo kumvikanire buri kiremwa cyose kiri mu Isi, ndabakomeje rero kuko ndi kumwe namwe kandi nkomeje kubashyira mu bubasha bwa DATA kugira ngo mwambare Kristu-Rumuri we Kuri Nyakuri kugira ngo akomeze kubamurikira kandi mukomeze guhabwa imbaraga zimukomokaho kugira ngo urumuri rwe rubatwikire kandi ababere Umwami n’Umukiza iminsi yose kandi ibihe byose.

Bana banjye nimukomere kuko mbakomeje kandi nimukomeze kwakira imbaraga zikomeye kandi mukomeze kwakira urukundo rwanjye kuko ndi kumwe kugira ngo mbasakazeho ububasha kandi nkomeze kubasakazaho imbaraga zibakomeza kandi zibashyigikira kugira ngo dukomeze kurimbura ikibi cyose cy’umwanzi kandi dukomeze guhigika ibikorwa byose by’umwanzi maze imbaraga zacu zigaragarize Isi yose kandi ibikorwa byacu bitavogerwa byumvikanire buri kiremwa cyose kiri mu Isi kandi byigaragarize Mwene Muntu, mbifurije kugubwa neza rero kuko turi kumwe mu rukundo kandi ndabashyigikiye mu byishimo n’amahoro kugira ngo tugendane kandi dusakaze imbaraga mu Isi yose maze ibikorwa byacu kandi ibikorwa by’imbaraga z’Ubutatu Butagatifu bikomeze kwigaragaza mu Isi kuko tubirangaje imbere kandi tubirimo kugira ngo tugaragaze umutsindo kandi tugaragaze ubuyobozi bwacu aho bwerekeza kandi n’intsinzi yacu aho igomba guturiza kandi aho igomba kugaragarira mu buryo bwumvikana kandi mu buryo bugaragara.

Nimugubwe neza rero ndabakomeje kandi ndabashyigikiye muri uyu munsi kuko ari umunsi w’umutsindo kandi ari umunsi wibikorwa byacu bidahangarwa bigomba gukora byinshi mu Isi kandi bigomba kwigaragaza mu mpinduka zigaragara kandi mu mpinduka zifatika kugira ngo tugaragaze imirimo yacu ikomeye kandi tugaragaze ibikorwa byacu by’umutsindo, mbifurije rero kugubwa neza ndi kumwe namwe kandi ndabashyigikiye mu mbaraga z’Ubutatu Butagatifu kugira ngo dukomeze kugendana kandi dukomeze gukorana imirimo ikomeye maze urukundo rwanjye rukomeze kubabumbira hamwe kandi urukundo rwanjye rukomeze kubashyigikira bityo buri wese akomeze kwiringira Uhoraho Imana kandi buri wese akomeze kuzamurira amaboko Uhoraho Imana ahabwa icyubahiro kimukwiriye nk’Umuremyi wa byose kandi Umugenga w’ibiriho byose kuko nta na kimwe Uhoraho Imana atagenzura mu biri mu Isi kandi nta na kimwe Uhoraho Imana atamenya mu bikorerwa mu Isi, niyo mpamvu imbaraga ze zikomeje kwigaragaza kandi ububasha bwe ndetse n’ijisho rye rirebera hose icyarimwe rigomba guhindura byose mu Isi kandi rigomba gushyira byose ku murongo mu Isi.

Nimukomere rero kandi mukataze kuko turi kumwe kuko tubashyigikiye mu byishimo n’amahoro kugira ngo tugendane kandi turusheho gukorana imirimo ikomeye maze ibikorwa byacu bikomeze kwigarariza Isi yose kandi bikomeze kumvikanira buri kiremwa cyose kiri mu Isi, nimuhumure ndabakunda ndabashyigikiye mu byishimo n’amahoro kandi nkomeje kubambika umutsindo kugira ngo tugendane kandi duhirike tugamburuza imigambi yose y’umwanzi kandi dutsinda ibikorwa bye byose maze ububasha bwacu bwumvikanire Isi yose kandi imbaraga zacu z’umutsindo zikomeze kwigaragaza kandi zikomeze kumvikanira muri mwe.

Amahoro amahoro ibihe byiza kugubwa neza ndabashyigikiye kandi ndabakunda ndi Mariya Nyina w’Imana Umwamikazi w’Ijuru n’Isi, nimwakire gukomera kandi mwakire kugubwa neza kugira ngo urukundo rwa Kristu Nyagasani kandi ubuzima yagabye mu Isi yose kandi amahoro yatangaje kugira ngo akomeze kubasaba kandi akomeze kumvikana mu buzima bwanyu.

Amahoro amahoro ibihe byiza kugubwa neza turi kumwe ndabashyigikiye kandi mbarangaje mu bikorwa by’umutsindo kandi mu bikorwa by’ububasha bwa DATA muri uyu munsi kuko turi kumwe kandi mbayoboye mu bikorwa kugira ngo tugendane kandi dukomeze gukorana imirimo ikomeye.

AMAHORO AMAHORO IBIHE BYIZA KUGUBWA NEZA NDI MARIYA NYINA W’IMANA UMWAMIKAZI W’IJURU N’ISI, AMAHORO AMAHORO!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *