UBUTUMWA BWA BIKIRA MARIYA, Tariki 16/06/2023
Nta kizadukereza kandi nta kizadutinza kuko integuro yacu yateguwe mu buryo buhagije kandi buri kimwe cyose cyashyizwe mu mwanya ku rugero Data yifuza kandi ku mugambi we udashobora kugamburuzwa kandi udashobora gusubizwa inyuma kuko buri kimwe cyose twagiteguye kandi imigambi yacu ikataje kugira ngo ingiro yacu yigaragaze kandi integuro yacu igerweho mu buryo bukwiriye.
Ni igihe kigeze kugira ngo ububasha bwacu bugaragarire Isi yose kandi bumenyekane mu buryo bw’imbaraga kuko twarangije gutazanura amayira kandi twarangije gukura ibigoye kandi ibikomeye mu mayira kugira ngo Mwene Muntu abashe guhumurwa mu buryo bukomeye akurirwaho igihu cyose cy’umwanzi bityo amenye imbaraga zacu ko zije kandi amenye ko ibikorwa byacu byamushyitseho bityo ahugukire kumva ijambo rya Data kandi ahugukire kumva ububasha bwe bukomeye.
Hari byinshi rero twateguye kandi hari byinshi tuzagaragarizamo ububasha bwacu ndetse n’integuro yacu kuko gahunda yacu ikomeje kandi gahunda yacu ikataje kugira ngo igerweho kandi ishyirwe mu ngiro mu buryo bufatika kandi mu buryo bukwiriye bw’ibikorwa nyabyo Data yateguye bizagaragariramo ububasha bwe kandi bizagaragariramo imbaraga ze kuko buri kimwe cyose kiri mu mwanya kandi ingabo zose zo mu Ijuru zarangije gushyirwa ku murongo kugira ngo ububasha bwa Data bwigaragaze kandi bumanukire Isi yose kuko hari byinshi bigomba guhinduka kandi hari byinshi bigomba kumvikana mu mbaraga zose zikomeye z’integuro ya Data kandi z’imigambi ye ikomeye. Data rero yarangije gutegura byose kandi yarangije kwambika ndetse no gutunganya umugeni kandi umukwe kugira ngo ahinguke bityo ibikorwa bye bigaragarire Isi yose kandi bimenyekane mu buryo bw’Imbaraga kuko tubukereye kandi twarangije gutegura byose no gutunganya byose kugira ngo ububasha bwacu bwigaragaze kandi Mwene Muntu agaragarizwe imirimo ikomeye ariko ku mpamvu ya Mwene Muntu akaba agiye gutungurwa kandi akaba agiye kugwirwaho n’imbaraga zacu bitewe no gukerensa ndetse no gukeneka ibikorwa byacu ntabihe agaciro kandi ntabyubahirize. Twebwe rero nta kizadusibya kandi nta n’ikizadukereza kuko twarangije kunoza byose kandi twarangije gushyira ku murongo buri kimwe cyose kugira ngo ububasha bwacu bwigaragaze kandi imbaraga zacu zitavogerwa zigaragarire Isi yose.
Turaje turiziye kandi tuje mu mbaraga zikomeye tuje mu nkubiri ikomeye ikura buri kimwe cyose mu nzira kandi ikura buri mbaraga zose z’umwanzi mu nzira kuko tuje gusenya kandi tuje guhirika mu bimenyetso bigaragara kandi mu mbaraga zifatika kuko isi yose izamenya ko twahingutse kandi Isi yose ikazamenya ko twahagaze mu bikorwa kandi twaje kubishyiraho mu ngiro ikomeye kandi mu kubyumvikanisha mu mbaraga zitavogerwa kuko hari ububasha bukomeye buzigaragariza Isi yose kandi hari imbaraga zikomeye zizumvikana kugira ngo Mwene Muntu amenye ko Uhoraho ari we Mana kandi ari hejuru ya byose ububasha bwe bwihagije mu gukora byose kandi ububasha bwe bwihagije mu kugaragaza imirimo ikomeye.
Ni igihe rero cyo kugira ngo imbaraga zacu zigaragaze kandi ububasha bwacu butavogerwa bugaragarire Isi yose kandi bumenyekane akaba ariyo mpamvu dukomeje kugaragaza byose kandi akaba ariyo mpamvu dukomeje kugaragaza imirimo yacu ikomeye kugira ngo igaragarire Isi yose kandi imenyekane mu buryo bw’agatangaza kuko tuje kunoza byose kandi tuje gushyira mu ngiro buri kimwe cyose kugira ngo uwo twateguye kandi uwo tuzagaragarizamo ikuzo ryacu arusheho kwambara kandi arusheho kubaho mu mbaraga zikomeye kuko yateguwe mu buryo buhagije kandi yiteguye gushyira byose mu ngiro kugira ngo ububasha bwacu bwigaragaze kandi bugaragarire isi yose. Turaje rero kuko tutadetegwa kandi turaje kuko tudatinzwa mu mayira na Mwene Muntu turaje kuko tutaka karibu kandi turaje kuko tutaka umwanya wo kugira ngo twuzuze kandi tunoze imikorere yacu kuko dutunguye benshi nk’uko Mwene Muntu atamenya aho imvura iturutse kandi atamenya aho ibikorwa byacu biturutse akaba ari igihe cyo kugira ngo imbaraga zacu zigaragaze kuko ari igihe cyo gutungura kandi ari igihe gitunguranye kuri Mwene Muntu ku mpamvu ye kandi ku mpamvu yo kutakira imburo ndetse n’integuza yacu ariko tukaba tuje kuzuza byose ndetse no kunoza byose. Ni ukuri kudakuka kwa Data rero kandi ni indahiro ye itavogerwa indahiro ye itagabanyika kuko ije kuzuza byose kandi ije kurangiza byose bityo integuro ya Data ikaba irimbanyije kandi ikaba irimo kugira ngo igaragarire Isi yose kuko twese twarangije gutunganya byose kandi twarangije gutegura byose Mwene Muntu akaba ari we wibura kugira ngo yitegure kandi yakire ibikorwa byacu ariko akaba agiye kugurumanirwaho n’urukundo rwacu kandi kugurumanirwaho n’ikibatsi cyacu gitwika byose kugira ngo abashe kwakira imbaraga zacu kandi abashe kwakira ububasha bwacu butavogerwa. Tuje rero gushimangira kandi tuje kuzuza byose kugira ngo imirimo ya Data yigaragaze kandi ibikorwa bye bidahangarwa bigaragarire Isi yose kuko twarangije gutegura byose kandi integuro yacu ikaba ihamye idakuka kandi idahinduka kandi imirimo yacu ikaba ihagaze mu Isi yose iri mu bantu kugira ngo tugaragaze ibikorwa byacu bikomeye kandi tubirindure byose kugira ngo ububasha bwacu bwigaragaze kandi bugaragarire Isi yose.
Ni ibikorwa rero bizakorerwa mu butabera bwa Data kandi ni ingiro izagaragarira mu butabera bwa Data ndetse no mu neza n’amahoro bye, kugira ngo Mwene Muntu yumve kandi arusheho gucishwa bugufi imbere y’urukundo rw’Imana kandi arusheho koko kugenda yubaha kandi yubahiriza itegeko ry’Uhoraho Imana. Ni igihe rero cyo kugira ngo ingiro yacu yigaragaze kandi ibikorwa byacu bitavogerwa bigaragarire Isi yose kandi bimenyekane mu buryo bw’imbaraga kuko tuje kwemeza byose kandi tukaba tuje gushyiraho byose tukaba tuje duserutse kandi tukaba tuje kwigizayo buri kimwe cyose kugira ngo imbaraga zacu zigaragaze kandi zigaragarire Isi yose.
Turaje rero kandi twaraje kugira ngo tugaragaze byose igisigaye akaba ari ukorosoraho rido kandi igisigaye akaba ari ukorosora Mwene Muntu kugira ngo amenye ibikorwa byacu kuko abahawe imbaraga bazakiriye kandi abahawe amatabaza bahagaze ku miryango barindiriye bayacanye kandi biteguye kugira ngo bakire ibikorwa byacu kandi bakire ibikorwa bya Ntama kugira ngo bigaragarire Isi yose kandi bimenyekane mu buryo bw’agatangaza mu mbaraga zikomeye zo gutsinda kuko ububasha bw’Imana bugiye kwigaragaza kandi imikorere y’Uhoraho igiye kugaragarira Isi yose bityo kwibeshya kwa Mwene Muntu kandi ukwitiranya kwa Mwene Muntu n’ibikorwa byacu bikaba byose bigiye gukurwaho kugira ngo ukuri kube kumwe kandi ukuri kugaragare kwemye kandi gutsinze mu mbaraga. Ni igihe rero tuje guhigika byose kandi tuje kugaragaza ububasha bwacu bukomeye kugira ngo imirimo yacu yigaragaze kandi ibikorwa byacu bitavogerwa bigaragarire Isi yose kandi bimenyekane.
Tuje gushyigikira rero abo twakunze kandi tuje kugaragaza imbaraga zacu kuko integuro yacu igezweho kandi ibikorwa byacu bikaba bije kugira ngo bihindure byose kandi Mwene Muntu ahindurwe ukundi mu mbaraga zikomeye kandi mu butabera bwa Data; iminsi rero irabarirwa ku ntoki kuko twe twarangije kuzuza byose kandi twarangije kunoza byose twiteguye kugira ngo dutsimbure kandi tugaragaze ububasha bwacu bukomeye mu Isi yose kuko nta gihe dusaba kandi nta mwanya urambuye dusaba kuko ibikorwa byacu bizigaragaza umunota umwe kandi ibikorwa byacu bikigaragaza mu kanya gato nk’ako guhumbya bityo hagakorwa byinshi kandi hakumvikana byinshi mu buryo bw’agatangaza. Ntabwo rero tuzahagurukira ubusa kandi ntabwo tuzafata inzira ku busa kuko tuzaba dukora byinshi kandi tuzaba duhindura byinshi kugira ngo ibikorwa byacu byigaragaze kandi bigaragarire Isi yose bityo abari bigize kagarara kandi abari bakitsimbarayeho kugira ngo bose bagwe nk’abahitanywe n’umuyaga kandi barambarare hasi bityo bamenye ko Uhoraho ari we Mana kandi bamuramye babikunze babikuye ku mutima kuko ikiri mu mutima wabo kizorosoka kandi ubugwari bwabo aho bwari buri bukamenyekana bityo bakamenya ko Uhoraho afite imbaraga kandi ari umushoborabyose.
Ni igihe rero cyo kugira ngo imirimo yacu yigaragaze kandi ibikorwa byacu bikomeye bigaragarire Isi yose kuko hari byinshi bigomba guhinduka kandi hari byinshi bigomba kwigaragaza kugira ngo imirimo yacu ikomeye irusheho kugaragara kandi ibikorwa byacu bidahangarwa birusheho kugaragarira Isi yose kuko hari byinshi tuje kumvikanisha kandi hari byinshi tuje kugaragaza mu Isi yose maze ububasha bwacu bukomeze kwigaragaza kandi bukomeze kuvugurura no guhindura byinshi muri iki gihe. Turaje rero kandi turaserutse kugira ngo twumvikanishe imbaraga zacu kandi tugaragaze ububasha bwacu kuko twarangije kunoza byose kandi twarangije gutegura byose igihe cyacu kikaba kigeze kandi Mwene muntu akaba arindiriye ariko akaba ari igihe cyo kugira ngo benshi bahumurwe kandi benshi bamenye ko tutabeshya kandi tutajya twishuka mu magambo yacu tuvuga kuko igihe cyacu ari igihe cyo kugira ngo ijambo ryacu ryumvikane kandi ububasha bwacu bukomeye bugaragarire Isi yose. Tuje kunoza byose rero kandi tuje gushyira ku murongo buri kimwe cyose kugira ngo ibyo twatangiye kandi ibyo twagaragarije Isi ikanga kubyakira ngo ibimenye kandi ibimenye mu mbaraga zacu zikomeye no mu bubasha bwacu budahangarwa bugomba kumvikanira Isi yose kandi bugomba kugaragara mu bimenyetso bifatika kandi mu mbaraga zitavogerwa z’urukundo rwa Data kandi mu bikorwa bye bikomeye bigomba kugaragarira Isi yose kandi bigomba kumenyekana kugira ngo Mwene arusheho kumva kandi Mwene arusheho gusobanukirwa n’imirimo n’ibikorwa byacu bikomeye.
Tuje rero kunoza byose kandi tuje kugaragaza imirimo n’ibikorwa byacu kugira ngo imbaraga zacu zitavogerwa kandi ububasha bwacu budahangarwa burusheho kwigaragariza Isi yose kandi burusheho kumenyekana mu buryo bw’agatangaza kuko hari byinshi bigomba gusobanuka kandi hari byinshi bigomba kugaragariramo igitinyiro cyacu. Benshi rero bagomba guhigama bakava mu nzira kandi bakigira ku ruhande kugira ngo imbaraga zacu zikore kandi ibikorwa byacu byigaragaze bityo Muntu asubizwe mu murongo kandi asubizwe mu cyerekezo hamaze gutambuka imbaraga zacu kandi hamaze gukorwa ibikorwa bikomeye byacu bizatuma Mwene Muntu ahuguka kandi bizatuma Mwene Muntu arushaho kwakira imbaraga zacu zikomeye. Hari byinshi rero tuje gusobanura kandi hari byinshi tuje kugaragarizamo imirimo yacu kugira ngo ibikorwa byacu bikomeze kwigaragaza kandi imbaraga zacu zitavogerwa zirusheho kugaragarira Isi yose kandi zirusheho kumenyekana mu buryo bw’agatangaza kuko ibikorwa byacu bitazatsindwa kandi ibikorwa byacu bitazasubizwa inyuma, ari igihe cyo kugira ngo byigaragaze kandi bimenyekane mu Isi mu buryo bw’imbaraga.
Twaje rero kunoza byose kandi tuje kuzuza byose kugira ngo imirimo yacu yigaragaze kandi isezerano ryacu risohozwe mu mahoro kandi risohozwe mu mbaraga kuko uko Isi yiteguye kandi uko abenshi biteguye atari ko tuzakora kandi atari ko tuzagaragazamo imirimo ndetse n’ububasha bwacu, hari byinshi bizahinduka mu mibereho ya Mwene Muntu kandi hari byinshi bizakorwa mu buzima bwa Mwene Muntu abibona cyangwa atabibona kuko ububasha bwacu buzigaragaza kandi bukagaragarira Isi yose mu buryo bw’agatangaza. Ni igihe rero cyo kugira ngo dusohoze byose kandi ni igihe cyo kugira ngo tugaragaze imbaraga zacu bityo ububasha bwacu bukomeye bwigaragarize Isi yose kandi bumenyekane mu mbaraga ndetse n’ibikorwa bitavogerwa bigomba kugaragarira Isi yose kandi bigomba kumenyekana muri iki gihe. Ni igihe rero cyacu kandi ni igihe cy’imirimo yacu kuko twujuje byose kandi twarangije gutegura byose bihari kandi binoze mu mbaraga zose za Data bityo igisigaye akaba ari imbarutso imwe igomba kuvuga kandi igomba gukorwa kugira ngo amatara yose yake kandi ibikorwa byacu bimurikire Isi yose mu buryo bw’umugaragaro kandi mu buryo bw’agatangaza.
Amahoro, amahoro! Ibihe byiza kugubwa neza igihe ni icyacu kandi ibikorwa ni ibyacu ingiro nayo ni iyacu kuri buri kimwe cyose kuko ububasha bwacu bugomba kunyura bugaragaza imikorere yacu hose buzatambuka nta wubukomye imbere kandi nta wubukumira kuko tuzagaragaza byose kandi tugahishura byose mu kuri kandi no mu butabera bwa Data.
Amahoro, amahoro! Ibihe byiza kugubwa neza, ndi Mariya Nyina w’Imana, Umwamikazi w’Ijuru n’Isi kuko ndi integuza ya byose kandi nkaba ndi imbere nk’inyenyeri imurika kugira ngo ibikorwa bya Data byuzuzwe kandi umutsindo ukomeye ugaragarire Isi yose mu buryo bw’agatangaza mu gutsindira intore kandi ababaye maso barindiriye ugushaka kwa Data kugira ngo bashyirwe mu mutsindo kandi bagaragarizwe ibimenyetso n’ibitangaza bikomeye. Ni igihe rero cy’ububasha bwacu kandi ni igihe cy’imbaraga zacu zigomba kugaragarira Isi yose mu bimenyetso kandi mu bubasha bukomeye bigomba guherekezwa n’ibimenyetso bifatika kugira ngo Mwene Muntu arusheho guhugukirwa kandi arusheho kumenya imbaraga zacu zitavogerwa ibihe byose.
AMAHORO, AMAHORO! IBIHE BYIZA KUGUBWA NEZA NDASHYIGIKIYE BYOSE KANDI NKOMEJE BYOSE KUGIRA NGO URUKUNDO RWA DATA RWIGARAGAZE KANDI IGIHE CYACU CYUZUZWE KUKO KITAZARENGA KANDI KITAZIGERA GIHAGARARA KUKO KIRI BUGUFI KANDI TWAKIGEZEMO KUGIRA NGO TUGARAGAZE IMBARAGA ZACU KANDI TUGARAGAZE IBIKORWA BYACU. AMAHORO, AMAHORO!