UBUTUMWA BWA BIKIRA MARIYA, TARIKI YA 04 MUTARAMA 2024

Mbasakajeho ibyiza by’Uhoraho Imana umusumbabyose bana banjye kandi mbasakajeho urukundo rwanjye rwa kibyeyi kugira ngo rukomeze kumvikana mu buzima bwanyu bityo imbaraga zanjye zikomeye z’ agatangaza zikomeze kuramira buri wese kandi zikomeze gushyigikira buri wese mu kujya mbere; kuko nabanye namwe Kandi nkagendana namwe mu bikorwa bikomeye byo kwitanga kandi mu bikorwa byo kwegura ndetse no gukuraho imbaraga zose z’ umwanzi mu Isi, kugira ngo ububasha bw’ Imana isumba byose bukomeze kwigaragaza kandi ubutegetsi bwa DATA bukomeze kumvikana mu Isi yose kuko ari igihe cy’umutsindo w’ ibikorwa byacu kandi ari igihe cy’ umutsindo w’ imbaraga zacu zigomba kugaragara kandi zigomba kumvikana mu Isi yose.

Nkomeje kwiha buri wese kandi nkomeje kwakira buri wese mu mutima wanjye utagira inenge mbashimira ukwitanga kwanyu kandi mbashimira ukwigomwa kwanyu kuko nagendanye na buri wese kandi nkabaha imbaraga zibakomeza kandi imbaraga zibashyigikira kugira ngo tubashe kugera ku mutsindo kandi tubashe kubohora benshi ndetse no gutangaza ibikorwa byacu bikomeye mu Isi yose kugira ngo benshi barusheho gutinya ibikorwa by’ Uhoraho Imana kandi barusheho gutangarizwa ububasha bwa DATA bukomeye, kuko ari igihe cyo kumvikanisha imbaraga zacu z’ agatangaza kandi ari igihe cyo kumvikanisha ibikorwa byacu by’ umutsindo kugira ngo byigaragarize buri kiremwa cyose kandi birusheho gukangura benshi mu Isi kugira ngo begukire umurimo wa DATA kandi bamenye imabaraga zacu z’ agatangaza muri iki gihe.

Nabanye namwe mu buryo bukomeye kandi mbana namwe mu buryo bwihariye bwa bucece mu kurwana urugamba kandi mu kunyeganyeza imbaraga zose z’ umwanzi ndetse no gusakaza ubutabera bwa DATA mu Isi kugira ngo bukomeze kumvikana kandi bukomeze kwigaragariza buri kiremwa cyose kuko hari byinshi twagamburuje mu kwitanga kwanyu kandi twagamburuje mu isengesho ryanyu ritaretsa kandi ridahagarara, bityo natwe dukora imirimo yacu kandi imbaraga zacu zigaragarira Isi yose mu guhosha kandi mu guhagarika imidugararo y’ umwanzi, ndetse no guhagarika imyivumbagatanyo ye yose.

Twacecekesheje amajwi y’ umwanzi kandi twahagaritse ikibi cye mu buryo bukomeye kandi mu buryo bw’ imbaraga zacu kandi mu bikorwa bikomeye by’ Ijuru twese ko twari twungutse mu gusakaza imbaraga zacu kandi mu gusakaza ububasha bwacu bw’ umutsindo, kuko ari igihe cyo kubyiga ikibi cyose cy’ umwanzi ko ububasha twasakaje muri mwe kandi twafunguye mu Isi yose bugomba kwigizayo byose kandi bugahagarika imigambi yose y’ umwanzi.

Bana banjye mukomeje gukora ibikorwa by’ubutwari kandi mukomeje kugaragaza ubwitange bukomeye mu guhagarika byinshi mu Isi kandi kugamburuza byinshi mu Isi kuko hari byinshi dukomeje guhagarika kandi hari byinshi dukomeje kwigizayo ndetse no gukura mu nzira ku mpamvu yo kwenyegeza kwanyu mutarambirwa kandi ku mpamvu yo gukomeza kuba mu mwanya muhamagarirwa kandi mugomba kwitabira umunsi ku wundi, bityo natwe tukururuka tugakora imirimo kandi tukuzuriza ukwitanga kwanyu ndetse n’ ukwitaba kwanyu tukabohora ibiremwa byinshi mu Isi yose kandi tukabohora imbaga itabarika.

Dukomeje rero gusakaza imbaraga zacu z’ agatangaza kandi Uhoraho Imana akomeje kugaba imbaraga ze kandi kugaba ububasha bwe mu Isi yose kugira ngo dukomeze kuvugurura byose kandi dukomeze gucagagura imigambi yose y’ umwanzi kuko ari igihe cyo gutsindwa kwa Lusiferi kandi ari igihe cyo kugaragarizwa gutsindwa kwe bityo abo yibwiraga ko ari abayoboke be akabamburwa kandi akabakurwa mu biganza, maze imbaraga za DATA zikigaragaza kandi buri kiremwa cyose kikajya mu ruhande rw’ Uhoraho Imana kandi kikayoboka izina rya DATA ry’ agatangaza kandi izina rya DATA ry’ ububasha.

Ni igihe rero cyo gukomeza kurwana urugamba inkundura kandi igihe cyo gukomeza kugaragaza imbaraga zacu z’ umutsindo kugira ngo zikomeze kumvikana mu Isi yose kandi zikomeze kwigaragariza buri kiremwa cyose kuko ari igihe cyo guhashya kandi ari igihe cyo kuburizamo imigambi yose y’ umwanzi kuko adakwiriye kwegura umutwe kuko ari cyo mwashyiriweho kugira ngo mumuhashye kandi mumutsiratsize burundu kuko adakwiriye kuzamura umutwe kandi adakwiriye kugera aho muri kandi adakwiriye gukomeza kwibasira ibiremwa byose; kuko ari igihe cyo guhagarika imigambi ye yose kandi ari igihe cyo guhagarika ubushotoranyi bwe bwose kuri Mwene Muntu.

Nimukomeze rero mujye mbere kandi mukomeze gushyigikirana kuko ubufatanye bwanyu kandi ubumwe bwanyu ari zo mbaraga z’ibikorwa byacu mu Isi yose kandi akaba ari zo mbaraga duheraho tugaragaza ububasha bwacu bukomeye kandi twumvikanisha ibikorwa byacu by’ umutsindo kuko mu gusenga kwanyu kandi mu kwitabira kwanyu ari ho ububasha bwa DATA bwigaragaza kandi ibikorwa bye by’ agatangaza bikomeza kumvikanira mu Isi yose kandi bikigaragariza abatemera kandi abatazi Imana kugira ngo barusheho kuyimenya kandi barusheho gusobanukirwa n’ ibikorwa by’ impangare by’ Uhoraho Imana umutegetsi kandi umugenga wa byose; nimukomeze kunga ubumwe kuko natwe dukomeje kubambika imbaraga zibakomeza kandi dukomeje kubashyiraho ibikorwa bigari kugira ngo imirimo yacu ikomeze kwigaragaza kandi imbaraga zacu z’ agatangaza zirusheho kumvikana kandi zirusheho kwigaragariza Isi yose kuko ari byinshi dukomeje gukora muri mwene muntu, kandi ari byinshi dukomeje kugamburuza mu Isi yose kuko ari igihe cyo kugira ngo ibikorwa byose by’ umwanzi bibirindurwe kandi inyubako zose z’ umwanzi yubatse mu mitima ya benshi mu Isi zisenywe zihinduke amatongo kuko ububasha bw’ Imana isumba byose bugomba kwigaragaza kandi ibikorwa bya DATA bikomeye bigomba kumvikana mu buzima bwa Mwene Muntu kandi Mwene Muntu akongera kugarurwa mu biganza by’ Uhoraho Imana.

Nimukomere rero kandi mukomeze gufatira benshi umujishi kandi mukomeze gukomeza benshi kugira ngo batadandabirana kandi batagwa mu rwobo barwita ikiziba kuko hari byinshi dukomeje kugaragaza kandi hari imbaraga dukomeje gukorera Isi yose kugira ngo imenye ibikorwa byacu by’ impangare kandi imenye ububasha bwacu budatsindwa; kuko mu gushyira hamwe kwanyu kandi mu kwenyegegeza kwanyu dukora byinshi kandi tugahagarika byinshi mu Isi, bityo tukururutsa ububasha bwacu bukomeye kandi tukururutsa imbaraga zacu z’ agatangaza zigomba gutwikira Isi yose kandi zigomba kuvugurura byose mu Isi; nimukomere kandi mukomeze umurava kuko mpari muri mwe kandi nkomeje gushyigikira buri wese kugira ngo uko buri wese yitabiriye mwongerere imbaraga kandi uko buri wese yitabiriye dukorane imirimo ku bwitabire bwe kandi ku kwitanga kwe kuko ibikorwa mukora ari ibikomeza gusukura Isi yose kandi ari ibikomeza gusakaza ikibatsi cy’ urukundo kigomba kumvikana kandi kigomba kugaragara mu mitima ya benshi.

Twahagaritse rero imigambi yose y’ umwanzi kandi twacecekesheje umwanzi mu buryo bugaragara kandi mu buryo bufatika kuko ubutabera bwa DATA bugomba gukora byinshi mu Isi kandi bugomba guhagarika ndetse no kuburizamo byinshi mu Isi yose bityo ububasha bw’ Imana isumba byose bugatambuka hose kandi bukagera kuri bose kuko abenshi bibeshya ko bashobora gufungirana imbaraga zacu kandi bashobora gufungirana ububasha bwacu ariko ni igihe cyo kugira ngo Isi tuyitangarize ugukora kwacu kandi Mwene Muntu utwibeshyaho kandi akibeshya ku bikorwa bya DATA, akumva ko yuzuje kandi akumva ko asendereye mu kuyoboka DATA, akaba ari igihe cyo kugira ngo bose bavangavanga tubagaragarize imbaraga zacu zikomeye kandi tubagaragarize ububasha bwacu buvangura byose kandi buhindura byose mu Isi.

Bana banjye nimukomeze kwakira urukundo rwa DATA kandi mukomeze kunyurwa n’ ugushaka kwe kugira ngo kubayobore iminsi yose kuko ari ho muzabona amahoro kandi mukamenya akamaro kanyu ndetse n’ umumaro mumaze mu Isi yose kuko ibikorwa mukora ari ibikorwa bifitiye Isi yose akamaro kandi ari ibikorwa bizabaha gukomera kandi bikabaha kumenya ko ikuzo ry’ Uhoraho Imana riri muri mwe kandi ko Uhoraho Imana abayoboresheje ububasha bwe bw’ agatangaza kandi abayoboresheje imirimo ye ikomeye; nimukomeze kujya mbere kuko mbashyigikiye kandi mbashyize mu mutima wanjye utagira inenge kugira ngo mukomeze kwisanzurira muri wo kandi mukomeze kwisanzurira mu bubasha bw’ Ubutatu Butagatifu munezezwa n’ urukundo rw’ Imana kandi munezezwa n’ intsinzi ya DATA adahwema kugaragariza mu majwi yanyu atakamba kandi mu majwi yanyu atera ejuru kugira ngo ububasha bw’Imana isumba byose bwururukire Isi yose kandi bumenyekane mu kiremwa cyose.

Twakoranye rero namwe imirimo ikomeye kandi twahagaritse imigambi yose y’ umwanzi kandi dukamya inyanja nyinshi kuri benshi kugira ngo barusheho kumenya ukuri kwa DATA kandi barusheho gusobanukirwa ibikorwa by’ Uhoraho Imana kuko hari byinshi twagamburuje mu Isi yose kandi hari byinshi twahagaritse kugira ngo ukuri kwa DATA gukomeze gutsinda kandi ubutabera bwe bukomeze kumvikana mu Isi yose. Twarwanye hamwe urugamba inkundura kandi twahagaritse imigambi yose y’ umwanzi mu buryo bukomeye kandi mu buryo buvogera byose kuko nta na hamwe duhezwa bityo turokora benshi kandi tugera kuri benshi kugira ngo babone ibyiza by’Imana isumba byose kandi babashe kuronka ubuzima bukomoka muri DATA kandi kuronka ubuzima Uhoraho Imana akomeje kwifuriza buri kiremwa cyose.

Bana banjye rero ndabashimiye kandi mbahaye umugisha wanye kugira ngo namwe mukomeze kwizihirwa kandi mukomeze kujya mbere kuko ari bwo buryo bwo kububakamo imbaraga kandi ari bwo buryo bwo kubakomeza ndetse no kurushaho kubagaragariza aho muri ndetse n’akamaro mufitiye Isi yose mu buryo mwitangamo kandi mu buryo mwitabira kuko hari byinshi dukomeje gukorana namwe kandi hari imbaraga zikomeye dukomeje kububakamo kandi gukomeza kubayobora kugira ngo mujye mbere umunsi ku wundi; intambwe yanyu muyitere ijya mbere kandi intambwe yanyu ikomeze gukomera mu kwizera Uhoraho Imana ndetse no kumuyoboka.

Mbifurije umunsi mwiza, ibihe byiza, kugubwa neza; umugisha wa DATA nukomeze kumvikana mu buzima bwanyu kandi imbaraga ze z’ agatangaza zikomeze kubaramira mu kubashyigikira ndetse no kubakomeza kugira ngo mujye mbere kandi mukomeze kwizihirwa mu Rukundo rwa DATA.

Nimukomere ndi kumwe namwe kandi ndabashyigikiye mu mahoro n’ ibyishimo kugira ngo dukomeze kugendana ko mbabumbiye hamwe kandi mbabumbiye mu rukundo rw’ umutima mutagatifu wa Kristu nyagasani kugira ngo mwakire ibyiza bye kandi mukomeze kwakira ibyishimo bikomoka muri we bityo bikomeze kumvikana mu buzima bwanyu kandi bikomeze kubaha imbaraga ndetse n’ ububasha bwo gukora imirimo itambutse mu Isi kandi imirimo ikomeye mwahamagariwe kugira ngo ikomeze kuzuzwa kandi ikomeze kwigaragariza buri kiremwa cyose.

Mbifurije umunsi mwiza, ibihe byiza, kugubwa neza; nimukomeze kuba mu isanzure ry’ ibikorwa by’ Uhoraho Imana kuko ntaho muhejwe kandi ntaho mukumirwa kuko mwatoranyijwe kandi mukomeje guhabwa imbaraga kandi gutohagizwa kugira ngo byiza bya DATA bikomeze kumvikana mu Isi yose kandi bikomeze kwigaragariza buri kiremwa cyose.

Mbifurije umunsi mwiza bana banjye nimukomere kandi nimwicare mugubwe neza mu rukundo rw’ Uhoraho Imana kuko dukomezanyije ibikorwa bikomeye kandi dukomeje kugenda tubazamura mu ntera kandi ari na ko dukora ibikorwa byacu mu Isi yose, kandi ari na ko ububasha bwacu burushaho kururuka butsemba ikibi cyose cy’ umwanzi kandi bugamburuza ibikorwa bye byose kuko ari igihe kidasubira inyuma turimo kandi ari igihe kibakomeza mugezemo nta gusubira inyuma guhari kuko ari igihe cyo gukataza kandi gukomeza kujya mbere mwakira kandi mwambikwa imbaraga zibakomeza kandi ububasha bw’ Uhoraho Imana kugira ngo bubaramire kandi bubashyitse ku mutsindo mwahamagariwe kandi mugomba kugezaho buri kiremwa cyose.

Ndabashyigikiye rero mu byishimo n’amahoro kandi ndabakomeje mu mbaraga n’ urukundo kuko ndi kumwe namwe kandi nakomeje kubana namwe kuri buri wese, nururutsa ibikorwa by’ Ubutatu B,utagatifu muri mwe kugira ngo mukomeze kuba mu nyanja y’ ububasha bw’ Imana isumba byose mu gukorana namwe imirimo ikomeye kuko ububasha bw’abamalayika bwihuje namwe kandi imbaraga z’abaziranenge bose mu Isi ndetse n’ ububasha bwabo mu Ijuru bukihuriza muri mwe mu gikorwa mwahamagariwe kandi mu gikorwa twari tubayoboyemo bityo tukagaragaza imbaraga zacu zikomeye mu ituze kandi tukagaragaza ububasha bwacu bukomeye mu krwana urugamba bucece, duhigika imigambi yose y’ umwanzi kandi ducecekesha, duhagarika urusaku rwose rw’ umwanzi; nimukomeze guhorana amahoro kandi mukomeze guhorana ituze mu mitima igihe cyose mwiringire Uhoraho Imana kandi mwirundurire muri we, kugira ngo akomeze kugaragaza imirimo ikomeye mu Isi yose kandi akomeze kubohora benshi mu Isi, bityo ibikorwa bye bikomeze kumvikana kandi bikomeze kwigaragariza buri kiremwa cyose.

Ndabakomeje nimukomere kandi mukomeze kubakika kuko turi kumwe namwe kugira ngo dukomeze kugaragaza imirimo itangaje muri mwe ari na ko tuyigaragariza Isi yose mu buryo bugaragara kandi mu buryo bufatika; mbifurije umunsi mwiza ibihe byiza kugubwa neza nimukomere ndabahetse bana banjye kandi ndabayoboye mu rukundo kandi mu bikorwa by’ umutsindo kuko ndi kumwe namwe kandi ndi inyenyeri ibarangaje imbere igihe cyose kugira ngo ugushaka kw’Imana gukomeze kumvikana muri mwe kandi ubuziranenge bwa DATA bukomeze kubigaragariza bityo bumenyekane mu Isi yose.

AMAHORO KURI BURI WESE, IBIHE BYIZA KUGUBWA NEZA, NIMUKOMERE MU BYISHIMO BYA DATA KANDI MUKOMEZE KWISANZURIRA MU BUBASHA BWE BUDAHANGARWA NDETSE NO MU BIKORWA BYE BY’ UMUTSINDO MU ISI YOSE; AMAHORO, AMAHORO IBIHE BYIZA KUGUBWA NEZA NDABASHYIGIKIYE KANDI NDABAKOMEJE MU RUKUNDO, NDI MARIYA NYINA W’ IMANA, UMWAMIKAZI WATSINZE, AMAHORO, AMAHORO BANA BANJYE NKUNDA, AMAHORO, AMAHORO!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *