UBUTUMWA BWA MALAYIKA MIKAYELI, TARIKI YA 29 MUTARAMA 2024

Ntumwa za DATA, mbifurije gukomera  ndetse no gusenderezwa imbaraga z’ agatangaza zikomeza kubaka ubuzima bwanyu kandi zikomeza kubahaza ibyiza byose Uhoraho Imana yabageneye kandi akomeza kubategurira umunsi ku wundi; ndi kumwe namwe ku buryo bukomeye kandi nkomeje kubaha gukataza ndetse no kubarangaza imbere ku rugamba, mbatagatifuza kandi mbahunda imbaraga zikomeye kandi zidasanzwe, zikomeza kubatagatifuza kandi zigatagatifuza Isi yose kuko nakomeje kugendana namwe kugeza kuri uyu munsi kandi nkaba nkomeje kubahunda ibyiza byose bikomeye by’ umurimo wa DATA, kugira ngo mukomeze mwakire ibyiza by’ urukundo rwe kandi mukomeze musobanukirwe n’ ububasha bwe butagatifu akomeza kugenda asendereza mu buzima bwanyu bwa buri munsi.

Nimwakire imbaraga kandi murusheho kwakira ubutwari butagatifu kugira ngo koko mukomeze muhagarare gitwari kandi koko mukomeze muhagarare mwemye kugira ngo mukomeze gutsinda umwanzi wese aho ava akagera kandi koko mukomeze kumvikanisha ibyiza by’ urukundo rwa DATA kugira ngo imbaraga ze zikomeze kubigaragarizamo, kuko nkomeje kubarangaza imbere mu buryo bw’ uburwanyi, mu buryo bukomeye kandi ku buryo budasanzwe, kuko nakomeje kubagaragarizamo imbaraga zanjye twakoranye imirimo myinshi kandi ikomeye mu isi kugira ngo dukomeze gukumira ibitero byose by’umwanzi ndetse no gukura ikibi cyose mu nzira tugaragaza imbaraga zacu ndetse n’ ububasha bwacu butagatifu, ndetse no gukomeza kubaka uburinzi butagatifu ku mitima yose yari iteze ibiganza kandi kuri benshi bari barangamiye imbaraga zacu cyane cyane kuri uyu munsi, aho twakoze imirimo ikomeye yo kubatagatifuza ndetse no kubahunda ibyiza by’ agatangaza kugira ngo iteka ryose bahore basenderezwa imbaraga zacu kandi bakomeze gusenderezwa imbaraga zidasanzwe DATA akomeza kugenda agabira Isi yose muri iki gihe.

Nkomeje rero kubarangaza imbere kandi nkomeje kubashyigikira, kubarinda ndetse no kubatagatifuza, iteka ryose kuko mbahunda imbaraga kandi ngakomeza intambwe zanyu, nkabarinda kandi nkabasigasira mu byiza byose Uhoraho Imana yabageneye, ku bw’umurimo mutagatifu yahamagariye buri wese ndetse no ku ntambwe buri muntu wese yifuza ko yatera, akakira ibyiza bya DATA kandi koko akarushaho kunezezwa n’ Umurimo Uhoraho Imana  yamuhamagariye; mbarangaje imbere, ndi Malayika Mikayeli, nkomeza kubatagatifuza, ndetse kandi nkomeza intambwe zanyu kandi nkakomeza ijambo ryanyu ryose kugira ngo rikomeze kumvikana mu Isi kandi koko ibyo mukoze byose birusheho kuba ibihagarika umwanzi, kandi ibikorwa banyu bya buri munsi bikomeze gusendera mu Isi kandi bikomeze kuba koko ibitagatifuza ibiremwa byose kuko mukora imirimo myinshi kandi imirimo itangaje mu Isi kuko urukundo rw’ Uhoraho Imana rutuye muri mwe mu mbaraga yabagabiye kandi mu bubasha butagatifu yasendereje ubuzima bwanyu kandi yagabiye buri wese,  cyane cyane mwebwe mwese mukomeza kwitabira uyu murimo udasanzwe, kandi ku mbaraga mugomba kwitanga kandi mukomeza kugenda mushyira mu bikorwa bitagatifu bya DATA muri iki gihe.

Niyo mpamvu twaje kubakomeza ndetse no gukomeza kububakira ubuzima, mu kubatagatifuza ndetse no kubahaza ibyiza byose by’ urukundo rwe kugira ngo imbaraga ze zikomeze kubigiragarizamo kandi zikomeze kubasendera, mu gutagatifuzwa ndetse no guhazwa ibyiza byose bituruka mu biganza by’ Uhoraho Imana; nakomeje gukumira byose kandi nkomeje kubateza intambwe ndetse no kubatagatifuza, bityo dukomeza gukoresha ibikorwa byanyu bya buri munsi kandi dukomeza gukoresha imbaraga zanyu mu gukumira ibitero byose by’ umwanzi ndetse no kugabira ubuzima cyane cyane abo bose bakomeza kugenda barenganywa n’ umwanzi hirya no hino kandi benshi bakomeza kugenda bisukirwa n’ ibitero byose by’ umwanzi, cyane cyane abo ngabo bose bakomeza kuba bariho mu burangare kugira ngo iteka ryose bahore bumva imbaraga zacu kandi basobanukirwe n’ imirimo yacu ikomeye kandi itangaje muri iki gihe; niyo mpamvu turimo gusenyura iby’ umwanzi byose kandi turimo kwirukana ikibi cyose cy’ umwanzi kikava mu nzira kandi kigakurwaho bwangu kugira ngo imbaraga zacu zikomeze kumvikana kuko hari benshi bagikomeje kumubera ibyari kandi hari benshi bagikomeje kumubera inzira ndetse n’ ibyanzu akomeje kugenda asenyeramo kandi akomeje kugenda yangirizamo ibikorwa bitagatifu by’ Uhoraho Imana.

Nimukomere kuko turimo kurwana urugamba rukomeye kandi y’ uko twakoze imbaraga zidasanzwe kandi twubatse urukuta rukomeye, kugira ngo dukomeze gukumira ikibi ndetse no gushwanyaguza ibitero byose by’ umwanzi, kugira ngo iteka ryose imbaraga zacu zumvikane mu Isi kandi ububasha bwacu butagatifu budasanzwe bukomeze kwigaragaza mu biremwa bose, ariko dukomeza guhaza imbaraga ndetse ari nako dukomeza gushyira uburinzi ku batowe n’ urukundo rw’ Uhoraho  Imana kandi kubo arambitseho ibiganza, kuko imbaraga ze zose yazimanuriye mu Isi kandi yabasendereje ububasha butagatifu kandi budasanzwe, mu biremwa byose biganje mu Isi kandi muri benshi bari bateze ibiganza bakeneye umukiro kandi bakeneye kwakira ibyiza byose by’ urukundo rwa DATA.

Nimuzirikane yuko imbaraga zanyu kandi ko ububasha butagatifu mukomeza kugenda mugaragariza Isi bwakoze imirimo ikomeye kandi ubwitange bwanyu ndetse n’ urukundo rwanyu mugaragariza ibiremwa byose DATA yashyize mu Isi bikomeze kugenda bigaragara mu Isi kandi bikomeze kugenda bikora imirimo ikomeye, ikumira kandi koko ikura ikibi cyose mu nzira; niyo mpamvu DATA akomeje kugenda  abubakira inkuta zikomeye kandi akomeza kugenda koko abashingira iminara kuri buri wese kugira ngo buri muntu wese koko agumye guhagarara mu birindiro kandi yakire ibyiza by’ urukundo rwa DATA kuko ari igihe cyo gusohoza imirimo ye ndetse no gusohoza byose kugira ngo uwanejejwe n’ urukundo rwe kandi uwakiriye ibyiza bye by’ agatangaza bikomeze kwigaragaza  mu Isi kandi bikomeze gusendera imitima yose, kugira ngo abateze ibiganza bose DATA abarinde kurambirwa kandi abarinde gucogora abagabira ibyiza bye kandi arushaho kubahaza umukiro mutagatifu.

Ndabashyigikiye kandi ndabarinze ntore za DATA kandi biremwa bya Yezu Kristu, nimukomere kandi mugubwe neza, kuko iteka ryose mpora mbarangaje imbere  mu mbaraga zanjye ndetse no mu bubasha bwanjye butagatifu bukumira ikibi muri mwe kandi bugakuraho ibitero byose by’ umwanzi kugira ngo   inkota yanjye y’ ububasha ihore iganje muri mwe kandi inkota y’ ijambo ryanjye rutagatifu ritwika kandi rigakuraho byose rikomeze ribengeranire mu biganza byanyu kandi rikomeze ribengeranire mu biganza byanyu, kuko DATA yabatagatifuje kandi akabagabira byose; niyo mpamvu nanjye naje kubakomeza ndetse no kubarangaza imbere nk’ intwari za DATA kandi nk’ Ingabo ku rugamba, mwakira ibyiza by’ Ijuru kandi munejejwe n’ imirimo ye kugira ngo aho duteye hose dutahukane intsinzi kandi dutahukane iminyago kuko imbaraga zacu zitagomba gupfa ubusa, ahubwo iteka ryose zigomba kugaragaza ibikorwa bikomeye kandi bitangaje.

Niyo mpamvu rero nakomeje kugenda nkorana namwe mu mirimo ikomeye kandi nkomeje kubahaza ibyiza byose by’ urukundo rwa DATA kugira ngo imbaraga zacu zikomeze kuzahura Isi ndetse no kumurikira buri Kiremwa cyose kugirango abagenewe umukiro kandi bakomeza guhazwa imbaraga zacu bose bakomeze kwakira ibyo byiza kandi bakomeze kunogerwa n’ umukiro mutagatifu Uhoraho Imana yageneye Isi kandi yateguriye abamwemeye ndetse n’ abayobotse urukundo rwe rutagatifu.

Nimukomere ku rugamba kandi murusheho kuba intwari, bityo murusheho guhagarara gitwari kandi koko muhagarare mwemye mu byiza bye bitagatifu, bityo iby’ Isi ndetse n’ab’ Isi bose ntihagire ikibakanga kandi ntihagire ikibatera ubwoba ahubwo muzirikane ko iteka ryose DATA yatsindiye muri mwe kandi ibikorwa byanyu bitagatifu akomeza kugenda akorera muri mwebwe aribyo byatsindiye Isi kandi aribyo byatsinze ikibi cyose cy’ umwanzi.

Nimuzirikane rero ko iyo mukoze imirimo ikomeye kandi iyo mukoze ibikorwa bidasanzwe, iteka ryose mugafungira hamwe kandi mukazibira ibitero byose by’ umwanzi hirya no hino, Sekibi akomeza kugenda ashakisha aho anyura kandi akomeza kugenda ashakisha abo agusha mu mitego kugira ngo barusheho kubangamira imirimo ya DATA kandi barusheho kubaho koko ari ibisitaza by’ abandi muri iki gihe.

Nimukomere kandi murusheho kwakira imbaraga zibatagatifuza kandi zikomeza intambwe zanyu, kugira ngo iteka ryose murusheho kubabera maso kandi mukomeze gusigasira ibyo byiza by’ agatangaza DATA yashyize mu biganza byanyu; niyo mpamvu mbarangaje imbere kandi nkomeje kugenda ndeberera buri wese kandi muhaza ibyiza by’ urukundo rwa DATA, mbamurikisha urumuri rwanjye rukomeye kandi nkomeza gutagatifuza roho zanyu kugira ngo koko muhore mumurikiwe kandi muhore musenderezwa imbaraga zikomeye kuko Uhoraho Imana yabageneye byose kandi akabibasendereza; bityo urumuri rwe ruhore iteka ruganje muri mwe kandi mugahora musenderejwe ububasha  bwe butagatifu, bukomeza kubamurikira kandi bugakomeza kubahaza umukiro we.

Ndabashyigikiye kandi nkomeje kubarangaza imbere mu mbaraga n’ ububasha butagatifu bwa DATA kugira ngo urumuri rwe ruhore iteka ruganje muri mwe, kandi urumuri rwe rukomeze rumurikire intambwe zanyu, rubagabira ibyiza kandi rukomeza kubasendereza ububasha butagatifu; nimukomeze mube maso kandi mukomeze mwakire ibyiza bitagatifu bya DATA kugira ngo imbaraga ze zikomeze kuganza muri mwe, bityo mukomeze gucunga umwanzi wese aho ava akagera kandi mukomeze gucunga ibikorwa bye bibi, kugira ngo iteka ryose aho tugaragaje imbaraga zacu, aho tugaragaje ububasha bwacu butagatifu, hose tuhasige ibikorwa bikomeye kandi ibyo twimakajemo ububasha bwacu busendereye kandi koko butagatifu bugomba gukumira byose kandi bukavana byose mu nzira ku buryo bugaragara kandi ku buryo bugaragarira buri wese.

Erega nimuhumure, abanzi banyu kandi abanzi b’ ibikorwa bitagatifu bya DATA bose bazatsindwa kandi bose bazasibwa ku mugaragaro, bityo imbaraga zacu zigaragarize muri mwe kandi urumuri rw’ Uhoraho Imana rurasire mu mitima yanyu, bityo rurusheho kubaboneshereza, kuko igihe nk’ iki ngiki ari igihe cyo gusebya ndetse no kwandagaza hirya no hino cyane cyane abo bose bakomeje kugenda banyanyagira ku bikorwa bitagatifu bya DATA kandi bakomeje kugenda basebya kandi bafata nabi imirimo y’ Uhoraho Imana, kugira ngo imbaraga za Sekibi zikomeze kubaturamo kandi zikomeze kubarikamo barwanya kandi bitesha agaciro ibikorwa byose DATA yakoze mu Isi; niyo mpamvu iki gihe ari igihe cyiza cyo kubarwanya ndetse no gushyira ku ruhande byose, kugira ngo umurimo wa DATA ukomeze kwigaragaza kandi imbaraga zacu koko zikomeze gusendera; muzirikane iteka ko igihe murimo ari igihe cya nyuma kandi ari igihe cy’ ibikorwa bya nyuma, kugira ngo DATA ageze ku mutsindo abamuyobotse ndetse n’ abakiriye urukundo rwe rutagatifu, ariyo mpamvu Sekibi nawe akomeza kugenda asesera mu mitima ya benshi kandi agasesera mu bitekerezo bya benshi kugira ngo koko barusheho gukomeza kuyobya benshi bakiriye umukiro wa DATA kandi benshi bakomeza kugenda koko baba inzira ya Sekibi kandi baba ibyambu bye akomeza kugenda akoreramo imirimo ye mibi kuko benshi bamuhaye ijambo mu mitima yabo kandi bakamuha ibyicaro kandi  koko bakamuha imyanya.

Nimukomere ku rugamba rero mwebwe mwese mwasezereye ikibi kandi mwasezereye inzira za Sekibi zose, bityo mukayoboka umukiro wa DATA kandi mukayoboka ibyiza bye bikomeye, mugatura muri we kandi mukaganza mu rumuri rwe rutagatifu; nimugubwe neza kandi mwakire ubutwari, muzirikane ko iteka ryose DATA abateza intambwe kandi ko umurimo mukoze wose ugomba kuba igikorwa cy’ ingirakamaro kandi kigomba kuba igikorwa cy’ intangarugero mu Isi, kuko iteka Ijuru ryose riba ryifatanyije namwe kandi riba ryaje kubatera inkunga ndetse no kubatera imbaraga, kugira ngo iteka ryose muhore mwakira ibyiza kandi muhore munejerejwe n’ ibyiza by’ ububasha butagatifu bw’ Uhoraho Imana yabagabiye kandi yasendereje mu  mitima yanyu igihe cyose; nanjye ndabashigikiye kandi ndabakomeje kuko iteka ryose mpora mbatagatifuza kandi mbayobora mu rukundo rw’ Uhoraho, kuko DATA yabagize ingabo zimunyuze kandi zimwizihiye kugira ngo iteka ryose abo mugaragiye kandi abo mugaragarije imbaraga zanyu zidasanzwe murusheho kwakira ibyo byiza kandi murusheho kugaragira urukundo rwe rutagatifu, kugira ngo iteka isi yose irusheho kumenyana n’ imbaraga ze kandi benshi bakomeze gutsindwa kandi bakomeze gukurwa mu nzira ku bw’ imirimo ya DATA. Ni igihe cy’ ibikorwa bikomeye kandi ni igihe cy’ ibikorwa bidasanzwe kuko DATA arimo kugenda atwikurura byose kandi arimo gushyira byose ku mugaragaro, kugira ngo ufite amaso wese kandi koko ufite kumva ndetse no guca bugufi imbere ya DATA wese amugarukire kandi yakire ibyiza bikomeye.

Nimwakire imbaraga kandi mwakire ubutware kuko ndi kumwe namwe kandi nkomeje kubarangaza imbere ndetse no kubahaza ibyiza byose by’ urukundo rwa DATA bikomeze byigaragarize muri mwe kandi bikomeze bibahaze ibyiza by’ agatangaza.

Mbifurije umunsi mwiza kuri buri wese, nimukomere kandi mugubwe neza, ndabashyigikiye kandi mbarangaje imbere nkomeza kubatagatifuza, kandi nkomeza kubacanira amatara yanyu kugira ngo koko imbaraga zanyu zihore zuzuye kandi koko zihore zigaragarira umwanzi kugira ngo ahunge kandi avanwe mu nzira n’ ibye byose, bityo yirukanwe bwangu mu mitima y’ abakiriye urukundo rwa DATA kandi yirukanwe bwangu cyane cyane mu bo akomeza kugenda yibasira, kandi ari intore za DATA kandi ari abagaba b’ ibyiza by’ urukundo rw’ Uhoraho,  iteka ryose duhore iteka tuganje muri mwe, tubatagatifuza kandi tubasendereza bikomeye, kugira ngo uwo DATA yakomeje kandi akamuha imbaraga bityo akamutorera imirimo itangukanye buri wese arusheho kuba ari mu rukundo rwa DATA, kandi buri wese akomeze kazirikana icyo DATA amuhamagarira kandi amwifuzaho umunsi ku wundi kugira ngo agihagararemo gitwari kandi agikomereho muri iki gihe kuko ari igihe kidasanzwe kandi ari igihe cy’ imirimo ikomeye kandi idasanzwe.

Nimukomere kucyo muzi kandi mukomere kucyo mwamenye, bityo urukundo rwa DATA rukomeze rubigaragarizemo, kuko haje ibihe bikomeye kandi haje ibihe bidasanzwe koko bigomba gukongora ikibi cyose cy’ umwanzi, kandi koko bikarushaho gushwanyagura imitima ya benshi kugira ngo barusheho kuboneraho ko yababeshye kandi barusheho kuboneraho ko bayobotse inzira itari yo mu bikorwa bibi by’ umwanzi, ahubwo bagatatira ku rukundo rw’ Uhoraho Imana kandi bagatatira ku byiza byose DATA yari yarabageneye kandi yari yarabatagatifurijemo.

Nimugire amahoro kandi mukomeze muganze kuko nkomeje kubarangaza imbere, mbasendereza ibyiza by’ urukundo rw’ Uhoraho Imana kandi nkomeza kubahaza ibyiza by’ agatangaza; nimugire amahoro kandi koko mugire guhora muri maso, mwakire ibyo byiza kugira ngo iteka muzirikane ko mugomba guhora muri maso kandi mugahora mwiteguye, mwakira ibyiza by’ urukundo rwa DATA kugira ngo dukomeze gutsinda ikibi kandi dukomeze kurwanya umwanzi wese aho ava akagera, tukimakaza ibyiza byacu bikomeye, kandi dusendereza urukundo rutagatifu imitima yose iteze ibiganza kandi yiteguye kwakira ibyiza by’ ububasha bwacu butagatifu.

Amahoro, amahoro ntore za DATA, umunsi mwiza kuri buri wese, ndabashyigikiye kandi mbarangaje imbere, nimugire umugisha kandi mwongererwe imbaraga mu burinzi butagatifu, bityo mukomeze gukumira ikibi kandi mugire ubuzima buzima kugira ngo mukomeze murekure imitima yanyu mu bwitange ndetse n’ urukundo kandi koko mwemera kwitangira  isi kandi mwemera kwitangira ibiremwa byose, kugira ngo aho Sekibi hose ateye dutabarane imbaraga kandi dutabarane ububasha butagatifu koko bugomba kugaragaza ibyiza byacu bikomeye.

Mbarangaje imbere ku rugamba ntabwo muri mwenyine kuko mbashyigikiye kandi nkaba ndi rwagati muri mwe, mbarangaje imbere mu bubasha butagatifu bwa DATA kandi nkomeza kubasendereza ibyiza byose bikomeye kuko uwo DATA yatagatifuje kandi akamutura ibikorwa bye bitagatifu wese agomba gushira ubwoba kandi agashira amanga, akakira ibyiza bye kandi akanezezwa n’ imbaraga zidasanzwe DATA akomeza kugenda agabira Isi yose muri iki gihe.

MBIFURIJE UMUNSI MWIZA, NIMWAKIRE IMBARAGA KANDI MWAKIRE UBUTWARE KUKO NKOMEJE KUBATAGATIFUZA NDETSE NO KUYOBORA INTAMBWE ZANYU ZA BURI MUNSI MU BURYO BW’UBURWANYI KUGIRA NGO ITEKA RYOSE MWAKIRE IBYIZA BY’ UHORAHO, KANDI BIKOMEZE KWIGARAGARIZA MU BUZIMA BWANYU UMUNSI KU WUNDI; AMAHORO, AMAHORO, UMUNSI MWIZA KURI BURI WESE, NDI MARAYIKA MIKAYELI, NDABAKUNDA KANDI NDABASHYIGIKIYE KURI BURI WESE, AMAHORO, AMAHORO!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *