UBUTUMWA BWA MALAYIKA MIKAYELI, TARIKI YA 08 MATA 2024
Ndabakomeje kandi ndabashyigikiye ntore z’Imana nshuti zanjye, mbifurije igicamunsi cyiza ibihe byiza mwese, nimugubwe neza mu rukundo rw’Imana, kuko ndi kumwe namwe mbashyigikiye kandi mbakomeje mu bubasha budasanzwe, nje kubahundagaza imbaraga kandi nje kubaha ububasha bukomeye kuko nje kubana namwe no kugendana namwe mu mirimo ikomeye, nkaba nje kubambika imyambaro y’urugamba kugira ngo twinjirane mu rugamba rudasanzwe; niteguye gutsemba no guhirika ibitero bishya by’umwanzi kuko hari byinshi byugarije intore za DATA, nkaba nje mu rugamba rudasanzwe kugira ngo ndwanirire bose mu rukundo rwanjye, kuko nje kwihuza na buri wese kugira ngo buri wese yambarire urugamba mu buryo bukomeye; nimwambare imbaraga kugira ngo mujujubye ibitero byose by’umwanzi kandi mutsembe ububasha bwe bwose kuko ari igihe cyo kugaragaza imbaraga zikomeye, kandi akaba ari igihe cyo kugaragaza ububasha budasanzwe mu Isi yose.
Ndi kumwe namwe muri byose kuko ndi gutazanura mu bubasha bukomeye, kugira ngo nkomeze negezeyo ikibi cyose ngaragaze ikuzo rya DATA mu Isi yose; ndi umurwanyi udatsimburwa ku rugamba kuko naje mu rugamba mu buryo bukomeye, kuko nje kugaragaza imirimo ikomeye kandi nje kugaragaza ibikorwa bidasanzwe; nimwakire inkota mu biganza byanyu tugendane kuko nje mu rugamba rwa nyuma, nje kurwanirira Ikiremwa Muntu kandi nje kurwanirira buri wese, kugira ngo buri wese yinjizwe mu rukundo rwa DATA kandi buri wese yinjizwe mu bubasha bw’Ijuru ryose.
Ndi kumwe namwe kugira ngo nkomeze mbashyigikire mu ntambwe zanyu za buri munsi, kugira ngo urukundo rw’Imana rukomeze rusakare mu Isi yose kandi rukomeze rusenderere bose; dore ibirura birarekereje hirya no hino mu bemera, kuko ruri gushaka aho rwakwinjirira kandi rubigabize ariko ndaje kugira ngo nsembe kandi mvane mu nzira, kuko nje guhirika ikibi cyose kugira ngo ububasha bwa DATA bwigaragarize Isi.
Nihuje namwe mu mbaraga zikomeye kandi mu bubasha budasanzwe, kuko nzengurutse Isi yose mu bubasha bwanjye kandi mu mbaraga zanjye, nkaba nje gukunguta kandi nje kunyeganyeza ikibi cyose kiri muri Mwene Muntu, kugira ngo ndandure mpereye mu mizi mu mbaraga zikomeye kandi mu bubasha budasanzwe; nimunyemerere munkundire tugendane muri uru rugamba kuko ari urugamba rukomeye, tugomba gukebura kandi tugomba guhindukiriza benshi kugira ngo bagarukire Ijambo rya DATA, bityo urukundo rwa DATA rukomeze rwigaragarize Isi yose.
Mwarahiriwe ntore z’Imana nimutwaze kandi mutwarane, mushyigikirane muri byose mu bikorwa by’Ubutatu Butagatifu mu ngoro y’Uhoraho Imana, kuko buri wese ari ingoro mu buryo bukomeye kandi mu mbaraga zidasanzwe; benshi barabyitiranya bakagira ngo gutaha mu ngoro z’Isi nicyo cy’ingenzi, ariko nyamara Mwene Muntu akirengagiza ko ingoro nyayo ari umutima wa buri wese, mu rukundo n’igishyika afitiye Uhoraho Imana mu kwamamaza ingoma y’Imana, no gusakaza ububasha bw’Imana kugira ngo bukomeze busenderere Isi, kandi bukomeze busenderere muri bose.
Ndi kumwe namwe mu mbaraga zikomeye kandi ndi kumwe namwe mu bubasha budasanzwe, kuko nkomeje kugendana namwe kugira ngo nkomeze mpirike kandi nkomeze nsenye, bityo urukundo rw’Umuremyi wa byose rurusheho kwigaragaza mu buzima bwanyu, no mu mibereho yanyu ya buri munsi; ndabashyigikiye ntore z’Imana kandi nimuzirikane iteka urukundo rw’Imana, kuko tutamanutse ku busa twamanutse ku bw’ibikorwa bikomeye, muri uyu munsi rero nkaba ndi kurwana urugamba inkundura mu mbaraga z’agatangaza, kuko urumuri rwanjye rwazengurutse Isi yose kandi rwagose bose mu bubasha bukomeye.
Ndi kumwe na buri wese uhagaze ku izamu rye uko bikwiriye kuko ndi kugenda nsendereza ububasha buri wese, buri wese nkaba namuhaye inkota mu kiganza kugira ngo atsembe kandi ahirike ibitero bishya by’umwanzi, asenye imbaraga ze zose mu bubasha bukomeye kandi mu mbaraga zidasanzwe; nimukomeze mwambarire urugamba nje kubambika ntore z’Imana mu buryo bukomeye, kugira ngo tugendane mu mivumba ikomeye kandi tugendane mu bubasha budasanzwe.
Murarinzwe kandi murashyigikiwe murinzwe n’Ijuru ryose ntimukikange, kandi ntimugahungabane kubera ibi bihe, ibi bihe bigenwa n’Uhoraho Imana, kuko ari ibihe bidasanzwe; nimuzirikane ko ibihe bya nyuma biba bitoroshye, ibihe byo kugaragazamo ububasha budasanzwe kandi kugaragazamo imbaraga zikomeye; intore zose ziri kwambarira urugamba kuko turi kuzambika mu buryo bukomeye, kugira ngo buri wese ahagarare ku izamu rye kandi ahagarare ku rugamba rwe nta kimukanga, nta kimukangaranya nta kimutera ubwoba, cyane cyane buri wese wahishiwe ibi byiza by’Ingoma y’Ijuru akamenyeshwa amabanga y’Ingoma y’Ijuru, turi kwambika imbaraga mu buryo bukomeye kugira ngo buri wese abeho mu rumuri rukomeye.
Ndabashyigikiye ntore z’Imana kandi ndabakomeje, nkaba ndi gukomanga kandi nkebura buri wese ngira nti namwe mwese museta ibirenge, namwe mwese muri gukebaguza mu rugendo muri kureba hirya no hino nimugaruke tugende, kuko nje kubana namwe kandi nje kubambika imbaraga kugira ngo tugendane, oya ntimukihinde kandi ntimukeyegezeyo, kuko urukundo rw’Imana iteka rurembuza bose kugira ngo iteka rwigaragaze muri bose; ndambuye ikiganza mu buryo bukomeye kuko nzamuye inkota yanjye, kugira ngo nsembe kandi mpirike ikibi cyose cy’umwanzi, imyuka mibi iri kuzerera muri benshi cyane cyane mu mitima yabo; oya ntimugakingurire umwanzi ngo mumuhe urwaho nkana, nimufunge inguni zose yinjiriramo, bityo abure intaho kandi abure urwinjiriro urukundo rw’Imana rurusheho kwigaragaza muri mwe; Mwene Muntu arigora mu rugendo kandi akirushya akinaniza, kuko akingurira umwanzi akamuha urwaho kandi akamuha urwinjiriro; ariko kandi uwafungiye umwanzi arishima kandi akanezerwa kuko yumva akomeye ari mu mbaraga z’Uhoraho Imana, ntore z’Imana nimureke mugengwe n’ubu bubasha bw’Imana kandi mugengwe n’imbaraga z’Ijuru ryose, oya ntimukirwaneho kandi ntimukirwanire igihe urugamba rukomeye; mujye mutuza kandi mwicishe bugufi mu maso y’Imana murangamire uruhanga rwa DATA, kugira ngo akorane namwe imirimo ikomeye kandi akorane namwe ibikorwa bidasanzwe; nimuzirikane ko atabara ku munota wa nyuma aho umwanzi wugarije Mwene Muntu mu buryo bukomeye, bityo akagaragaza ikiganza cye agahagarika ikibi cyose cy’umwanzi, kandi agahagarika imbaraga ze zose ibikorwa bye bikigaragaza mu Isi.
Nanjye ndabashyigikiye kandi ndabakomeje, ndi kugenda nigaragariza buri wese mu mbaraga zikomeye kandi mu bubasha budasanzwe, kugira ngo buri wese abone ububasha bwanjye kandi buri wese abone imbaraga zanjye zikomeye; ndabakunda nimubeho mu rumuri rwa DATA, ntimukikururire umwijima nkana, nimukomeze mwegezeyo umwijima wabatera guhuma amaso, iteka murangamire Uhoraho Imana mushyire amizero yanyu muri Uhoraho Imana, mwumve ko Uhoraho Imana ari byose mu buzima bwanyu; uwubatse kuri Uhoraho nta kimunaniza nta n’ikimuca intege, nta kimurushya mu rugendo Mwene Muntu aruha kandi akavunika, kuko yigoye kandi yiruhije arangamiye ibintu n’ab’Isi aho kurangamira Uhoraho Imana; ngaho rero nimuhitemo icy’ingenzi kuyoboka Uhoraho Imana n’imitima yanyu yose, mwirinde ikibi cyose kandi mwirinde uburyarya n’ubucabiranya bibatera kujya kure y’urukundo rw’Imana, murekure byose ibitekerezo byanyu Uhoraho Imana ntaho akinzwe, ndetse nta n’aho ahejwe mu mitima yanyu, niyo mpamvu naje gusenya mu buryo bukomeye, hagowe uwo ndasanga mu mayira arangaye kandi hagowe uwo ndasanga akijajaba hirya no hino, kuko naje mu mbaraga zikomeye kandi naje mu bubasha budasanzwe; iyo nje gutabara ntabwo ndeba uriya ngo twarabanye, nyamara yataye umurongo kandi yaragiye kure y’urukundo rwa DATA, iyo nje gutabara ndatsemba kandi nkavana mu nzira umwuka mubi wose w’umwanzi, kuko inkota yanjye nyimanura nsemba kandi mvana mu nzira.
Nimube maso rero buri wese ahagarare ku izamu rye ntimurebe hirya no hino, ntabwo ari igihe cyo kureba mugenzi wawe nta n’ubwo ari igihe cyo kurangamira ibintu n’iby’Isi, uzihambira ku by’Isi n’ab’Isi nzamusenyana nabyo kandi nzamurimburana nabyo, kuko ububasha bw’Imana bugomba kwigaragaza mu Isi yose mu buryo bukomeye; ngaho rero nimuturize mu rukundo rw’Imana, nimuhumure turi kumwe nta kizabatsinda ku rugamba, mwizeye ububasha bw’Imana kandi mwizeye imbaraga z’Ijuru ryose.
Amahoro y’igisagirane y’Uhoraho Imana nakomeze abasendere ntore za DATA, nunze ubumwe namwe mu bubasha bukomeye nimuzirikane ko naje mu rugamba rudasanzwe, ntabwo manuka ku busa mba nje gutsemba kandi nje guhirika ibitero bishya byose by’umwanzi, kugira ngo intumwa zose zihagarare zemye kuko nje kujujubya umwanzi mu buryo bukomeye; buri wese nahagarare mu mwanya we kugira ngo musange mu mwanya we, kuko uwo ndasanga ari hirya no hino ndatsemba kandi ndahirika kuko naje mu bubasha bwa DATA bukomeye; nimwakire inkota muhagarare mwenye ku rugamba, kugira ngo murimbure kandi muvane ikibi cyose mu nzira mu bubasha bwa DATA, ntimukabembekereze ibikorwa by’umwanzi kandi ntimukemere umwanzi abashimashima, iteka nimumutsembe kandi mumwegezeyo mu mbaraga zikomeye kuko mwahawe byose, kandi mwahishuriwe byose n’Ijuru ryose.
AMAHORO AMAHORO IBIHE BYIZA, NDABAKUNDA KANDI NDABASHYIGIKIYE TURI KUMWE MURI BYOSE NDI MALAYIKA MIKAYELI, AMAHORO NTORE Z’IMANA!