UBUTUMWA BWA MALAYIKA RAFAYELI, TARIKI YA 29 NYAKANGA 2024

Mbasesekajeho ububasha bwanjye Ntore za DATA dutaramanye, mbifurije igicamunsi cyiza kandi gihire kuri buri wese, nimwakire indamukanyo yanjye y’urukundo ibakomeza kandi ibashyigikira mu mirimo yanyu ya gitumwa, nanjye rero nkomeje kubana namwe kandi nkomeje kubashyigikira mu bikorwa bidasanzwe kuri uyu munsi, kuko naje kurwanana namwe urugamba kandi nkaba naje gukomeza kubageza ku mutsindo ukomeye w’Uhoraho Imana, nimukomeze rero kuganza kandi mukomeze gutegeka Isi ndetse n’abayituye, kuko ubwo bubasha mubugenerwa n’Uhoraho Imana kandi izo mbaraga mukaba muzisesekazwaho uko bwije n’uko bukeye, kuko twaje kwigaragariza muri mwe kandi tukaba twaraje kurwanana urugamba hamwe namwe, nimukomeze rero gushyigikirwa n’ububasha bwacu kandi imirimo yacu idasanzwe nikomeze kwigaragariza muri mwe, kuko dukomeje kubatabara kandi tukaba dukomeje kubarengera, tukaba dukomeje kubakomereza intambwe, nimukomeze kujya mbere mu rukundo rukomeye rwa DATA, nanjye turi kumwe kugira ngo nkomeze kubasenderezaho umugisha wanjye kandi nkomeze kubasesekazaho imbaraga zanjye mu buryo budasanzwe, kugira ngo mukomeze gutsinda umwanzi kandi mukomeze gutsiratsiza ibitero bibisha bye byose aho biva bikagera; dukomezanyije rero mu njyana y’urugamba kandi dukomeje ibikorwa bidasanzwe muri mwe ndetse no mu Kiremwa Muntu cyose aho kiva kikagera kuko dukomeje kugaragaza urukundo rwacu mu buryo budasanzwe, kandi tukaba dukomeje kugaragaza ububasha bwacu hirya no hino mu Isi ndetse no mu Kiremwa Muntu mu gukomeza kuvuguruza umwanzi kandi mu gukomeza kuvugurura Isi ndetse n’abayituye tuyishyira mu rukundo rw’Imana uko bikwiriye kandi tuyishyira mu gushaka kwa DATA uko bikwiriye.

Dukomeje rero kugendana namwe mu bikorwa bidasanzwe cyane cyane kuri uyu munsi ukomeye kandi kuri uyu munsi udasanzwe twaje kurwananaho namwe urugamba kandi twaje gutabara ndetse no kurushaho kurengera benshi bugarijwe n’umwanzi mu buryo bukomeye, tukaba twaje kurwanya ikibi muri Mwene Muntu kandi tukaba twaje gutegura imitego yose umwanzi akomeje gutega mu rugendo rwa benshi bagana Imana, dukomeje rero kwigaragaza mu mbaraga zacu zidasanzwe kandi dukomeje kwigaragaza mu bikorwa byacu bya gitwari mu gukomeza gucyaha kandi mu gukomeza kujujubya umwanzi twivuye inyuma, kuko turi mu mutsindo udakuka wa DATA kandi tukaba turi mu mutsindo ukomeye wa DATA, dukomeje rero kugendana mu rugendo rwanyu kandi dukomeje kugendana ku rugamba rwanyu rwa buri munsi, kugira ngo dukomeze kubategurira imitego y’umwanzi mu mayira kandi dukomeze kugenda tubiyambikira imbaraga ndetse n’ububasha bidukomokaho kugira ngo umutsindo wacu n’uwa DATA ukomeze kugaragarizwa mu buzima bwanyu bwa buri munsi.

Nimugire ibihe byiza turi kumwe ndabakunda, ndabashyigikiye Ntore za DATA kandi bana banjye nshyigikiye nimugume ku rugamba kandi mukomeze gushikama, kuko nanjye naje kubafasha kurwana urugamba kandi nkaba naje kubasendereza imbaraga ndetse n’ububasha bibafasha gutsinda ndetse no gushikamira umwanzi mwivuye inyuma; turi kumwe rero ku rugamba rwanyu, ntabwo muri mwenyine kandi ntabwo muzatsindwa, ahubwo umutsindo wacu nukomeze kugaragarira muri mwe kandi nukomeze kumvikanira mu buzima bwanyu bwa buri munsi, nanjye mbahaye umutsindo wanjye kandi mbahaye ububasha bwanjye kugira ngo iteka ryose buhore bwigaragariza mu bikorwa byanyu bya buri munsi; ngaho nimukomere kandi murusheho kujya mbere mu rukundo rwa DATA, nimurusheho gukataza mu gukora icyiza kandi nimurusheho kwereka Isi ndetse n’abayituye ko muri mu rumuri rwa DATA mu buryo budasubirwaho kandi muri mu mutsindo we mu buryo budasanzwe, natwe turahari mu kubarwanaho ndetse no kurushaho kubashyigikira, kugira ngo koko mukomeze gutera imbere kandi mukomeze kwagukira imirimo ikomeye ya DATA; mbifurije umunsi mwiza kandi ndabakomeje ndabashyigikiye mbambitse imbaraga zanjye, nimwakire umugisha wanjye wa kibyeyi ubashyigikira kandi ubakomeza mu bikorwa bidasanzwe kuri uyu munsi, nanjye nkomeje kubana namwe kandi nkomeje kugendana namwe mu bikorwa bidasanzwe nkomeje gukorana namwe.

NIMUGIRE IBIHE BYIZA TURI KUMWE NDABAKUNDA, MBIFURIJE KUGUBWA NEZA KANDI MBIFURIJE GUKOMERA, NDI MALAYIKA RAFAYELI, AMAHORO AMAHORO.

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *