UBUTUMWA BWA MALAYIKA RAFAYELI, TARIKI YA 24 GICURASI 2025

Amahoro y’Imana nabane namwe Nshuti bavandimwe banjye nkunda kandi nshyigikiye, nifatikanyije namwe kuri uyu munsi ndi Malayika Rafayeli ubakunda cyane kandi uhora ubateteshereza mu gituza cyanjye, kugira ngo koko muharonkerezwe ibyishimo bihoraho kandi murusheho kwambikirwamo imbaraga zikomeye, kuko nkomeje guhobera buri wese mu rukundo rwanjye kandi nkaba nkomeje kubahobera mu muhoberano wanjye mutagatifu nkomeje gusanganiza Ibiremwa byose aho biva bikagera, kugira ngo mbyambike urukundo ruhoraho kandi mbihe umugisha wanjye wa kibyeyi, ubikomeza kandi ubishyigikira mu bikorwa bya buri munsi.

Namwe rero Ntore z’Imana dukunda ndabakomeje igitondo nk’iki ngiki kandi mbahaye urukundo rwanjye mu buryo buhoraho kugira ngo ruhore iteka rwigaragariza mu buzima bwanyu, bityo rurusheho gutsinda ikibi muri Mwene Muntu kandi icyo umwanzi cyose yahagurukije mu buzima bw’Ikiremwa Muntu kirusheho gutsiratsirishwa ubwo bubasha mukomeje gukomora muri njye kandi mukomeje gukomora muri DATA uko bwije n’uko bukeye; naje kwifatikanya namwe kandi naje kugendana namwe kuri uyu munsi udasanzwe w’ibikorwa byanjye na DATA, kugira ngo koko ndusheho kubagaragarizamo umutsindo wanjye n’uwa DATA bityo mbahe imbaraga kandi mbahe ubutwari, gukomera ndetse no gukataza kuri buri wese, kugira ngo koko ibyinshi dukomeje kugaragariza mu buzima bwanyu bwa buri munsi birusheho kwigaragariza no hirya no hino mu Isi, mu kuvugurura kandi mu guhindura amateka akomeye mu buzima bw’Ikiremwa Muntu.

Dukomezanyije rero injyana y’urugamba kuri uyu munsi kandi dukomeje kugendana na buri wese muri mwe, kugira ngo ndusheho kumuha imbaraga kandi ndusheho kumuha ubutwari, gukomera ndetse no gukataza kuko koko naje kubambika kuri uyu munsi kandi nkaba naje kubaha ingabire ndetse n’ingabirano mu buryo bw’agatangaza, kugira ngo murusheho gushyigikirwa mu rugendo rwanyu; nimuhumure turi kumwe ndabakomeje kandi ndabashyigikiye muri buri kimwe cyose, kuko ari njye ubaha imbaraga kandi nkabaha gukomera ndetse no gukataza mu rukundo rw’Uhoraho Imana, nta na kimwe rero muzamburana kandi nta na kimwe muzabura mumfite, kuko nganje rwagati yanyu kugira ngo nkomeze kubaronsa imbaraga ndetse n’ububasha binkomokaho, bityo iteka ryose namwe muhore muhihibikanira ikiri icyiza mu buzima bwanyu bwa buri munsi, nk’uko nkibatoza kandi nk’uko dukomeje kukibatoza nk’Ijuru ryose, nimurusheho rero namwe kugaragara nk’abatowe kandi bagatozwa n’Ijuru ryose, kuko koko ikiri icyiza dukomeje kukibatoza uko bwije n’uko bukeye, bityo ikiri ikibi cyose tukaba dukomeje kukibahungisha aho kiva kikagera, namwe rero muririnde kucyishyira nkana kandi muririnde kwikururira umwanzi mubizi kandi mubishaka, kuko koko dukomeje kubashyiraho uburinzi bwacu mu buryo buhoraho kandi mu buryo budasanzwe, kuri buri wese tugahora tumucungiye umutekano kandi tugahora bugufi ye, kugira ngo dukureho ikizira cy’umwanzi kandi dukureho umwanda wose aho uva ukagera, bityo uducafu tw’umwanzi twose tukaba dukomeje kudukura ku buzima bw’Ikiremwa Muntu, kuko koko twururukiye kurwanana namwe urugamba, kandi tukaba twaraje gutabarana ingoga Mwene Muntu wese aho ava akagera, cyane cyane abo bose bashaka kwibohora mu buryo bwo kwanga icyaha kandi mu buryo bwo kuzinukwa ikibi cyose aho kiva kikagera, ariko kandi intege nke za Muntu zikanga zikabananiza, abo bose twaje kubaramiza urukundo rwacu kandi twaje kubabohora mu buryo bukomeye, nimukomeze rero kuba maso kugira ngo dukorane imirimo ndetse n’ibitangaza cyane cyane kuri uyu munsi, kugira ngo dutsindire bose kandi dutsindire hose mu rukundo rwacu ruhoraho, kuko koko twaje kuvugurura kandi tukaba twaje kuganza umwanzi twivuye inyuma.

Mbambitse imbaraga rero igitondo nk’iki ngiki zibafasha kujya ku rugamba kandi mbambitse imbaraga zibafasha kurinda kuri buri wese kandi zimufasha gucungirwa umutekano ndetse na we akabasha gucungira abandi umutekano, kuko koko mwashyizwe nk’abasirikare ku rugamba kugira ngo murwane kandi mutsinde umwanzi ibitego, ni ngombwa rero kuba maso kandi ni ngombwa guhagarara gitwari kuri buri wese, bityo mukarasa umwanzi kandi mukamugaragariza ko ari nta jambo abafiteho, kandi ko ari nta jambo afite mu Isi ndetse no mu Kiremwa Muntu cyose aho kiva kikagera; mwaratowe rero kandi mutoranywa n’Ijuru ryose, kugira ngo muhagaragarire benshi ku rugamba rwabo rwa buri munsi, cyane cyane abo bose batabasha kwirwanirira kandi abo bose batabasha kwitabariza ububasha bw’Ijuru kugira ngo buze bubarengere kandi bubatabare mu bihe bigoye kandi mu bihe bibananije ntibabashe koko kubona ubwo buvunyi ndetse n’uburengezi bw’Uhoraho Imana.

Ni ngombwa rero kumenya kubahagararira ku rugamba uko bikwiriye kandi ni ngombwa kumenya kubatabariza muri buri kimwe cyose kugira ngo koko barusheho guhabwa izo mbaraga kandi barusheho kurengerwa n’ububasha bwacu budukomokaho, kuko natwe twururutse nk’abamalayika ndetse n’abatagatifu kugira ngo dukomeze gufasha Mwene Muntu gutsinda Isi ndetse n’abayituye kandi dukomeze kumuvugururamo imbaraga zikomeye kandi dukomeze kumugabira ububasha bushya budukomokaho kuko twururukanye imbaraga zikomeye kandi tukaba twururukanye ububasha butangaje mu Isi ndetse no mu Kiremwa Muntu kugira ngo turusheho gushyigikira benshi mu Isi, kandi turusheho gushyigikira byinshi mu Isi.

NIMUKOMERE RERO NDABAKOMEJE KANDI MBAMBITSE IMBARAGA Z’URUKUNDO RWANJYE, AMAHORO TURI KUMWE NDABAKUNDA NDI MALAYIKA RAFAYELI UBAKUNDA CYANE, AMAHORO AMAHORO GUKOMERA NDETSE NO GUKATAZA TURI KUMWE NDABAKUNDA, NDABASHYIGIKIYE NTORE ZA DATA DUTARAMANYE, AMAHORO KUGUBWA NEZA TURI KUMWE NDABAKUNDA, AMAHORO AMAHORO.

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *