UBUTUMWA BWA MALAYIKA RAFAYELI, TARIKI YA 22 GICURASI 2025

Mbakomejemo imbaraga zanjye Ntore za DATA dutaramanye, mbifurije kugubwa neza mu rukundo rwanjye n’urwa DATA, ndi Malayika Rafayeli ubakunda cyane; nimugire ibihe byiza gukomera ndetse no gukataza kuri buri wese turi kumwe, turataramanye kandi ndabashyigikiye mu bikorwa by’urugamba kuri uyu munsi, kuko nkomeje kubakomeza ndetse no kongera kubongeramo imbaraga zidasanzwe cyane cyane kuri uyu munsi, kuko naje gutabarana namwe ingoga kandi nkaba naje kurwanana namwe urugamba mu buryo budasubirwaho, kugira ngo koko turusheho guhigika umwanzi kandi turusheho kwegezayo ibitero bye bibisha aho biva bikagera; ndi kumwe namwe rero mu bikorwa nk’ibi ngibi, nimwakire imbaraga zanjye kandi nimwakire ububasha bwanjye, bubavugurura kandi bubashyigikira mu minsi mibi kuko naje kubambika imbaraga mu buryo bw’agatangaza kandi nkaba naje kuvomerera roho zanyu mu buryo bukomeye, kugira ngo koko murusheho kugira ireme mu by’Ijuru kandi murusheho koko kurindwa ndetse no gucungirwa umutekano mu bubasha bwacu kandi mu mbaraga zacu dukomeje kururukiriza muri mwe uko bwije n’uko bukeye, kuko zikomeje kubafasha gutsinda Isi ndetse n’abayituye kandi zikaba zikomeje kubafasha kwitagatifuza koko mu buryo bwuzuye; kuri buri wese rero niyakire kuko hari byinshi nabazaniye cyane cyane kuri uyu munsi naje gutaramanaho namwe mu buryo bw’agatangaza, kugira ngo ducyahe umwanzi kandi turusheho kumwirukana mu Isi ndetse no mu Kiremwa Muntu.

Ngaho nimukomeze kujya mbere murakunzwe kandi murashyigikiwe kuko Ijuru ryose twururutse, kugira ngo turwanane urugamba kandi turusheho koko kubageza ku mutsindo nyakuri w’Uhoraho Imana, kuko aganje mu buzima bw’Ikiremwa Muntu kandi akaba akomeje kwigarurira ababizi ndetse n’abatabizi, ababishaka ndetse n’abatabishaka kuko ububasha bwe aho buva bukagera bugera kuri bose kandi bukagera hose nta na kimwe gisigajwe inyuma; turi kumwe rero mu njyana y’urugamba kuri uyu munsi kandi turi kumwe mu bikorwa bidasanzwe kuri uyu munsi, kuko dukomeje kubacyahira umwanzi kandi tukaba dukomeje guhinda ibikorwa bye bibi kandi bibisha aho biva bikagera, kugira ngo koko turinganize ikiri icyiza muri Mwene Muntu kuko integuro yanjye na DATA ikomeye kandi ikaba ikomeje, bityo mu buzima bw’Ikiremwa Muntu cyose aho kiva kikagera tukaba dukomeje kugenda tuhagaragariza imbaraga z’ububasha bwacu bukomeye, kugira ngo koko buri wese aho ava akagera akomeze kwakira urukundo rudukomokaho kandi arusheho kwakira imbaraga z’agatangaza dukomeje kururutsa uko bwije n’uko bukeye.

Nimwakire rero kuko mwashyiriweho kwakirira benshi mu Isi kandi nimwakire ibyiza twabazaniye nk’Ijuru ryose kuko twaje kugendana namwe kandi tukaba twaje gutaramana namwe mu buryo bukomeye, kugira ngo koko turusheho kugeza benshi ku mutsindo wa DATA kandi turusheho guhungisha benshi umwanzi mu buryo bukomeye kuko hari benshi akomeje kwibasira kandi hakaba hari benshi akomeje kugenda atesha umurongo wo gukora icyiza bityo bakototera ikibi cye kandi bakagendera mu nzira ze bibwira ko inzira banyuramo ari inzira nziza kandi Uhoraho Imana akomanga kandi agakomangira buri wese, kugira ngo amuvugurure kandi amwereke inzira ikwiriye kandi itunganye, ariko kenshi  na kenshi benshi barangwa no kwica amatwi kandi bakarangwa no guhigika Ijambo rya DATA bityo bakakira ibidafite umumaro mu matwi yabo, ni ngombwa rero kumenya gutega amatwi kandi ni ngombwa kumenya gushishoza kuri buri wese kandi kuri buri Kiremwa cyose kuko twaje gutegura kandi tukaba twaje kuburira buri Kiremwa cyose aho kiva kikagera, kugira ngo gihinduke kandi gihindukirane ingoga bityo ububasha bwa DATA bwururukiye Isi yose muri rusange kandi bwururukiye Mwene Muntu aho ava akagera, butagira n’umwe buhutaza kandi butagira n’umwe bukoma mu nkokora, ahubwo nimugaruke bwangu Ntore z’Imana dukunda kuko nkomeje kubaburira ibihe ndetse n’imburabihe, kandi nkaba nkomeje kubategura ari nako nkomeza kubateguza amaza y’Uhoraho mu buzima bw’Ikiremwa Muntu; nimuhinduke kandi muhindukire inzira zikigendwa kuko ibi bihe ari ibihe bikomeye byo gusenyera umwanzi mu buryo budasubirwaho kandi akaba ari ibihe byo gukura mu mayira cyane cyane ibyo umwanzi akomeje kubiba muri Mwene Muntu, tukaba twaje rero gutandukanya ikibi n’icyiza kandi tukaba twaje guhagarika ibikorwa by’umwanzi mu buryo bukomeye, kugira ngo koko icyiza DATA akomeje gusesekaza muri Mwene Muntu gikomeze kugira ireme n’agaciro mu buzima bw’Ikiremwa Muntu.

Ndabakunda cyane rero kandi ndabashyigikiye Ntore z’Imana dukunda, nimukomeze kwenyegeza ikibatsi cy’urukundo mu Isi ndetse no mu bayituye kuko twaje kurwanana namwe urugamba kandi tukaba twaje gutabarana namwe ingoga mu buryo bukomeye, kugira ngo Mwene Muntu wese aho ava akagera arusheho kwakira urukundo rudukomokaho, kandi arusheho kwakira amahoro y’igisagirane, kuko ari igihe cyo kuyatanga kandi akaba ari igihe cyo kuyasesekaza muri Mwene Muntu, kugira ngo avugururwe kandi ahindurwe bundi bushya mu buryo bw’agatangaza, niyo mpamvu rero twururukanye imbaraga zikomeye kuri uyu munsi, kugira ngo twifatikanye ku rugamba rwo gutabara ndetse no gusukura Isi muri rusange, kugira ngo ikibi cyose aho kiva kikagera kibashe gukurwa mu mayira kandi kibashe gukurwa muri Mwene Muntu kuko dukomeje guhigikisha ububasha bwacu ikibi cyose aho kiva kikagera, kandi tukaba dukomeje gutanga imbaraga cyane cyane ku bemera kwitandukanya n’ikibi cyose aho kiva kikagera, kugira ngo koko bakire ububasha budukomokaho kandi bakire imbaraga zo gutsinda ndetse no guhashya ikibi cyose aho kiva kikagera.

Ndabakunda rero kandi ndabazirikana, nimwakire urukundo rwanjye kandi nimwakire imbaraga zanjye kugira ngo zihore zibasendereye kandi ububasha bwanjye buhore bubavugurura aho muri hose buhore bubiyambika cyane cyane mu mirimo yanyu ya gitumwa kugira ngo murusheho guhindura Isi ndetse n’abayituye kandi murusheho kugeza benshi ku mutsindo wa DATA, nanjye turi kumwe mu bikorwa kuri uyu munsi kandi nifatikanyije namwe muri byose, nimukomere mu rugendo turi kumwe ndabashyigikiye kandi mbambitse imbaraga mu buryo bw’agatangaza, kugira ngo koko mukomeze kurindirwa muri njye kandi mukomeze gusabagizwaho amahoro y’igisagirane ankomokaho.

NIMUGIRE AMAHORO TURI KUMWE NDABAKUNDA NDI MALAYIKA RAFAYELI, MBIFURIJE UMUNSI MWIZA GUKOMERA NDETSE NO GUKATAZA KURI BURI WESE, TURI KUMWE NDABAKUNDA, AMAHORO UMUNSI MWIZA TURI KUMWE TURATARAMANYE KANDI TWIFATIKANYIJE MU BIKORWA BYANYU BYA BURI MUNSI, KUGIRA NGO KOKO TURUSHEHO KUBAGEZA KU MUTSINDO UHORAHO IMANA ABATEGURIRA KANDI YABATEGANYIRIJE KURI UYU MUNSI; AMAHORO AMAHORO, IBIHE BYIZA GUKOMERA NDETSE NO GUKATAZA KURI BURI WESE, TURI KUMWE NDABAKUNDA, AMAHORO AMAHORO.

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *