UBUTUMWA BWA MALAYIKA RAFAYELI, TARIKI YA 14 MATA 2025

Mbambitse imbaraga zanjye kandi ndabakomeje mu buryo bw’ukwemera ndetse n’ukwizera, ndi Malayika Rafayeli ubashyigikiye kandi ukomeje kubakomereza intambwe muri buri kimwe cyose, ngaho rero nimukomeze kwishima kuko ntaramanye namwe kandi nkaba naje kugendana namwe muri ubu buryo, kugira ngo nshyigikire buri wese muri mwe kandi mukomeze mu bikorwa byanjye na DATA, kandi mbahe imbaraga zanjye kugira ngo zibasenderere kandi zibasakareho aho muri hose; ndabashyigikiye Ntore z’Imana kandi Biremwa bya DATA dukunda aho muri hirya no hino, kuko mbafashe ikiganza kandi nkaba nkomeje kubashyigikira mu rukundo rukomeye rw’Uhoraho Imana, kuko koko naje kubasabanisha n’Ijuru ryose kandi nkaba naraje kugendana namwe mu bikorwa bya buri munsi kugira ngo nkomeze kubaha umutsindo wanjye kandi nkomeze kubagaragarizamo imirimo ikomeye yanjye na DATA, bityo ibikorwa byacu birusheho kuba ingiro mu buzima bwanyu bwa buri munsi; turi mu ruhande rwanyu rero kandi duhagaze mu mwanya w’ababarwanya kugira ngo dukumire kandi turusheho kubarinda ikibi ndetse n’igisa nacyo, ari nako dukomeza gutesha agaciro imyambi ya Nyakibi aho iva ikagera kandi tukaba dukomeje kumwambura ijambo mu buryo bukomeye cyane cyane abo yashaka kwigarurira kandi abo bose yashakaga kugiraho ijambo, abo bose dukomeje kumwima ububasha ndetse n’uburenganzira, kuko ari nta jambo abafiteho kandi akaba ari nta bubasha na buto abafiteho.

Turahari rero turaganje kuko DATA yemeye ko tuza kubana namwe kandi akemera ko tuza gutaramana namwe muri ubu buryo, kugira ngo dukomeze kubashyigikira kandi dukomeze kubayobora mu gikwiriye kandi igitunganye, bityo rero umugisha wanjye ukaba ubahoraho, kandi urukundo rwanjye rukaba rudahwema kubigaragariza ibihe byose, mu kubaha urukundo rushyitse kandi mu kubaha umugisha wanjye wa kibyeyi ubaha gutandukanya ikibi n’icyiza mu buzima bwanyu bwa buri munsi; ngaho rero nimukomeze kwakira ibyo byiza by’agatangaza nabazaniye kuri uyu munsi kandi nimukomeze kwakira imbaraga mbasesekazaho uko bwije n’uko bukeye kugira ngo zihore zihinda ikibi muri Mwene Muntu kandi zihore zikuraho ikibi cy’umwanzi aho kiva kikagera, kuko mbahaye ubwo bubasha bwo gutsinda ndetse no gutsiratsiza ububasha bwa Nyakibi aho buva bukagera; nanjye ndahari rero kandi ndabakomeje, ndabashyigikiye muri ibyo bikorwa bya buri munsi kuko koko nkomeje kubagaragarizamo umutsindo wanjye na DATA kandi ngahora iteka nigaragariza muri mwe, mu mirimo ikomeye kandi mu bikorwa bihambaye nkomeje gukorana namwe.

Nimwishime munezerwe rero kuko mutari mwenyine muri uyu murimo kandi mukaba mutari mwenyine muri ibi bikorwa mwahamagariwemo n’Ijuru ryose,  kuko twaje kubana namwe kandi tukaba twaraje kugendana namwe kugira ngo turusheho kurangiza byinshi mu Isi, kandi turusheho kurangiza byinshi mu mibiri yanyu; ngaho rero nimubereho kwakira imbaraga nshya tubagenera uko bwije n’uko bukeye kandi nimubereho kwakira ibyiza tubagabira haba kuri roho zanyu ndetse no ku mibiri, kuko iteka ryose twururutsa ibikorwa bikomeye kandi tukururutsa imbaraga nshya, kugira ngo koko mubereho kwakirira bose cyane cyane ku bari hirya no hino bose batabasha kwiyakirira imbaraga, akaba ari mwe rero mugomba kuzibaronsa kandi akaba ari mwe mugomba kubabera ku rugamba uko bikwiriye.

Ndabakunda rero kandi nkomeje kubashishikariza ibi bikorwa bikomeye Uhoraho Imana yabatoreye kandi yabashyizemo kuri buri wese, atagendeye ku isura cyangwa se igihagararo cya Muntu ahubwo ari ukubera urukundo rwe, rwemeye kwisesurira buri Kiremwa cyose kugira ngo koko kirusheho kumumenya kandi kirusheho gusobanukirwa uwo ari we mu buryo bwuzuye; harahirwa rero abamumenye kandi harahirwa abo yahaye ibyo byiza bakakira kandi bakarushaho gusobanukirwa icyo abifuzaho, abo bose barahirwa kuko bahiriwe koko kandi bakakira neza iyo Ngoma y’Imana yari ije muri bo kandi yari izaniwe abantu mu buryo butandukanye; ngaho rero nimukomeze kugenda koko nk’abatwaye amabanga y’Imana bityo musigasire kandi murusheho kurinda ibyo byiza mwagejejweho n’Uhoraho Imana, nanjye turi kumwe kugira ngo nkomeze kubashyigikira kandi nkomeze kubafata ikiganza, nkomeze gutaramana namwe kandi nkomeze kugendana namwe mu buryo bugiye butandukanye; kuri uyu munsi rero udasanzwe naje kubakomeza kandi naje kubafasha gutangirana namwe icyumweru gihire kandi gitagatifu, kugira ngo nkomeze kubahaza imbaraga ndetse n’ububasha binkomokaho, by’umwihariko nkomeza kwita kuri roho zanyu kugira ngo koko zirusheho kwakira Ibyiza by’Ijuru; ngaho nimube maso kandi nimukomere ku rugamba, nanjye ndabakomeje kandi ndabashyigikiye ku bikorwa bya buri munsi, kuko ndi kumwe namwe nk’umurinzi kandi nk’umurengezi w’ubuzima bwanyu bwa buri munsi.

Nimugire ibihe byiza turi kumwe turataramanye, ndi Malayika Rafayeli ubakunda cyane, amahoro amahoro Ntore za DATA kandi nshuti bavandimwe banjye, ndabakunda kandi ndabaramukije mu rukundo rwanjye na DATA, ngira nti “Amahoro amahoro, naganze mu mitima yanyu kandi nakomeze kubaha kunsanga ndetse no kurushaho kumenya mu buryo bwimbitse”.

AMAHORO AMAHORO TURI KUMWE NDABAKUNDA, NDI MALAYIKA RAFAYELI, AMAHORO AMAHORO.

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *