UBUTUMWA BWA MALAYIKA RAFAYELI, TARIKI YA 22 NYAKANGA 2025
Ndabakomeje kandi ndabashyigikiye Biremwa bya DATA kandi bana b’Umusumbabyose dutaramanye, mbifurije umunsi mwiza kugubwa neza kuri buri wese, turi kumwe ndabakunda ndi Malayika Rafayeli ubakunda cyane, nimugire ibihe byiza mbahaye gukomera kandi mbahaye byose mu rukundo rwanjye kuko mfunguriye imigisha muri mwe kandi nkaba mfunguriye imbaraga zisesuye mu mibiri yanyu kugira ngo zikomeze kwigaragariza hirya no hino ku Isi, mu guhindura byose kandi mu guhindura bose mu rukundo rwacu kuko koko hari urugendo dukomeje gukorana uko bwije n’uko bukeye, kandi hakaba hari byinshi dukomeje gukorana mu buryo bwa bucece; nimukomeze rero kujya mbere kandi nimukomeze kwishimira uwo mutsindo wa DATA uhora iteka wigaragariza muri mwe kandi ugahora iteka wigaragariza mu mibiri yanyu, kuko koko hari urugendo twatangiranye bityo akaba ari njye uzabaha kurusoza ndetse no kurusohoza amahoro, kuko nabahawe na DATA kandi mugatorwa mu mbaga itabarika y’abari mu Isi, kugira ngo tugendane kandi kandi dukorane injyana ikomeye koko y’urugamba muri ibi bihe, kuko koko hari byinshi nkomeje gukorera muri mwe kandi hakaba hari byinshi nkomeje kuzuriza mu mibiri yanyu uko bwije n’uko bukeye.
Nimukomeze rero kwakira izo mbaraga zihinda kandi zigahindura byose mu rukundo rwa DATA kuko yabizigamiye mu gihe nk’iki ngiki kugira ngo muzakorane byinshi kandi byiza, kandi muzakorane imirimo ndetse n’ibitangaza bigiye bitandukanye; arahari rero araganje mu buzima bwanyu kuko akomeje guturana namwe mu rukari rwe mu buryo budasubirwaho, kugira ngo akomeze kubakoreramo byinshi cyane kandi akomeze kuzuriza byinshi mu mibiri yanyu, bityo mutagatifuzwe kandi murusheho gutagatifuza Isi ndetse n’abayituye mu mirimo ikomeye kandi mu bikorwa bihambaye akomeje gukorana namwe iteka ndetse n’iteka, bityo akaba ari kumwe namwe ku rugamba kandi akaba abahagarariye nk’intwari yatsinze bityo akaba akomeje guhora iteka atsindira muri mwe kandi akaba akomeje guhora iteka yigaragariza hirya no hino mu ntsinzi ye idasanzwe kandi mu bubasha bwe butavogerwa, ku bw’imirimo akomeje gukorera muri mwe kandi ku bw’ibikorwa akomeje gukorana namwe uko bwije n’uko bukeye.
Dukomeje rero kubambika imbaraga kandi akomeje kubambika ububasha bukomeye, kugira ngo koko namwe murusheho kuba inkingi ihamye kandi ikomeye koko, bityo mukurizeho namwe gukomeza abandi cyane cyane abari hirya no hino ku Isi, badigadiga mu kwemera kwabo bityo ntibabashe guhamya ibirindiro hamwe, ahubwo iteka ryose imitima yabo igahora ijajanganya kubera umwanzi kuko akomeje kubasumbiriza uko bwije n’uko bukeye, ariko kandi turahari kugira ngo dukomeze kwifatikanya mu kurengera Mwene Muntu wese aho ava akagera ukomeje kujujubywa n’umwanzi aho ava akagera, kandi turahari kugira ngo dukomeze kwifatikanya mu kurwanirira Mwene Muntu, mu kurengera roho nyamwinshi ndetse no kurushaho kuzirinda ndetse no kuzicungira umutekano mu buryo bwimbitse, kuko dukomeje kugendana na buri wese muri mwe mu njyana y’urugamba dukomeje gukorana uko bwije n’uko bukeye kugira ngo dutsinde byose kandi dushyirane byinshi ku murongo, twifatikanyije muri urwo rugendo kandi twifatikanyije muri urwo rugamba, nta na kimwe rero kigomba kutunanira kandi nta na kimwe tutagomba gushyira mu bikorwa nk’uko DATA yabyifuje kandi yabishatse ko tugendana mu gihe nk’iki ngiki.
Ngaho rero nimwakire intwaro z’urumuri kugira ngo muzikindikize aho muri hose, bityo muhore murwanirira Isi ndetse n’abayituye kandi muhore murwanya umwanzi mwivuye inyuma; oya nta jambo kandi nta bubasha agomba kubagiraho na busa, kuko ububasha bwo kumurwanya ndetse no kumutsindisha imbaraga muzikomora muri Uhoraho bityo na we agahora abatera ubutwari kandi agahora ababereye ku rugamba, kugira ngo koko murusheho gutsinda kandi murusheho kurwanirira bose mu rukundo rwe; ngaho rero nimukomeze kujya mbere, murakunzwe kandi murashyigikiwe kuko koko ububasha bw’Uhoraho Imana bukomeje kugaragarizwa iteka muri mwe.
AMAHORO NDI KUMWE NAMWE NDABAKUNDA MBIFURIJE UMUNSI MWIZA, KANDI UMUNSI MWIZA W’IBIKORWA BY’UHORAHO IMANA MU BUZIMA BWANYU BWA BURI MUNSI; AMAHORO AMAHORO NDI KUMWE NAMWE NDI MALAYIKA RAFAYELI UBAKUNDA CYANE, AMAHORO AMAHORO.