UBUTUMWA BWA MALAYIKA RAFAYELI, TARIKI YA 17 GICURASI 2025

Amahoro y’Imana nabane namwe nshuti bavandimwe banjye dutaramanye, mbifurije umunsi mwiza kugubwa neza kuri buri wese turi kumwe ndabakunda, ndabashyigikiye kandi ndabazirikana mu bikorwa bya buri munsi, kuko nkomeje kubaha imbaraga z’ububasha bwanjye kugira ngo iteka ryose zihore ziganje mu mibiri yanyu, kandi zihore zigaragariza mu buzima bwanyu bwa buri munsi; ndi kumwe namwe rero mu bikorwa bidatsindwa kandi ndi kumwe namwe mu bikorwa by’urugamba bya buri munsi, ndi Malayika Rafayeli ubarwanirira kandi ubaha gutsinda kakahava muri byose, nimwakire imbaraga zanjye rero kandi nimwakire urukundo rwanjye kugira ngo ruture kandi rusenderere mu mitima yanyu, bityo iteka ryose muhore muhihibikanywa narwo cyane cyane mu gukorera Ingoma ya DATA, kandi mu kurushaho kutumenya ndetse no kudusobanukirwa mu buryo bwimbitse; nifatikanyije namwe muri byose kuko naje kubasobanurira ibidasobanutse kandi nkaba naraje kubakomeza mu rugendo rwanyu rwa buri munsi kugira ngo murusheho gushyigikirwa kandi murusheho kurindwa n’ububasha bwacu; turahari rero turaganje kuko inteko y’abamalayika ndetse n’abatagatifu iganje muri mwe kandi ikaba iganje mu buzima bwanyu bwa buri munsi, kugira ngo mukomeze kugendana kandi dukomeze kugendana namwe mu bikorwa bya buri munsi, kandi mu bikorwa bidatsindwa kuko koko muri mu mutsindo wa DATA, ni yo mpamvu nta na kimwe kigomba kubananira kandi nta na kimwe kigomba kubananiza, ahubwo nimuhore mushikama mwakira imbaraga tubaha kandi mwakira ububasha tubabuganirizamo uko bwije n’uko bukeye, kuko koko dukomeje kubaha imbaraga zacu kandi tukaba dukomeje kubaha ububasha ndetse n’ubushobozi budukomokaho, kugira ngo namwe mubashe gushobozwa byose mu rukundo rwanjye na DATA.

Nifatikanyije namwe nimukomere kandi mukomeze urugendo kuko mbabumbiye hamwe kandi nkaba mbashyigikiye mu rukundo rwanjye ruhoraho, kugira ngo mukataze kandi murusheho gukomera kuri buri umwe umwe, kuko mbahurije hamwe mu mbaraga zanjye zidatsindwa kandi mu bubasha bwanjye butavogerwa, kugira ngo mukomeze guhazwa ibyiza by’agatangaza cyane cyane kuri uyu munsi, kuko hari byinshi nururukije mu buzima bwanyu bwa buri munsi, kandi hakaba hari byinshi nkomeje kubategurira uko bwije n’uko bukeye; nimwakire imbaraga zidatsindwa kuko naje kuzibabuganirizamo kandi nkaba naje kubabuganirizamo ububasha bukomeye bubafasha koko gukomeza urugendo nta kibagamburuje kandi bubafasha gukomeza gutatanya imigambi ya Nyakibi yose aho iva ikagera, kuko ari ibihe bidasanzwe byo gukomeza kugaragariza umwanzi ko ari nta jambo afite kandi ari nta bubasha afite mu Isi ndetse no mu Kiremwa Muntu, bityo imbaraga ze tukaba dukomeje kuzirukana kandi tukaba dukomeje kuziganjisha icyiza dukomeje gukwirakwiza hirya no hino ku Isi kugira ngo abari maso bakire izo mbaraga kandi bakire ibyo byiza dukomeje kubasesekazaho uko bwije n’uko bukeye.

Mwebwe rero mwahishuriwe byose kandi mwahawe amabanga y’Uhoraho mu buryo bwimbitse kuko mwasobanuriwe buri kimwe cyose kandi mugasobanurirwa iby’Ingoma y’Ijuru mu buryo bw’agatangaza, nimubikomereho kandi mukomeze urugendo kuri buri kimwe cyose nta kibagamburuje, nanjye ndabashyigikiye kandi nkomeje kubavomerera imbaraga ndetse n’ububasha budukomokaho, kugira ngo bihore bishyigikiye buri wese mu rugendo rwe rwa buri munsi; erega dukomeje kwigaragariza hirya no hino mu Isi, tuvugurura kandi dutanga umugisha mu bemera bose aho bava bakagera, kugira ngo koko urukundo rwacu rutajorwa rurusheho kubigaragariza kandi turusheho kubagaragariza impuhwe ndetse n’imbabazi bya DATA kuko akomeje kubibuganiriza mu bari hirya no hino, bityo rero tukaba turi abahamya b’ibyo byiza bikomoka muri DATA, natwe tukaba dukomeje kubikwirakwiza mu batuye iyi Si bose kugira ngo koko barusheho kumumenya ndetse no kurushaho kumusobanukirwa byimbitse.

AMAHORO AMAHORO TURI KUMWE NDABAKUNDA, NKOMEJE KUBASHYIGIKIRA KANDI NKOMEJE KUBAKOMEREZA INTAMBWE MURI BURI KIMWE CYOSE RERO NAMWE NIMUKOMEZE KWISHYIRA KANDI MUKOMEZE KWIZANA, MU BIKORWA BY’UHORAHO KUKO YAFUNGUYE AMAREMBO CYANE CYANE KURI UYU MUNSI, KUGIRA NGO KOKO MUKOMEZE KWIDAGADURIRA MU RUKUNDO RWE; AMAHORO NDABAKOMEJE KANDI NDABASHYIGIKIYE MU BIKORWA BYANYU BYA BURI MUNSI NDI MALAYIKA RAFAYELI UBAKUNDA CYANE, AMAHORO AMAHORO.

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *