UBUTUMWA BWA MALAYIKA RAFAYELI, TARIKI YA 29 GICURASI 2025
Ndabaramukije mu rukundo rwanjye n’urwa DATA, ngira nti “Nimugire amahoro kandi nimukomeze umurava wo gukora icyiza, turi kumwe turataramanye ndi Malayika Rafayeli ubakunda cyane, nimugire ibihe byiza gukomera ndetse no gukataza, ndabakunda kandi ndabashyigikiye Ntore z’Imana kandi Biremwa by’Uhoraho Imana”; ndaganje ndi muri mwe iminsi yose kandi nifatikanyije namwe kuri uyu munsi mu buryo bw’urugamba rukomeye, kuko koko twaje kubambika imbaraga zikomeye kugira ngo zibafashe gutsinda imitego ya Nyakibi yose aho iva ikagera; nimwakire rero ubwo bubasha bubavugurura kandi bubakomereza intambwe mu minsi y’ubuzima bwanyu bwa buri munsi, kuko koko naje kubambika cyane cyane kuri uyu munsi w’agatangaza naje gukoranaho namwe imirimo ndetse n’ibitangaza bikomeye, kugira ngo dushyigikire benshi mu Isi kandi dukomeze intambwe z’abadandabirana, kuko dukomeje kwifatikanya n’Ikiremwa Muntu cyose aho kiva kikagera, kugira ngo koko turusheho gutsinda urwango ndetse n’ikibi umwanzi yabibye muri Mwene Muntu mu buryo bukomeye, bityo rero tukaba twaje kwifatikanya namwe mu bikorwa byo kurohora ndetse no gusukura Isi yose muri rusange kugira ngo koko hatsiratsizwe ikiri mu mwijima cyose aho kiva kikagera, bityo turusheho gutangaza urumuri rwacu nyakuri aho ruva rukagera, kuko koko dukomeje gusakaza imbaraga z’ububasha bwacu mu Isi ndetse no mu Kiremwa Muntu, kugira ngo koko turusheho gukangura benshi basinziriye mu kibi cy’umwanzi, kugira ngo barusheho guhinduka ndetse no guhindukirira koko urukundo rwacu mu buryo bukomeye, bityo barusheho kwitegura ibikorwa bya DATA kuko koko bije kandi bikaba byururukiye mu Isi muri rusange.
Abiteguye rero kandi abari maso nimuze tugende kuko naje kubabera ikiramiro, kandi nkaba naje kubabera igihozo muri byose, ari nako nkangurira buri Kiremwa cyose guhinduka ndetse no kurushaho kwisubiraho mu buryo budasanzwe, kugira ngo koko muri ibi bihe bikomeye kandi muri ibi bihe bidasanzwe dukomeje guteguraho Mwene Muntu kandi dukomeje kumuteguza mu buryo bukomeye, kugira ngo hatagira n’umwe ugwa mu mutego w’umwanzi; nkomeje rero kubarinda kandi nkomeje kubacungira umutekano ibihe byose, ngaho nimukomeze kwishyira kandi mukomeze kwisanga mu rukundo rwanjye kuko narubafunguriye kandi nkaba naje kubafungurira byinshi byiza cyane cyane kuri uyu munsi w’agatangaza naje gutaramanaho namwe kandi naje kugendanaho namwe mu bikorwa bidasanzwe, kugira ngo koko turusheho gufungura byinshi mu Isi kandi turusheho gusakaza imbaraga z’ububasha bwacu mu batuye iyi Si, bityo ari nako dukomeza gushyira benshi mu mutsindo wanjye n’uwa DATA, kugira ngo koko urumuri rw’Uhoraho Imana rubururukire kandi rurusheho kubamurikira mu buzima bwabo bwa buri munsi, kugira ngo koko babashe kurushaho gutandukanya ikibi n’icyiza.
Mwarahiriwe rero kuko tuza gutaramana namwe kandi tukaza kubagezaho amatangazo ya buri munsi y’iby’Ijuru, tukaza kubasobanurira mu buryo bwimbitse kandi kandi tukaza kubaha ku byiza by’Ijuru, kuko koko ibyo dukomora muri DATA ari byo tuza kubasanganiza kandi ibyo dukomora muri DATA nibyo tuza kubasendereza uko bwije n’uko bukeye, kugira ngo namwe koko mugire uruhare mu by’Ingoma y’Ijuru nk’uko mwatowe kandi mugatoranyirizwa ibi bikorwa, mu gihe nk’iki ngiki rero akaba ari igihe cyo kuronsa buri wese icyo yateguriwe kandi icyo yagenewe na DATA kuva kera na kare, akaba ari igihe cyo kwakira ibihembo ku babikoreye kandi akaba ari igihe cyo kwakira ibihano ku babikoreye kuko nyine n’ubwo dutanga imburo zacu za buri munsi kandi tugashishikariza benshi guhinduka ndetse no kwisubiraho, ntabwo ariko bose bakira impuruza yacu kandi ntabwo ariko bose bakira urukundo rwacu, niyo mpamvu rero umunsi w’Uhoraho wururukiye Isi ndetse n’abayituye kugira ngo koko habashe gutandukanywa intama ndetse n’ihene kuko koko abakoreye Uhoraho Imana mu buryo bwuzuye nta buryarya bazahorezwa iruhande rwa DATA mu buryo bukomeye bityo bagahabwa ibihembo bikomeye baruhiye, naho abanze kumva kandi abanze kumvira ijwi rya DATA nabo bakazahabwa ibihembo bakwiriye kandi bakazahanwa mu buryo bukomeye, kuko koko banze kumva bityo bakanangira umutima wabo nkana kandi bakagendera mu byiyumviro byabo ntibabashe kwakira urukundo rw’ab’Ijuru, kandi ntibabashe kwakira imburo ndetse n’impanuro tubagezaho uko bwije n’uko bukeye, abo bose baragowe kandi bariyimbire koko kuko koko uburakari bw’Uhoraho bubururukiye.
Nkomeje rero kubaburira bana banjye kandi Ntore z’Umusumbabyose, mwebwe mwese nkomeje kwiyegereza uko bwije n’uko bukeye, mwebwe mwese nkomeje gutaramana namwe uko bwije n’uko bukeye, nkomeje kubasanganiza urukundo rwanjye kugira ngo rubashyigikire kandi rukomeze kubabwiriza koko gukora icy’ingenzi mu buryo bwimbitse kandi mu buryo bwuzuye kuri buri wese kugira ngo koko abashe gutandukanya ikibi n’icyiza, bityo mu rugendo rwanyu mukatarize inzira nziza igana Imana kandi murusheho koko kwambara umwambaro w’ubutungane aho muri hose bityo muhore mubengerana ubutungane kandi muhore mubengerana koko urumuri rw’Uhoraho Imana kuko adahwema kurubasakazaho kandi akaba adahwema kurubasendereza aho muri hose, cyane cyane rero muri ibi bihe twiyiziye gutaramana namwe kandi muri ibi bihe twiyiziye kubana namwe ku buryo budasanzwe, tukaba twaraje koko kurushaho kubahumura amaso kugira ngo mubashe kubona kandi mubashe gukenga ikibi cy’umwanzi aho kiva kikagera bityo murusheho kugihungira kure, bityo mukomeze kwakira mu mibiri yanyu ububasha bwa DATA, bubavugurura kandi bubakomeza, bubabwiriza icyo gukora kandi buberekeza mu nzira nziza igana Imana; nimubwakire rero cyane cyane kuri uyu munsi kuko koko twabazabiye imbaraga zibavugurura kandi zibakomeza mu rugendo rwanyu rwa buri munsi, kugira ngo koko turusheho kubashyigikira kandi turusheho kubambika imbaraga nshya zikomeye dukomeje kururukiriza mu Isi ndetse no mu Kiremwa Muntu.
Mwebwe rero mwarahiriwe kuko tuza gutaramana namwe kandi tukaza rwagati yanyu, tugasabana namwe kandi tukaza kwivugira kandi tukaza gushyira mu ngiro ndetse no mu bikorwa, ibikorwa byacu muri mwe kugira ngo imbaraga zacu koko zisakazwe hose kandi ububasha bwacu butavuguruzwa bwumvikanire hirya no hino mu batuye iyi Si mu guhindura bose kandi mu kuvugurura bose bigendeye mu rukundo rwacu ruhoraho; ngaho rero nimwambare kandi muberwe kugira ngo mujye ku rugamba, kuko twaje kubambika kandi tukaba twaje kubatamiriza ubutore n’ubutoneshwe kuri buri wese, kugira ngo koko iteka ryose muhore muri intore iteka zizihiye DATA kandi muhore muri abakozi beza mu murima w’Uhoraho Imana; mwaratowe kandi muratoneshwa ni yo mpamvu ibihe nk’ibi ngibi dukomeza kuza kubigaragarizamo kandi tukaza gukorana imirimo ndetse n’ibitangaza bikomeye, kugira ngo hafashwe benshi mu Isi cyane cyane mu kubahindura bashya, ndetse no kurushaho kwisubiraho kuri buri umwe umwe kugira ngo koko Ingoma ya DATA irusheho kogezwa mu bantu ndetse no mu Isi hose muri rusange.
Mukomeje rero gufata iya mbere mu gutangaza iby’iyo Ngoma ya DATA kandi mu kuyimenyesha abayizi ndetse n’abatayizi, ni yo mpamvu natwe dukomeje kubafata ikiganza kugira ngo mudatsikira mu rugendo kandi tukaba dukomeje kubarandatisha imbaraga z’urukundo rwacu kugira ngo koko tubashe kubageza aheza aho mwateguriwe kandi aho mukomeje gutegurirwa uko bwije n’uko bukeye, namwe rero nimukomeze kongeramo imbaraga kandi murusheho gukataza kuri buri umwe umwe bityo mukomeze guterana inkunga mu rugendo nanjye turi kumwe kugira ngo nkomeze kubakomeza kandi nkomeze kubambika imbaraga z’urukundo rwanjye, bityo muhore iteka mushishikariye umurimo mwatorewe kandi muhore iteka mushishikariye ibikorwa mwahamagariwemo na DATA; turi kumwe rero nimwakire imbaraga zanjye kuri uyu munsi kandi nimwakire umugisha wanjye ubakomeza kandi ubashyigikira mu bikorwa by’urugamba bya buri munsi, kuko koko naje kurwanana namwe urugamba kandi nkaba naje kubafasha gutsinda umwanzi mu buryo bukomeye, kugira ngo koko dukomeze guhigikana ibikorwa bye bibi kandi bibisha aho biva bikagera.
NIMUGIRE AMAHORO NDABAKOMEJE KANDI MBAMBITSE IMBARAGA Z’URUKUNDO RWANJYE KURI UYU MUNSI, NIMUKOMERE KANDI MURUSHEHO GUKATAZA TURI KUMWE NDABAKUNDA NDI MALAYIKA RAFAYELI, IBIHE BYIZA GUKOMERA NDETSE NO GUKATAZA, TURI KUMWE NDABAKUNDA, AMAHORO AMAHORO.