UBUTUMWA BWA MALAYIKA RAFAYELI, TARIKI YA 09 NYAKANGA 2025

Ndabaramukije mwese Ntore z’Imana dukunda cyane, mbifurije kugubwa neza mu rukundo rwanjye n’urwa DATA ndi Malayika Rafayeli ubakunda cyane, nimugire ibihe byiza turi kumwe turataramanye mu bikorwa nk’ibi ngibi, kuko naje kubambika imbaraga kandi nkaba naje kubasendereza urukundo rwanjye mu buryo budasubirwaho, kugira ngo mwishime kandi munezerererwe mu rukundo rwa DATA kuko hari byinshi twaje gushyigikira mu buzima bwanyu kandi hakaba hari byinshi twaje gutsemba ndetse no kuribatisha imbaraga z’ububasha bwacu mu buzima bw’abatuye iyi Si, kugira ngo ikibi cy’umwanzi kirusheho gutengenezwa mu Isi ndetse no mu Kiremwa Muntu bityo ikiri umwanda kandi ikiri ikizira cyose gikomoka ku mwanzi kirusheho kwamburwa ijambo kandi kirusheho kwimwa intebe ndetse n’icyicaro, kuko hari henshi yihaye ijambo kandi akicara agatuza agatekana, ibi bihe rero akaba ari ibihe byo gukomeza kwenyegeza imbaraga z’urukundo rwacu kugira ngo turusheho kurindimura ibikorwa by’umwanzi byose aho biva bikagera; ni yo mpamvu kuri uyu munsi udasanzwe w’ibikorwa bya DATA bikomeje kwigaragariza mu Isi ndetse no mu bayituye habayeho koko guhuriza hamwe imbaraga zanyu ndetse n’izacu kugira ngo dutsinde kandi turibate ibitero bya Nyakibi aho biva bikagera, bityo twegezeyo ikibi kandi twegezeyo ikizira cyose cy’umwanzi aho kiva kikagera.

Mbambitse imbaraga rero kugira ngo mukotane kandi mukataze ku rugamba bityo iteka ryose muhore mukereye kwakirira benshi mu Isi kandi mukomeze kwakirira Isi yose muri rusange, kuko koko mwagizwe abasabizi b’Isi yose kandi mugabira bose nta n’umwe mwirengagije kandi nta n’umwe musize inyuma ku rugamba, kuko koko turubayoboyeho kandi tukaba duhari nk’abarwanyi kugira ngo dukomeze kubarwanirira muri buri kimwe cyose, bityo dutsinde umwanzi ibitego kandi turusheho kumwambura ijambo cyane cyane kuri uyu munsi w’agatangaza kandi kuri uyu munsi w’ibikorwa bidasanzwe twaje kugaragariza mu Isi ndetse no mu Kiremwa Muntu, kuko hakomeje gukorwa byinshi mu buryo bwa bucece kuko twagendereye Isi ndetse n’abayituye kandi tukaba twagendanye namwe mu isengesho ryanyu rya bucece ricyaha kandi rikarindimura imbaraga za Nyakibi zose aho ziva zikagera.

Nimukataze rero turi kumwe mu rugendo kandi nimukomere kuko mbambitse imbaraga kugira ngo mukomere mu murimo DATA yabatoreye kandi mukomere mu bikorwa mwahamagariwemo n’Uhoraho Imana, kuko mu kubatora atigeze abibeshyaho kabone n’aho hagira ababagiraho ijambo kandi kabone n’aho hagira ibibagiraho ijambo nta na kimwe kizabadukura mu biganza kuko ijambo ari irya Jambo muri mwe, kandi ububasha bukaba ari ubwa DATA mu buzima bwanyu akaba ari yo mpamvu namwe ahora iteka abatera imbaraga ubutwari ndetse no gukomera kugira ngo ibyo yateguriye muri mwe koko birusheho kugira ireme n’agaciro mu kugaba ndetse no gutanga imbaraga mu batuye iyi Si, bityo buri wese abashe kwakira koko yakirira na mugenzi we uri hirya no hino, kuko nk’uko mwagabiwe byinshi mu buryo bugiye butandukanye namwe ari ngombwa kubigabira bose kandi mukagaba hirya no hino nta n’umwe mwirengagije cyangwa ngo musubize inyuma, ahubwo nimurangwe no kwakira bose mu rukundo, kuko hari benshi bikoreye imitwaro ibagonze ijosi kandi hakaba hari benshi bananiwe baremerewe mu buryo bukomeye, akaba ari igihe cyo kubaruhura imitwaro ibaremereye, kandi akaba ari igihe cyo kubururutsa aho umwanzi yagiye abazirikira kandi aho yagiye agotera benshi, yitwaje kiriya na kiriya icyo cyose tukaba dukomeje kugitahura kandi tukaba dukomeje kugitsembesha ububasha bwacu bukomeye, kugira ngo Isi n’abayituye irusheho kubona umukiro ndetse n’agakiza k’Uhoraho Imana kuko kaganje kandi kakaba kururukiye mu Kiremwa Muntu cyose aho kiva kikagera, kuko twaje gutanga imbaraga kuri uyu munsi kandi tukaba twaje gutanga urukundo rutavogerwa, rumwe rushoboza byose kandi rumwe rufasha Mwene Muntu gutsinda ibishuko by’umwanzi aho biva bikagera; namwe rero nimwakire kuko imbaraga nzibagabiye kandi nkaba naje kuzibagabira cyane cyane kuri uyu munsi naje kwifatikanyaho namwe mu bikorwa bidasanzwe by’Uhoraho Imana, kuko bikomeje iteka kwigaragariza muri mwe kandi bikaba bikomeje kwigaragariza mu buzima bwanyu bwa buri munsi, kugira ngo harusheho gushyigikirwa benshi mu Isi kandi harusheho gukorwa byinshi mu buryo bugiye butandukanye, akaba ari yo mpamvu nk’abamalayika ndetse n’abatagatifu twaje kurwanana namwe urugamba kandi akaba ari yo mpamvu twaje kubashyigikira mu bikorwa nk’ibi ngibi, kugira ngo turusheho kubashishikaza kandi turusheho kubiyambikira imbaraga ubutwari ndetse no gukomera, bityo mukomere kandi mukataze muri buri kimwe cyose.

Mbafashe ikiganza rero kandi ndabashyigikiye nimugume mu rukundo rwanjye n’urwa DATA, turi hamwe kandi mbahurije hamwe mu mutima wanjye ngira ngo nkomeze kubasabanisha koko n’ibyiza by’Ijuru kuko byururukiye muri mwe kandi hakaba hafunguwe byinshi mu batuye iyi Si ndetse no mu Isi hose muri rusange kugira ngo ibyiza by’Uhoraho Imana birusheho kugaragarizwa buri wese kandi birusheho kwigaragariza hirya no hino ku Isi, kuko imbaraga zacu kandi ububasha bwacu budatsindwa kandi butavogerwa dukomeje kubwururukiriza mu mibiri ya Mwene Muntu; namwe rero mwakiriye byinshi kandi mwizigamiye ubukugu budashira bw’Ingoma y’Ijuru kuko ibyo muvunikira ubu kandi ibyo mubona muruhira muzabihemberwa karijana, kuko iyo musenga kandi iyo muri ku mazamu ntabwo muba muvunikira ubusa kuko hari byinshi dukomeje kubyaza umusaruro dukoresheje amasengesho yanyu ataretsa ya buri munsi, kuko hari byinshi dukomeje kwikorera muri Mwene Muntu ndetse no mu Isi hose muri rusange, bityo rero tukaba dukomeje kubifashisha mu gukiza Isi ndetse n’abayituye; nimukomeze rero kutwemerera kugira ngo tugendane muri urwo rugamba kandi dukomeze kugendana muri urwo rukundo rusa rusa dukomeje kugaragariza Isi ndetse n’abayituye, mu gukiza kandi mu guhindura byose mu rukundo rwacu kuko twabitoreye kandi tukabizigamira igihe nk’iki ngiki, kugira ngo dukorane imirimo ndetse n’ibitangaza mu buryo bw’agatangaza.

Ndabakunda rero kandi ndabashyigikiye mbambitse imbaraga kandi ndabakomeje ku rugamba, nimukomeze gukotanira icyiza mu buzima bwanyu nanjye turi kumwe ndabashyigikiye, mbahaye gukomera gutsinda muri byose, umutsindo wanjye n’uwa DATA iteka nuhore wigaragariza muri mwe cyane cyane mu bikorwa bya buri munsi muhore mujya mbere kandi muhore mutera intambwe mujya mbere, kuko ntifuza ko hari icyabakangaranya kandi nkaba ntifuza ko hari icyabasubiza inyuma, ahubwo nimukataze kandi murusheho gukomera bityo icyo muhamagarirwa na DATA murusheho kucyisanzuriramo kandi murusheho kucyisangamo ibihe ndetse n’imburabihe, nta kibagamburuje bana banjye; nimuhore rero mwumva kandi muhore mwumva ijwi rya DATA ribahamagara kandi ribarembuza uko bwije n’uko bukeye, bityo icyo abatoza kandi icyo ababwira murusheho kugikatariza kandi murusheho kukigenderamo nta nkomyi nanjye mbafashe ikiganza kandi ndabashyigikiye Ntore za DATA kandi nshuti bavandimwe banjye, kuko mwese muri mu rukundo rwanjye kandi nkaba mbahaye imbaraga zo gukomera kuri buri wese ndetse no gukataza kugira ngo murusheho kurindirwa muri njye kandi murusheho gushyigikirirwa mu bubasha bwanjye kuko mbwururukirije muri mwe kandi nkaba nabwururukirije mu buzima bwanyu cyane cyane kuri uyu munsi, kugira ngo koko bukomeze kubayobora kandi bukomeze kubashyigikira muri buri kimwe cyose.

MBAMBITSE IMBARAGA RERO KANDI NDABAKUNDA NIMUGIRE IBIHE BYIZA KUGUBWA NEZA, TURATARAMANYE MURI BURI KIMWE CYOSE KANDI MU BIKORWA BYANYU MBARANGAJE IMBERE, NIMUKOMERE TURI KUMWE KU RUGAMBA NDI MALAYIKA RAFAYELI, AMAHORO AMAHORO.

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *