UBUTUMWA BWA MALAYIKA RAFAYELI, TARIKI 13 UKWAKIRA 2023
Nihasingizwe Imana Umuremyi wa byose we uganje mu buzima bwanyu kandi we uganje mu mibereho yanyu ya buri munsi ntore z’Imana nshuti zanjye nkunda kandi dutaramanye, mbifurije ibihe byiza gukomeza kugubwa neza mu rukundo rw’Imana isumba byose ndi kumwe namwe mu mbaraga n’ububasha bwa DATA kugira ngo dukomeze kugamburuza imigambi y’umubisha kandi dukomeze gutsemba ikibi cyose mu Isi kugira ngo ububasha bwa DATA bukomeze kwigaragaza kandi bukomeze kugaragarira Isi yose mu buryo bw’agatangaza, ndabakunda kandi nshyigikiye buri wese muri uru rugendo kandi kuri uru rugamba kuko mutari mwenyine mushyigikiwe n’imbaraga zikomeye kandi tukaba dukomeje kwihuza namwe mu buryo bw’agatangaza kugira ngo dukomeze kubarinda kandi dukomeze kubahisha umwanzi ibirura bibarekereje hirya no hino kuko umwanzi atishimiye ibikorwa murimo kandi akaba atishimiye uwo murimo abahiga umunsi ku wundi isegonda ku rindi kugira ngo arebe ko mwarangara kandi mwahuga gatoya akabona aho yakwinjirira, nimukomeze rero kuba maso cyane cyane kuri uyu munsi utagira uko usa kuko turi mu bikorwa bikomeye kandi tukaba turi kumanura imbaraga zikomeye mu Isi yose kugira ngo abahanga n’abanyabwenge abo bose bizeye ubwenge bwabo kandi bizeye ibikorwa by’amaboko yabo kugira ngo tubishwanyure kandi tubivane mu nzira mu bubasha bwa DATA.
Murarinzwe kandi murashyigikiwe mu buryo bwose kuko twaje kwifatikanya namwe kugira ngo turangize uru rugamba kandi turangize iyi ntambara kuko yashojwe na DATA kandi akaba agomba kuyirangiza mu buryo bw’agatangaza yigaragaje kandi yihesheje ikuzo mu buzima bwanyu no mu mibereho yanyu ya buri munsi, hari integuro ikomeye y’Ijuru ryose tugomba gutangaza ibikorwa bya DATA muri mwe kuko rutazacira aha kandi tutazagarukira aha ngaha kuko tugiye gukora ibikorwa bitangaje kandi by’impangare kugira ngo tugaragaze ikiganza cya DATA kuri buri wese kandi tugaragaze urukundo DATA akomeje kugaragariza Isi yose, ntore z’Imana nimutambukane ishema n’isheja mutikanga kandi mudakangarana muzirikana ko muri mu burinzi bw’Ijuru ryose kandi muzirikana ko Ijuru ryose ryururutse muri iyi mirimo itangaje kandi ikomeye kugira ngo muhangane na Luciferi ko turi mu bihe bya nyuma byo kumugamburuza no kumutsemba burundu kugira ngo atsindwe kandi atsiratsizwe mu Isi yose.
Mwene Muntu ntabwo arasobanukirwa neza n’ibikorwa turimo kandi ntabwo arasobanukirwa n’imirimo turi gukorera Isi yose kuko akomeje kugenda anangira umutima kandi ubwigomeke bukaba bukomeje kurushaho muri Mwene Muntu, uyu munsi rero ni umunsi udasanzwe twamanuye imbaraga zikomeye cyane kuri abo bose bakomeje gukerensa ibikorwa by’Uhoraho kandi bakomeje gukerensa ububasha bw’Imana isumba byose kuko tuje kurebana nabo kandi tuje guhangana nabo mu buryo bukomeye kugira ngo tubahangamure kuko bizeye imbaraga zabo kandi bakizera ubwenge bwabo bakirengagiza ko ibyo bafite byose n’ibyo batunze byose babikesha urukundo rw’Imana tukaba byose tuje kubirimbura kandi tukaba tuje kubivana mu nzira mu mbaraga n’ububasha bukomeye bwa DATA, nimukataze kandi mukomeze ntore z’Imana urugendo rwanyu rwa buri munsi muhore iteka muvomerera Isi yose kuko mwagizwe imiyoboro y’Isi yose kugira ngo mukomeze kuvomerera amahanga yose mu buryo bw’agatangaza, ntaho muhejwe nta n’aho mukinzwe mwafunguriwe amarembo yose kandi mufungurirwa inzira zose kugira ngo mwishyire mwizane kandi mwisange aho mugeze hose bityo musanzagize ikibi cyose mucyegezayo kandi mugihinda mugitsiratsiza mu Isi yose mu bubasha n’imbaraga za DATA mwahawe kandi mwambitswe mu buryo bw’agatangaza.
Nimurangwe n’ituze n’ubwiyoroshye mu mibereho yanyu no mu buzima bwanyu bwa buri munsi kugira ngo Isi ntikazababoneho impamvu kandi Mwene Muntu ntazabone icyo abajoraho iteka mwibere mu rukundo rw’Imana rubashyigikire kandi rubafashe muri byose mu ntambuko n’imyitwarire yanyu irangwe n’urukundo rw’Imana kandi irangwe n’ibyiza by’Ijuru ryose kuko mwabitujwemo kandi mwabyeretswe mwabihishuriwe mu buryo bw’agatangaza mwahishuriwe amabanga akomeye kandi mwahishuriwe byinshi by’agatangaza mugomba gutangariza Isi kandi mugomba gutangariza buri kiremwa cyose gituye Isi kugira ngo buri wese arusheho kumva urukundo rw’Imana kandi arusheho gucengerwa narwo bityo ruture muri Mwene Muntu kandi ruganze muri Mwene Muntu ruganze inabi kandi ruganze ikibi ruganze amatiku yose ari muri Mwene Muntu bityo Mwene Muntu abe indorerwamo kandi abe urumuri rumurikira bose kuko buri wese agomba kuba itara rya mugenzi we kandi buri wese akamurikira intambwe za mugenzi we, ni igihe rero cyo gukuraho ibyazanye imipaka yose muri Mwene Muntu kuko ibyo byose bidakomoka kuri Uhoraho kandi bidashingiye kuri Uhoraho bigiye gushwanyuzwa mu buryo bukomeye kandi bigiye kurimburwa mu mbaraga za DATA bikavanwaho kandi bikegezwayo, ni igihe turi guhindura byose bundi bushya kugira ngo Isi yongere ibeho bundi bushya Mwene Muntu yongere abeho bundi bushya mu rukundo rwa DATA yisanzure kandi yishyire yizane muri byose kuko urukundo rw’Imana rugomba gukomeza gusendera buri kiremwa cyose gituye Isi mu buryo bw’agatangaza.
Ndabakunda ntore z’Imana kandi ndabashyigikiye kuko twamanutse twese kugira ngo tubane namwe dushyigikire imirimo y’Uhoraho muri mwe kandi dushyigikire ibikorwa by’Uhoraho muri mwe kugira ngo murusheho gutambagira Isi yose mutambagiza kandi muzengurutsa ububasha bw’Imana kugira ngo mutsinde kandi mutsindira bose mutsindagira ububasha bwa DATA mu Isi kugira ngo Isi irusheho kubengerana kandi irusheho kubaho mu rwererane rwa DATA, urukundo rwa DATA rutwikiriye Isi yose kandi ikibatsi cye gitagatifu gitwikiriye Mwene Muntu mu buryo bw’agatangaza kugira ngo yongere asubirane isura ya kimana kuko Mwene Muntu yihindanyije igihe kirekire akivuruguta akishyira akizana igihe kikaba kigeze kugira ngo byose bihagarare ibyahenze ubwenge Mwene Muntu kandi ibyashutse Mwene Muntu byose tugiye kubivana mu nzira mu buryo bukomeye bityo haganze urukundo kandi haganze urumuri muri bose, mbifurije igicamunsi cyiza kandi mbifurije ibihe byiza amahoro y’Imana akomeze asenderere mu buzima bwanyu no mu mibereho yanyu ya buri munsi kugira ngo murusheho gukora imirimo n’ibitangaza mu Isi yose, uyu munsi ni umunsi w’urugamba rudasanzwe kandi ni umunsi w’ibikorwa bidasanzwe mu Isi yose kuko inama zateranye hirya no hino kandi zakoranye hirya no hino zigomba kurimburwa kandi zikavanwaho akavuyo kose kari mu mutwe wa Mwene Muntu tugomba kukarangiza kuko urukundo rw’Imana rugomba kwigaragaza kandi rukigaragariza bose, nta kigomba rero guhagarika umugambi wa DATA nta n’ikigomba guhagarika ibikorwa bya DATA muri Mwene Muntu bigomba gukomera kandi bigakataza nta wubaye imbogamizi yabyo kandi nta n’ubaye inzitizi yabyo, ni igihe rero tugiye kugaragaza ibimenyetso bitandukanye kuri bamwe kugira ngo babone ububasha bw’Imana kandi babone ko bahanganye n’imbaraga badashobora guhangara, hari benshi bateye ibuye aho batagombaga kuritera kandi hari benshi batunze urutoki Uhoraho bityo bibwira ko bari kuvumagiza abatowe kandi abatumwe nyamara birengagiza ko uwatumwe wese n’Uhoraho kandi uvuga wese mu izina ry’Uhoraho nta buryarya nta kinyoma akoresheje ukuri kwa DATA igihe kirageze kugira ngo DATA yihorere kandi atabare abe kuko aje kugaragaza umutsindo we kandi akaba aje kugaragaza ububasha bwe mu Isi yose.
Uyu munsi rero turi buhagarike byinshi kandi turi burangize byinshi muri Mwene Muntu kuko ibidakomotse kuri Uhoraho byose bigomba guhagarara kandi bigomba kurangira mu itegeko rya DATA ridasubirwaho kandi ridasubizwa inyuma kuko mu bubasha bwe n’ubukaka bwe arihagije kuko mu ijambo rye rimwe gusa byose byazimira kandi bikabura ibitamukomotseho ariko ku bw’impuhwe ze n’urukundo rwe akunda Mwene Muntu iteka aramurembuza kandi akamureshya amwiyegereza kugira ngo Mwene Muntu yongere atagatifuzwe kandi yongere asukuke abe umusukuke bityo aganze kandi ature mu rukundo rw’Imana, hari benshi rero birengagiza ineza bakomeje kugaragarizwa n’urukundo bakomeje kugaragarizwa bakihenda mu bwenge no mu bitekerezo byabo bakibwira ko ari ukubahendahenda no kubinginga ariko icyo gihe kirarangiye nta guhendahenda Mwene Muntu kandi nta kwinginga Mwene Muntu kuko nta gihe cyo gufata mu kibuno Mwene Muntu ni igihe cyo gushwanyuza byose tuvana mu nzira kuko twahendahenze igihe kirekire kandi tugahindura tugahindukiriza Mwene Muntu tugakora ibishoboka byose byibuze Mwene Muntu abone urukundo rw’Imana ahinduke ahindukirire, Mwene Muntu yarushijeho kunangira umutima agaragaza ko yihagije muri byose kandi afite imbaraga zo kugira ngo agume mu kibi, igihe rero kikaba kije kugira ngo buri wese ufite ibyo yihambiriyeho n’ibyo yibwira n’ibyo atekereza mu bitekerezo bye kugira ngo byose tumuhambirane nabyo bityo tumurindimurane nabyo tuvane mu nzira kuko umwanda wose ugomba kuva mu nzira haba abantu ndetse n’ibintu byose bigomba kuzima bikabura bityo ibishya bikigaragaza mu Isi Nshya mu rukundo rw’Imana n’amahoro y’Imana asendereye kandi asesuye, ntore z’Imana nimukomere kandi mushikame ku ijambo ry’Uhoraho murinyungutire umunsi ku wundi murizirikane isegonda ku rindi kugira ngo ribabemo kandi ribaturemo muri byose iteka muhore mukora ibitunganye kandi mugendere mu nzira zitunganye zizira amakemwa kandi zizira ubwandure ubwo ari bwo bwose bwatuma mudakurikiza ugushaka kw’Imana kandi byatuma muva mu gushaka kw’Imana bigatuma muva mu byimbo mwakagombye kubamo byose nimubihunze amatwi mubyamaganire kuri y’ubuzima bwanyu mugendere mu rukundo kuko mwatujwe mu rumuri rutamanzuye kugira ngo muramire Isi yose kandi muramire benshi mu rukundo rwa DATA, nimwakire urumuri rusendereye kugira ngo mumurikire Isi yose kandi mumurikire bose abari mu mwijima barusheho kubona urumuri rw’Imana kandi barusheho kubona ibyiza bya DATA kuko bikomeje gusesekazwa mu Isi mu buryo bukomeye mu mbaraga z’agatangaza kugira ngo dutangaze urukundo rw’Imana kandi dutangaze ibyiza by’ingoma y’Ijuru mu Isi.
Murahirwa mwe mwasobanuriwe ibyiza by’ingoma y’Ijuru mukiri mu Isi ko mwahishuriwe byinshi ari yo mpamvu mutagomba kwipfobya mutagomba kwitindaho mutagomba no kwipinga nimuhagarare mwemye mwumva ko muriho kimalayika kandi gitagatifu muriho mu buziranenge bwa DATA kuko dukomeje kubatuza mu mutima we muziranenge kugira ngo muhagwirirwe neza muhishimire muhanezererwe mu buzima bwanyu bwose kandi mu mibereho yanyu ya buri munsi, ndabakunda rero ntore z’Imana ndabazirikana isegonda ku rindi kuko nta munota n’umwe njya kure y’ubuzima bwanyu mpora mbacungiye umutekano mbamenyera igikwiriye n’igitunganye kugira ngo murusheho gutunganya benshi kandi murusheho gutunganya byinshi mu Isi, kuri uyu munsi rero twagushije urumuri rukomeye mu Isi yose, imvura y’amahindu idasanzwe kugira ngo duhindaganye ikibi cyose kandi duhindaganye imbaraga zose z’umwanzi kuko twajagajaze Isi yose kandi turi kujegajeza aho umwanzi ari hose kugira ngo asohoke bityo agende, agende wenyine kuko aho yikinze n’aho yihishe hose igihe cye cyarangiye cyo kugira ngo kugira ngo yidegembye kandi yikingakinge, kuri ubu rero nta bwikingo afite nta n’ubwihisho afite niyo mpamvu mugomba gukubita muvana mu nzira mutamubembekereje kandi mutamurebereye mu bikorwa bye bidahwitse, nimuvugishe ukuri mushize amanga muvuge ukuri kw’ijambo rya DATA kugira ngo mukomeze kurisobanurira bose kandi mukomeze kuryigisha bose barusheho kumenya urukundo rw’Imana kandi barusheho kumenya ibyiza bya DATA bituye mu Isi kandi biganje mu kiremwa muntu.
Mbifurije ibihe byiza kugubwa neza nimwambare inkweto z’ibyuma mukataze kandi mwirukanke mu muvuduko udasanzwe kugira ngo muvutagure umwanzi aho ari ho hose mumwamagana kandi mumutsemba mu bubasha bwa DATA, mbahaye intwaro zikomeye mu biganza byanyu kugira ngo ibikomerezwa byose mubiribate kandi mubirimbure mukubite byose muhwanya muvana mu nzira ntacyo musize inyuma ikiri imbogamizi n’inzitizi byose kuko byose twaje kubirimbura kuri uyu munsi kandi twaje kubivana mu nzira kugira ngo hagaragare ikiganza cy’Uwiteka Imana yaramburiye ku Isi yose kandi yaramburiye kuri bose mu buryo bw’agatangaza mu guhagarika ikibi cyose mu Isi kuko kitagomba gukomeza kuzerera no kwizengurutsa kuri Mwene Muntu kigomba gutsindwa no gutsiratsizwa mu bubasha bwa DATA.
AMAHORO AMAHORO IBIHE BYIZA IGICAMUNSI CYIZA KURI MWESE KUGUBWA NEZA, NIMUKOMEZE MUNEZERWE KANDI MWISHIMIRE MU RUKUNDO RWA DATA NDABAKUNDA NTORE Z’IMANA NSHUTI ZANJYE NDI MALAYIKA RAFAYELI, AMAHORO AMAHORO NDABAKUNDA IBIHE BYIZA KURI MWESE, AMAHORO AMAHORO NSHUTI ZANJYE, AMAHORO!