UBUTUMWA BWA MUTAGATIFU JEANNE D’ARC, TARIKI 01 UGUSHYINGO 2023
Mbasakajeho imbaraga z’Uhoraho Imana kandi ndabakomeje biremwa bya DATA dutaramanye kandi dukomeje kubana kugira ngo dukomeze gukorana imirimo ikomeye mu Isi yose kuko mbakiriye mu rukundo rwanjye kandi mbahaye imbaraga n’ububasha kugira ngo tugendane mu mirimo y’uyu munsi mu gusakaza ububasha kandi mu gusakaza imbaraga mu Isi yose kugira ngo dukomeze gutagatifuza ikiremwa muntu kandi dukomeze kwihuza na Mwene Muntu mu buryo bw’agatangaza dukora imirimo y’Uhoraho Imana kandi duhuza ibikorwa byacu namwe kugira ngo dukomeze kuvugurura Isi yose kandi dukomeze gusakaza imbaraga mu kiremwa muntu.
Nimwakire kugubwa neza muri uyu mwanya kandi mwakire amahoro asendereye ya DATA kugira ngo akomeze kumvikana muri mwe kandi akomeze kubashyigikira kuko mbafunguriye umutima wanjye muri uyu mwanya kugira ngo mukomeze kwisanga kandi mukomeze kwakira ububasha bubakomeza kuko ari igihe cy’urugamba rudasanzwe kandi ari igihe cy’imirimo ikomeye mugomba kwiyumvamo imbaraga kandi mukiyumvamo ububasha bwacu bukomeye bugomba kubakoresha kandi bugomba guhindura byose mu Isi ndetse no guhagarika imigambi yose y’umwanzi, ndabakomeje rero mu mbaraga zanjye kandi ndabakomeje mu butwari bwanjye kugira ngo mukomeze kuba intwari kurugamba kandi mukomeze gutwarana hose kuko mudakwiriye gutinya ndetse no kwikanga kuko ububasha bwacu butuye muri mwe kandi imbaraga zacu zikomeye zikaba ziri mubuzima bwanyu bwa buri munsi.
Nimukenyere rero mukomeze kugira ngo tugendane muri uyu munsi kandi dukorane imirimo ikomeye kuko uyu munsi ari umunsi utangaje kandi ari umunsi w’ibikorwa byacu kandi ari umunsi w’umusabano mu Ijuru ndetse no mu Isi dukomeza kwifatikanya n’abemera kandi dukomeza kwifatikanya n’abari maso bakira urukundo rw’Imana kandi biteguye kurwakira kugira ngo rukomeze kubagabirwa kandi rukomeze kuvugurura byose muri bo, nimuhorane rero umusabano wacu kandi muhorane ibyishimo byacu muri uyu munsi kuko tuje gusabana namwe kandi tuje kububakamo imbaraga zikomeye kandi gukomeza kubaha icyizere cy’aho mugana kandi cy’aho mwerekeza kuko ari twe tubarangaje imbere muri byose kugira ngo umunsi ku wundi tubagaragarize umutsindo kandi ibihe byose mubone ko ububasha bw’Uhoraho Imana bubashyigikire kandi bubagose.
Ntore z’Imana rero ndabakomeje mu rukundo kandi bavandimwe banjye ndabashyigikiye kuko mbahaye ibyishimo byanjye muri uyu munsi kandi mbasakajeho ububasha bukomeye mu mbaraga zanjye zose kandi mu bubasha bwanjye bwose kugira ngo buri wese akomeze kwiyumva kandi buri wese akomeze kwakira imbaraga nakoresheje mu Isi yose kandi ubushobozi bwose DATA yangabiye ndi mu Isi kugira ngo buri wese akomeze kubwakira bityo tugendane kandi dukorane imirimo ikomeye kugira ngo dukomeze kugamburuza imigambi yose y’umwanzi kandi dukomeze guhigika ibikorwa bye byose, nimuhorane rero amahoro ya DATA asendereye kandi muhorane ibyiza n’ibyishimo bye kuko DATA yabahaye byose kandi akomeje kubagabira byose by’umwihariko muri uyu munsi w’agatangaza kandi muri uyu munsi ukomeye rwagati muri mwe kandi ukomeye ku Isi yose kuri buri kiremwa cyose kuko ari umunsi twaje gukoraho byinshi kandi ari umunsi twaje kuvugurura kandi dukomeje kwihuza na buri wese mu Isi kugira ngo imbaraga zacu zinjire muri Mwene Muntu kandi ububasha bwacu bukomeye buhindure Mwene Muntu kuko ari igihe cyo gukora kwa DATA kandi ari igihe cyo kugamburuza intege nke za Mwene Muntu kandi kugamburuza amarangamutima yose ya Muntu kugira ngo ububasha bw’Imana abe ari bwo bukora muri Mwene Muntu kandi bwagukire mu mutima wa Muntu.
Nimukomeze rero kuba ingoroz’Uhoraho Imana kandi mukomeze gufungura imitima yanyu kugira ngo mube ingoro nyabuzima kandi ingoro Uhoraho Imana akoreramo imirimo ye kandi yisanzuriramo mu buryo bw’agatangaza kandi mu bikorwa bye bikomeye kuko hari byinshi tugambiriye gukorana namwe muri uyu munsi kandi hari byinshi twabafunguriye muri uyu munsi kugira ngo bibagenerwe kandi mubyakirane urukundo n’ibyishimo bityo mubituze mu mitima yanyu kandi bibafashe gusaba n’Uhoraho Imana kandi kumukomeraho, murashyigikiwe rero mu mbaraga zose kandi murashyigikiwe mu burinzi bwose kuko mutari mwenyine ku rugamba kuko turi kumwe namwe mu buryo bw’agatangaza kandi dukomeje kubagenda imbere kugira ngo tubafashe guhashya imigambi yose y’umwanzi kandi guhashya ibikorwa byose by’umwanzi kuko tubahaye imbaraga zikomeye kandi ugushaka kwa DATA kukaba kuri muri mwe kugira ngo gukomeze guhindura byose kandi gukomeze kurema byose mu Isi.
Mbifurije rero umunsi mwiza w’amahoro kandi mbifurije umunsi mwiza wo gukomera no gutekana kuko ndi kumwe namwe mu musabano kandi ndi kumwe namwe mu rugamba rw’uyu munsi kuko ari umunsi wo gukora byinshi kandi ari umunsi wo gusakaza imbaraga mu Isi mu buryo budasanzwe kugira ngo urumuri rwa DATA rukomeze kwihuza na Mwene Muntu kandi urumuri rwa DATA rukomeze gukora byinshi mu Isi ndetse no guhugura Mwene Muntu.
Mbifurije amahoro asendereye kandi mbifurije ishya n’ihirwe muri byose kuko turi kumwe kugira ngo dukomeze kugendana kandi turusheho gukorana imirimo ikomeye maze urukundo rw’Uhoraho Imana rukomeze kwigaragaza mu Isi yose kandi rukomeze kuvugurura Mwene Muntu, amahoro kuri buri wese, umunsi mwiza kugubwa neza, nimukomere kuko turi kumwe namwe kandi tubahaye imbaraga zikomeye kugira ngo mukomeze ibikorwa bya DATA kandi mukomeze gutera intambwe aho DATA abifuza kandi mukomeze kwihutisha ibyiza mwagabiwe kugira ngo bisakare mu Isi yose kandi byumvikanire buri kiremwa cyose.
Uyu ni umunsi rero wo kugira ngo buri wese yirekurire urukundo rw’Imana kandi buri wese yijugunye mu maboko ya DATA kugira ngo Uhoraho Imana akomeze kubakoresha icyo ashaka kandi Uhoraho Imana kaomeze gukora muri mwe kuko mudakwiriye kunaniza urukundo rw’Imana kandi mudakwiriye kwigizayo ububasha bw’Imana bugomba kubashyigikira kandi bugomba kubafasha gutambuka muri byose kandi kugera hose mubishyigikiwemo n’imbaraga za DATA kandi mukomejwe n’urumuri rwacu tubazanira kandi tubagabira umunsi ku wundi, mbifurije rero umunsi mwiza kandi mbifurije kugubwa neza kuko turi kumwe ndabashyigikiye kandi mbahaye imbaraga zanjye kugira ngo zikomeze kwihuza na buri wese kandi zikomeze gukora imirimo muri buri wese.
AMAHORO AMAHORO IBIHE BYIZA KUGUBWA NEZA NDI MUTAGATIFU JEANNE D’ARC UMUNSI MWIZA KURI BURI WESE TURI KUMWE NTORE ZA DATA BAVANDIMWE BANJYE, AMAHORO AMAHORO!