UBUTUMWA BWA MUTAGATIFU JEANNE D’ARC, TARIKI 20 UKWAKIRA 2023

Mbasesekajeho amahoro n’umugisha ntore z’Imana nshuti zanjye mbifurije ibihe byiza mbifurije gukomeza kugubwa neza mu rukundo rw’Imana kuko mbabumbiye hamwe mu rukundo rw’Uhoraho kugira ngo dukomezanye umurimo kandi dukomezanye ibikorwa by’Uhoraho mu Isi yose mu buryo bw’agatangaza kugira ngo dukomeze kugarura benshi kandi dukomeze gutarura benshi abo umwanzi yigaruriye tubabumbire hamwe mu rukundo rw’Imana isumba byose kuko ari igihe cyo kugaragaza ububasha bw’Uwiteka Imana kandi akaba ari igihe cyo guhuza ibikorwa byacu gushimangira ububasha bwa DATA mu Isi yose no kubushimangira muri buri kiremwa cyose gituye Isi kugira ngo urukundo rwa DATA rukomeze kwigaragaza kandi rukomeze kugaragarira Isi yose mu buryo bw’agatangaza, ndi kumwe namwe muri uru rugamba kandi ndabashyigikiye muri uru rugamba kuko ndi kugendana namwe mu mbaraga n’ububasha budasanzwe kugira ngo dukomeze kujujubya umwanzi kandi dukomeze kumuhinda no kumwegezayo ikuzo rya DATA rikomeze kugaragara kandi rigaragarire bose mu mbaraga ze zihanitse kandi mu buhanga bwe buhanitse kuko aje guhangamura ibihangange byose abiyise abanyabwenge abo bose bakaba baje gucishwa bugufi mu rukundo rw’Imana, turi kugenda rero dukonoza imisemburo yose y’umwanzi kandi turi kugenda dukuramo ikibi cyose cy’umwanzi muri Mwene Muntu kuko imiyoboro yose y’umwanzi turi kugenda tuyifunga tugafungura ububasha bw’Imana muri buri kiremwa muntu gituye Isi mu mbaraga n’ububasha buhanitse bwa DATA kugira ngo Mwene Muntu abone urukundo rwa DATA kandi abone ubwiza bw’Uhoraho, ndi kumwe namwe rero muri byose kandi ndabashyigikiye muri byose, nimwishime kandi munezerwe kuko turi mu gihe cy’umutsindo kandi umwanzi tukaba twaramutsinze akaba ari igihe cyo kugaragaza ububasha bwa DATA mu Isi yose kandi akaba ari igihe cyo kubitangariza Isi yose.

Nimuhagarare mwemye muhagarare ku mazamu yanyu mutikanga kandi mudakangarana kuko ari igihe cyo guhemba buri wese wakotanye kandi warushye igihe kirekire mu kugaragaza ikuzo rya DATA no kugaragaza ububasha bwa DATA mu Isi yose, nimukataze rero kandi mukomere mu rugendo murashyigikiwe kandi murarinzwe mu bikorwa by’Uhoraho kuko akomeje kubashyira mu burinzi bwe kandi akaba akomeje kubashyira mu mbaraga ze kugira ngo iteka mu bihe byose ntimugakangaranywe n’umwanzi kandi ntimugahungabanywe n’ibikorwa by’umwanzi ntimukikange kandi ntimugatitire mu maso y’abanyamaboko b’Isi abo bose bibwira ko babasumbya imbaraga bibwira ko babasumbya ububasha bagashaka kubakandagiza icyo bari cyo, Uhoraho ariyiziye kuko aje gutabara abe kandi akaba aje kugaragaza ububasha bwe kugira ngo agaragaze ikuzo rye mu Isi yose kandi arigaragarize mu buryo bw’agatangaza, nimuberwe rero no kuba ku rugamba mutikanga kandi mudakangarana mudahungabana ahubwo muhungabanye ibitero byose by’umwanzi kandi mutsembe ibitero byose by’umwanzi bityo mumugaragarize ko nta jambo afite kandi nta bubasha afite kuko ibihe turimo ari ibihe byo kumutsinsura kandi akaba ari ibihe byo kumukubita tuvana mu nzira kuko atari ibihe byo kumubererekera kandi atari ibihe byo kumubembekereza ari ibihe byo kumugaragariza ko nta jambo afite kandi nta bubasha afite, kuri uyu munsi rero dukoze imirimo ikomeye kandi dukoze ibikorwa bikomeye mu Isi yose mu gushimangira ububasha bwa DATA mu Isi ndetse no kubushimangira mu kiremwa muntu mu buryo budasubirwaho kandi budakumirwa mu ijambo rya DATA kandi mu bubasha bwa DATA kuko byose aje kubihindura bundi bushya kandi akaba aje kurundarunda byose no guhuriza byose mu rukundo rwe.

Nimukomeze rero mwishime mu rugamba rwanyu rwa buri munsi mwishima ko mutaruhiye ubusa kandi mutakotaniye ubusa kuko ari igihe cyo kunezerwa kandi akaba ari igihe cyo kwishima, iyi Si ntikababuze ibyishimo kandi iyi Si ntikababuze amahoro, nimuhorane umunezero kandi muhorane ibyishimo mukomora kuri DATA kuko akomeje kubibasesekazaho kandi akaba akomeje kubibasenderezamo mu buzima bwanyu bwa buri munsi kugira ngo muhore mwishimye kandi muhore munezerewe mu rukundo rwe, ni igihe rero Mwene Muntu adafite amahitamo ye kandi Mwene Muntu atagomba kwidegembya ngo agende uko yumva kuko buri wese agomba kugendera mu rukundo rwa DATA kandi buri wese akagendera mu gushaka kwa DATA, Mwene Muntu wihaye kwiremera inzira kandi Mwene Muntu wihaye kugendera mu gushaka kwe igihe ni iki ngiki kugira ngo agaragarizwe ko ibyo kugendera mu gushaka kwe kandi ibyo kugenda uko ashaka n’uko yumva byarangiye atari igihe cy’umukino kandi atari igihe cyo kwidegembya ntabwo ari igihe rero cyo gufata benshi mu kibuno cyane cyane abo bose bibwira ko dushobora gupfukama imbere yabo tukabiginga kugira ngo bahindukirire bazumvishwa n’ububasha bw’Imana kandi bazumvishwa n’ibikorwa by’Uhoraho kuko Uhoraho yiyiziye kugira ngo avuguruze ikinyoma akivugururisha ibikorwa bye bigaragara kandi bifatika bigaragarira amaso ya bose.

Nimuhumure rero turi gutazanura kandi turi gukumira ikibi cyose aho kiva kikagera kuko kitazabagiraho ububasha kandi kitazabagiraho uburenganzira igihe cyose muri mu rukundo rw’Imana kandi igihe cyose mwiyemeje kuyoborwa n’ijambo ry’Imana nimurikomereho kandi muryubakireho kuko ari umunara ukomeye Uhoraho yabubakiye kandi akaba abashingiye ihema mu buryo bw’agatangaza kugira ngo abarinde ibikuba n’ibikubarara byose, iki ni igihe cyo guhuza abana bose kugira ngo baze ku musozi mutagatifu mu rugo ruhire rw’Uhoraho mu byishimo n’umunezero mu ndirimbo z’urwamo rw’ibyishimo kuko muri kumwe n’abagatifu twese kandi n’abamalayika bose bakaba baramanutse kugira ngo babane namwe, abaziranege b’Uhoraho bakaba bakomeje mu bikorwa byabo bidasanzwe kuko bamanutse kugira ngo bihuze n’abaziranenge bari mu Isi mu gukumira mu gucagagura no kubohora ingoyi zose z’umwanzi kugira ngo umwanzi atsiratsizwe burundu mu Isi.

Ni igihe rero cyo gusibanganya ibikorwa byose by’umwanzi kandi ni igihe cyo gusiriba imbaraga zose z’umwanzi kugira ngo ububasha bw’Uhoraho ari bwo buganza mu Isi yose kuko ikibi n’inabi byose bigomba kwegezwayo, ibidakomoka kuri Uhoraho n’ibidashingiye kuri Uhoraho byose bikaba bigomba kuzima mu ijambo rye no mu bubasha bwe budakumirwa kandi butavogerwa muri kumwe n’umugaba w’ ingabo kuko muri ingabo zikomeye kandi arangaje imbere muri uru rugendo kugira ngo muhorane ibyishimo kandi muhorane umunezero muri byose ingabo zose ziri ku rugamba kandi zifite intwaro mu buryo bukomeye kuko hasigaye igihe gitoya kugira ngo dukome ku mbarutso byose birangire bityo ububasha bw’Imana bwigaragaze kandi bwigaragarize amahanga yose binyujijwe muri mwe mu bwitange bwanyu bwa buri munsi, igihe musenga ntabwo muba mukina kandi igihe musenga Uhoraho arabumva bwangu bityo akabangukira gutabara akumva isengesho ryanyu bityo agatabara imbaga nyamwinshi y’abatuye Isi mu kubarohora no kubazahura kugira ngo Isi yose ikomeze kubaho mu buziranenge bwe kandi ikomeze kubaho mu byishimo bye kuko twaje kuvugurura Isi yose kandi tukaba twaraje kuvugurura Mwene Muntu kugira ngo yongere abe indorerwamo kandi yongere abe itara n’urumuri rumurikira bose.

Mbifurije umugoroba mwiza kandi mbifurije ibihe byiza ndabashimiye ubwitange bwanyu kandi ndabashimiye imbaraga zanyu kudacogora no kutadohoka ahubwo iteka n’ibihe byose mugahorana inyota n’ishyaka ryo gukomeza kuramira ikiremwa muntu no gukomeza kurohora Mwene Muntu kugira ngo agaruke mu rukundo rw’Imana, nimukatarize aho ngaho kandi mukomereze aho ngaho ntawe murebye nabi ntawe mujoye nta n’uwo muciriye urubanza ahubwo byose mukabikorana urukundo n’ubwitange bukomeye kugira ngo mukomeze kuba ibitambo byitambira bose, mbifurije umugoroba mwiza kugubwa neza mu rukundo rw’Uhoraho ndi kumwe namwe mu buryo bw’urugamba kuko naje kubafasha kugira ngo turwanane inkundura kuko kuva kera na kare nahoze bugufi bwanyu kandi nahoze iruhande rwanyu ntoza buri wese kugira ngo ibihe nk’ibi ngibi mube muhagaze mukomeye mwemye mwumva ko muri abarwanyi ku rugamba, nihuje namwe mu buryo bw’agatangaza kugira ngo mukomere kandi mukomereze aho ngaho dukomezanye urugendo kugera ku ndunduro kandi kugera ku musozo warwo.

NDABAKUNDA NTORE Z’IMANA NSHUTI ZANJYE TURI KUMWE NDABASHYIGIKIYE MURI BYOSE KANDI NDABARANDASE MURI BYOSE NDI MUTAGATIFU JEANNE D’ARC, AMAHORO, AMAHORO!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *