UBUTUMWA BWA MUTAGATIFU JEANNE D’ARC, TARIKI 08 MUTARAMA 2024

Ububasha bwa DATA nibukomeze kumvikana muri mwe kandi imbaraga ze z’agatangaza zikomeze kubashyigikira no kubakomeza ntore za DATA kuko ndi kumwe kugira ngo nkomeze kubafasha kandi nkomeze kugendana namwe mu bikorwa by’urugamba mu gukomeza kurimbura ikibi cyose cy’umwanzi mu mayira kandi mu gukomeza gukura ibikorwa bye mu nzira kugira ngo ububasha bwa DATA bukomeze kwigaragaza kandi bukomeze gusakazwa mu Isi yose kuko turi kumwe namwe mu mbaraga zikomeye zigomba guhirika byinshi mu Isi yose kandi mu bubasha butavogerwa bugomba kugamburuza imigambi yose y’umwanzi ku kiremwa muntu.

Nimwakire kugubwa neza kuko mbashyigikiye kandi mbakomeje kandi nkomeje kubagwiriza imbaraga n’ubutwari kugira ngo tugendane mu mirimo ikomeye mu Isi yose kandi tugendane mu bikorwa bya DATA by’agatangaza bigomba kwigaragaza kandi bigomba guhashya ndetse no gukura mu nzira ikibi cyose cy’umwanzi kuko ari igihe cyo kurenza ibikorwa byose by’umwanzi kugira ngo byigizweyo bikurwe mu mayira bityo ukuri kwa DATA kwatsinze kugomba kumvikana mu Isi yose gukomeze kwigaragaza kandi gukomeze gusakazwa; ndabashyigikiye kandi nkomeje kubakomeza kuko mporana namwe mu bikorwa by’urugamba rukomeye kandi mu bikorwa by’urugamba rufatika muhamagarirwa mu Isi yose ko mutagomba kujenjekera umwanzi kandi mutagomba kumurebera ndetse no kumworohera kuko ari igihe cyo kumukubita kandi ari igihe cyo kumwimura ndetse no kumukura mu byimbo bye kugira ngo ibikorwa bya DATA byumvikane kandi ububasha bwe bw’agatangaza bukomeze kwigaragaza kandi busakazwe mu Isi yose; turabashyigikiye rero mu mbaraga zikomeye kandi mushyigikiwe n’ububasha bw’abamalayika mu kubarwanirira kandi mu kubambika imbaraga zibakomeza kandi zikomeza kubafasha kujya ku rugamba kuko ari igihe cyo guhagarara mwemye kandi ari igihe cyo guhagarara mukomeye kugira ngo ibikorwa bya DATA bikomeze kumvikana kandi bikomeze kwigaragariza buri kiremwa cyose.

Nimukomere ku rugamba kandi mukomeze kuba intwari muri rwo kuko mushyigikiwe kandi murangajwe imbere na Kristu Nyagasani we watsinze byose kugira ngo akomeze kugamburuza imigambi yose y’umwanzi kandi akomeze kubashyigikira mu buryo bw’agatangaza kugira ngo ukuri kwa DATA kumvikane kandi kumenyekane mu Isi yose; ni igihe cyo gusiganwa kandi ni igihe cyo kwihuta ndetse no kwihutisha imirimo ya DATA kuko itagomba gukererwa kandi itagomba gutinda kuko ari igihe cyo gukorera ku gihe kandi ari igihe cyo kumvikanisha ibikorwa byacu mu Isi yose turwana urugamba inkundura kandi twigizayo turimbura ikibi cyose cy’umwanzi kugira ngo ukuri kwacu kwatsinze kumvikane kandi kugaragarire buri kiremwa cyose kiri mu Isi; dukomeje rero kubambika imbaraga zibakomeza kandi dukomeje guhora iteka tubahumura kugira ngo murusheho kubona icy’ingenzi kandi murusheho kumenya aho muhagaze kandi icyo mugomba gukora kugira ngo ibyiza by’Uhoraho Imana bikomeze kumvikana kandi imbaraga ze z’agatangaza zigomba kwigaragaza ndetse no kumenyekana mu Isi yose zigaragaze kandi zigaragarize buri kiremwa cyose kiri mu Isi.

Dukomeje gukorana namwe imirimo ikomeye kandi dukomeje kugendana kugira ngo mufore ku rugamba bityo murase umwanzi kandi mumwimure mumukure mu byimbo kuko ibikorwa bya DATA bigomba kugaragara kandi imbaraga ze z’agatangaza zigomba kumvikana kandi zikamenyekana mu Isi yose kugira ngo abitwaje icyubahiro cyabo kandi abitwaje ubukomere bwabo kugira ngo bagaragarizwe ko ari umukungugu utumuka kandi ntacyo bari cyo imbere y’ibikorwa by’Uhoraho Imana ku barwanya kandi kubahinyura ibikorwa bya DATA ko abo bose bagomba kwigizwayo kandi bagomba gusukurwa n’urumuri rwa DATA kugira ngo bamenye kandi bacengerwe n’ukuri kwa DATA ndetse n’ukuri kw’inkuru ye nziza mu Isi yose.

Ntore z’Uhoraho Imana bavandimwe banjye ndabashyigikiye kandi ndabakomeje kuko ukuri kwa DATA kugomba gutsinda kandi ibikorwa bye muri mwe bigomba kwigaragaza kandi bikumvikana mu Isi yose kuko nta kizigera kigabanya kandi nta kizigera gihindura umugambi wa DATA mu mirimo mugomba gukora mu Isi yose kandi mu bikorwa mugomba kugaragaza ari nayo mpamvu turi kumwe namwe mu bikorwa by’urugamba kandi dukomeje kubashyigikira kuko nta wugomba kubitambika imbere y’ububasha mutwaye kandi imbere y’urukundo mugomba gusakaza mu Isi yose, nimukomere kandi mushikame ku cyiza cya DATA kuko tubashyigikiye kandi tubambitse imbaraga z’agatangaza kugira ngo mukomeze guhagarara mu myanya neza kandi mukomeze gusakaza urukundo rusukura byose kandi urukundo ruhindura byose mu Isi kuko imbaraga za DATA zatsinze zigomba kumenyekana kandi ukuri kwe kuri hejuru ya byose kukaba kugomba kumvikana mu Isi yose ndetse no kugaragarira buri kiremwa cyose.

Ndabakomeje rero mu byishimo n’amahoro kandi nkomeje kubashyigikira kuko mutari mwenyine ku rugamba kandi dukomeje kubambika imyambaro ikomeye kandi kubambika intwaro z’urumuri kugira ngo muhashye umwanzi kandi mumuhige mumukura mu byimbo aho hose yagiye yihisha kandi aho hose yagiye ashyira ibikorwa bye kuko ari igihe cyo kubitahura kandi ari igihe cyo kubyigizayo bityo ububasha mwambaye bugasanza byose kandi imbaraga mwagabiwe zigatahura byose kandi zikarangiza byose mu Isi; nimukomeze mujye imbere ku rugamba kuko turi kumwe kandi mukomeze gutambuka gitore kandi gitwari kugira ngo turwane urugamba inkundura kandi turangize byose kuko ari igihe cy’ibikorwa bya DATA kandi byose bigomba kuzurizwa ku gihe nta munota n’umwe uvuyeho kandi nta segonda na rimwe rivuyeho kuko ibikorwa bya DATA bigomba kumvikana kandi bikamenyekana mu Isi yose mu boroheje ndetse n’abakomeye; nimukomere rero ku rugamba kuko turi kumwe kandi mukomeze gutwaza hose kuko nta na hamwe mugomba gutsindwa kandi nta na hamwe mugomba kunanirwa kuko ibikorwa byacu biri muri mwe kandi imbaraga zacu zikomeye zikaba zibubatse kandi zibashyigikiye iminsi yose.

Mbifurije ibihe byiza kugubwa neza nimukomere turi kumwe ku rugamba kandi dukomeje kubana umunsi ku wundi kugira ngo duhashye umwanzi kandi turimbure dukura mu nzira ibikorwa bye byose bityo imbaraga zacu z’agatangaza zikomeze kwihishurira benshi kuko muri abadasanzwe mu Isi yose kandi mukaba muhamagarirwa ibikorwa bidasanzwe, akaba ari yo mpamvu mugomba gukomera kandi mugomba gushikama ku cyiza mwamenye kandi ku ntwaro mwahawe kugira ngo muhashye umwanzi mumutsinsure kandi mumukure mu mayira maze ibikorwa bya DATA muri mwe bikomeze kumvikana kandi bikomeze kugaragara mu Isi yose kuko nta kizabuza umugambi wa DATA kugerwaho kandi nta kizahagarika ibikorwa bye kuzuzwa ndetse no gukomeza kubaho mu Isi yose.

Mbifurije kugubwa neza no gukomera kuko ndi kumwe namwe kandi ndabashyigikiye mu byishimo n’amahoro kuko mbabereye intwari ku rugamba kandi mbabereye maso ku rugamba igihe cyose kugira ngo muhashye umwanzi kandi mugamburuze imigambi ye yose mutagamburujwe kandi mudatsinzwe ku rugamba kuko mwahawe umutsindo kandi muhorana nawe igihe cyose kugira ngo wumvikane kandi wigaragarize buri kiremwa cyose; mbifurije ibihe byiza kugubwa neza mu rukundo rwa DATA; nimukomere kandi mukomeze kujya mbere kuko ndi kumwe namwe kandi tubashyigikiye nk’ingabo zo mu Ijuru kugira ngo dukomeze kugendana kandi namwe mukomeze kuba ingabo zikomeye z’umutsindo wa DATA mu Isi yose.

Mbifurije umunsi mwiza ibihe byiza kugubwa neza, nimukomere turi kumwe muri byose mu kurangiza byose kandi mu gufunga ndetse no guhagarika ibikorwa by’umwanzi mu Isi kugira ngo urukundo rwa DATA rwumvikane kandi imbaraga z’agatangaza zikomeze kugaragara kandi zikomeze kugaragarira buri kiremwa cyose.

Amahoro kuri buri wese ibihe byiza kugubwa neza ndabakomeje mu mbaraga n’urukundo kandi ndabashyigikiye mu mugambi wa DATA utagamburuzwa kugira ngo mukomeze kujya mbere kandi mukomeze gukataza mu bikorwa by’urugamba bityo twumvikanishe umutsindo mu Isi yose mu buryo bwihuse kandi mu buryo bubangutse; amahoro kuri buri wese ibihe byiza kugubwa neza, nimuhumure ntore za DATA kandi mukomere turi kumwe muri byose mu rukundo rwa DATA ndetse no gukomeza kugaragaza imbaraga ze mu Isi yose.

AMAHORO, AMAHORO, IBIHE BYIZA KUGUBWA NEZA, NDI MUTAGATIFU JEANNE D’ARC, AMAHORO, AMAHORO!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *