UBUTUMWA BWA MUTAGATIFU MARITA, TARIKI 01 UGUSHYINGO 2023
Nje mu ntore z’Imana bana b’Umusumbabyose mbifurije umunsi mwiza w’ibirori n’ibyishimo nubabere umunsi muhire kandi ubabere umunsi mutagatifu mu bikorwa bidasanzwe by’Uhoraho mu Isi yose kuko twamanutse mu buryo bw’agatangaza kugira ngo dutaramane n’abatuye Isi bityo ububasha bwa DATA bukomeze kwigaragaza kandi akomeze kwihesha ikuzo muri kiremwa cyose gituye Isi mu buryo bw’agatangaza, nimukomere ndabakomeje kandi ndabashyigikiye muri uyu munsi utagira uko usa kuko naje kwifatikanya namwe mu mirimo idasanzwe kugira ngo dukomeze gutegura benshi kandi dukomeze gutegura byinshi mu Isi kuko uyu munsi ari umunsi wo gutengeneza ibikorwa by’Uhoraho gushyira ku murongo no mu buryo kugira ngo ububasha bw’Imana bwigaragarize Isi yose mu buryo bukomeye, ni umunsi rero ukomeye cyane kandi ni umunsi w’amateka akomeye ku kiremwa muntu kuko ari umunsi twaje mu Isi mu buryo bukomeye kandi twaje mu mbaraga zikomeye kugira ngo dutegure kandi dutazanure ububasha bw’Imana burusheho kwigaragaza kandi burusheho kugaragarira amahanga yose mu buryo bw’agatangaza, nimukomere kandi mukataze mu rugendo rwanyu rwa buri munsi kuko tubashyigikiye kandi tubakomeje mu mbaraga zikomeye za DATA kugira ngo ububasha bwa DATA bukomeze gusesekara mu Isi kandi bukomeze gutwikira buri kiremwa cyose mu buryo butangaje kandi mu mbaraga zikomeye kuko twamanuye urumuri rutamanzuye kuri buri wese kugira ngo buri wese utuye Isi arusheho kubona urukundo rw’Imana kandi arusheho kwambara ububengerane bw’Uhoraho kuko twazamuye benshi mu mutima muziranenge wa DATA mu byishimo amahoro n’umunezero kugira ngo buri wese anezerwe kandi buri wese yishime kuko ari umunsi w’ibyishimo kandi akaba ari umunsi w’umunezero kuko twasabanye na buri wese utuye Isi cyane cyane abari maso kugira ngo bakomeze kwakira imbaraga kandi bakomeze kwakira ububasha buri kumanurwa mu Isi mu buryo bw’agatangaza.
Turi mu bihe by’integuro ya nyuma kuko turi kugenda dushyiraho akadomo kandi tugenda dushyiraho umusozo mu buryo butangaje kugira ngo ibikorwa by’Uhoraho byigaragaze mu Isi yose kandi byigaragarize bose mu mbaraga zikomeye za DATA, ntore z’Imana nshuti bavandimwe nkunda kandi dutaramanye mporana namwe mu bihe byose mpora bugufi bwanyu kugira ngo nkomeze kubatoza inzira inyura Imana kandi ishimishije Imana kugira ngo mukomeze kubaho mu gushaka kw’Imana nta kibakoma nta n’ikiri imbogamizi mu buzima bwanyu bwa buri munsi mu kugendera mu rumuri rukomeye ukuri n’ubutabera by’ijambo rya DATA kugira ngo bikomeze gukwirakwira hose kandi bikomeze gusendera hose muri buri kiremwa cyose gituye Isi, nimukomeze rero mwishime kandi munezerwe kuko muri aheza kandi mukaba mwarahatujwe n’Uhoraho mu buryo bw’agatangaza mu mbaraga n’ububasha bukomeye hakaba nta n’umwe ushobora kunyeganyeza ibikorwa by’Uhoraho muri mwe kandi nta n’umwe ushobora kubavogera Uhoraho atabishatse kandi atabyemeye kuko muriho mu mugambi w’Imana kandi mukaba muriho mu nteguro y’Ijuru ryose, uyu munsi rero nubabere umunsi muhire w’ibyishimo bikomeye kuba dutaramanye namwe mu buryo bw’agatangaza kuko twaje gusabana namwe kandi tukaba twaje gutaramana namwe mu mbaraga zikomeye za DATA kugira ngo munezerwe kandi mwishime mu mbaraga zikomeye kandi mu buhanga buhanitse bwa DATA.
Nimwakire amaso mashya kugira ngo murusheho kubona ibikorwa biri gukorerwa mu Isi kandi murusheho kubona imirimo ya DATA mu Isi mu buryo bukomeye kuko ari umunsi wo kwigaragariza benshi kandi akaba ari umunsi wo kwihishurira benshi mu mbaraga zikomeye kugira ngo Mwene Muntu abone ibyiza bya DATA kandi abone ububengerane bwa DATA mu mbaraga zikomeye, turi kumwe rero kuko twihuje namwe mu buryo budasanzwe kugira ngo mukomeze kubengeranira mu Isi yose kandi mukomeze gutagatifuza benshi mu bwitange bwanyu n’imbaraga zanyu zikomeye, turi mu rugamba rudasanzwe kandi turi mu mirimo ikomeye cyane kuko kuri uyu munsi hari byinshi twaje kurangiza mu Isi cyane cyane akavuyo kose k’umwanzi tukaba twaje kugafunga mu buryo bukomeye kugira ngo abizeye ubwenge bwabo n’ubuhanga bwabo tubagaragarize ko urukundo rw’Imana rutwikiriye Isi yose kandi imbaraga z’Uhoraho ziganje mu Isi mu buryo bukomeye nta n’umwe ugomba kugenda uko ashaka ndetse n’uko yumva buri wese agomba gutambukira mu rumuri rwa DATA kandi buri wese agomba kubaho mu byishimo n’umunezero ukomeye, nimukomere ndabakomeje kandi ndabashyigikiye intambwe ku yindi kuko ngendana namwe kandi ngahora bugufi bwanyu mu buryo bw’agatangaza kugira ngo nkomeze kubatoza iby’urugamba bityo murwanire roho nyamwinshi kandi murwanire benshi mubazana mu butungane kandi mubazana mu rukundo rw’Ijuru ryose, nimukomeze mwishime munezerwe muryango mutagatifu Uhoraho yishingiye kandi yitoreye mu mbaraga ze n’ubuhanga bwe kuko yari yarabazigamye igihe kirekire, igihe kikaba ari iki ngiki cy’ibikorwa bye bidasanzwe mugiye kugaragariza Isi yose kandi mugiye gutangariza Isi yose mu buryo bw’agatangaza, nimuhagarare mwemye ntihagire ikibanyeganyeza kandi ntihagire ikibatera gushidikanya ni ibihe bikomeye kandi ni ibihe byo guhagarara mu kwemera kwanyu kuri buri wese mugahagarara mushize amanga mugahamya urukundo rw’Imana kandi mugahamya ibyiza by’ingoma y’Ijuru kuko mweretswe byose kandi mwahishuriwe byose nta na kimwe tutabahishuriye kugira ngo munyure Imana kandi mutunganire Imana bityo mugarure benshi kandi murembuze benshi mubazane mu byishimo bikomeye by’Uhoraho, ngaho rero nimuseruke gitore mugende n’intore zatojwe n’Ijuru ryose mu bikorwa bidasanzwe mu kugaragaza imirimo ikomeye kandi mu kugaragaza ibikorwa bikomeye muri Mwene Muntu mu buryo bw’agatangaza.
Uyu munsi hari benshi bawukerensa kandi hari benshi bitwara uko bashaka ndetse n’uko bumva kuko bamenyereye iby’akamenyero kandi bakamenyera ibyahozeho ariko nyamara ibihe turimo ibihe byarahindutse ntabwo bikiri bya bindi Mwene Muntu ntabwo akigomba kwidegembya uko yidegembyaga ni igihe cya buri wese kugira ngo arangamire Uhoraho kandi ahange amaso Uhoraho mu rukundo rwe bityo impuhwe ze zikomeze gutwikira Isi yose kandi zikomeze gutwikira bose mu mbaraga zikomeye. Uyu ni umunsi wo kugarura abajyanywe bunyago bajyanywe n’umwanzi kandi baziritswe n’umwanzi mu buryo bukomeye kuko ari umunsi wo guhuza bose mu rukundo rwa DATA kandi mu byiza bya DATA kuko twagose Isi yose kandi turi bugufi bwa buri wese utuye Isi mu buryo bukomeye haba abemera ndetse n’abatemera kuko bose turi kubigaragariza mu mbaraga zikomeye kugira ngo babone urwererane rw’urumuri rwa DATA rwamanukiye mu Isi kandi rwatwikiriye Isi mu buryo bw’agatangaza kuko Isi itwikiriwe n’urumuri rukomeye kandi ikaba yatwikiriwe n’imbaraga zikomeye kuko twamanutse mu Isi kugira ngo twihuze na buri wese utuye Isi bityo buri wese arusheho kubona ubwiza bwa DATA kandi arusheho kubona ibyiza bya DATA mu buryo bukomeye, ni igihe turi gufungura imitima yinangiye kandi yikomeyeho kuko twamanuye imbaraga zikomeye mu kujajanga no kurimbura ikibi cyose kiri muri Mwene Muntu, uyu munsi rero ni umunsi wo gukura urwiri rwose ruri muri Mwene Muntu mu mbaraga zikomeye za DATA kuko ineza twagiriwe kandi urukundo twagiriwe ari rwo rwatugaruye mu Isi mu buryo bukomeye kugira ngo dutabare buri wese kandi turengere buri wese kuko buri kiremwa cyose cyahanzwe mu isura ya DATA twaje kugira ngo dutabare kandi dutabarure impabe zose zajyanywe n’umwanzi kugira ngo bose bongere bahurizwe hamwe kandi bose bongere babeho mu byishimo bikomeye bya DATA.
Nimukomere ndabakomeje kandi ndabashyigikiye kuri uyu munsi ngira nti nimwishimire muri DATA kandi mwisanzurire muri we kuko mwahawe ubwigenge muri we kugira ngo mugendere mu rukundo rwe kandi mugendere mu rumuri rwe bityo mukaba muri mu Isi kimalayika kandi gitagatifu mwambaye umubiri akaba ari amahirwe akomeye kandi akaba ari ubuntu bugeretse ku bundi kandi butangaje kuko byahishwe abahanga n’abanyabwenge bigahishurirwa mwe intamenyekana kugira ngo mumenyekanishe hose ububasha bw’Imana kandi musakaze hose imbaraga z’Uhoraho mu buhanga bwe buhanitse kandi mu mbaraga ze zitangaje, ngaho rero nimukataze mu kuri n’ubutabera museruke mwishimye kandi munezerewe ntihakagire ikibavutsa ibyishimo mwahawe n’Ijuru ryose kuko iyi Si yose ari iya DATA kandi ibikorwa byose bihakorerwa akaba ari ibya DATA ari yo mpamvu twaje kwimura kandi twaje guhirika ikibi cyose cy’umwanzi cyaje mu bikorwa bya DATA kitagomba gikuruwe na Mwene Muntu kandi gikuruwe n’amatwara ya Mwene Muntu, ibyo byose tukaba turi kugenda tubirangiza kandi tubivana mu nzira kugira ngo ugushaka kwa Mwene Muntu kwimurwe burundu kandi kuvanweho burundu bityo ibikorwa bya DATA bitangaje bikomeze kwigaragariza Isi yose, mbifurije umunsi mwiza ibihe byiza kuri mwese nimukomeze mwishime kandi munezerwe turi kumwe kuko integuro yacu ikomeje mu buryo bukomeye kandi ibikorwa byacu bikaba bigiye kwigaragaza mu buryo bw’agatangaza, ndabashyigikiye kandi ndabakomeje turi kumwe muri byose kuko mporana namwe kandi nkagendana namwe mu mbaraga zikomeye kugira ngo mukomeze kunyura Imana no gutunganira Imana bityo imirimo ya DATA kandi ibikorwa bya DATA bikomeze kugera hose mu Isi.
AMAHORO AMAHORO IBIHE BYIZA NDABAKUNDA KANDI NDABASHYIGIKIYE NDI MUTAGATIFU MARITA AMAHORO NTORE Z’IMANA NSHUTI BAVANDIMWE, AMAHORO!