UBUTUMWA BWA MUTAGATIFU MARIYA MADALENA, Tariki 10/07/2023

Nje muri mwebwe ntore za DATA biremwa bya DATA mbasanganije urukundo ndetse n’urugwiro kandi indamukanyo yanjye akaba ari ibyishimo muri mwebwe nkomeza kubibahundagazaho kandi nkomeza kubasukaho umubavu w’urukundo ndetse n’ibyishimo kandi nkomeza kubasesekazaho urukundo mbakunda bana banjye kandi ntore za DATA nkomeza kubabaza nti mwebwe se mumeze mute bana banjye kandi ibyishimo mbazanira ko mbizana ari byinshi ari igisagirane, nimubyakire rero kandi bibahundagareho kuko nabibazaniye kandi akaba ari byinshi ari igisagirane kandi indamukanyo yanjye muri mwebwe ikaba ari urukundo mbafitiye kandi akaba ari n’ibyishimo. Ndabahobereye mwese rero nimugire amahoro kandi mugire kugubwa neza kandi mugire gutekana kandi buri wese yihanganire buri kimwe cyose kandi buri wese afate mugenzi we mukomezanye muri byose kandi murandatane igihe cyose mukomeze gushyitsa imitima yanyu hamwe nanjye nkomeje kubaba iruhande kandi nkomeje kubahumuriza muri byose kandi nkomeje kubagenda imbere n’inyuma mu buryo bwo kubahumuriza kandi mu buryo bwo kubatabara muri buri kimwe cyose mu kubambika ingabire ndetse n’ingabirano z’Ijuru kugira ngo zibayobore muri byose kandi zibabere ingenzi mu rugendo rwanyu kandi ndushijeho gutazanura intambwe z’ibirenge byanyu kugira ngo murusheho kugenda mu rugendo rwanyu ariko mbatazanurira amayira kugira ngo mukomeze kugenda haharuye kandi mukomeze kugenda mwaciriwe amayira kuko amarembo yabakinguriwe kandi amarembo kwa DATA akaba yaguye kugira ngo mwese muze mwisanga mu Ijuru kwa DATA kandi muze mwisanga mu bya DATA kuko yabashyize mu bye kugira ngo mubashe kubibamo akaba yarabakinguriye amarembo kugira ngo mubizemo mubigendemo nta gihunga kandi nta kwikanga kuko DATA ari we wabahaye karibu kandi akaba yarabahaye uburenganzira n’ubwo benshi batajya bishimira yuko mwagenda cyangwa ngo mutambuke mugende uko muri kugenda benshi bakifuza yuko mwagumana n’Isi cyangwa mukagendana n’ibigezweho byo mu Isi mukagenda nk’uko benshi bari kugenda ariko ntabwo icyo ari cyo DATA abashakaho kandi ntabwo ari nacyo yabatoreye kuko ashaka kugenza nk’uko we abishaka kandi akaba ashaka kubakura mu by’Isi no mu b’Isi mugakatariza mu by’Ijuru mugakomeza kurangamira iby’Ijuru ari nako ashaka yuko mugomba kwinjira mu butagatifu mukiri ku Isi kandi mugatungana mugatunganya byose kandi mugatunga mugatunganirwa muri byose mu by’Ijuru kandi mu bukungu bw’iby’Ijuru mukaba aba mbere kandi mukaba abatarushwa mu by’ubukungu bw’Ijuru mugahora iteka mubisigasiye kandi mugahora iteka mubibumbatiye. Nanjye rero nkomeje kubamanuriramo ubukungu bw’Ijuru kandi ibyiza by’Ijuru kugira ngo murusheho kubitunga kandi murusheho kubibamo umunsi ku wundi bana banjye kandi ntore za DATA ndi kumwe namwe kandi nkomeje kubasesekazaho ibyiza by’Ijuru kugira ngo mukomeze kwinjira mu buhanga bw’Ijuru kandi murusheho kumenya byose kandi murusheho gusobanukirwa na byose nanjye ndushijeho kubahumura amaso kandi ndushijeho kubamenyesha byose kandi ndushijeho kubafungura amatwi kugira ngo musobanukirwe bityo mugende muzi aho muri kujya kandi mugende muri kureba aho muri kwerekeza.

Nimukomeze rero mutumbirire icyerekezo kimwe kigana DATA kandi mukomeze mutumbirire aho DATA ari maze Sekibi mumutere umugongo n’ibye byose mubitsiratsize mu Isi murusheho kugendera mu rumuri kuko aho muzajya mugenda hose mu rumuri muzajya mugenda mukonoza umwijima wa Sekibi kandi amasengesho yanyu aza ari nk’inkota ityaye akahuranya Shitani n’ibitero bye byose bigakangarana bigahunga. Nimukomeze rero mukomeze urugendo kandi mukomere muhagarare gitwari mukomezanye mu rugendo rwanyu kandi murandatane umunsi ku wundi bana banjye nanjye nkomeje kubamanuriramo imbaraga kandi nkomeje kubambika ububasha ndetse n’ubuhanga kugira ngo musobanukirwe byinshi mu by’Ijuru kugira ngo mwe kugenda mutari impumyi ahubwo mugende nk’abareba mugende musobanukiwe na byose ntimuzabe ibipfamatwi ahubwo nimukomeze muzibuke amatwi mwumve byose kandi musobanukirwe na byose. Nimutobore muvuge igihe cyose kandi nimuhore iteka muvugira Ijuru kandi muhore iteka musobanukiwe n’iby’Ijuru mubitangaze kandi mukomeze gusingiza Ijuru ryose kandi mukomeze kurirata muri byose kuko ryabakunze kandi rikaba ryarabatoye tukaba twaramanutse by’umwihariko kuza kwifatikanya namwe biremwa bya DATA mukiri ku Isi kugira ngo turusheho kubabwira yuko tubabona kandi tubazi kandi DATA akaba abazi wese akaba abasobanukiwe ari nayo mpamvu arushijeho kubatazanurira amarira yanyu kandi akaba ari nayo mpamvu arushijeho kuboherereza imbaraga kandi agakomeza no kutwohereza muri mwebwe kugira ngo dukomeze kubigisha kubaburira no kubahumuriza no kubakomeza mu rugendo rwanyu kuko mu rugendo rwanyu ntabwo biba byoroshye kandi uru rugendo ntabwo rujya rworohera abagenzi bose baba bagana DATA kuko Sekibi ahagurutsa imitego myinshi yo kugira ngo arebe yuko yabahanantura mu ntambwe zanyu cyangwa ngo abasubize inyuma kubera ko aba abona icyerekezo muri kwerekezamo ari cyiza kandi muri gukataza mwerekeza aho DATA ari bityo rero akibuka ibyiza yasize mu Ijuru akibuka ibyiza yahasize akibuka n’abahageze ukuntu batekana kandi bagatunganirwa bityo bagahirwa kandi bagahirwa muri byose kuko baba bageze kawa DATA kuko haba hari byose kandi haganje byose. Akagira ishyari rero kandi akagira umujinya mwinshi akifuza yuko nta wazahagera ahubwo buri wese yamukurura bakazajyana mu irimbukiro ariko icyo ntabwo ari cyo tubifuzaho bana ba DATA niyo mpamvu naje kwifatikanya namwe bana banjye kugira ngo ndusheho kubatazanurira amayira kandi ndusheho kubatazanurira amayira uko bwije n’uko bukeye mbahumura amaso kandi mbarandata mu ntambwe zanyu za buri munsi kugira ngo nkomeze kugendana namwe ndusheho kugendana namwe igihe cyose ari nako mbahigikira ibitero bibisha by’umwanzi kandi imigambi ye mibisha ndushaho kuyihigika kandi ndushaho gupangura imipango ye yabapangiye mibisha kugira ngo atayibatega cyangwa akaza kubavuya muri mwebwe akabasandaguza akaba yasandaguza urukundo twabasutsemo kandi ibyishimo twabasutsemo akaba yabibanyaga. Nkomeje rero kumuhinda muri mwebwe kandi nkomeje kubacungira umutekano ku buryo bukomeye, ndi Mutagatifu Mariya Madalena uhorana namwe bana banjye ndabakunda mbahoza ku mutima wanjye sinjya mbasiga ahubwo iteka ryose mporana namwe nkahora mbahumuriza kandi ngahora mbomora ibikomere byose by’aho muba mwakomeretse kandi aho hose umwanzi Sekibi aba ashaka kubateza ubushotoranyi nkarushaho kumwigiza kure yanyu kugira ngo mukomeze mwishimire muri DATA.

Bana banjye ndagira nti mumeze mute mu bya DATA kandi mumeze mute mu by’urukundo rw’Ijuru. Ese koko mumeze neza? Bana banjye mumeze mute? Bana banjye nimukomeze mwishime ntimukavutswe ibyishimo kandi umwanzi Sekibi ntakabibavutse ahubwo nimukomeze mwishime mu bya DATA kandi mukomeze mukataze kuko DATA aho yabateretse nta wuzahabaterura DATA atarabishaka kandi DATA ntazigera anabishaka kuko yabashyize mu rugendo kandi akabohereza mu rugendo abohereza n’ingabo zibakingira kandi zibakomeza umunsi ku wundi kugira ngo muhore iteka muri ingabo zihamye kandi muri ingabo zihamije ibirindiro hamwe kandi muri ingabo zifashe intwaro kandi mubashe kurwanya umubisha wanyu kandi umubisha uhora iteka abangamiye ibiremwa bya DATA bihora iteka bimushaka kandi bimushakashaka amanywa n’ijoro kugira ngo bazabone ubugingo buhoraho. Ubugingo buhoraho rero nimukomeze kubuharanira kandi mukomeze kubukatarizamo kuko mubuteguriwe kandi mubutegurirwa uko bwije n’uko bukeye muri uko kuza kwifatikanya namwe kugira ngo turusheho kubinjiza mu byiza by’Ijuru kandi turusheho kubatazanurira amayira yanyu kugira ngo murusheho kuza mwinjira mu butungane kugira ngo murusheho guharanira ubugingo buhoraho kuko buharanirwa.

Nimukomeze rero mubuharanire kandi mukomeze muze mubusanga kuko DATA yabafunguriye amarembo kugira ngo muze mwisanga mu by’Ijuru kandi muze mwisanga mu bya DATA igihe cyose rero amarembo arakinguye nimuze mwinjire kuko mwarayakinguriwe kandi uze mwisanga kwa DATA mu mutima we wuzuye impuhwe n’urukundo. Nkomezanyije namwe urugendo bana banjye nkomeza kubafungura imitima yanyu kugira ngo ndusheho kubatera ikinyotera cyo gukunda iby’Ijuru kubirarikira uko bwije n’uko bukeye ntimuzigere mubihaga cyangwa ngo mubigiremo umurengwe ahubwo nimuhore mubisonzeye kandi muhore mubifitiye inyota n’inzara bityo uko bwije n’uko bukeye mubishake kandi mubikumbure bana banjye nkomeje kubateramo icyo kinyotera kandi nkomeje kubatera urukumbuzi rwinshi rw’iby’Ijuru kugira ngo igihe cyose muhore mubirangamiye kandi muhore mubikunze ariko rero ntimuzicwe n’umwuma kandi ntimukicwe n’inyota kuko twabafukuriye amasoko abavomerera, nimunywe mushire inyota kandi muhore iteka muvoma bityo muvome munywe muhage ariko natwe dukomeje kubavomerera ibyiza by’Ijuru, nimuvome mwivomerera bityo natwe tubavomerere kugira ngo murusheho gukomera kandi murusheho gukomeza urugendo rwanyu. Uru rugendo ntabwo rujya rworohera abagenzi bagana DATA mu Isi yose kandi mu biremwa byose, abemera DATA aho bava bakagera uru rugendo ntabwo rujya ruborohera kandi ntabwo bijya bikunda kuborohera cyane kuko Sekibi umubisha ahora iteka ashaka kubateza icyabasubiza inyuma icyabacogoza mu rugendo rwanyu ariko muri iki gihe DATA akaba yaratwemereye tukaba twarahagurutse kandi tukaba twarahagurukanye igishyika cyinshi tukaza kurwanirira abana ba DATA kandi intore za DATA aho ziva zikagera mu Isi kugira ngo dukomeze kubuza izi mbaraga kandi dukomeze kubamanurira ububasha bukomoka kwa DATA ari nako turushaho usukura imitima yanyu kandi ari nako turushaho kwagura imitima yanyu kugira ngo murusheho gusobanukirwa na byose kandi murusheho gukingurirwa Ijuru uko bwije n’uko bukeye kandi murusheho kugenda aho mubona kandi murusheho kugenda mu byo mwumva mubisobanukiwe kandi mugenda mutibazabaza kiriya na kiriya cyangwa mugenda mutikandagira ahubwo nimugende gitwari mugende kigabo mukomeze guhagarara gitwari kuko tubahaye guhagarara mukomeze mwegamire Yezu Kristu we rutare rutajegajega kandi we rutare rudahirikwa n’ibibonetse byose ahubwo umwubatseho wese agakomera kandi agakomerera muri we.

Nkomeje kubambika ubutwari kandi nkomeje kubambika imbaraga bana banjye ari nako nkomeza kubamanuriramo ibyishimo byanjye kandi mbahereza umunezero kugira ngo mwuzure akanyamuneza kandi agasusuruko k’ibyishimo by’Ijuru gahora iteka gasabagira mu mitima yanyu akayaga k’urukundo gahore iteka kabahuheraho kuko ari yo ntego yanjye muri mwebwe kugira ngo mpore iteka mbuzuza ibyishimo n’urukundo maze igihe cyose muhore mukorera DATA kandi muhore mumusangana ibyishimo kandi muhore iteka muturije muri we ari nako mukatariza mu by’Ijuru bityo rero nimwuzura urukundo kandi mukuzura ibyishimo igihe cyose muzajya musanga DATA mukeye kandi mufite imitima isukuye kuko umuntu wese wishimye kandi akaba afite urukundo bimufasha kwirinda n’ibindi bibi byose kandi bikamufasha kwinjira mu butungane akinjira mu butagatifu kandi akiri ku Isi. Ndagira nti rero nimwinjire mu butagatifu mukataze mu gukora ikiri icyiza kandi mwihatire gukora ibikorwa byiza bibarange kandi bibasabemo umunsi ku wundi bana ba DATA muzi icyo Ijuru rikunda kandi muzi icyo DATA akunda kuko murakizi kuri buri umwe umwe wese arakizi ndagira nti rero nimukatarize muri ibyo byiza murusheho kubikora kandi murusheho kwihatira kubikora no kubyinjiramo uko bwije n’uko bukeye kandi natwe tuje kubibafashamo nk’abatagatifu babanjirije mu Ijuru by’umwihariko njyewe bana banjye nje kubafasha kugira ngo mburize iyo ntera kugira ngo mbashe kubereka umuryango w’ubutagatifu aho uherereye kugira ngo nywubinjizemo muhore iteka rero ari wo mugomba kunyuramo kandi muhore iteka muwinjiramo ntimuzigere muwusohokamo kugira ngo nkomeze kugendana namwe muri ubwo butungane kandi muri ubwo butagatifu mukiri ku Isi.

Nkomeje rero kubambika  izo mbaraga kandi nkomeje kubambika ubwo bubasha kugira ngo mubashe kubibasha kandi mubashe kubishobora kuko bitajya bishobokera benshi, benshi babipanga maze umwanzi Sekibi akabagamburuza kandi benshi bakihatira gukora icyo cyiza Ijuru ryifuza kandi ribashakaho ariko ikibi kikanga kikabatanga imbere kubera intege nkeya za Mwene Muntu ariko rero mwebwe mukaba mwaragiriwe amahirwe ndetse n’ubuntu bugeretse ku bundi nkaba naraje kwifatikanya namwe kugira ngo mbibafashemo kandi mbafashe kubyinjiramo ari nayo mpamvu mpora nza kubaganiriza kandi nkishimana namwe muri aka kanya kandi nkakomeza kubaganiriza nkomeza kubibutsa iby’urukundo rw’Imana kandi nkomeza kubinjiza mu by’ubutungane bwa DATA kugira ngo murusheho gukorera Ijuru kandi murusheho kuritunganira uko bwije n’uko bukeye. Ngaho nimwinjire mu butungane bwa DATA kandi muhore iteka musabagizwa n’ibyishimo bya DATA abamanuriramo umunsi ku wundi kandi musabagizwemo n’ibyiza by’Ijuru, mbahaye umugisha kandi mbahaye amahoro kuri uyu munsi nimukomeze urugendo kandi mukomeze kugubwa neza banjye intambwe yanyu ndayibona kandi gutaguza muza musanga Ijuru kwanyu turakubona nkomeje kubategera ibiganza kugira ngo muze kandi nkomeje kubambika imbaraga nkomeje kubagenda imbere n’inyuma bana banjye mu ntege nkeya zanyu ndazibona kuko hari igihe munanirwa ariko ntimukananirwe bana banjye nkomeje kubambika imbaraga kandi nkomeje kubambika ububasha kugira ngo nkomeze kugendana namwe kandi n’aho mwabona hari igikomeye muhuye nacyo cyangwa hari ikibazo muhuye nacyo ndabasaba ngo mujye murangwa no kwihangana kandi mwiyumanganye muri byose bityo rero mukomeze gukurikira Yezu Kristu kandi mukomeze kumwizera muri byose kuko nawe ari mu Isi yihanganiye byose kandi ababarira byose; nimwihangane rero mukomeze urugendo kandi mukomezanye muri byose igihe cyose muhore mutaguza mugana DATA kandi muhore iteka musanga urukundo rwa Yezu Kristu rurusheho kubagurumanamo maze iteka ryose mwumve mwuzuye ibyishimo ndetse n’urumuri. Nkomeje rero kubakomeza muri byose kandi nkomeje kubahumuriza mu mitima yanyu nimukomere kandi muhumure ndabashyigikiye bana banjye nimuze tugende kandi kuza mudusanga kwanyu turakubona intambwe yanyu ya buri munsi guhora iteka mufite igishyika cyo gukataza mu by’Ijuru kandi kuza mudusanga kwanyu turakubona ari nayo mpamvu nza kubaramira bwangu kugira ngo nkomeze mbatambutse kandi nkomeze mbambutse byinshi kandi nkomeze mbambutse inyanja nzi nyinshi kandi nkomeze mbasimbutse byinshi. Ndi kumwe namwe rero bana banjye kandi ndabashyigikiye mu rugendo rwanyu sinzigera mbasiga mbahora hafi nimukomere kandi mukomeze mukataze turi kumwe.

Muri aka kanya rero nje kwifatikanya namwe mu isengesho mukoze kuko ndushijeho gusukura byinshi kandi ndushijeho kubohora imitima myinshi, hari imitima myinshi cyane yari iboshye kandi hari imitima myinshi cyane yari iremerewe, hari benshi bari baruzuye ishavu n’agahinda mu mitima yabo bumva baremerewe harimo icuraburindi ry’umwijima Sekibi yarasabitse imitima yabo bumva yuko batakwirekura bumva yuko bari mu Isi kandi bakumva yuko bakwiyahura kuko babonaga ibintu bibagirije impande n’impande bakumva yuko ubuzima baburambiwe kandi n’Isi bayihaze Sekibi akaba yari yarababoshye muri ubwo buryo muri iri sengesho nicyo kintu dukoze kuko tubohoye mwene iyo mitima yari yaramaze kwihaga no kwirambirwa bakumva yuko DATA atakibaho kandi bakumva yuko DATA atajya ababona cyangwa batamusaba ngo abarengere kuko bari baramaze kwiyanga n’Isi n’ibiyiriho byose bakabyanga umupango bari bafite ukaba wari uwo kwiyahura. Muri iri sengesho ryanyu rero izo roho murazibohoye kandi murazitabaye, nimushimirirwe ibyo ngibyo kandi mukomeze kwandikisha byinshi byiza nk’ibyo mu Ijuru kandi mukomeze gutabara benshi mukomeze kubohora benshi turi kumwe bana banjye nkomeje kwakira amasengesho yanyu kandi inkunga yanyu y’amasengesho nkomeje kuyakira mu biganza byanjye nkomeje kuyihereza DATA kugira ngo DATA na we ayibohoze benshi kandi ayitabaze benshi ayishyikirize abo igomba kandi abagiye bababaye kurenza abandi na we abashe kuyibashyikiriza bityo kugira ngo akomeze kubohora. Muri aka kanya rero mukijije benshi kandi mubohoye benshi kuko benshi batangiye kugaruka bakaba bari kumva yuko ari urukundo rwa DATA rwabarengera kandi rwabatabara bityo bakaba batangiye kubona igishashi cy’urumuri kugira ngo babashe gukatariza aho DATA ari kugira ngo ababohore kandi abatabare kugira ngo abamburureho izo mbaraga za Sekibi zari zarabashikamiye; hari benshi rero bari banashikamiwe n’umwanzi  bari bafite amagorwa ndetse n’ibigeragezo Sekibi yari abashikamiye kubera ko bakoreraga DATA cyane akaba yari yarabatejeje ibigeragezo hagati yabo basaga nk’aho bari mu mazi abira ariko mu isengesho ryanyu mwazamuye mwabatabaye mwabarohoye DATA yagaragarije ikuzo rye muri bo hirya no hino hari imbaga y’abantu benshi yatabaye muri ubwo buryo kubera inkunga y’amasengesho yanyu DATA yagiye arabatabara arabangera bityo abarengeza ububasha bwe bw’ukuboko kwe guhanitse akaba yagaragaje ko ari we ukorera muri bo kandi akomeza kubatabaza ubwo buntu bwe ariko Sekibi rero na we yahakorewe n’isoni. Nimukomeze rero mukoze isoni iyo Sekibi kandi mukomeze mukoze isoni iyo ndyarya Sekibi kandi uwo mubisha mukomeze mumuhinde mu bana ba DATA mukomeze mumwirukane kuko igikorwa cyanyu cy’Isengesho kigira akamaro kandi kigatabara benshi kikagirira umumaro benshi. Ndagira nti nimukomeze mukataze mukomeze mutere intambwe mujya mbere kuko aho muri kujya ni heza kandi aho muri kwerekeza ni heza bana banjye ntimuzigere musubira inyuma.

Nkomeje rero kubakolotira kandi nkomeje kubaba hafi nimuze tugende igihe cyose turi kumwe nkomeje kubashyikigikirisha imbaraga ndetse n’ububasha bikomoka kuri DATA nkomeje kubacungira umutekano muri byose, nkomeje kubabera maso bana banjye mwihungabana kandi mwibabara, mwidandabirana mu rugendo rwanyu nimuhagarare mukomerekuko turi kumwe ndabashyigikiye bana banjye igihe cyose ndi kumwe namwe ngendana namwe sinjya mbasiga mu bikorwa byanyu bya buri munsi ndaza nkifatikanya namwe kugira ngo mutavaho mukananirwa mukaba mwakwijujutira DATA cyangwa mukaba mwacika intege mugatentebuka. Naje kwifatikanya namwe rero no kugendana namwe umunsi ku wundi kugira ngo aho mwibagiwe mbibutse kandi aho mugiye guteshuka mbashe kubakuma mbagarure.

Nimugire amahoro mugire ijoro ryiza kandi mugire ibihe byiza nkomeje kubarandata kandi nkomeje kubabumbatira muri byose ndabakunda bana banjye nimugire amahoro ijoro ryiza ndabakunda, ndi Mutagatifu Mariya Madalena wabakunze kandi ugikomeje kubakunda nkaba ntazigera mbatererana. Amahoro, amahoro nshuti zanjye bana banjye ntore z’Imana ihoraho biremwa bya DATA kandi bwoko bwa DATA nimugire umugisha kandi muhorane amahoro nkomeje kubifuriza ibyishimo kandi nkomeje kubifuriza amahoro kuko kandi mbifuriza n’urukundo kandi akaba ari yo ntego yanjye muri mwebwe kandi akaba ari nayo ndamukanyo yanjye muri mwebwe, nimusabwe n’ibyishimo kandi musabwe n’umunezero.

NDABAKUNDA MBAHOZA MU MUTIMA WANJYE WUZUYEMO IBYISHIMO NKAHORA ITEKA NZA KUBIBASUKAHO. AMAHORO, AMAHORO, BANA BANJYE!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *