UBUTUMWA BWA MUTAGATIFU MARIYA MADALENA, Tariki 26/06/2023.

Ndabahobeye ntore z’umusumbabyose ndabakikiye bana banjye nimugire kugubwa neza mbahaye umugisha kuri uyu munsi mbahaye ibyishimo kandi mbahaye iruhuko mu mitima yanyu nimugire kugubwa neza ndabashyigikiye. Nimushyigikirwe igihe cyose nimuhumure kuko mbahumurije nimugire kugubwa neza rero kuri uyu munsi kuko nkomeje kubana namwe kandi nkaba nkomeje kubamanuriramo ibyiza by’Ijuru kugira ngo ndusheho kubateza imbere mu kwemera kandi ndusheho kubasesekazaho ingabire ndetse n’ingabirano kugira ngo murusheho kugubwa neza kandi murusheho kuzuzwamo ingabire ndetse n’ingabirano zirusheho kubateza imbere kandi murusheho kujya mbere mu kwemera igihe cyose. Nimugire amahoro menshi bana banjye nimugire ibyishimo kandi nimugire umutekano kuko mbahoza ku mutima wanjye kandi umunsi ku wundi nkabazirikana nkabamenyera ikibakwiriye bityo akaba ari cyo mbagenera kandi nkakibasabira kuri Jambo maze Jambo na we akakimpa maze nkaza nkakibagabira. Impamvu rero mbabwira n’iyo mbavugisha byose ni Jambo wampaye ijambo muri mwebwe kuko yemeye ko nza kwifatanya namwe muri ibi bikorwa kandi muri uru rugendo kugira ngo mfatanye namwe urugendo kandi nifatikanye namwe mu bikorwa bitandukanye mukiri mu Isi kandi nkomeze kubagezaho amatangazo y’iby’Ijuru kandi nkomeze kubahishurira byinshi kugira ngo ndusheho kugendana namwe igihe cyose.

Nimugire rero ubuzima buzima kandi nimugire ubuzima butazima muri Nyagasani muhore mwambaye imbaraga kandi muhore mugira ubutwari bana banjye ndabashyigikiye ndi Mutagatifu Mariya Madalena uhorana namwe igihe cyose kandi nkahora iteka mbihibibikana kandi nkahibibikanwa n’urukundo mbakunda kandi nkahora iteka nkorana umwete n’ishyaka kugira ngo mbateze intambwe kandi mbateze imbere kandi icyo mbona cyabasubiza inyuma nanjye nkoresha buryo ki cyaca ukubiri namwe maze nkahora iteka mbajyana mbere kugira ngo muhore iteka mujya imbere mu rumuri. Nimwirinde rero namwe ubwanyu bana banjye ntimukirare mube maso kandi mumenye ubwenge ku rugamba maze mumenye ibyo tubatoza n’ibyo tubashakaho n’ibyo tubabwira umunsi ku wundi bityo murusheho kubigendamo nta mususu kandi murusheho kubigendamo kigabo muhagaze gitwari kuko tubaha ububasha bw’Ijuru tububamanuriramo umunsi ku wundi kugira ngo murusheho kubwambara kandi murusheho kubukindikiza kugira ngo turusheho kubambika imbaraga mu rugendo rwanyu kandi turusheho kugendana namwe igihe cyose.

Nimugire umugisha rero kandi nimugire amahoro kandi muhore iteka mwizihiye Uhoraho kandi namwe muhore mwizihiwe mu by’Uhoraho maze mukore ibyo mwumva mushaka kandi mubikore mwumva mubishaka kandi mubikunze atari agahato ahubwo mwabikoranye ubwira ndetse n’umwete n’urukundo mufite kandi mwabikoze mubikuye ku mutima namwe birusheho kubabyarira umusaruro kandi bigire kubagirira byinshi byiza mu Ijuru kuko muri kwihunikira bana banjye nimukore kandi mutikoresheje murangwe n’ingeso nziza kandi murangwe no gukora neza igihe cyose kuko nanjye ndi ubabumbariye kandi ndi ubashyigikiye ndi ubateza intambwe kandi ndi ubateza mbere mu kwemera kwanyu nkarushaho kubashyigikira kandi nkarushaho kugendana namwe muri byose kugira ngo ndusheho kububaka kandi ndusheho kububakira imitima yanyu kandi ndusheho kubazamura hejuru ku gasongero kandi ndusheho kubashyira kuri escaliers kugira ngo mbakingire ikibi cyose kandi nkomeze kubambika imbaraga n’ubutwari kugira ngo mpore iteka ngendana namwe kandi mpore iteka nkorana namwe ibikorwa byinshi bitandukanye mu Isi. Aho mumaze kugera intambwe muri gutera kandi icyerekezo murimo ni cyiza ariko Sekibi ntabwo acyishimiye n’aho muri kwerekeza kuko ari kubona yuko muri gukataza mumusiga ibye byose muri kubitera umugongo muri gushaka kwinjira mu butungane nyabwo bwa Nyagasani muri gushaka kwinjira mu gushaka kwa DATA kugira ngo kubagenge kandi kubayobore kandi kubagenge mu bihe byose ariko Sekibi we ntabwo yabyishimira murabizi kuko ari umwanzi w’ibyiza kandi akaba umwanzi w’amahoro. Niyo mpamvu mbasabye ngo nimube maso kandi bana banjye mumenye ubwenge nkoramutima zanjye ndababwira kandi nkabahishurira ibyiza by’Ijuru kugira ngo uko bwije n’uko bukeye murusheho gutega amatwi kandi murusheho gusobanukirwa na byinshi by’Ijuru musobanukirwe n’ibyo mutari mwamenya bityo murusheho gukataza kandi murusheho gutera intambwe mu kwemera.

Nkongera kugira nti rero bana banjye umunsi ku wundi mujye mureba nimba koko mwakoze neza ku munsi uko umunsi wije mwisuzume buri wese arebe neza nimba uwo munsi yawugenzemo neza ntaho yacumuye ntaho yaguye nimusanga hari aho mwihindanyije maze mubashe gukaraba bityo murusheho kugendera mu butungane tubatoza kandi tubamanuriramo umunsi ku wundi kandi igihe cyose muhore mugira amakenga mujye mwitegereza kandi mukenge maze mushishoze inzira zanyu maze buri wese arebe niba aho yagenze hose nta hantu umwanzi Sekibi yamuriganyije bityo buri wese waguye abashe kweguka kuko twabahaye imbaraga kandi twabahaye ubushishozi bwo kugira ngo buri wese abashe kumenya aho yaguye bityo yibature bwangu kandi mujye mugira ukwikomanga mu mitima yanyu kugira ngo nubona ugiye kugwa hariya na hariya ubashe kwigarura bwangu kandi buri wese abashe kwihwitura kugira ngo umwanzi Sekibi atabona wahaguye maze akaza akaba yahakubohera cyangwa akaba yahakuzirikira. Gusa ntitwabyemera kuko tubabereye maso kandi tubarinze ariko namwe nimujye mugira amakenga kandi mumenye ubwenge nk’intore z’Ijuru kandi mugenze nk’abayoborwa n’Ijuru kuko twaje kwifatikanya namwe mu bikorwa bitandukanye mu Isi kuko tuzi intege nkeya za Mwene Muntu uba ukiri ku Isi kandi acyambaye umubiri kuko ahura na birantega byinshi mu nzira kandi agahura n’ibisitaza byinshi n’ibigusha byinshi imitego ya hato na hato umwanzi aba ari kugenda ategatega abacu bari kwerekeza mu cyerekezo kigana mu Ijuru kugira ngo arebe yuko yabigarurira ariko natwe tukaba maso tugategura kandi tugakomeza kubakumakuma tubashyira mu ruhande rwacu kandi tubakumakuma tubashyira mu rumuri rw’Ijuru kugira ngo mubashe koko kuyoborwa n’ububasha bw’Ijuru.

Nimukomeze rero mugire ubwigenge mu bya DATA kandi mukomeze mushyigikirwe n’ububasha bwa DATA bubagenge kandi bubayobore igihe cyose umutima usukuye ubarange amanywa n’ijoro maze imigenzo myiza ibasabemo kandi ibahumureho bityo mube intangarugero mu bandi mu bababonye bose n’ababumvise bose bityo babumveho iyo ntamo y’impumuro nziza muhumeka abo mutambutseho bose abo munyuzeho bose maze bumve iyo mpumuro nziza kandi bumve iyo mpumuro iri gutamatama bityo n’ababumvise bose n’abatarababona babashakishe kugira ngo baze kubasoromaho imbuto nziza kuko twabateye tubizeyeho yuko tuzabasoromaho imbuto nziza. Impamvu rero twabatoye ntawe twagishije inama kandi ntawe DATA yabanjije kugisha inama ahubwo ni uko DATA mu mugambi we byarimo kandi no mu bitekerezo bye byarimo maze akareba koko akabona bikwiye kareba akabona azabatora mukamugaragira kandi mukaba intore zimwizihiye none rero bana banjye nimukomeze mugume mu butore kuko muri mu butore bw’Uhoraho kandi mukaba muri mu muhamagaro wanyu kuko Uhoraho ari cyo yari yarabatoreye kandi akaba ari cyo yari yarabazigamiye. Yarabizigamiye none igihe nk’iki ngiki rero yabashyize mu muzabibu we ngaho nimukore kandi mukore mutikoresheje kandi koko mukore neza nk’abakozi bari mu muzabibu w’Uhoraho nk’abakozi boherejwe mu muzabibu w’Uhoraho kuko yabohereje ku murimo abizeye kandi abizeyeho nk’intumwa nziza kandi nk’abakozi beza kuko ari we wabirambagirije kandi akabatora akabatoranya kuko yari abizi mu bitekerezo bye no mu mugambi we yuko muzamubera intore kandi mukamubera intumwa none rero bana banjye ndagira nti ntimukamutenguye kuko yabatoye abizeye kandi mukaba muri intumwa zizewe. None rero nimukomeze mwizerwe maze mube mu by’Uhoraho koko kandi mubibemo ubudategwa kandi ubutadandabirana igihe cyose muhore mubihagazemo neza mubihagazemo gitwari mutajegajega kandi mutadigadiga igihe cyose muhore mwambaye imbaraga ubutwari bubarange igihe cyose ububasha bw’Ijuru buhore bubashyigikiye uko bwije n’uko bukeye maze murangwe no kurwana intambara za roho kandi igihe cyose murwanye mutahukane umutsindo. Koko urugendo intambara ya roho irarushya kuyirwana umuntu yambaye umubiri turabizi iragoye niyo mpamvu tutabareka kandi niyo mpamvu tutabaretse ngo mwirwanirire mwenyine kuko tubaretse mukirwanirira mwenyine nta n’umwe wabasha guhonoka iyo ntambara urugamba nta wabasha kuruhonoka.

Niyo mpamvu twaje kwifatanya namwe kandi tukabasha kubongerera imbaraga kandi tukabasha kubaba iruhande kugira ngo dukomeze kubareberera icy’ingenzi kandi dukomeze kubareberera aho mudashoboye kwireberera tubagende imbere n’inyuma mu by’ubutwari mu byo kurwana urugamba rwa roho kugira ngo dukomeze kubashyigikira kandi dukomeze kubatoza uko barurwana kandi mu bwiyumanganye mu kwihangana kandi mu kwima amatwi iby’umwanzi n’imitego ye yose muri urwo rugamba kandi muri urwo rugendo bityo mukabasha gutega amatwi iby’Ijuru ibindi bigenda bikomoka hirya no hino bigenda biza bishamikiraho bituruka hirya no hino kugira ngo mufunge amatwi yanyu mwoye kubyumva kandi mufunge amaso yanyu mwe kubireba kuko muvuze ngo murabireba mwarangara kandi muvuze ngo murabitega amatwi nabwo mwarangara. Niyo mpamvu musabwe gutega amatwi yanyu Uhoraho wenyine amaso yanyu mukayahanga Ijuru maze mugategereza icy’ingenzi kandi mugategereza igikwiye giturutse mu Ijuru kwa DATA kuko ari we uzabagenera umugambi nyawo kandi akaba ari wo ukomeza kubabohora kuri iyo ngoyi umwanzi Sekibi aba ashaka kubaboheraho.

Bana banjye kandi ntumwa z’Uhoraho nimukomeze mutumike neza kandi mukomeze mube intwari ku murimo kandi mube intumwa nziza koko zikora neza kandi mukomeze mube indacogozwa ku murimo kandi mukomeze mukorane ubutwari ndetse n’ubuhanga n’umwete igihe cyose turi kumwe. Kuri uyu munsi rero nakomeje kwifatanya namwe mu bikorwa bitandukanye mu isengesho mwakoze kuri uyu munsi ryose naje nifatikanya namwe kuko nakozemo ibikorwa byinshi mu bice bitandukanye nkaba narohoye benshi kugeza muri aka kanya kandi ari nako ngikomeje gukorana namwe byinshi kuko mu isengesho ryanyu ndaza nkifatikanya namwe. Gusa bana banjye nkomeje kubashimira umutima wanyu w’ubwitange kandi umutima wanyu w’ishyaka ryo guhozaho kuzirikana abandi baba batabashije kuba bakishyira mu gushaka kwa DATA abandi baba batabashije kwizamurira isengesho mukibuka yuko nabo bakeneye guhemburwa n’impuhwe za Nyagasani bityo mukabazamurira isengesho mubazirikana ari nako namwe mukomeza kwishyira mu biganza by’Uhoraho. Uhoraho arabareba kandi akabumva kuko igihe cyose mumutabaje arabumva kandi abitabana ingoga akaza gutega amatwi maze akumva amajwi y’ibiremwa bye biri kumuhamagara kugira ngo yumve icyo mushaka kumubwira kugira ngo yumve icyo muri kumuhamagarira bityo rero yaza agasanga muri kumutabaza mumubwira yuko yabafata kandi agakomeza kubashyira mu biganza bye kandi agakomeza kubashyira mu burengezi bwe no gukomeza kubatabara akongera akumva yuko muri kumusaba ngo natabare ibiremwa biri ku Isi kandi atabare abantu b’ingeri zitandukanye bugarijwe n’amagorwa ya hato na hatoya ababa babuze uko bigenza kandi ababa batabaza hirya no hino kugira ngo barengerwe n’impuhwe z’Uhoraho abo bose baba bugarijwe n’umwanzi abo bose Sekibi yaboshye bakaba bashaka kwegura umutwe ariko ntibabibashe maze bagahora iteka koko bumva urukundo rwa DATA kugira ngo rubarengere kandi bagahora bumva yuko ububasha bwa DATA bubagezeho bwabazahura maze nabo akabumva kubera isengesho ryanyu muba mwazamuye muri gutakambira ibiremwa hirya no hino DATA abitabana ingoga akaza kubatega amatwi maze akumva icyo muri gushaka n’icyo muri kumusaba maze nawe akavuga ati abana banjye sinabahara kandi sinabatererana kuko bampamagaye banyizeye kuko bampamagaye banyizeyeho yuko mdi umubasha ubasha byose kandi nabashoborera biriya byose bari kumpereza kugira ngo mbibashe kubishobora kandi mbibashyirire mu bikorwa mbigenze neza mbitunganye bityo agahita atwohereza kandi agahita aduha imbaraga kandi agahita aduha urumuri natwe tugahita dukwirakwira mu Isi yose bityo tukagenda dukwirakwira mu bo yatwoherejemo mu bo yagiye atwereka icyerekezo cy’aho turi butabare maze natwe tugatangira gukora imirimo n’ibitangaza mu Isi ariko namwe twifatikanyije kubera ko muri ayo masengesho yanyu ari yo aba yahuruje DATA maze DATA nawe akaza kubatega amatwi DATA yamara kubatega amatwi maze agahita atwohereza maze natwe tukajya gukora imirimo n’ibitangaza mu bo mwamweretse mu bo mwamutakambiye mumwereka ngo nabarengere abatabare bityo natwe tugangira gukora imirimo kandi tugatangira kurohora no kuzahura twifatikanyije namwe tukabikora kandi turi kumwe namwe mu izina ryanyu kuko muba mwahamagaye DATA kugira ngo atabare kandi atabare ibirema bye bityo natwe tugatabara.

Kuri uyu munsi rero twakoze byinshi muri ubwo buryo kuko twakijije benshi kuko hari benshi bari bameze nk’ibirema mu by’Ijuru ariko ubu ngubu bakaba bashoboye gutambuka hari benshi bari bameze nk’impumyi mu by’Ijuru ariko ubu ngubu bakaba bahumutse amaso hari benshi twabohoye kandi hari benshi twazahuye hari benshi twaburuyeho imbaraga z’umwanzi Sekibi kandi hari benshi twarokoye ubugingo bwayo kuko Sekibi yari yamaze kubukanyaga aho ngaho rero nibo DATA yatwoherereje cyane kugira ngo abe ari ho tubohora kandi ari ho dusayura uyu munsi twarohoye kandi muri aka kanya twarohoye nyinshi tubohoye benshi Sekibi yari yarashyize ku ngoyi bakaba batabonaga urumuri rwa DATA batumva urukundo rwa DATA Sekibi yari yarabigaruriye ariko muri aka kanya izo roho tukaba twabashije kuzishyira ku murongo kandi hari n’abandi benshi bari barazize akarengane hari n’abandi benshi bari bugarijwe n’amagorwa bumva yuko baranazize n’akarengane barenganywa n’abandi kandi abandi barabaciye ariko kuri ubu ngubu tukaba twabakuriyeho izo nzitizi tukaba tubashyize aho bose bababona kandi aho bose bagaragarira bose bagaragarwaho n’uko baziraga akarengane kuko urukundo rwa DATA rwababohoye kandi rwabatabaye. Mbashimiye rero ibikorwa mwakoze kuri uyu munsi kugeza kuri uyu mwanya kandi turacyakomeje no gukorana namwe ibikorwa byinshi.

Mbifurije umugisha kandi mbahaye imbaraga bana banjye zo kugira ngo mukore maze mukore umurimo mudatezuka kandi mukomeze mukore ibikorwa byiza byo kurohora Isi ndetse n’abayituye mu gutabara benshi tubashyira mu rumuri rw’Imana isumba byose kandi mu gukomeza guhora ku gicaniro mwenyegeza mutabariza benshi kandi murengera benshi. Mbahaye umugisha kuri uyu munsi kandi muri aka kanya kandi naje nzanye n’abatagatifu benshi ndetse n’abamalayika twaje gukomeza buri umwe umwe muri mwebwe ari nako tubanuriramo imbaraga n’urumuri kugira ngo mukomeze mutere imbere mu kwemera bose barabahobereye kandi babahaye umugisha kandi buri umwe umwe wese arabishimiye nimugire amahoro. Mu izina ryabo mbahaye amahoro kandi ndabishimiye mbahaye umugisha kuko batabonye umwanya kandi DATA atabyemeye yuko muvugana muri ubu buryo ariko barabasuhukije kandi barabakunda cyane nimugire amahoro kandi mugire umugisha. Ijoro ryiza turabakunda nk’abatagatifu bose kandi n’abamalayika bose nabo barabaramutsa n’abatagatifu twese turabaramutsa nimugire ibihe byiza kandi mugire umugisha ntore z’umusumba byose mukomeze mutekanire mu gituza cy’Uhoraho kandi mukomeze mugubwe neza mu rukundo rwe kandi mukomeze muture mu mutima we yabakinguriye kugira ngo muturemo kandi muganzemo.

IBIHE BYIZA IJORO RYIZA NDABAKUNDA NDABAKOMEJE NIMUKOMERE. AMAHORO, AMAHORO, NTORE Z’UMUSUMBA BYOSE, NDI MUTAGATIFU MARIYA MADALENA. AMAHORO, AMAHORO!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *