UBUTUMWA BWA MUTAGATIFU MARIYA MADALENA, TARIKI 06 NZERI 2023
Mbifurije umugoroba muhire bana banjye kandi biremwa by’Imana nkunda nkomeje gusesekazaho urumuri rw’Ijuru n’urukundo rw’Ijuru nkaba nkomeje kubambika ubwiza bw’Ijuru nkomeje nimukomeze kuba intwari muri byose kandi mukomeze gusesekazwaho urukundo rw’Imana isumba byose muhore iteka ryose mugendera muri rwo kandi muhore mwambikwa ububasha bw’Imana isumba byose idahwema kubasusurutsa idahwema kubuzuzamo ihirwe ryayo ikabagabira ubuzima uko bwije n’uko bukeye mukarushaho gusesekazwaho ibyiza byayo by’agatangaza, nimukomeze mubeho mu rukundo rw’Imana kandi mukomeze mukwirakwizweho urumuri rw’Imana isumba byose kandi mugendere mu butungane bw’Imana igihe cyose muhore murangwa no kwinjira mu gushaka kwa DATA igihe cyose muhore muri intungane kandi muhore mutunganiye DATA bityo ibikorwa byabatandukanya n’Uhoraho Imana mubyirinde kandi muce ukubiri nabyo bityo mukomeze kwizirika ku kiri icyiza nanjye naje kubibafashamo bana banjye kugira ngo mbatere ubutwari kandi nkomeze mbakomeze mu rugendo rwanyu uru rugendo n’ubwo rutoroshye nimuhumure muzarurangiza kuko imbaraga z’Ijuru zaje kwihuza namwe kugira ngo mujye mubasha gutsinda kandi mutsindirwe buri kimwe cyose ikibagora n’ikibananiza icyo ari cyo cyose imbaraga z’Ijuru zijye zibaneshereza nimutsinde rero igihe cyose muhorane ubutwari nanjye ndi kumwe namwe ndi umubyeyi wanyu ubakunda ndi umutagatifu wababanjirije mu Ijuru nkaba ubu ngubu mbabereye umubyeyi mu buryo bw’agatangaza nkaba mporana namwe kugira ngo nkomeze mbareberere mbigishe mbahwiture kandi mbahugure kuri buri kimwe cyose ndi Mutagatifu Mariya Madalena wifatikanya namwe uko bwije n’uko bukeye nkaza gukorana namwe imirimo ndetse n’ibitangaza nkabururukirizamo ingabire z’Ijuru kandi urukundo rw’Ijuru nkarushaho kurubasesekazaho, nimugire amahoro bana banjye nkunda kandi nimugubwe neza ibihe byiza kuri buri wese nimwambare urukundo rw’Imana kandi igihe cyose muhore mukindikije intwaro y’isengesho kandi igihe cyose mukomeze kugendera mu butungane turi kumwe nzakomeza kubafasha muri byose kandi nkomeze kubarengera nkomeze kubaba hafi uko biri n’uko bikwiye kandi mbatabaze urukundo rw’Imana ububasha bw’Imana isumba byose nibukomeze bubiyambike kandi Roho Mutagatifu akomeze kubabera umugenga n’umuyobozi mu bikorwa byanyu no mu rugendo rwanyu rwa buri munsi akomeze kubahwitura kandi akomeze kubigisha kuko yaje muri mwebwe kugira ngo abavugurure kandi abacyamure abereke buri kimwe cyose abereke imigenzo myiza inogeye umugambi w’Imana kugira ngo murusheho gucyamurwa kandi murusheho kwerekwa icy’ingenzi kandi ikinogeye amaso ya DATA n’umugambi wa DATA.
Uru rugendo murimo kandi iki gikorwa mwatangijwe n’Uhoraho Imana ni urugendo mwatangijwe na we kandi Uhoraho Imana akaba ari na we ukibashyigikiyemo kuko ku bwa Sekibi aba yumva yabamira bunguri umunsi ku wundi kuko atishimiye igikorwa murimo kandi atishimiye isengesho mukora uko bwije n’uko bukeye aba yifuza kubamira bunguri kandi aba yifuza kubarindimura nta n’umwe ashigaje ariko ndagira nti nimukomere kandi muhumure kandi mukomeze gukomerezwa intambwe z’ibirenge byanyu ngira nti ntimugatsitare kandi ntimukagwe urukundo rw’Imana nirukomeze rubashyigikire kandi rububake rubagenge kandi rubayobore muri byose, nanjye nkomeje kubashyigikira ndi umurinzi wanyu ubareberera amanywa na nijoro kandi nkakomeza kubakumirira umwanzi.
Nimukomeze mwizere ibikorwa by’Imana by’indashyikirwa kandi ibikorwa by’Imana bihambaye cyane bikomeza kwigaragariza muri Mwene Muntu kugeza ubu ngubu rero mukaba mukomeye mu rukundo rw’Imana kandi ububasha bw’Imana isumba byose bukaba bukomeje kubagenga no kubayobora ibikorwa by’Imana isumba byose nibibane namwe kandi bihorane namwe ibikorwa byanyu birusheho kugengwa n’urumuri kandi ibikorwa byanyu birusheho kuzuzwamo imbaraga z’Imana kugira ngo igihe cyose muteye umwanzi mumutsinde kandi imigambi ye mibisha muyihananture kandi muyiritagure uko bwije n’uko bukeye nanjye rero niyemeje kubibafashamo kuko ndabizi neza intambara murwana nazo mu Isi ni urugamba ruba rutoroshye kandi rutorohera Mwene Muntu umuntu wese uri muri iyi nzira agana DATA bimusaba kwihara kandi kwirekura wese bityo akaza akinjira mu gushaka kwa DATA yirekuye nta kimuziga kandi nta kimusubije inyuma, nimuze rero mwinjire mu bubasha n’ubuntu bw’Imana isumba byose mwarasogongeye nimujye muhora mucurura bityo mukomeze kuryoherwa n’ubuntu bw’Imana isumba byose ibintu by’Imana kandi bikomeze kubanogera mu mitima yanyu kandi mukomeze kumva yuko iby’Imana ari iby’agaciro ndagira nti rero mwarahiriwe ibyo mwahawe nimukomeze mubifate kandi mukomeze mubibumbatire mu biganza byanyu bityo mwumve ngo Uhoraho Imana aranogera imitima yanyu kandi arabaha kugubwa neza igihe cyose, amahoro ni meza nimukomeze muyubake kandi muyihingemo uko bwije n’uko bukeye urukundo nimuhore murunyungutira kandi muhore murukurura mu buzima bwanyu bwa buri munsi nimurufate mwe kururekura kandi amahoro mukomeze muyafate mwe kuyarekura kuko ari ay’ingenzi kandi akaba ari ay’agaciro umuntu wese ufite amahoro agira ubuzima kandi akumva aguwe neza muri Nyagasani Yezu Kristu kuko Yezu Kristu ari urukundo ruzima kandi akaba ari ububasha budahangarwa kandi butavogerwa nimukomeze mumwubakeho kandi mukomeze mumwizirikeho mu bikorwa byanyu no mu rugendo rwanyu rwa buri munsi, nanjye nururukiye kuza kubibashamo kandi uko bwije n’uko bukeye niko nkomeza gusaba DATA Imana ihoraho kugira ngo akomeze kubabera umurengezi w’ubuzima bwanyu no mu rugendo rwanyu rwa buri munsi kugira ngo murusheho gutezwa intambwe kandi murusheho kurizwa intera ibikorwa byanyu bye kugamburuzwa n’umwanzi ahubwo bihore ari ibikorwa by’indashyikirwa bihore iteka bitsemba imigambi mibisha y’umwanzi kandi mukomeze gushyira byose ku murongo mushyire byose ku mugaragaro mwubake ibyasenyutse kandi ibyasenyutse byose mugende mubisanasana mushyire byose ku murongo ibyagoramye mukomeze kubigorora kuko aho tumaze kugerana namwe harashimishije kandi harakomeye kuko Sekibi aba amaze kubona intambwe mugenda mutera uko bwije n’uko bukeye uko mugenda mukura mukatariza mu kwemera akagira umujinya mwinshi kandi akagira ishyari ryinshi ari yo mpamvu akora iyo bwabaga kugira ngo arebe yuko yabasubiza inyuma agahiga hariya na hariya akajya hariya agasakuza kandi akajya hariya agakanura amaso agashinyika n’amenyo kugira ngo arebe yuko hari n’umwe yatera ubwoba akaba yasubira inyuma ariko ndagira nti iyo migambi mibisha y’umwanzi ntikabatware ubwenge kandi ntikazagire n’umwe isubiza inyuma bana banjye nimumenye ubwenge mutahure uburyarya n’amayeri ya Sekibi kuko iteka ryose arangwa n’uburyarya kandi igihe cyose uburiganya bukaba bumwuzuye bwaramusagutse umutima abo yafashe rero abuzuza uburyarya kandi akabuzuza ubukozi bw’ibibi ibyo ntibikabagereho bana banjye kandi ntibikababeho urukundo rw’Imana rwabafashe kandi urukundi rw’Imana rwabuzuye niruhore rugendana namwe kandi ruhorane namwe muri byose ibyo nibyo mbifurije bana banjye nimukomeze urugendo mwatangiye kandi mukomeze mukomerere mu rukundo rw’Imana isumba byose mwarubatswe nimwubakike kandi igihe cyose muhore muhagaze mu kwemera urukundo rw’Imana ruhore iteka ryose rubashyigikiye nanjye ndi kumwe namwe amanywa na nijoro kuko nishimira kandi nkifuza kuza kubahwitura umunsi ku wundi ndababumbatiye bana banjye kandi ndabakikiye mu biganza byanjye kugira ngo nkomeze mbabumbatize urukundo rw’Imana kandi ububasha bw’Imana buhorane namwe muri byose nimuhumure sinzigera mbasiga kandi nzakomeza kubashyira mu mugambi w’Imana kandi urumuri rw’Imana rukomeze kubashyigikira rukomeze kubakumirira umwanzi n’icyago icyo ari cyo cyose Yezu Kristu ni umukiza kandi ni umucunguzi ni urukundo rusa rusa kandi arababarira akanatabara ntiyanga abanyabyaha ahubwo yanga icyaha umunyabyaha wese wisubiyeho akamugarukira araza akamwakira nk’uko nanjye yantabaye kandi akandohora akankiza ubukozi bw’ibibi niberagamo bityo akandehesha urukundo rwe nanjye nkamukurikira nkamusanga kubera yuko impuhwe ze zihoraho iteka kandi zigahora ari igisagirane kuri Mwene Muntu uwo ari we wese nanjye rero naramukundiye nanjye ndamukurikira wese wese namusanze aho yari yatumiwe kubera ubuntu yari yangiriye nibutse ibyo yari yankoreye narunamye ndamusomagura ibirenge kandi muhanaguza imisatsi yanjye bityo rero urukundo yari yangiriye numvaga nta kindi namwitura niyo mpamvu rero nanjye namusanze nkomeza kumwereka yuko yankijije n’ubwo benshi babibonye ukundi benshi bakabona yuko ntari nkwiriye kwegera intungane y’Imana kandi ntari nkwiye kwegera Yezu Kristu ariko we ntabwo ari ko yabibonye kubera ko yari yankijije kandi yambohoye urukundo rwe rwakomeje kundeshya kandi urukundo rwe rukomeza kumpamagara naramukurikiye wese wese kandi nirekura wese wese sinongeye gusubira inyuma ukundi kuko nari nabonye urukundo ruhebuje Yezu Kristu ntiyanciriye urubanza Yezu Kristu ntiyanshubije inyuma mu rukundo rwe no mu buntu bwe yarampamagaye bityo rero nanjye ndamukurikira kugeza ubwo ngubwo yahise anyiyereka wese kandi anyereka urukundo rwe nanjye rero naramukurikiye wese wese kandi naramukunze cyane ntangazwa n’urukundo rwe rutagereranywa kandi rw’indashyikirwa ubwo benshi bari bamunshyiriye kugira ngo ancire urubanza kandi ahite yananyica ariko ibyo ntiyabikoze ahubwo yagiriye ubuntu bwe n’urukundo rwe arankiza kandi arantabara kandi yabikoze neza cyane nk’umukiza kandi nk’umurengezi uhora uca urubanza rutabera kandi igihe cyose agahorana ubutabera mu biremwa byose.
Yezu Kristu naramukunze kugera ku ndunduro y’ubuzima bwe mu Isi naramukurikiye cyane nkomeza kumukurikirana n’aho bari bajyanye umurambo we kuko namushakaga cyane ubuntu yari yangiriye bwari ubw’indashyikirwa ntore z’Imana bana banjye nkunda nimujye mukurura urukundo Yezu Kristu namwe yabakunze mwibuke ukuntu akomeje kubarundarunda kandi akomeje kubashyira mu rukundo rwe n’ibyiza bye by’agatangaza abagezaho umunsi ku wundi kugira ngo mugubwe neza muri uru rugendo uko bwije n’uko bukeye mugasesekazwaho amahoro menshi kandi Ijuru ryose rikaza kubigisha no kubaganiriza, ibi byiza mubikesha nde? Ni Yezu Kristu nta wundi kandi ni urukundo rwa Nyagasani Yezu Kristu nimujye mumukunda kandi mumukundire mwizere yuko mu rukundo rwe ari ho haganje ibyiza by’agatangaza.
Mukomeze kumwizera kandi mukomeze kumwizirikaho bityo icyo mwafashe mu biganza byanyu mugihawe na we ntimuzigere mukirekura bibaho nimukomeze mumwemerere abagenge kandi abayobore amanywa na nijoro dore mwarahiriwe kandi umunsi ku wundi mufite amahirwe mukagabirwa umugisha utagabanyije kandi umugisha utavogerwa umukomokaho akabaha guturiza muri we bityo ibyiza bivubuka mu mutima we umunsi ku wundi bikaza bibasanganira kugira ngo murusheho kugubwa neza kandi murusheho gutera intambwe mu kwemera ntimugatsitare kandi ntimugatsikire ubuntu bw’Imana nimukomeze mubwambare kandi mukomeze mubukindikizwe uko bwije n’uko bukeye kuko mwahiriwe kandi mukaba mwaratoranyijwe mu bandi kuko mwakuwe hirya no hino mubumbabumbirwa hamwe mu rukundo rw’Imana kuko Yezu Kristu iyo agiye gutora ntareba hariya cyangwa hariya ahubwo atora uko ashatse n’uko yabigennye kandi ntabwo areba ngo uriya ni iki cyangwa uriya ni uriya ahubwo atora akurikije urukundo rwe n’ubuntu bwe n’uko umugambi we aba yarawugennye n’uko we na DATA baba barateguye ibintu byabo babijyana neza ku njyana imwe kandi ku murongo ntibajya bivuguruza ku cyo bavuze kandi ku cyo basezeranye baragisohoza ntibatinda gukora kandi ntibahera n’iyo batinze ariko ntibahera babangukira gusubiza kandi isezerano ryabo bakaryuzuza, igihe cyose rero bahora bakataje kugira ngo bahore bakorera imirimo ndetse n’ibitangaza ibiremwa bituye Isi kandi bakomeze kugaragaza imirimo y’amaboko yabo mu biremwa byose bitoreye, namwe rero mwaratoranyijwe mushyirwa mu buntu bw’Imana kandi mwambikwa ubuntu bw’Imana mwambikwa ubwiza bw’Imana muragaburirwa igaburo ry’Ijuru uko bwije n’uko bukeye ameza yanyu ntabwo ajya aburaho kandi ntabwo ajya aburaho igaburo kandi ameza yanyu ahora ateguwe kuko uko bwije n’uko bukeye mugaburirwa ibyiza by’Ijuru kandi mukanywa mukanashira inyota, nimujye muhaga bana banjye kandi murye mushire inzara igihe cyose munywe mushire inyota bityo ubwiza bw’Ijuru buhore butemba ku mitima yanyu bityo mwumve ukuntu Uhoraho Imana anogera imitima yanyu bityo ubwiza bw’Ijuru bubasakareho bubuzure kandi bubasendere.
Uhoraho Imana yarabahaye kandi yarabagabiye biremwa by’Imana kandi mukaba mukomeje guhabwa na we niyo mpamvu uwo yahaye akomeza kumuha kandi akanamwongera kuko uwo yahaye ntamusondeka kandi uwo yahaye ntamuha igice aramwuzuriza kandi akamuha ibisendereye muri uru rugendo kandi muri iki gikorwa nimukomeze mushyigikirwe n’ubwo buntu bw’Imana umwete wanyu wa buri munsi n’ishyaka ryanyu rya buri munsi turaribona igishyika cyanyu cya buri munsi turakibona nta kindi mushakashaka uko bwije n’uko bukeye muba muhihibikanira roho zanyu kugira ngo muzagere mu bugingo buhoraho iteka ryose mu mutuzo, ni byiza cyane rero bana banjye birakwiye kandi biratunganye koko kuko gukomeza kurangamira Uhoraho Imana ari iby’ingenzi kandi bikaba ari iby’agaciro kuri buri kiremwa cyose gituye Isi n’ubwo benshi batabyumva cyangwa ngo babyumvire n’ubwo benshi batabishyira mu bikorwa no mu ngiro uko biri n’uko bikwiye ariko nicyo buri kiremwa cyose gusabwa, jyewe ku bwanjye mba numva namanuka nkururuka n’ububasha bwose nkashyira Mwene Muntu mu gushaka kwa DATA bityo akumva icyo Data amushakaho n’icyo amwifuzaho uko bwije n’uko bukeye bityo buri muntu wese akazinjira mu marembo y’ingoma y’Ijuru kuko ibyiza nasanze mu Ijuru kwa DATA nabonye atari ibyo kwihereranwa nabonye nabyifuriza buri wese utuye Isi uhora iteka ryose ahura n’amagorwa ya hato na hato umunaniro ndetse ibitotezo n’ibigeragezo imvururu za hato na hato Mwene Muntu mba nifuza yuko yazatsinda ibyo ngibyo yazabivamo bityo akaza kunezerwa mu Ijuru.
Icyo rero nicyo mpora iteka ryose nifuriza buri muntu utuye Isi ariko cyane cyane mwebwe bana banjye mwamenye kandi mumenyeshwa byose umunsi ku wundi nkashishikazwa no kuza kubereka buri kimwe cyose kugira ngo murusheho gukataza kandi murusheho kwambara ubwiza bw’Imana kandi murusheho kunogerwa n’imigambi y’Imana bityo igihe cyose muhore mwuzuye ubuntu bw’Imana isumba byose, nimukomere rero kandi mukomeze urugendo kuko muri iri sengesho twifatikanya namwe tugakorera hamwe imirimo ndetse n’ibitangaza tukabohora ibiboshye kandi tugashyira byinshi ku murongo nimukomere rero turi kumwe kandi mukomeze urugendo rwanyu, muri aka kanya twari twifatikanyije namwe kuko twamanutse turi abatagatifu benshi kugira ngo twifatikanye namwe muri iri sengesho turusheho kugenda tubohora ibiboshye kandi turusheho kugenda dushyira byinshi ku murongo muri uyu mwanya dusukuye ibyari byanduye hari benshi cyane bari bahindanye kandi hari benshi cyane Sekibi yari yateye imikori kandi basaga neza, muri aka kanya rero twururukiye kubasukura kandi twururukiye guhumuriza abo Sekibi yari yateje ubwihebe no guhagarika imitima kandi ducururukije imitima myinshi yari inangiye muri aka kanya tubohoye byinshi muri aka kanya dushyize byinshi ku murongo hari benshi Sekibi yari yateze mu ngendo kugira ngo baze gukore impanuka kugira ngo abatware bityo abatware batisukuye kandi abatware batari bigorora na Nyagasani Uhoraho Imana ibyo byose Uhoraho Imana yabirebye arabyitegereza cyane niyo mpamvu muri iyi nkunga y’amasengesho yanyu atabaye ibiremwa bye kandi akaba atabaye ubwoko bwe kugira ngo aburengere benshi bisubireho kandi bagendere mu murongo wa nyawo kuko abenshi yari yateze yari ari kubona aho bari kwerekeza aho ari ho yari ari kubona ko bamaze guhindukira kandi batangiye kumva ijwi ry’Imana n’icyerekezo bari bagiye kujyamo ari icyerekezo cyiza ubwo wa mujinya we rero na rya shyari rye niryo ryari ryavumbutse kugira ngo arebe yuko yabamira bunguri ariko akomeje kubona yuko ibikorwa bye n’imipango ye byose ari amanjwe kuko DATA Uhoraho Imana abimenya kare bityo akabipfobya kandi akabipangura bityo agatabara ubwoko bwe kandi akarengera abe bamwizera, abe bamwizera ntibazigera bakorwa n’isoni kandi ntibazigera bakorwa n’ikimwaro kuko iteka ryose yururukira kubatabara no kubashyira mu bwishingizi bwe no mu burengezi bwe umunsi ku wundi rero ikintu tubohora cyane kandi ikintu dukora cyane ni abantu baba barigaruriwe na roho mbi no muri aka kanya dukijije benshi kandi tubohoye benshi kuko hari hari abari baratuwe amashitani bakiri abana batoya cyane bakurana n’izo roho mbi bityo rero roho mbi zikajya zibateza ubukozi bw’ibibi izo kwangara kandi izo kugenda birukanka ku misozi izo kudatuza izo kudashyira umutima hamwe benshi bagenda batezwa roho mbi zigiye zitandukanye muri aka kanya hari byinshi dukuyeho kandi hari byinshi dupfobeje kuko amashitani yari yarigaruriye benshi ibyo byose rero turabipfobeje kandi izo roho mbi turazirukanye benshi tubashyizemo urumuri rw’Imana isumba byose bityo umwijima wari ubabuditseho kandi Sekibi wari warabasabitse imitima turamwirukanye muri benshi kandi dukomeje urugendo rwo kugira ngo dukomeze dukize benshi kandi dukomeze tubohore benshi turi mu kazi kandi turi mu gikorwa gihambaye cyane kuko twagarutse mu Isi kuza gukiza no kubohora bose kandi kuza gushyira byinshi ku murongo, nimukomeze rero ntore z’Imana mukize kandi mubohore kuko mu isengesho ryanyu dukirizamo benshi kandi tukabohoreramo benshi ndagira nti ntimuzigaye ubucye cyangwa ngo mwisuzugure uko muri mupfa kuba mubikorana umwete ishyaka ndetse n’urukundo mubishaka kandi mubikunze kuko mu kwemera byose birashoboka kandi mu rukundo muba mufitiye isengesho byose byose birashoboka byose bihira abakunda Imana kandi abemera bose byose biratungana kandi bigashoboka, nimukomeze rero mugire ukwemera kandi mukomeze mugire ukwizera nyako byose byose bijye bitungana kandi bishoboke kubera umugambi w’Imana ukomeje kubaherekeza no kubaragira amanywa na nijoro.
Nimugire rero kugubwa neza bana banjye mbifurije ijoro ryiza kuri buri wese kandi mugubwe neza mu rukundo rw’Imana mbaherekeresheje umugisha nukomeze ubagenge kandi ukomeze ubaherekeze muri byose, nanjye rero mbifurije amahoro menshi bana banjye uko mubizi mpora iteka nza kubambika urukundo n’ubundi narubazaniye nirwo nongeye kubasesekazaho ndarubaherekeresheje bana banjye ndarubambitse nimwikebuke mwirebe bityo murebe ukuntu urukundo rubabereye bityo rero mwirinde kurwiyambura bityo mukundane nk’abana b’Imana kandi mukomeze kugirirana urukundo koko kandi mukomeze gukundana nk’abana ba DATA nk’uko DATA abibashakaho kandi abibifuzaho umunsi ku wundi bityo mwinjire mu butungane kuko nimuba mu rukundo nyarukundo rutajorwa kandi rutajenjetse bizabafasha kwinjira mu butungane nyabwo kandi bubafashe gutsinda ikitwa ikibi icyo ari cyo cyose.
NIMUGIRE AMAHORO BANA BANJYE MBAYE MBASEZEYEHO MURI UBU BURYO ARIKO MU BUNDI BURYO NGIYE GUKOMEZANYA NAMWE, NIMUGIRE AMAHORO KANDI MUGIRE IJORO RYIZA NDABAKUNDA CYANE MPORANA NAMWE SINJYA MBASIGA NIMUGIRE AMAHORO BANA BANJYE NDABAKUNDA CYANE NDI MUTAGATIFU MARIYA MADALENA NIMUGIRE KUGUBWA NEZA KANDI UMUGISHA W’IMANA UBUZURE, AMAHORO AMAHORO IBIHE BYIZA KUGUBWA NEZA TURI KUMWE NDABAKUNDA AMAHORO!