UBUTUMWA BWA MUTAGATIFU YOZEFU, TARIKI 15 UKUBOZA 2023

Umunsi mwiza ntore za DATA kandi biremwa by’Uhoraho dutaramanye kuri uyu munsi, mbifurije gukomera ndetse no gusenderezwa imbaraga z’agatangaza dukomeza kubasendereza kandi ibyiza by’Ijuru ryose dukomeza kubuganiza mu buzima bwanyu kugeza kuri uyu munsi kugira ngo iteka muhore mufite inyota y’icyiza kandi mukomeze mubuganize ibyiza byose DATA yabahaye muri roho z’imbaga nyamwinshi kandi mu mitima ya benshi muri iki gihe; nimukomere ku rugamba kandi murusheho kwakira ibyiza byose kuko inzira zanyu zikomeje kugenda zitazanurwa buri munsi kandi tukabafungurira ibyiza byose bigatunga roho zanyu kandi bikabatagatifuza ku buryo bukomeye; mbarangaje imbere kuri uyu munsi kandi nkomeje kubashyigikira mu ntambwe yanyu ya buri munsi ndetse no gushyigikira ibikorwa byanyu bya buri munsi kuko DATA icyo ashaka mu Isi kigomba gukorwa kandi kigatungana kugira ngo ijambo rye ritagatifu rirusheho kuba iry’agaciro kandi rikomeze kuzura ndetse no gusohozwa uko yateguye byose kandi arusheho gushyira umugambi we mu bikorwa muri iki gihe.

Nimukomere ku rugamba kuko tubarangaje imbere ku buryo bukomeye kandi dukomeza kubasendereza ibyiza byose bitunga roho zanyu kandi bikabatagatifuza bityo bikarushaho kubongerera imbaraga kandi bikarushaho kubasendereza ububasha butagatifu kugira ngo mukomeze mube intwari kandi mutwaranire umurimo wa DATA bityo icyo ashaka mu Isi kibashe gutungana kandi murusheho kuzahura roho z’imbaga nyamwinshi; ni igihe cy’imirimo ikomeye kandi igihe cy’imirimo idasanzwe kugira ngo urukundo rw’Uhoraho rwigaragaze mu biremwa byose kandi koko imbaraga z’agatangaza kandi zidasanzwe zibasha kubohora Isi kandi zikabohora buri kiremwa cyose cyane cyane ku bakinangiye ku rukundo rw’Uhoraho kandi ku banze kwakira imbaraga Uhoraho yabagabiye mu maboko mazima kandi yabagabiye mu byiza, igihe cyose bateze amatwi kandi igihe cyose banze kwakira urukundo rwe rutagatifu; niyo mpamvu ari igihe kidasanzwe kandi ari iminsi ikomereye Mwene Muntu cyane cyane uwanze gusobanukirwa ndetse n’uwanze kwakira ibyiza by’Uhoraho cyane benshi bavuniye ibiti mu matwi bakumva ko ntacyo bagomba gushyira mu bikorwa kandi bakumva ko bagomba kugenda mu Isi uko babyumva; ni igihe rero cy’imirimo itangaje kandi cyo kuzahura Isi ndetse no kurohora roho z’imbaga nyamwinshi zikongera zigasenderezwa imbaraga ndetse no kuvugurura ubuzima bw’ikiremwa muntu bundi bushya kugira ngo umukiro wa DATA ukomeze gusendera mu mutima wa buri wese uganje mu Isi kandi Isi irusheho kugira amahoro kandi irusheho kunezererwa.

Nimukomere ku rugamba kandi mukomeze kwakira imbaraga zibatagatifuza kandi zibaha gushinga ibirindiro bityo mugakomera ku ijambo ry’Uhoraho rigatura muri mwe kandi rikabaha gusagamba ndetse rikabaha ubwisanzure muri Uhoraho mukaganza mu byishimo n’amahoro kuko iteka ahora abategeye ibiganza kandi agahora abateze amatwi kugira ngo arusheho kubagabira byose kandi abasendereze imbaraga zuzuye kandi zisendereye; tubarangaje imbere ku buryo budasanzwe kugira ngo dukomeze gukora imirimo ikomeye kandi itangaje mu Isi bityo imirimo yanyu mitagatifu kandi ukumvira ndetse no gutega amatwi ijambo rya DATA kwanyu gukomeze gutagatifuza Isi kandi gukomeze kubohora roho z’imbaga nyamwinshi muri iki gihe.

Nimukomere ku rugamba ntumwa za DATA kandi biremwa mwakunzwe mukagaragarizwa ibyiza kandi mugasenderezwa imbaraga zikomeye zo kugira ngo mukomeze kubera koko DATA abahamya mu bantu kandi mukomeze guhamya ijambo rye mushize amanga iteka ryose mugahora mwizera ko mugaragiwe n’imbaraga ze kandi mugasenderezwa ububasha butagatifu.

Nta wuzongera kumva ko yananiranye imbere ya DATA kandi nta wuzongera kumva ko afite uburenganzira bwe kuko iteka ryose Uhoraho yavuze bihagije kandi tukagaragaza ububasha bwacu butagatifu bityo Isi tukayisendereza imbaraga kandi tukagira kuri buri wese tumuburira kandi tumwireka inzira y’ubutungane kugira ngo agaruke mu rukundo rwa DATA kandi yakire ububasha butagatifu twari twarageneye ikiremwa muntu kandi twasendereje Isi yose ariko benshi bakomeje kunangira kandi benshi baguma kumva ko iby’Uhoraho ntacyo bibabwiye kandi bumva ko ijambo rya DATA rigomba kubageraho bakarifata uko babonye kandi bagatwara byose uko babyumva; ni igihe kidasanzwe kandi ni igihe cy’imirimo idasanzwe ndetse kubohora ndetse no gutagatifuza mu mbaraga z’agatangaza zo kugira ngo dukomeze kugaragaza ububasha butagatifu kandi tumanure koko imbaraga zidasanzwe mu Isi zigomba guhindura ikiremwa muntu ku buryo bukomeye kandi zikagaragaza imbaraga zikomeye zo kugira ngo buri wese arusheho kugarukira Uhoraho kandi amugarukire n’umutima we wose ndetse n’ibye byose nta na kimwe gisigaye inyuma kandi nta na kimwe buri muntu wese agomba kumva ko akomeza gukomeza kukishingikirizaho ndetse n’aho agomba kumva ko agomba kugendera mu nzira ashaka kandi uko yifuza; ni igihe cyo kubura ndetse no kuzahura roho zose, kuzirigariza urukundo rukomeye ndetse n’ububasha bwa DATA kuko iteka ryose duhora dutegeye ibiganza buri kiremwa kandi tukakigaragariza ukwicisha bugufi ndetse no kwisubiraho kwacyo ariko Mwene Muntu ntiyumve kandi ntahe agaciro urwo rukundo DATA amufitiye; ntabwo rero iki gihe ari cya gihe cyo gukomeza kubembekereza abanze kwakira urukundo rwa DATA ndetse n’abatesheje agaciro umukiro DATA yabageneye kandi ibyiza byose yabazaniye mu biganza byabo, benshi bakabitesha agaciro kandi bakabifata uko babonye; ni igihe cy’urugamba rukomeye rwo kubohora Mwene Muntu kandi ni igihe kitazasiba kugira ngo hagire uwongera kubwirwa kandi hagire koko uwongera kwerekwa inzira kuko ibyo twagaragarije Isi kandi inzira tweretse Mwene Muntu ihagije kugira ngo uwafashe urukundo rwa DATA kandi uwakiriye ukwemera abe amaze gutera intambwe kandi abe koko amaze gusobanukirwa n’umukiro wa DATA muri iki gihe kandi amaze gusobanukirwa n’ijambo Uhoraho amushakaho ndetse n’icyo yifuza kuri roho ya buri wese muri iyi Si.

Nimukomere ku rugamba mwebwe mwese mwakiriye ijambo rya DATA rikabaturamo kandi mukaryiyinjizamo mu buzima bwanyu iteka ryose mugahora muharanira gushimisha DATA ndetse no gushimisha Ijuru ryose riganje muri mwe kuko ryabazaniye umukiro kandi rikabazanira ibyiza bikomeye byo kugira ngo iteka muhore mugaragiwe n’ububasha bw’Ijuru kandi mukomezwe n’imbaraga rikomeza kubasendereza buri munsi; ndabakomeje kandi mbahaye imbaraga zanjye zidasanzwe kugira ngo iteka ryose muhore muri abadasanzwe mu Isi kandi mukomeze gukora imirimo ikomeye kandi itangaje kugira ngo mukomeze kubohora Isi yose kandi mukomeze gutagatifuza buri kiremwa cyane cyane Isi yose igomba kwakira umukiro wa DATA kandi kwakira ububasha butagatifu bwo kugira ngo buri wese ahinduke kandi Isi turusheho kuyitagatifuza ndetse no kuyihindura nshya kugira ngo duhindure imyumvire yose ya Mwene Muntu maze duhindure imigendere yose ya Mwene Muntu kugira ngo icyo DATA ashaka kandi aho ashaka kwerekeza buri wese abashe kuhagera kandi abashe kumugeza ku cyo Uhoraho yifuza.

Nimukomere ku rugamba ubudasubira inyuma kandi ubutareba ku ruhande bityo muzirikane ko iteka ryose tubarangaje imbere kandi dukomeje kubatera imbaraga kandi tukabongerera imbaraga mu rugendo rwanyu kandi dukomeje kubateza intambwe ndetse no kubaha gususuruka mugahugukira imirimo ya DATA kandi mugahugukira ibikorwa bitagatifu DATA arimo kugenda akora muri iki gihe kandi arimo kugenda akora muri iyi minsi; nimukomere kandi murusheho kuba maso bityo mwitondere ijambo ry’Uhoraho muri iki gihe kugira ngo rikomeze kubayobora kandi rikomeze kubatagatifuza kuko igihe kigeze cyo kugira ngo byose bishyirwe mu bikorwa kandi bishyirwe ku mugaragaro kugira ngo benshi bakerensheje ijambo ry’Uhoraho mu buzima bwanyu kandi benshi batesheje agaciro ibyiza byose Uhoraho yazanye mu Isi, abo bose barusheho kuryozwa ibyo barangaranye kandi barusheho kuryozwa ibyo batesheje agaciro kandi byari bifite akamaro.

Nimukomeze rero mwakire ijambo rya DATA maze rikomeze kubaturamo kandi rikomeze kubayobora kugira ngo mukomeze mwakire imbaraga kandi mwakire gukomera bityo mukomeze gutagatifuzwa ndetse no gusenderezwa urukundo rutagatifu kugira ngo umukiro w’Uhoraho ukomeze kwiyubaka mu buzima bwanyu kandi mukomeze kwakira urukundo rutagatifu rugomba kubatera imbaraga kandi mugatagatifuzwa ku buryo bwuzuye kandi ku buryo busendereye; ndi rwagati muri mwe kuko mbarangaje imbere kugira ngo mbakomeze kandi nkomeze kubongerera ukwemera mu buzima bwanyu bityo mbasukure kandi mbatagatifuze kugira ngo Uhoraho ahore yisanzurira muri mwe kandi arusheho guhora abona inzira rwagati muri mwe kugira ngo iteka ryose arusheho kubakoresha kandi koko murusheho kumubera abakozi bamwizihiye mu muzabibu we mutagatifu kandi mu byiza byose yabahamagariye mu buzima bwanyu bwa buri munsi.

Nimuhore muteze ibiganza rero imbaraga ze kandi muhore murangamiye ububasha bwe butagatifu kuko ahora abategeye ibiganza kandi ahora yiteguye kubagabira byose kugira ngo mukomere ku rugamba tubatoza icyiza buri gihe kandi tukabereka inzira y’ubutungane kugira ngo namwe mutunganire DATA kandi mwakire ijambo rye ritagatifu ribatagatifuza kandi rikabagenera umukiro bityo mukakira ububasha butagatifu kandi mukakira gusenderezwa amahoro n’ibyishimo mukaganza muri Uhoraho kandi imbaraga ze zikabisanzuramo, mukisanzurira mu bubasha bwe butagatifu.

Nimukomeze mube umucyo mutagatifu umurikira Isi yose kandi urumuri rwanyu ntirukazime ahubwo iteka ryose ruhore rumurika kandi ruhore rukongora ikibi cyose kibibye muri Mwene Muntu kugira ngo aho Mwene Muntu ari hose cyane cyane uzi ko akibundaraye ku kibi kandi uzi ko wese akicaye ku kibi, imbaraga dukomeza kumusendereza muri iki gihe zibashe koko kumuhagurutsa bwangu kandi zibashe kumwimura mu byimbo kugira ngo arusheho kumva impuhwe za DATA kandi arusheho kumva ibyiza byose Ijuru ririmo kugenda rikora muri iki gihe bityo turusheho gutera benshi guhinduka ndetse no kugarukira urukundo rwa DATA.

Nimukomere kandi mugubwe neza kuko tubarangaje imbere kandi tubashyigikiye mu rugendo rwanyu rwa buri munsi kuko Uhoraho yabagabiye byose kandi akabafungurira amarembo y’Ijuru ku buryo bukomeye, Ijuru ryose rikaganza muri mwe kandi imbaraga zaryo zikisanzurira mu buzima bwanyu bityo mukaganza kandi mukarushaho gutekanira mu byiza byose Uhoraho akomeza kubagabira kandi akomeza kubasendereza; nimukomeze mubyakirane urukundo kandi iteka ryose mukomere ku rugamba bityo murusheho gukataza mugana mbere kandi musatira ibyiza byose Uhoraho arimo kubategurira imbere yanyu; nimugire guhuguka kandi koko murusheho gusobanukirwa n’ibikorwa bye muri iki gihe bityo mukomeze  intambwe kandi mukomeze injyana ye y’icyiza kugira ngo amaso yanyu aramburirwe kubona ibyiza bya DATA arimo kubategurira kuko yabateguriye ibyicaro bihagije kandi akaba yarateguriye buri wese umwanya umukwiriye kugira ngo imbaraga ze zikomeze kuba agatangaza mu Isi kandi zikomeze kugaragaza ibikorwa bidasanzwe kandi bikomeye DATA ashaka gukorera muri mwe kandi ashaka kugaragariza mu buzima bwanyu bwa buri munsi.

Murahirwa kuko mwemeye kwakira ijambo rya DATA rikabaturamo kandi namwe mukemera kuriyoboka bityo rigatura mu buzima bwanyu kandi rikabayobora ubuzima bwanyu bwose kugira ngo mwerekeze mu cyiza kandi mwerekeze mu butungane bw’Uhoraho bityo muhore mutera intambwe kandi musatira ibyiza by’agatangaza Uhoraho yabageneye kandi yabuganije mu buzima bwanyu.

Ndabakomeje kandi mbahaye gukomeza kwisanzurira muri Uhoraho kandi mbahaye kwisanzurira mu bubasha bw’Ijuru kugira ngo koko mwumve yuko mwatojwe kandi mwumve ko mwakiriye imbaraga bityo mwumve ko nta kigomba gukomeza kubaboha kandi mwumve ko nta gikomeza kubazirika ahubwo iteka mwumve ko mugomba kwisanzurira muri Uhoraho; tubarangaje imbere mu buryo bukomeye imbaga itabarika y’abatagatifu yose iganje muri mwe kugira ngo ikomeze kubatagatifuza kandi ikomeze kubereka inzira y’ubutungane bityo buri muntu wese akomeze gutungana kandi akomeze kwakira ibyiza by’Uhoraho; nimukomere ku ijambo rye bityo murebere ku babanjirije mu kwemera bityo iteka ryose kuko bemeye guhara byose kandi bakakira ijambo rya DATA rikabaturamo kandi bagaharanira kuribera abagabo kandi bakaribera abahamya.

Namwe rero nimukomere kandi mugubwe neza kuko iteka ryose twabateguye bihagije tukaba twarabageneye uyu murimo kuva mu ntangiriro kugeza kuri uyu munsi kugira ngo iteka mube mwizihiwe no kunyura DATA kandi mube mwizihiwe no gukomeza umurimo DATA yabahamagariye; nimukomeze mwimakaze ibyiza bya DATA mu Isi kuko turimo kubasendereza imbaraga z’agatangaza kugira ngo iteka ryose Isi ikomeze kuronka umukiro kandi ikomeze kuronka ibyishimo byuzuye kandi bisendereye.

Mbifurije umunsi mwiza ndi kumwe namwe kandi mbarangaje imbere kuko mbateze amatwi cyane muryango wa DATA kandi nshuti bavandimwe bana banjye nkunda dushyigikiye kandi ndangaje imbere mu buryo bukomeye; nimukomere kandi murusheho kwambara imbaraga zibakomeza kandi zibatigatifuza iteka mukomeze muzirikane ko muri ku rugamba bityo murusheho gukomeza gusendereza Isi yose ibikorwa bidasanzwe kandi bitagatifu bya DATA dukomeze gutabara ndetse no kugarura roho z’imbaga nyamwinshi mu buryo bukomeye kandi mu buryo budasanzwe.

Nimukomere kandi mugubwe neza bityo mukomeze mwishingikirize imbaraga z’Uhoraho zikomeze kubamanukiramo kandi zikomeze kubasendereza imbaraga zibakomeza bityo zibarinde kurandurwa ndetse no kudandabirana ahubwo iteka mukomeze mwakire gukomera ndetse no kugubwa neza bityo musenderezwe umukiro kandi musenderezwe ububasha butagatifu; nimugire umugisha n’amahoro kandi musenderezwe byose mu buzima bwanyu kugira ngo mukomeze murate Imana kandi mukomeze murate ibikorwa byayo bitagatifu ikomeza kugenda ikorera mu buzima bwanyu bwa buri munsi.

AMAHORO, AMAHORO, UMUNSI MWIZA KURI BURI WESE, NDABAKUNDA KANDI MBARANGAJE IMBERE KUKO MBASHYIGIKIYE MU MBARAGA ZIKOMEYE KANDI Z’AGATANGAZA ZIKOMEZA KUBAHA KWISANZURIRA MURI UHORAHO KANDI MUKISANZURIRA MU BYIZA BYOSE DATA AKOMEZA KUBAGABIRA UMUNSI KU WUNDI, AMAHORO KURI BURI WESE, UMUNSI MWIZA, NDI MUTAGATIFU YOZEFU, AMAHORO, AMAHORO!!!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *