UBUTUMWA BWA MUTAGATIFU YOZEFU, TARIKI YA 10 GICURASI 2025
Mbifurije igitondo cyiza ndi Mutagatifu Yozefu ubakunda cyane kandi ubahoza ku mutima igihe cyose, ndabakomeje kandi mbashyize mu burinzi bwanjye bukomeye, kugira ngo koko murusheho kurindwa ndetse no gucungirwa umutekano n’Ijuru ryose; iteka ryose rero mporana namwe kandi ngendana namwe mu bikorwa byanyu bya buri munsi, kugira ngo mbahe gutsinda kandi ndusheho kubasesekazaho umutsindo wanjye na DATA bityo iteka ryose uhore wumvikanira muri mwe, turi kumwe ndabakunda ndabashyigikiye mu bikorwa by’urugamba bya buri munsi, kuko ari njye ubaha gutsinda kandi nkabaha kuganza ikibi cyose mu Isi ndetse no mu Kiremwa Muntu, kugira ngo koko turusheho gushyigikira byinshi mu Isi.
Nifatikanyije namwe mu bikorwa byanyu kuri uyu munsi kandi naje kugendana namwe mu buryo bwo gukomeza kubambika imbaraga kandi mu buryo bwo gukomeza kubasendereza ububasha bwanjye n’ubwa DATA, kugira ngo buhore bubashyigikiye kandi ndaganje ndi muri mwe nimukomeze injyana y’urugamba kandi nimukomeze kujya mbere mu kwemera ndetse no mu kwizera, nanjye turi kumwe mu bikorwa byanyu bya buri munsi, kugira ngo koko mbahe gutsinda kandi mbahe kugera ku mutsindo nyakuri Uhoraho Imana abifuzaho; ndi rwagati yanyu kugira ngo koko nkomeze kubasangiza ibyiza by’Ijuru kandi ndi rwagati yanyu kugira ngo nkomeze kubasakazaho ububasha bwanjye bukomeye, burinda kandi bugahigika ikibi cyose aho kiva kikagera; mbasabanishije n’Ijuru ryose rero muri iki gitondo kandi mbakomereje intambwe muri buri kimwe cyose, nimutsinde kandi muganze nanjye ndaganje rwagati yanyu nk’umubyeyi wanyu kandi nk’ubashyigikiye muri byose, nk’ubabereye ku rugamba igihe cyose kugira ngo nkomeze kubakomeza kandi nkomeze kubateza intambwe mu nzira igana Imana; namwe rero nimurusheho gukataza kandi nimurusheho gukomerera mu kwemera tubatoza uko bwije n’uko bukeye, kuko twaje nk’abatoza rwagati yanyu kandi tukaba twaraje nk’abigisha, kugira ngo turusheho kubiyigishiriza kandi turusheho kubasobanurira iby’Ingoma y’Ijuru mu buryo bwimbitse.
Nimwakire rero intashyo zacu nk’ab’Ijuru igitondo nk’iki ngiki kandi nimwakire indamukanyo yanjye nk’umubyeyi ubakunda kuko mpobereye buri wese mu rukundo rwanjye n’urwa DATA, kandi nkaba mbahaye umugisha wanjye wa kibyeyi, ubashyigikira kandi ubakomeza mu bihe nk’ibi ngibi, kugira ngo koko mubashe kujya ku rugamba mwemye kandi mwemarariye umutsindo ibihe byose; mbambitse imbaraga nimukomere kandi nimukomeze urugendo, kuko mbafashe ikiganza kandi nkaba nkomeje kubashyigikira muri buri kimwe cyose, kugira ngo koko imirimo ya DATA ikomeze kwigaragariza muri mwe kandi ikomeze kugaragarizwa rwagati yanyu.
Nimugire ibihe byiza ndabakunda kandi ndabataramishije muri buri kimwe cyose, kuko naje kubambutsa byinshi muhuriramo nabyo mu Isi kandi nkaba naraje gusobanura ibidasobanutse mu buzima bwanyu; ndi umwigisha kandi ndi umurezi, ndi umusare kandi ndi umuvuguruzi w’ingabire zose kuko nabarazwe na DATA kandi nkabahabwa kugira ngo mbabere umubyeyi kandi namwe mumbere abana koko; murabe rero intwari kandi murabe inyaryenge mu rugamba rwanyu rwa buri munsi, kuko umwanzi atishimira icyiza mugeraho uko bwije n’uko bukeye, ahubwo ahora ashaka kukirwanya kandi agahora iteka ashaka kukiribata, ariko kandi ndahari kugira ngo nkomeze kubatsindira kandi ndahari kugira ngo nkomeze gutangaza umutsindo wanjye n’uwa DATA muri mwe, bityo rero nimukomeze kurindwa kandi nimukomeze gushyigikirwa n’ububasha budukomakaho nk’ab’Ijuru, kuko dutuye muri mwe kandi tukaba tuganje mu bikorwa bya buri munsi.
AMAHORO AMAHORO NDABAKOMEJE KANDI NDABASHYIGIKIYE MU BIKORWA BY’URUGAMBA, NDI MUTAGATIFU YOZEFU, AMAHORO AMAHORO, MBIFURIJE KUGUBWA NEZA MWESE KANDI MBIFURIJE KUGUMA MU RUKUNDO RW’UHORAHO IMANA, TURI KUMWE NDABAKUNDA, NDABASHYIGIKIYE MURI BYOSE, AMAHORO AMAHORO.