UBUTUMWA BWA MUTAGATIFU YOZEFU, TARIKI YA 24 NYAKANGA 2024

Ndabaramukije ntore z’Imana dukunda, mbifurije umunsi mwiza kandi igitondo gihire kuri buri wese, twifuza gutabara Mwene Muntu wihindanyije mu bibi bikomeye kugira ngo koko turusheho kumuvugurura mu rukundo rw’Uhoraho Imana kandi dukomeze kumusenderezaho isura ya kimana kandi dukomeze kumusenderezaho ubuziranenge bwacu mu buryo budasubirwaho; ngaho rero nimukomeze gutega ibiganza kandi mukomeze kuba maso, kuko naje kurwanana namwe urugamba kandi nkaba naje kubavugurura mu buryo bukomeye, kugira ngo koko murusheho kwambara imbaraga kandi murusheho kugaragara mwemye kandi mwemarariye umutsindo wa DATA ukomeye kandi ukomeje kwigaragariza muri mwe; nanjye rero turi kumwe muri urwo rugendo kuko ari njye ubayoboye kandi akaba ari njye ubarinze nkaba mbacungira umutekano ibihe ndetse n’ibihe, kugira ngo koko ibikorwa byacu twateguriye muri mwe bikomeze kwigaragaza kandi bikomeze kugirira Isi yose umumaro ukomeye.

Mbambitse imbaraga rero kuri uyu munsi kandi mbasenderejeho urukundo rwanjye, mbasenderejeho ububasha bwanjye, kugira ngo bukomeze kuvugurura ikibi muri Mwene Muntu kandi bukomeze gutazanurira amayira benshi mu rukundo rw’Uhoraho Imana kuko dukomeje kwifatikanya mu njyana y’urugamba kugira ngo dukomeze gusiza udusozi n’utununga muri Mwene Muntu kandi dukomeze gushyirana byinshi ku murongo, ari nako dukomeza gushyirana buri kimwe cyose mu mwanya wacyo; ni igihe cy’integuro ikomeye ya DATA mu Isi ndetse no mu Kiremwa Muntu, kandi ni igihe cyo gukomeza kugaragaza ububasha bwacu mu buryo budasanzwe, dusenya kandi turibata ikibi cyose muri Mwene Muntu kugira ngo koko harusheho kwimakazwa urukundo rukomeye rwa DATA, kuko dukomeje kuvugurura kandi tukaba dukomeje kubaka bundi bushya, duhindura amateka y’Ikiremwa Muntu kandi turushaho kwenyegeza urumuri rw’Imana mu Isi ndetse no mu Kiremwa Muntu; akaba rero ari igihe cyo gukomeza kuba maso kandi akaba ari igihe cyo gukomeza kwitegereza ibikorwa by’Uhoraho Imana kugira ngo uri mu kibi wesea abashe kukizibukira kandi uri mu cyiza abashe kugikomeraho, bityo rero kuri buri wese nihabeho kwikebuka kandi habeho kwirunguruka, kugira ngo uri mu cyiza abashe kugikomeramo kandi uri mu kibi abashe kukirekura bwangu, nanjye nkomeje kubateza intambwe kandi nkomeje kubasendereza imbaraga ndetse n’ububasha kugira ngo bikomeze kubafasha kwitegura amaze y’Uhoraho Imana; erega Uhoraho Imana araganje ari muri mwe kandi akomeje integuro ye idasanzwe mu Isi ndetse no mu Kiremwa Muntu kuko akomeje guhindukiza benshi, kandi akaba akomeje guhindura ubuzima bw’Ikiremwa Muntu, harahirwa abari maso kandi harahirwa abiteguye kwakira uwo mukiro ukomeye wa DATA, kuko hari byinshi akomeje gukorana namwe kandi hakaba hari byinshi akomeje gukorera mu buzima bw’Ikiremwa Muntu; akaba rero ari igihe cyo gukomeza kwitegura kuri buri wese kandi akaba ari igihe cyo gukomeza gutengeneza amayira muri Mwene Muntu kugira ngo koko abashe gukomeza kwakira urukundo rw’Uhoraho Imana isumba byose.

Ndi kumwe namwe mu njyana ikomeye y’urugamba kuri uyu munsi kuko naje kubafasha gukorana namwe ibikorwa bidasanzwe kuri uyu munsi kandi nkaba naje kurwanana namwe urugamba mu buryo budasubirwaho, kugira ngo koko dushyirane byinshi ku murongo kandi dushyirane byinshi mu mwanya wabyo, kuko dukomeje integuro yacu idasanzwe kandi tukaba dukomeje integuro yacu idasiba mu Kiremwa Muntu ndetse no ku Isi yose muri rusange, tukaba dukomeje kubakana amateka akomeye yo guhindura ubuzima bw’Ikiremwa Muntu aho kiva kikagera, bityo urumuri rwacu rukaba rukomeje kuganza kandi rukaba rukomeje kwigaragariza mu maso y’abatuye iyi Si; nimukomeze rero kwenyegeza icyo kibatsi cy’urukundo nanjye mbasendereje ububasha bwanjye kugira ngo murusheho gushikama kandi murusheho gukomera mu murimo wa DATA, kuko mbambitse imbaraga kugira ngo zibashyigikire kandi zibakomeze mu bikorwa by’urugamba; ngaho rero nimurusheho gushikama kandi murusheho kwambarira imbaraga muri Uhoraho Imana, nanjye turi kumwe mu mutsindo wanjye udasanzwe kugira ngo nkomeze gutsindira muri mwe kandi imbaraga zanjye zikomeze kuganza ikibi muri mwe kandi zikomeze kuganza ikibi muri Mwene Muntu, kuko mbashyigikiye mu gukora icyiza kandi nkaba mbashyigikiye mu bikorwa by’urugamba bikomeye bya DATA bikomeje kwigaragariza muri mwe.

Nimugire ibihe byiza umunsi mwiza turi kumwe ndabakunda, ndabashyigikiye Biremwa by’Uhoraho Imana kandi Ntore za DATA dutaramanye; mbifurije kugubwa neza kandi mbifurije gukomera ndetse no gukataza kuri buri wese, kuko turi mu mutsindo ukomeye wa DATA, ngaho rero ibikorwa byanyu nibikomeze kuganza ibikorwa by’umwanzi, kandi umutsindo wacu iteka ryose uhore wumvikanira mu ruhande rwanyu rwa buri munsi.

NIMUGIRE IBIHE BYIZA TURI KUMWE NDABAKUNDA, NDABASHYIGIKIYE KANDI NDABAKOMEJE MURI BYOSE NDI MUTAGATIFU YOZEFU, AMAHORO AMAHORO, IBIHE BYIZA TURI KUMWE NDABAKUNDA, AMAHORO AMAHORO.

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *