UBUTUMWA BWA MUTAGATIFU YOZEFU, Tariki 23/06/2023
Mbasakajeho umugisha wa DATA ntore z’Imana dukunda kandi dutaramanye mbifurije kugubwa neza igitondo cyiza kuri mwese uyu munsi nubabere umunsi w’ibirori n’ibyishimo kandi nubabere umunsi w’umunezero kuri mwese ndi kumwe nje kwifatikanya namwe mu bikorwa by’uyu munsi kugira ngo turwane intambara kandi turwane urugamba rukomeye turwanira roho zose z’abatuye Isi kugira ngo buri wese arusheho gusukurwa no gutagatifuzwa yinjizwe mu gushaka kwa DATA. Ndi kumwe namwe mu buryo budasanzwe kandi mu bubasha budasanzwe kuko nje gukongora kandi nje guhirika ikibi cyose muri Mwene Muntu kugira ngo imbaraga za DATA zikomeze kugaragarira muri bose kandi ububasha bw’Ijuru bukomeze kugaragarira bose. Ni igihe rero kidasanzwe kuko ari igihe gikomeye turimo cyo gusenya no guhirika ikibi cyose mu Isi no kuribata imbaraga zose z’umwanzi kugira ngo ububasha bwacu bukomeze kwigaragaza kandi imbaraga zikomeze kugaragarira bose. Ntore z’Imana bana ba DATA nimukomere ndabakomeje kuko mbakomeresheje ububasha butayegayezwa n’umwanzi kandi budahungabanywa n’umwanzi mwambare muberwe kuko turi ku rugamba rudasanzwe kandi tukaba dukomeje kubamanuriramo ububasha n’imbaraga bidasanzwe kugira ngo murusheho kuba ku rugamba kandi murusheho kurwanira roho nyamwinshi muzinjiza mu gushaka kwa DATA.
Ni igihe cya buri wese gukora avuye hasi kandi gukora yivuye inyuma kugira ngo ibikorwa byacu bikomeze kugaragara kuko twabateje intambwe kandi twabatoje inzira zose z’urugamba kugira ngo mukomeze guhangana n’ibitero by’umwanzi kandi mukomeze guhangana n’imbaraga z’umwanzi buri umwe umwe muri mwe afite ububasha n’imbaraga zo gutsemba ikibi mu Isi kandi no gutsemba ibitero byose by’umwanzi nkaba ngira nti nimushyigikirane kandi mukomezanye mu buzima bwanyu no mu mibereho yanyu ya buri munsi murusheho kurangamira uruhanga rwa DATA kugira ngo imbaraga mugenerwa umunsi ku wundi mushobore kuzakira kandi zishobore kubasenderezwamo mu buzima bwanyu no mu mibereho yanyu ya buri munsi.
Ijuru ryose ryamanutse mu buryo bw’agatangaza kandi bukomeye kugira ngo tubohore kandi tubohoze abo umwanzi yagize imbata abo umwanzi yigaruriye mu bikorwa bidahwitse kandi bitanoze kugira ngo tubasukure kandi tubatagatifuze. Tubabajwe n’abo twiyeretse kandi twamenyesheje ibyiza by’ingoma y’Ijuru bagakomeza kunangira nkana kandi bagakomeza kwica amatwi nkana bakanga kumva ububasha bwa DATA n’imbaraga za DATA igihe kikaba kibagereyeho bakizunga muzunga kandi bakigendagenda nk’abasinzi kandi nyamara bareretswe inzira kandi baramurikiwe mu buryo bwose.
Nimutakambire roho nyamwinshi kandi mutakambire benshi bizeye ubwenge n’ubuhanga bwabo bakibagirwa ko Uhoraho ari hejuru yabo kandi ububasha bwe busumbye kure ibinyabubasha byose byo mu Isi. Ni igihe rero kigeze kugira ngo ibinyabubasha byose byo mu Isi biceceke bityo humvikane ijwi rimwe ry’Uhoraho mu bubasha bwa DATA. Ndabarinze kandi ndabashyigikiye mu rugendo rwanyu rwa buri munsi kuko mbashyize mu burinzi bukomeye kugira ngo ibitero byose by’umwanzi yagabye hirya no hino bibagendere kure umwanzi nababona abahunge kandi abagendere kure kuko nta bubasha abafiteho kandi nta mbaraga abafiteho zo kwidegembya uko ashaka n’uko abyumva. Nimukomere mukomerere mu birindiro buri wese ahamye ibirindiro hamwe buri wese ahagarare mu mwanya twamushyizemo kandi buri wese acunge neza izamu twamushyizemo kugira ngo umwanzi atakwinjirana akagutsinda igitego kandi wari uri ku izamu. Buri wese rero ni urugingo rw’undi kuko mubereniye maso kandi mushyigikiranye muri uru rugendo buri wese agomba kungikanya n’undi kugira ngo urukundo rwacu rwigaragaze kandi imbaraga zacu zigaragaze.
Nimwakire imbaraga ubuhanga ubwenge n’ubushishozi murusheho gusobanukirwa n’ibyiza by’ingoma y’Ijuru kandi murusheho kuba abahamya beza b’ibyiza by’ingoma y’Ijuru kuko ari cyo mwashyiriweho kandi icyo mwahamagariwe mu buryo bukomeye kandi bw’agatangaza kuko uko muri aha mwese buri wese afite icyo ahamagariwe kandi buri wese afite icyo agomba gukora ariko akuzuzanya na mugenzi we mugahuriza byose mu rukundo kandi mugahuriza byose mu mbaraga mwahawe na DATA. Nimukomeze rero kwibumbira hamwe umwanzi ntabanyanyagize kandi umwanzi ntabayobye ntabashuke mu bitekerezo byanyu kuko ari kugenda yigarurira benshi kandi akaba ari kugenda yigabiza benshi mu buryo bukomeye dore umwanzi ari kugenda runono kuko ari gushaka aho yakwinjirira kandi akaba ari gushaka aho yakwinjirira kugira ngo abone uko yabayobya kandi abone uko yabarangaza kuko ari gushaka ibirangaza byinshi afite amayeri anyuranye kandi afite imitego inyuranye mu buryo bw’amayeri nkaba naje kugira ngo nifatikanye namwe mu kibatsi gitagatifu gitwika kandi gikongora kugira ngo mu isengesho ryanyu ry’uyu munsi mwongere imbaraga kandi mwongere umurava kuko uyu munsi ari umunsi w’urugamba rudasanzwe rwo kujujubya imbaraga z’umwanzi no gutsemba ibitero byose by’umwanzi.
Ntore z’Imana bana banjye ndabakunda kandi mbashyize mu mutima wanjye udahemuka kugira ngo muhibere kandi muhiturire bityo mwirinde guhemuka ku isezerano ry’Uhoraho uko ibihe byasa kose n’uko byamera ntimugahungabane kandi ntimugateshuke ku nshingano mwahawe ngo mwirukanke inyuma y’ikibi kuko umwanzi icyo ari gushaka ni uko mwava mu cyo mwambaye kandi mukareka ibyiza mwahawe mukirukanka inyuma y’ibye kandi nyamara nta gaciro nta n’akamaro bifite mu buzima bwanyu. Igifite akamaro kandi cy’ingenzi twarakibahaye kandi twarakibatoje kugira ngo kigirire roho zanyu akamaro bityo mubyare urwunguko rwinshi mu kuramira roho nyamwinshi. Ibikorwa byanyu ni ibikorwa bidasanzwe kuko bigirira Isi yose akamaro kandi bitareba uyu n’uriya kandi bitareba hariya na hariya ahubwo birenga imipaka yose bikagera ku Isi yose mu kujujubya imbaraga zose z’umwanzi kuko mwahawe ububasha n’imbaraga zo kugenda hose mu buryo budasanzwe kugira ngo imbaraga zacu zigaragaze. Nimukataze kandi mukomereze aho ngaho mu rukundo rwa DATA mukomeze kuberanira maso kuko ibi bihe bitoroshye bitoroheye abemera bose kuko abemera bose ku Isi hose umwanzi yagabye ibitero kugira ngo abace intege kuko arimo kugendera mu marembera abona igihe cyamurangiranye akaba rero ari gushaka kugira ngo abigarurire kandi abigabize niyo mpamvu natwe twavuye hasi kugira ngo tubarwanire urugamba kandi tubarwanire inkundura namwe musabwa gutera intambwe kugira ngo izacu zize kuzuza izanyu bityo umwanzi aho abategeye kandi aho abahigira ntababone kandi ntabasange kuko mushyizwe mu bwihisho bukomeye mu mbaraga zikomeye. Hagowe umwishyira kandi hagowe umurunguruka kuko uwo nguwo umwanzi azamubona vuba na bwangu kuko imbaraga mwahawe atari imbaraga zo gukerensa kandi atari imbaraga zo kuryamana no kwicarana ni imbaraga zibafasha kujya ku rugamba guhangana n’Isi n’ibitero byose by’umwanzi.
Ni igihe rero cyo gushyira umwanzi mu gisuzuguriro kandi ni igihe cyo kumwicaza hasi akagaragarizwa ko nta bubasha kandi nta mbaraga afite. Iyi Si rero ntibacishe bugufi kandi ntikabatere kwinuba no kwiganyira kuko Isi irimo byinshi birangaza kandi bishuka Mwene Muntu bihenda ubwenge Mwene Muntu bituma Mwene Muntu adataguza ngo akataze mu nzira y’urukundo. Ibyo byose nimubihunze amaso kandi mubyime urwaho mubihungire kure kandi mubigendere kure aho umwanzi abategeye mumwereke ko nta mushyikirano mufitanye na we kandi ntacyo mufitanye na we kuko ububasha bwacu bwabasendereyeho kandi twabubambitse wese kugira ngo mwambare muberwe ku rugamba mutabare Isi yose kandi mutabare benshi. Mutwaye urumuri ariko kandi murutwaye mu muyaga mwinshi niyo mpamvu musabwa kuba maso no kwigengesera kuko mutwaye ubukungu bukomeye kandi mutwaye amabanga akomeye agomba gutangarizwa Isi yose kandi agomba gutangarizwa bose mu buryo bw’umugaragaro. Ni igihe cy’ibikorwa rero kuko twavuze kenshi kandi tugahindukiriza kenshi Mwene Muntu tukamwereka inzira n’umurongo kugira ngo ahinduke ahindukirire agarukire urukundo rw’Imana Mwene Muntu ntiyakiriye ibyiza azaniwe n’Uhoraho kandi ntiyakiriye umukiro azaniwe n’Uhoraho ngo awusigasire ngo awubumbabumbe muri we ahubwo yaraje aranyanyagiza yubika ibiganza ibyiza byose yari ahawe abigira imfabusa yerekana ko nta kamaro nta n’agaciro. Ni igihe rero kugira ngo abo bose bikujije aho gukuza izina ry’Imana muri bo no gukuza ububasha bw’Imana muri bo tubahananture kandi tubahirikiye mu buryo bw’umugaragaro kuko buri wese ikibi yabitse kandi yizigamiye muri we kigiye kumukoza isoni kandi kigiye kumutamaza ku manywa y’ihangu bose bareba. Nimukomeze rero kwibumbira hamwe kandi mukomeze kuba umwe kugira ngo ibikorwa byacu muri mwe bikwirakwire hose kandi bikwirakwire muri bose.
Ntabwo muzakorwa n’isoni kandi ntabwo muzakorwa n’ikimwaro kuko ukurikiye Uhoraho wese ari we Uhoraho yubahisha kandi akamuhesha ikuzo. Nimwirinde kwirwanirira mu buzima bwanyu bwa buri munsi kandi mwirinde kwirwanaho mwirinde kuba ba gashozantambara nk’uko Isi ibigenza nimutuze kandi mworoshye muturize mu rukundo rwa DATA mugume mu isengesho kuko ari yo ntwaro ikomeye izahashya umwanzi n’ibitero bye byose mukamujujubya kandi mukamwagana kuko hari ububasha buri kumnauka muri iki gihe kandi hari imbaraga ziri kumanuka kuri buri wese mu buryo budasanzwe. Abamalayika n’abatagatifu twese turi ku rugamba rwo kurwanira Mwene Muntu kuko hari benshi tugiye kwimika kandi ari benshi tugiye kwerereza mu buryo bukomeye batabitekerezaga kandi batari babizi. Nimukomere rero ndabakomeje kandi ndabashyigikiye kuko buri wese tugiye kumushyira mu mwanya we kandiburi wese tukaba tugiye kumushyira aho agomba guhagarara agahagarara yemye kandi agahagarara gitwari kuko azaba akomejwe n’ububasha bwa DATA kandi azaba ashyigikiwe n’ububasha bwa DATA. Ndabahumuye kugira ngo mubone byose mu rukundo rwa DATA bityo iby’umwanzi byose mubyamagane kandi mubihungire kure mubyigizeyo mugume mu rukundo icyo musabwa ni uguhorana imitima ikeye kandi isukuye yiteguye kwakira ibyiza mugenerwa umunsi ku wundi isaha ku yindi isegonda ku rindi kuko haba hari byinshi turi gukorana namwe kandi hakaba hari byinshi tuba turi gukora mu buzima bwanyu.
Mbifurije umunsi mwiza kandi mbifurije ibihe byiza turi kumwe ndabashyigikiye nimuhumure kandi mukomere kuko mbahumurije ibihe ntibibakangaranye kuko mwateguwe kandi mwategujwe ku buryo burambuye kandi bukomeye kugira ngo igihe umwanzi azaba ateye kandi igihe tuzaba tuje gutangaza ibikorwa byacu muzasobanukirwe kuko tutashatse ko mwatungurwa tukabateguza byose mbere y’igihe. Ni intambara rero ityaye igiye kugukorerwa mu Isi hose kugira ngo buri wese abone ububasha bw’Imana kandi abone ubuhanga bw’Imana. Mbifurije ibihe byiza umunsi mwiza ndabashyigikiye turi kumwe kuko mbashyize mu burinzi bwanjye kandi mbashyize mu mbaraga zanjye kugira ngo abe ari ho mwibera bityo mbatazanurire kandi mbarwanirire kuko ikibatsi cy’Uhoraho gitwikiriye Isi yose kandi kitwikiriye bose abemera kugira ngo barwanirirwe kandi binjizwe mu bihe bidasanzwe koko bagomba kubamo buri wese akaba intwari kandi buri wese akaba intore koko.
AMAHORO, AMAHORO! IBIHE BYIZA NDI MUTAGATIFU YOZEFU UTARAMANYE NAMWE MU BYISHIMO MU MBARAGA ZIDASANZWE N’UBUBASHA BUDASANZWE KUGIRA NGO DUKORE BYINSHI KANDI TUGARAGAZE BYINSHI MU BURYO BUKOMEYE. AMAHORO, AMAHORO NTORE Z’IMANA NDABAKUNDA, AMAHORO, AMAHORO!
