UBUTUMWA BWA YEZU KRISTU, TARIKI YA 08 MUTARAMA 2025

Mbasesekajeho amahoro n’urukundo rwanjye Ntore Ntumwa zanjye dutaramanye kuri uyu munsi, mu myiteguro ikomeye kandi yimbitse kugira ngo mwakire imbaraga kandi musesekazweho ububasha bwanjye n’ubwa DATA; nimwishimire mu rukundo rwanjye n’urwa DATA kuko mfunguye umutima wanjye mutagatifu kugira ngo mbasendereze urukundo rwanjye kandi mbahaze ibyiza byanjye n’ibyiza bya DATA, kugira ngo bikomeze intambwe zanjye kandi mukomeze gushyigikirwa n’urumuri rwanjye, nkomeje gukongeza mu mitima yanyu kugira ngo mudacogora mu rugendo no mu rugamba; ni igihe cyo kubasakazaho Roho Mutagatifu, kugira ngo mumwakire abavugurure kandi abasesekareho mu buryo bwose, kugira ngo abayobore mu nzira y’ukuri n’ubutungane kandi mushishikarire umurimo wanjye n’uwa DATA, kuko twabahurije hamwe mu rukundo rwacu kugira ngo tubamenyeshe byimbitse integuro yacu kandi twubake ubuzima bwanyu bundi bushya; nimunkomereho ndabakomeje kandi ndabashyigikiye mu rugamba, kuko buri wese murangaje imbere kandi muyobore mu mbaraga zanjye zitavogerwa kandi zidakumirwa; dore nje kubarwanaho kandi kubarwanirira kugira ngo mbakumirire imitego y’umwanzi, kandi mbarinde mbacungire umutekano kuko ndi imbere n’inyuma iburyo n’ibumoso, kugira ngo mbahigire ibibahiga kandi mbarwanyirize ibibarwanya.

Ngaho rero nimunkomereho kandi mukomeze mutere imbere mu rukundo rwanjye, dore ndi bugufi yanyu iminsi yose kandi mpora nshishikaye kugira ngo mbarememo imbaraga kandi mbasesekazemo urukundo rwanjye rudatuba kandi rudacogora; nimwakire ihumure mu mitima yanyu kandi mugire gukomera no gushyigikirwa, murinde kandi murinde amazamu yanyu kandi murindire ubutarambirwa n’ubutananirwa n’ubutagamburuzwa n’umwanzi, kuko iki gihe ari igihe cyo gushikama kandi gukomera mu kwemera kuri buri wese; mumenye rero ko ukwemera kurema byose kandi ukwemera kuri buri wese ari ko guhindura amateka kandi gukora imirimo n’ibitangaza; nimwinjire rero mu nzira y’ukwemera mu buryo bukomeye kandi mu buryo budasanzwe, mukomeze kwitera urukundo kandi mukindikize intwaro z’urumuri, mubashe guhashya umwanzi, mumutsembane n’utwe twose kandi mukure mu nzira ibibaziga n’ibibazitira, dore ndaje kubaramira kandi kubakomereza intambwe kugira ngo mpindura ubuzima bwanyu ukundi.

Twabatangije urugamba rukomeye kandi njyewe na DATA turi muri mwe dusakaza urumuri rwacu kugira ngo tubayoboreshe ububasha bwacu ndakumirwa kandi butavogerwa, ni yo mpamvu rero ntazabasiga ahubwo iteka ryose mpora mbahihibikanira, kandi ntazabatererana kuko muri umuryango DATA yahaye umugisha kandi yakungahaje ibyiza, tukaba rero twiteguye gukorera muri buri wese imirimo n’ibitangaza; iyaba mwakundaga mukankomeraho kandi mukamenya kuri buri wese urugamba ariho uko rumeze n’uko ruteye, kuko nta rugamba rutagira iherezo, kandi muzirikane ko n’abarwana bo ku Isi batahukana intsinzi, bagahabwa ibihembo bagokeye kandi baruhiye; njyewe na DATA rero ntabwo dushobora gutererana abacu kandi ntidushobora kwibagirwa imvune n’imiruho, abacu banyuzemo kandi bagenda bahura nayo kuko twiteguye kubaramiza urukundo rwacu, mu gutahukana intsinzi tukabambika amapeti kandi tukabahundagazaho umukiro n’umugisha wacu; ngaho rero nimukomere murwane urugamba inkundura kuko ndi bugufi yanyu, mbongerera imbaraga kandi nkabasesekazaho ububasha bubafasha gukomera no gukataza mu rugendo mwatangiye, kuko ntajya mbibagirwa kandi ntajya kure yanyu, iminsi yose mpora muri mwe kandi mporana namwe.

Abahungabanye nimugire gukomera kandi abahangayitse mwakire ituze, kuko naje nk’umunyampuhwe n’umunyembabazi kugira ngo mbahundagazeho urukundo rwanjye kandi mbafungurire ibyiza by’umutima wanjye, kugira ngo mbarememo imbaraga kandi mbuzuze ububasha bukomeye bubafasha gukomerera mu rukundo rwanjye; nimwakire ihumure ryanjye kuko ibibarushya, ibibananiza ari byinshi, nkaba rero naje kubaremamo imbaraga kugira ngo mwakire gukomera kandi guhumurizwa nanjye; ndabakomeje rero kuri buri wese kuko urugamba buri wese arimo kandi intambara murwana kuri buri wese nzizi, nkaba rero nkomeje kubatera ingabo mu bitugu kandi kubashyigikira mu bubasha bukomeye kugira ngo mukomeze mukataze tugende; dore ndi kumwe namwe ibihe byose mu byoroshye n’ibikomeye, ntabwo mbibagirwa kandi ntabwo mbatererana, ndabakomeje kandi ndabashyigikiye kugira ngo mukomere mukataze tugendane mu mbaraga z’umuvuduko w’imyiteguro ikomeye kandi itangaje; nimukomere naratsinze kandi niteguye gutsindira buri wese, kuko ndi mu ruhande rwanyu mu buryo bukomeye kandi mu buryo bwimbitse kugira ngo mbasesekazeho amahoro n’urukundo rwanjye, mbagure mbahindure bundi bushya kandi mbakomereze intambwe mu buryo budasubirwaho; murahirwa Ntore z’Imana kandi bana b’Imana, kuko mushyigikiwe n’imbaraga zanjye n’iza DATA kandi mukaba muri mu bwishingizi bukomeye bwanjye, abari mu ruhande rwanjye kandi abari mu ihema rya DATA, nta kizabahungabanya.

Nimukomere rero kandi mukomeze kwitegura ibihe biri imbere kuko bigoye kandi biruhije, bikazagora cyane abatubatse kuri njye kuko abubatse ku musenyi bazatwarwa n’umuyaga, ariko kandi abubatse kuri njye Rutare akaba ari njye buye ndemyanzu kandi rikomeye, ritajya rihungabanywa n’ibibonetse byose; ngaho rero nimumfateho munkomeze, kuko abankomeyeho mbakomeje kandi mbashyigikiye mu rukundo rwanjye, kugira ngo ibikorwa byanjye kandi imbaraga zanjye zigaragare zibuzure zibasenderere;  mbakiriye mu mutima wanjye mu muhoberano mutagatifu kuri buri wese, ngira nti “Nimugubwe neza kandi mwishimire mu rukundo rwanjye n’urwa DATA, kuko ndi iruhuko kandi nkaba amahoro yanyu kugira ngo muzane imitwaro yanyu ibaremereye, kugira ngo mbakire kandi mbatwaze mu rugendo rwanyu kugira ngo mutananirwa mugacikira intege mu mayira, mutari mwasoza urugendo kandi mutari mwasohoza umugambi w’icyo nabatoreye nabahamagariye”.

Ndabakomeje kugira ngo mukomeze mwiyumvemo imbaraga iruhuko n’ibyishimo, kandi mugire ishema n’ishyaka ryo gukomeza gukataza mu murimo mwatangiye kandi mu butumwa nabahamagariye; nje kugurumanisha ikibatsi cy’urukundo kuri buri wese, kugira ngo mukunde byimazeyo kandi mube mu byanjye n’ibya DATA mu buryo budasanzwe, kuko Isi uko ibatwara kandi ibakurura ishaka kubiyegereza niko nanjye ubuntu n’impuhwe zanjye bikomeje guhihibikana muri mwebwe kugira ngo mbigarurire kandi mbakomereze intambwe kugira ngo mumenye icy’ingenzi kandi icy’agaciro gakomeye; ndabarinze kandi mbacungiye umutekano, harahirwa abankomeyeho kandi bakomeje injyana y’icyo nabahamagariye kandi nabatoreye, kuko iryo navuganye namwe ndizi kandi icyo nabasezeranyije niteguye kugisohoza; mwebwe rero mukaba musabwa kurindira no gutegereza guhora muri maso kugira ngo igihe DATA azazira kandi igihe njyewe na DATA tuzaza kubuzuriza isezerano tuzasange muri mu mwanya wo kwakira ibyiza mwazigamiwe kandi mwateguriwe.

Murabe intwari rero kugera ku munota wa nyuma mudatsinzwe kandi mutadohotse mu rugendo, kuko iki gihe ari igihe cyo kubana nanjye kandi kugendana nanjye mu buryo bw’imbaraga zikomeye, kuko ndi gutegura abanjye kandi DATA ari gutegura abe kugira ngo tubahurize hamwe mu rukundo rwacu kandi tubagaragarizemo imirimo n’ibitangaza; ni igihe cyo kuyungurura kandi gusukura guta hanze ikibi kugira ngo icyiza gisigasirwe, maze icyiza gikomeze gicungirwe umutekano, maze ikibi kijugunywe kure kuko ari igihe cyo kuvangura ibibi byavangavanze ubuzima bwa Kiremwa Muntu, kuko Kiremwa Muntu namucunguje urukundo rwanjye kandi nkitanga ku musaraba ngira ngo bose bakire mbahuze na DATA bakeye batunganye, ariko kandi urukundo rwanjye benshi bakaba barunyanyagiza barupfusha ubusa, igihe nk’iki akaba ari igihe cyo kugaragaza ibyanjye imbona nkubone mu buryo bwimbitse kandi bufatika.

Nta jambo twavuze rigomba gupfa ubusa cyangwa guhera, buri kimwe cyose twatangaje tugomba kukigaragaza mu bikorwa bifatika kandi mu ngiro, igaragarira buri wese uwemera n’utemera; nifuza rero ko abanyemera kandi abizera mwaguma mu birindiro byanyu kandi mukaguma mu mwanya mwiza twabazigamiye kandi twabateguriye kuko turi hafi kwigaragaza mu buryo budasanzwe, ari yo mpamvu dutanga imburo hirya no hino mu Isi kugira ngo abari maso bakomeze babe maso, kuko uru rugamba twarutangiye kandi n’ubushotoranyi bw’umwanzi bukaba buhari bugenda buca abacu intege, ariko k’ukomera kandi k’uzarindira kugera ku munota wa nyuma uwo arahirwa; nkomeje rero kubasigasira kandi kubarinda kugira ngo mukomere kandi mukomeze mube intwari ku rugamba mu kutadohoka kandi mu kutajya inyuma y’icyo nifuza kandi nshaka, kuko ndi mu nteguro ku banjye ikomeye kandi ikataje njyewe na DATA, mu bo twateguye kandi twazigamiye ibyiza twifuza kubazamura mu ntera ikomeye kandi idasanzwe.

Nimubeho rero mu rukundo rwanjye nk’uko nanjye ndi mu rukundo rwa DATA, muharanire kugendera ku ijambo ryanjye muyoborwe n’ubuntu n’impuhwe byanjye ndetse n’ibya DATA, kuko niteguye kubagaragarizamo n’ibitangaza; nimukomere ndabakomeje kandi ndabashyigikiye, muharanire kuzirikana ijambo ku rindi navuganye namwe, kuko nta jambo na rimwe twigeze tubatangariza rigomba gupfa ubusa cyangwa guhera, byose bizasohorera igihe byagenwe kandi igihe twateguye njyewe na DATA; nimurinde izamu ryanyu kandi mucunge umutekano wa buri kimwe cyose, kuko niteguye imirimo ikomeye mu banjye, mu bo nacunguye kandi nameneye amaraso banyemera kandi banyizera, kuko nje kubaramiza urukundo rwanjye mu buryo bufatika; ndabakunda kandi ndabashyigikiye Ntore Ntumwa zanjye na DATA, nimwishimire mu rukundo rwanjye kuko ndi byose muri mwe, kandi mbasesuyeho urukundo n’impuhwe zanjye kugira ngo mubyambare mubikindikize, bityo mugende uko ngenda kandi mwifate uko nifata, uharanira kugera ikirenge mu cyanjye kandi uharanira kugendera mu kuri kwanjye, uwo arahirwa kuko afite icyo ashushanya kandi agaragaza ukwemera kwe, aho gushingiye ndetse n’uwo yayobotse uwo ari we.

Ndabakomeje rero nimukomere kandi mwifurizanye ineza n’amahoro bikomoka mu mutima wanjye n’uwa DATA, kuko dukomeje gusakaza imbaraga zacu ku bacu, mu buryo bwo kubarinda kandi mu buryo bwo kubacungira umutekano; erega igihe kiraje kandi kiregereje kugira ngo ibyo twabatangarije byigaragaze, oya ntidukora huti huti ngo tugendere ku marangamutima, isaha yacu iyo igeze turakora ntirenga kandi ntitubanguka, kuko tudatinda kuko ibikorwa byacu bizira igihe byagenwe kandi byateguriwe; nimuhore muri maso iminsi yose kuko mutazi umunsi wanjye n’uwa DATA, iteka ryose muhore mu kwemera guhamye kandi gushyitse kuko benshi mu Isi twabamenyesheje ibyacu, ariko abarambiwe akaba ari bo benshi, bakazatungurwa bakaba nk’abataburiwe cyangwa abatarabwiwe, ari yo mpamvu nkomeje kubakangura kugira ngo muve mu bitotsi by’umwanzi, mwirinde kunanirwa kandi mwirinde kurambirwa, kuko iki gihe ari igihe cyo gukora, kuko mwashyiriwe guhora mugaragiye intebe y’ijambo ryanjye n’iya DATA kugira ngo mwumvikanishe uwo mwayobotse kandi uwo mugana uwo ari we; ngaho rero nimuhorane umwete n’umurava, muhore mufite inyota y’Ibyiza by’Ingoma y’Ijuru kandi musonzeye ubutugane, kuko ari igihe cyo kubinjiza mu mugambi ukomeye w’ibikorwa byanjye n’ibya DATA.

Nimuhorane amahoro y’igisagirane kandi muhorane umwete n’umurava mu Byiza by’Ingoma y’Ijuru kuko ndi kumwe namwe mu minsi yose, ngo mbahundagazeho umukiro n’umugisha wanjye; ni mwebwe rero mugomba gufata iya mbere mu gushaka ubuhungiro bwanyu, kuko ndi ubuhungiro kandi nkaba byose muri mwe, mu kubategurira ibyiza DATA yabazigamiye yabateguriye; mumenye rero ko ari njye inzira y’ukuri n’ubugingo, izabageza kuri DATA kandi nkaba mbayoboye mu buntu n’impuhwe zanjye kugira ngo mbahuze na DATA mukeye; mpora mbategurira kandi mbatazanurira amayira, kuko nabasakajeho Roho wanjye ubabwiriza amanywa n’ijoro, kugira ngo abayobore kandi abereke igikwiye icya ngombwa, ntimumuninire rero ahubwo imitima yanyu muyifungure kugira ngo ayitahemo maze ababwirize kandi abayobore muyoboke.

Ndabakunda kandi mpora mbahihibikanira, nimwitegure kwakira ibyiza byanjye mufite umutima ukeye kandi utunganye, mwange icyaha n’igisa nacyo kandi mwisukure iteka ryose, kugira ngo imitima yanyu izire ikizinga; ndabakunda ndabashyigikiye, nimuhorane umwete n’umurava kandi muhorane ubutwari bwo kwamamaza Ibyiza by’Ingoma y’Ijuru mushize amanga; mbasesekajeho umugisha wanjye ubashyigikira kandi ubakomeza, kugira ngo mukomeze mube intwari ku rugamba mu rugendo mwatangiye, kuko mbayoboresheje imbaraga n’ububasha bwanjye, ngira nti “Nimusenderere ibyishimo n’umunezero wanjye, bityo bibatere ishyaka n’inyota yo guhora iteka mundangamiye kandi mushengereye uruhanga rwanjye, kuko niteguye kubavomerera kandi kubasakazaho imbaraga n’ububasha bwanjye bubafasha gukomera no gukomeza kuba intwari muri uru rugendo”.

MBIFURIJE UMUNSI MWIZA, NDABASHYIGIKIYE NDABAKUNDA KANDI MBAKIRIYE MU MUTIMA WANJYE MUTAGATIFU, NDI YEZU KRISTU W’I NAZARETI, AMAHORO AMAHORO.

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *