UBUTUMWA BWA YEZU KRISTU, TARIKI YA 28 WERURWE 2024

Mbifurije umunsi mwiza ntore zanjye kandi biremwa byanjye na DATA, nkomeza iteka nkabagaragarizamo urukundo rwanjye kandi nkabahaza ibyiza byanjye by’agatangaza, mbifurije kugubwa neza ndetse no gukataza mwakira ibyiza by’Ingoma yanjye kandi mukomera ku rugamba nabahagariye kandi nabatoreye, kuko nkomeza kugenda nkorana namwe imirimo ikomeye kandi imirimo itangaje igihe cyose, ndabakomeje ku rugamba kandi mbakomereje intambwe, nimugire ubuzima buzima kandi mugire gusagamba mwakira ibyiza byose mbagabira kandi mbagenera, kuko nabatagatifuje kandi nkabasendereza ibyiza by’umukiro wanjye, ugatura muri mwe kandi ugasagamba mu buzima bwanyu iteka ryose, mukizihirwa kandi mukanyurwa n’urukundo nabagaragarije, ibyo byiza byose nabishyize mu biganza byanyu kugira ngo mutagatifuzwe kandi mutagatifuze Isi yose, mu kumurikira buri kiremwa ndetse no kuboneshereza bose kugira ngo barusheho kubona ibyiza by’urukundo rwanjye kandi bakomeze kumurikirwa n’imbaraga zikomeye mbasendereza kandi mbagabira uko bwije n’uko bukeye.

Mbarangaje imbere mu bubasha bukomeye kandi nkomeje kubakomereza intambwe, kugira ngo mukomere ku rugamba kandi mukomeze kuzirikana ko mbateza intambwe buri munsi nkabagabira byose kandi nkabereka inzira itunganye kandi inzira y’ukuri, kugira ngo buri muntu wese koko arusheho gutsinda ikibi cyose kandi arusheho kuyoboka urukundo rwanjye, nabagaragarije byose kandi mbasendereza ububasha bwanjye bukomeye, imbaraga zanjye zose nzigaragariza muri mwe kandi mbagabira ububasha bwanjye butagatifu, bityo mbaha kwizihirwa kandi mbaha kunyurwa n’urukundo rukomeye nabakunze kuko byose nabigaragarije mu biganza byanyu, nkabatagatifuza kandi nkabasukura bityo byose nkabyuzuza kandi nkarushaho kubasendereza ibyiza byububasha bwanjye butagatifu

Ndabakomeje ku rugamba kandi nkomeje kubaha gususuruka ndetse no guhora iteka muteze amatwi mwakira ibyiza by’ububasha bwanjye, kandi munogewe n’umukiro mutagatifu nkomeza kubagaragarizamo umunsi ku wundi; nimukomeze gutega amatwi kandi mukomeze gutega ibiganza, mwakira ibyiza byanjye bikomeye kandi mwakira ibyiza by’ububasha bwacu, kuko naje kubasendereza umukiro kandi naje kubagabira ibyiza bikomeye, kugira ngo buri muntu wese koko arusheho kugarukira urukundo rwanjye kandi atagatifuzwe yerekezwa mu nzira y’ukuri, kandi yerekezwa mu nzira itunganye kandi igomba kumurikira buri wese akanezerezwa n’icyo nshaka ndetse n’icyo nifuza muri uru rugendo, kugira ngo koko buri muntu wese ndusheho kumutagatifuza ndetse no kumusukura kugira ngo arusheho kunga ubumwe na DATA ku buryo bukomeye.

Nimukomere ku rugamba kandi koko mukomeze gutsinda ikibi cyose kugira ngo imitima yanyu ihore isukuye kandi ihore ikereye kwakira ibyiza byose mbasendereza kandi mbagabira buri munsi, kuko iteka ryose mpora nifatikanyije namwe ku rugamba, mbatagatifuza kandi mbasukura nkabahaza ibyiza by’imbaraga zanjye kandi nkabahaza ibyiza by’ububasha bwanjye butagatifu kugira ngo koko muhore muri intore nzima zinyuze kandi zinyizihiye, mukore icyo mbifuzaho umunsi ku wundi kandi icyo mbashakaho, kugira ngo umukiro wanjye mutagatifu uhore uganje muri mwe, kandi urumuri rwanjye rukomeze kubamurikira iteka ryose, mwerekeza mu nzira y’ukuri kandi mwerekeza mu nzira y’ubutungane kugira ngo mukomeze gutunganira DATA, kandi koko mukomeze kubaho musukuye mwitagatifuje, mutandukanye n’ikibi cyose iyo kiva kikagera cyane cyane Sekibi ukomeza gushuka imitima ya benshi kandi ukomeza gutera benshi kwibeshya ndetse no gutandukira ku murimo wacu mutagatifu; niyo mpamvu naje gutagatifuza kandi ngasukura kugira ngo uwemera kwakira urukundo rwanjye wese kandi uwemera gutagatifuzwa, akakira ibyiza by’ububasha bwanjye butagatifu nkamusukura kandi nkamutagatifuza, bityo nkamwerekeza mu nzira y’icyiza kandi nkamwerekeza mu nzira y’ukuri, nkamuha kumurikirwa kandi nkamuha gusenderezwa ububasha butagatifu.

Mbifurije umunsi mwiza kuri buri wese kandi mbifurije ibihe byiza ndi Yezu Kristu w’i Nazareti, kuko nkomeje kubahaza umukiro wanjye mutagatifu kandi nkomeje kubahaza ibyiza byanjye by’agatangaza bikomeza kubigaragarizamo kandi bikabasendera, bikabaha kunogerwa n’ububasha bwanjye kandi koko bikabaha kunogerwa n’umukiro nkomeza kugenda mbagaragarizamo umunsi ku wundi; nimukomere ku rugamba kandi koko mukomeze kuzirikana icyo mbashakaho buri munsi, kuko natagatifuje Isi yose kandi nkamurikira buri kiremwa kugira ngo uwayobotse izina ryanjye wese, muyobore mu kuri kandi nkomeze kumuyobora mu nzira y’ubutungane; nimuzirikane urukundo nabakunze kandi muzirikane intambwe zose nabateje kuko buri wese namugaragarije ikiri ukuri, kandi nkamwereka inzira y’ukuri kandi inzira itunganye kugira ngo koko buri wese atungane kandi abeho asukuye, yakira ibyiza by’Ingoma yanjye na DATA kandi anogewe n’umukiro mutagatifu nkomeza gusendereza ibiremwa byose muri iki gihe.

Nkomereje ukwemera mwese mwagaragarijwe imbaraga zanjye kandi mukerekwa inzira y’ukuri ndetse n’iy’ubutungane, kugira ngo mukomeze gusezerera ikibi cyose gikurwe mu nzira kandi Sekibi koko yirukanwe burundu mu mitima y’abahora iteka bateze ibiganza kandi baharanira inzira y’umukiro mutagatifu bakizirika ku rukundo rwanjye kandi bakazitirwa n’ibyiza bikomeye nkomeza kugenda ngaragaza mu Isi yose, kuko neretse buri muntu wese inzira y’ukuri kandi koko nkamumurikira nkamukura mu mwijima w’icuraburindi, bityo nkamwerekeza inzira mu nzira y’ukuri kandi nkamwerekeza inzira mu nzira y’ubutungane.

Mbifurije umunsi mwiza kandi mbifurije kuzirikana ndetse no kwakira ibyiza byose nabageneye kuri uyu munsi, kuko iteka ryose mpora mbarangaje imbere ku rugamba kandi nkahora nifatikanyije namwe, nimuzirikane ko iteka ryose imbaraga zanjye nazibagabiye kandi nazibasendereje, bityo urukundo rwanjye rugahora ruganje muri mwe kandi rugakomeza gutura mu buzima bwanyu, rukabaha kunezerwa kandi koko rukabaha gusukuka, ndetse no guhora mutagatifujwe mwakira ibyo byiza mbasendereza igihe cyose, kuko nabatagatifuje mu bubasha bukomeye kandi nkereka buri muntu wese inzira, kugira ngo akomeze gusobanukirwa n’icyo mushakaho kandi n’icyo mwifuzaho igihe cyose, mu gutagatifuza ndetse no gusukura mu kubungabunga ubuzima bwa buri kiremwa cyose, kugira ngo urukundo rwanjye rukomeze kumvikana hose kandi rukomeze gusendera mu bahora iteka bateze ibiganza bazirikana ibyiza byose nkomeza kugenda nkorera muri mwe, mberekeza mu nzira y’ukuri kandi mberekeza mu nzira y’ubutungane butagatifu.

Nimusukuke kandi koko murusheho kuba abatagatifujwe n’urukundo rwanjye, kugira ngo umukiro wanjye urusheho gutaha mu mitima yanyu, nimukomere ku rugamba mbarangaje imbere kandi ndi kumwe namwe, simbasiga kandi simbatererana kuko iteka ryose mpora mbafashe ikiganza kandi ngakomeza imitima yanyu umunsi ku wundi kugira ngo koko mukomeze kuba intwari kandi mukomere, bityo buri muntu wese koko arusheho guhora ari maso kandi arusheho guhora yitagatifuza kandi yisukura, nimukomere rero ku rugamba kandi koko murusheho kuba abagabo bo guhamya izina ryanjye ritagatifu kandi koko mube abagabo bo guhamya ibyanjye ku buryo bukomeye, kuko nabagaragarije byose kandi nkemera kubabumbabumbira hamwe nkabaraga urukundo ku buryo budasanzwe, kandi nkabagaragarizamo imirimo yanjye ikomeye kuko nabahuje mu rukundo rwanjye, kandi nkabahuza mu bubasha bwanjye butagatifu; nimukomeze kwibumbira hamwe mu byiza byose nabageneye, bityo murusheho kudatatanwa n’umwanzi ahubwo iteka ryose mukomeze kwakira ibyiza by’Ingoma yanjye nkomeza kubasendereza mwebwe mwese mwakiriye umukiro kandi mukakira ibyiza by’urukundo rwanjye.

Nimurwanye ikibi cyose mwivuye inyuma kandi koko murwanye akarengane kose k’umwanzi, cyane cyane ibyo Sekibi akomeje kugenda abiba mu mitima ya benshi bityo akabatera imitima inangiye, kandi akabatera koko kutakira urukundo rwanjye, niyo mpamvu naje kubatabara kandi nkaza kubarengera kugira ngo mbahashyirize umwanzi kandi mbahashyirize ikibi cyose, mwebwe mwese mwakiriye ibyiza by’Ingoma yanjye na DATA kandi mukanezezwa n’urukundo rwanjye, bityo mugashyirwa mu karengane kandi mugashyirwa mu kato, nimuhumure kandi mukomere, kuko nabashyigikiye kandi koko nkaba nkomeje kubateza intambwe mbakomeza kandi mbashyigikira kugira ngo iteka ryose hatagira uhunga ku izina ryanjye kandi hatagira umpungaho, ahubwo mukomeze mwakire ibyiza by’Ingoma yanjye kandi koko mukomeze mwakire urukundo rwanjye mu byishimo ndetse n’ubwiyoroshye, murangajwe imbere n’imbaraga nkomeza kubasendereza kandi nkomeza kubagabira buri munsi, kuko nabatagatifuje kandi nkiyuzuza rwagati mu buzima bwanyu nkakomeza kubarangaza imbere, ububasha bwanjye buganje muri mwe kandi inkoni yanjye y’ububasha iganje mu buzima bwanyu, niyo mpamvu nkomeza kubatagatifuza buri munsi kandi nkabasukura, ngaha buri wese kuzirikana ibyiza byanjye kandi ngaha buri wese kuzirikana urukundo rwanjye rukomeye kandi rurushaho kubatagatifuza, rukabageza mu nzira y’icyiza kandi rukarushaho kubungabunga ubuzima bwanyu, kugira ngo mwakire umukiro wanjye kandi munogerwe n’ibyo mbagabira buri munsi.

Ndabashyigikiye kandi mbarangaje imbere nimube intwari kandi mukomere, bityo mwemere mbafate ikiganza mbayobore kandi mbarangaze imbere, bityo ibyanyu byose mubyegurire mu biganza byanjye kugira ngo ndusheho kubasendereza kandi ndusheho kubagabira, mwebwe mwese mwishwe n’inzara n’inyota ya roho nimunsange mbaruhure kandi koko munsangane n’imitwaro yanyu yose, kugira ngo mbaruhure kandi koko ndusheho kubaha gutera neza kandi koko ndusheho kubaruhura ndetse no kubunamura, cyane cyane mbakura ku kibi cyose cy’umwanzi kuko naje guhabura impabe zose kandi koko naje kuruhura abarushye kugira ngo ndusheho kongera kubagaragariza imbaraga zanjye kandi mbagaragarize ububasha bwanjye, bityo ntandukanye ikibi n’icyiza kandi ntandukanye iby’umwanzi ndetse n’ibya DATA, kugira ngo urukundo rwanyu koko rukomeze kwigaragaza kandi rukomeze gusendera mu mitima yanyu iteka ryose.

Nshyigikiye intambwe zanyu ku buryo bukomeye kandi nkomeje kubarangaza imbere mu bubasha bwanjye, kugira ngo urukundo rwanjye rutagatifu rukomeze gukura muri mwe kandi rukomeze kubaha gusagamba ndetse no guhora iteka muzirikana ibyiza byose nkomeza kugaragariza muri mwe kandi nkomeza kubaha gusagambamo mutera intambwe mukataje, kandi murushaho kuzirikana ibyo byose nagaragaje mu buzima bwanyu kandi mukazirikana intambwe mbateza buri munsi kuko ari yo ibatagatifuza kandi ari yo ibasukura, ikaberekeza ku cyiza kandi ikaberekeza mu rukundo rwanjye rutagatifu, kuko nabagaragarije byose kandi nkabasendereza umukiro wanjye udasanzwe ugomba gukomeza kubungabunga ubuzima bwanyu, kandi ugakomeza gutagatifuza roho zanyu ku buryo bwuzuye kandi ku buryo buhamye, bityo mugahazwa umukiro kandi mugahazwa ibyiza by’agatangaza.

Mbarwanirira buri munsi kandi nkabatsindira ikibi cyose, nimunyemerere rero kugira ngo nkomeze mbarangaze imbere, bityo mbahashyirize umwanzi kandi mbahashyirize ikibi cyose, kuko nzasukura kandi ngatagatifuza kandi nkaba nzahana kugira ngo urukundo rwanjye rukomeze kwigaragaza muri wese kandi rukomeze kubasendera; niyo mpamvu naje gutagatifuza abanjye bose kandi nkabakomeza nkabashyigikira, unyiziritseho wese sinzamukoza isoni kandi sinzamukoza ikimwaro, ahubwo iteka ryose azahora iteka ari mu rukundo rwanjye kandi agahora iteka koko asendereye ububasha bwanjye butagatifu, kugira ngo ikibi cyose kiri mu Isi giterwa n’umwanzi ndetse no kwinangira umutima kwa Mwene Muntu wanze kwakira urukundo rwacu rutagatifu kandi udashaka kugira ngo agendere ku cyo twifuza ndetse n’icyo dushaka, bityo imbaraga zacu zikarushaho gusendera Isi kandi zikarushaho gusendera mu bateze ibiganza bakomeza kwakira ibyiza by’ububasha bwacu bukomeye, mwebwe mwese mutuye Isi, nimukomere ku rugamba kandi mwebwe mwese mufite imitima ikomeye kandi imitima inangiye, nimuce bugufi kugira ngo murusheho kwakira urukundo rwanjye na DATA kandi koko murusheho kunezerezwa n’ijambo ryanjye nabazaniye kandi nabagabiye.

Nimuzirikane ko ubuzima bwanyu bwose buri mu biganza byanjye kandi muzirikane ko ari njye wabahanze nkabahanga mu bubasha bwanjye, bityo buri muntu wese nkamugenera uko agomba kubaho kandi nkamutagatifuza kugira ngo akomere, bityo azirikane iteka imbaraga zanjye zikomeye kandi azirikane ububasha bwanjye butagatifu nagaragarije mu Isi kandi nasendereje buri wese; nimurusheho kumpuz    a na DATA kandi koko ndusheho kuba icyambu gitagatifu kandi kizima, kibasha guhuza Isi n’Ijuru ku buryo bukomeye; nimwakire urukundo rwanjye ruture mu mitima yanyu kandi mwakire imbaraga zanjye zikomeze gusagamba muri mwe, kugira ngo iteka ryose zibahe gutsinda ikibi cyose kandi zibahe koko kunesha iby’umwanzi, mwebwe mwese murangwa n’urukundo iteka ryose, mugakunda mutizigama kandi mukarekurira byose mu bubasha bwanjye butagatifu; nimwakire imbaraga zibatagatifuza kugira ngo muheke imisaraba yanyu mu bwitange ndetse n’urukundo, bityo muzirikana ko kuzamuka i Karuvariyo ari byo bigomba kuzahesha buri muntu wese intsinzi, kandi koko bikamugeza ku mukiro mutagatifu; nimwakire imbaraga zibaha koko gutwara byose kugira ngo igihe imisaraba yanyu ibaremereye kandi ibavuna kuko mwemeye kuyigerekaho n’iy’abandi, bityo iteka ryose turusheho gukiza Isi ndetse no gukiza ikiremwa cyose kiganje mu Isi, tugarura mu nzira buri wese kandi tugarura mu nzira buri kiremwa, mu gutagatifuza ndetse no gusukura, kwereka buri wese inzira y’ukuri kandi inzira y’ubutungane agomba kugenderamo kandi agomba gukurikiza muri iki gihe, kugira ngo urukundo rwanyu koko rukomeze kugenda rugera kuri buri wese.

Ndakataje mu kubatsindira ikibi cyose kandi ndakataje mu kubasukurira inzira zanyu ntagatifu, nimwemere kuzamuka kandi nimwemere koko kwakira ibyiza byose DATA akomeza kubagabira, kuko DATA akomeza kugenda abambutsa inyanja buri munsi kandi akabasendereza imbaraga, akaba ari hafi akomeze kubatagatifu kandi  koko abageze ku ntsinzi kandi ku mutsindo, kugira ngo ibyo yabasezeranyije kandi ibyo yakoze muri mwebwe byose koko abashe kubihesha agaciro, kandi Ijambo rye ribashe kumvikana mu buzima bwanyu iteka ryose; nimwizirike ku wabakunze kandi koko mwizirike ku wabacunguye kandi koko wabagaragarije urukundo rwe rutagatifu, nkabagabira byose kandi koko nkabibasendereza, nkabafungurira inzira kandi nkabafungurira amarembo kugira ngo uwemera wese agendere mu rukundo rwanjye kandi atagatifuzwe n’imbaraga zikomeye mugabira kandi musendereza buri munsi; nshyigikiye intambwe zanyu kandi ndangaje imbere ibiremwa byose kuko naburiye Isi yose kandi ngatagatifuza buri kiremwa, nkagera mu mitima yose kandi koko nkajagajaga hose hirya no hino mu madini n’amatorero, ngatagatifuza kandi ngasukura, nereka buri muntu wese ikiri ukuri kandi nereka buri muntu wese igitunganye, kugira ngo koko buri muntu wese arusheho guhindukirira urukundo rwanjye, kandi abakomeza gutega amatwi banejejwe n’ibikorwa byacu bitagatifu bose nkomeze kubahaza umukiro kandi nkomeze kubahaza imbaraga zikomeye kandi zidasanzwe, ziha buri muntu wese kuzirikana ibyiza by’urukundo rwanjye, kandi zigaha buri muntu wese kwakira umukiro wanjye mutagatifu ukomeye kandi udasanzwe narabagaragarijemo kandi mbasendereza igihe cyose.

Mbakomereje intambwe ku rugamba nimukomere kandi murusheho kuzirikana ibyo byiza byose nkomeza gukorera muri mwe, kandi mutere intambwe ubudatezuka kandi ubudasubira inyuma, ahubwo munogerwe n’urukundo rwanjye mpora iteka nganjishije muri mwe, nimukomeze rero kuzirikana ibyiza byose nkomeza gukorera muri mwe kandi mukomeze kwitanga ubuziraherezo, mwakira ibyiza by’Ingoma yanjye kandi koko munogewe n’umukiro mutagatifu nkomeza kubasendereza buri munsi; nimugire amahoro mu mitima yanyu kandi mukomezwe n’ububasha bwanjye butagatifu, bityo koko mukomeze kuba maso murwana urugamba kandi koko mwakira imbaraga mbatagatifurisha buri munsi, kuko nkomeza kugendana namwe kandi koko ngakomeza kubatagatifuza; ndabashyigikiye kandi ndabarinze ku rugamba nimube intwari kandi murusheho kwakira byose mu bubasha bwanjye, kugira ngo umukiro wanjye mutagatifu ukomeze kuganza muri mwe kandi ukomeze kuganza mu buzima bwanyu, kuko twaje gucisha bugufi ndetse no koroshya imitima yose cyane cyane benshi bishyize hejuru kandi bakumva ko batagomba kugendera ku rukundo rwanjye, bagatatira ku bikorwa byacu bitagatifu kandi bagatatira ku murimo twabashinze kandi twabahamagariye, aho kugira ngo bacunge ibyo twabaragije kandi bacunge ibyo twabahaye, ahubwo bakabigabiza umwanzi kandi bakabigabiza ikibi bityo bakabyangiza kandi bakabirohamo umwanzi Sekibi; niyo mpamvu twaje gusobanura ndetse no gutatanya ikibi cyose, kugira ngo dukure ikibi cyose mu mitima y’abantu bityo turusheho kwirukana ibibi byose biganje mu Isi kugira ngo urukundo rwacu koko rukomeze gutura mu Isi kandi rukomeze gusendera mu mitima y’abateze ibiganza.

Nimucuruze talenta nabahaye kuko buri wese agomba kuzamurikira kandi koko akanyura imbere y’ibiganza byanjye bitagatifu, kuko buri muntu wese mfite ibyo namugabiye kandi mfite ibyo namuhaye, ntawe uri mu Isi adafite icyahamuzanye kandi ntawe uri mu Isi adafite icyo agomba kuhakora kugira ngo koko arusheho gucuruza bityo yungukishe talenta namugeneye kandi namuhaye, dore ndaganje muri mwe kandi ndi hafi yanyu mu buzima bwanyu iteka ryose, ngira ngo mbagaragarize urukundo rwanjye kandi mbagaragarize imbaraga zanjye, zibatagatifuza kandi zikabakomeza bityo zigaha buri muntu wese kuzirikana iteka ryose ko imbaraga zanjye zihora ziganje mu buzima bwanyu iteka ryose; nimuhore rero muri maso kandi koko muhore koko mubera maso imbaga itabarika, mwebwe mwese mwemeye kunyegurira byose kandi mukanyegurira imitima yanyu, mwebwe natoye kandi nkabasiga amavuta yanjye y’ubutore kugira ngo iteka ryose muhore muri maso kandi mukomeze kuzirikana urukundo rwanjye rutagatifu rwo kureberera imbaga itabarika mu Isi, ndetse no kureberera ibiremwa byose kugira ngo byose bigaruke mu nzira y’ukuri kandi bigaruke mu nzira y’ubutungane bisenderezwa umukiro mutagatifu kandi bisenderezwa ububasha bukomeye kandi budasanzwe, nagaragaje mu buzima bwanyu kandi nagaragarije Isi yose bityo nkabahunda imbaraga kandi nkabahunda ibyiza by’agatangaza, birusheho kubatagatifuza kandi bikabakomeza bityo bikabaha kuzirikana ndetse no gusobanukirwa ibyiza byose nkorera muri mwe kandi mbagaragarizamo uko bikwiriye.

Nimwakire ubutwari butagatifu kandi mwakire imbaraga zibakomeza kugira ngo zikomeze kubatagatifuza, kandi zikomeze kubungabunga ubuzima bwanyu iteka ryose mukomere ku rugamba kandi murusheho kuzirikana ko igihe cyose mpora nganje muri mwe mbagaragariza urukundo rwanjye, kandi mbahaza umukiro mutagatifu ukomeye kandi udasanzwe uha buri muntu wese kwakira imbaraga ndetse n’ubutwari, bityo ukamuha guhazwa ibyiza byanjye by’agatangaza; mbakomeresheje ububasha bw’izina ryanjye ryatsinze byose kandi koko rigashyira byose ku mugaragaro kugira ngo buri muntu yisanzure mu bubasha bwanjye kandi koko buri muntu yisanzure mu rukundo rwanjye rutagatifu, ndabashyigikiye kandi mbateye imbaraga koko kuko mbongereye imbaraga mu rugendo rwanyu, kandi igihe cyose mpora mbateye inkunga kuko mbashyigikira kandi nkabahrinda, bityo ubuzima bwanyu nkaba mbufite mu kiganza akaba ari njye ukomeje kubarangaza imbere ku rugamba; nimutuze kandi koko murusheho kwakira urukundo rwanjye kugira ngo mbarwanirire kandi mbatsindire, bityo murusheho gushyira byose mu biganza byanjye kugira ngo umukiro wanjye mutagatifu uhore muri mwe kandi Ijambo ryanjye ritagatifu rikomeze kuba mu biganza byanyu iteka ryose, ribakomeze kandi ribatagatifuze, ribahaze ibyiza kandi ribahaze umunezero mutagatifu, kugira ngo mukomeze kuzirikana iteka ryose imbaraga zose mbasendereza kandi mbagabira uko bwije n’uko bukeye.

Ndabashyigikiye nimwakire imbaraga kandi mwakire ubutwari kugira ngo koko murusheho kuba intwari, bityo murusheho kuba maso kandi koko amatara yanyu ahore yaka kugira ngo kwaka kw’amatara yanyu koko akomeze kumurikira bose kandi akomeze kuboneshereza bose; nimushire ubwoba kandi mushire amanga bityo munkurikire kandi koko mwemere kunyoboka koko, bityo imitima yanyu ihore ikeye kandi ihore isukuye yakira ibyiza by’urukundo rwanjye kandi inogewe n’umukiro mutagatifu nkomeza gusendereza Isi kandi nkomeza guhabwa buri kiremwa cyose kugira ngo uwo nageneye umukiro kandi nkamugabira ibyiza byanjye by’agatangaza akomeze kuzirikana urukundo rwanjye, kandi akomeze kuzirikana ububasha bwanjye butagatifu; narabatoye ndabakungahaza kandi mbagabira ibyiza byose  mwifuza mu buzima bwanyu, mbagabira umugisha kandi mbagabira umukiro kandi mbagabira koko gukizwa ndetse no gutagatifuzwa, kugira ngo Isi yose mukomeze kuyibera maso kandi mukomeze kuyisukura kuko nabahaye gutagatifuzwa kandi nkabaha gusukurwa nkabagenera umugabane mwiza, mwebwe mwese mwambereye intumwa kandi koko mukaba mukomeje kunyizirikaho umunsi ku wundi, nimukomere kandi koko mukomeze kwakira ububasha bwanjye na DATA butagatifu bubakomeza kandi bukabatagatifuza, bityo mukomeze kuba intwari kuko nanjye niteguye kubatera ubutwari kandi nkabatera inkunga, kugira ngo mukomeze kuzirikana iteka ryose imbaraga zanjye nkangisha muri mwebwe, kandi mukomeze kuzirikana ububasha bwanjye butagatifu nkomeza kubasendereza kandi mbagabira buri munsi, bubatagatifuza kandi koko bukabaha kunezezwa ndetse no kwakira umukiro wanjye mutagatifu udasanzwe, ngaragariza mu buzima bwanyu iteka ryose; ndabashyigikiye kandi mbarangaje imbere ku rugamba nimukomere bityo murusheho kuba intwari,  kuko naje kubatera ubutwari kandi nkaba naje kubakomeza ndetse no kubaha kwakira umukiro wanjye ndetse no kubakomeza mu rugendo rwanyu rwa buri munsi.

Mbifurije amahoro yanjye nature muri mwe kandi koko arusheho gutsinda ikibi cyose, bityo aneshe umwanzi kandi koko murusheho gufunga inzira zose z’umwanzi kugira ngo mutuze kandi mugaragarweho n’urukundo rwanjye, bityo muturize muri njye kandi koko dukomeze kugendana uko bwije n’uko bukeye, mbahaza imbaraga kandi mbahaza ububasha butagatifu; nimugire amahoro yanjye ature mu mitima yanyu kandi koko muyoborwe n’ububasha bwanjye butagatifu, kugira ngo bukomeze kubayobora mu nzira y’ukuri kandi bukomeze kubayobora mu nzira y’ubutungane, kugira ngo muhore mutagatifuje kandi muhore musukuye mu byiza byose mbagabira kandi mbasendereza buri munsi; mbifurije umunsi mwiza kandi mbifurije amahoro, nimutekane kandi muturize mu bubasha bwanjye butagatifu kuko mbarinze kandi nkaba mbashyigikiye, nkaba nkomeje kubateza intambwe kandi nkabatagatifuza nkabasukuza ububasha bwanjye bukomeye kandi bukomeza kubungabunga byose mu mitima yanyu bityo bukabahuriza hamwe kandi bukabaha gusagamba ndetse no kwishimira intambwe nkomeza kugenda mbateza umunsi ku wundi.

Amahoro amahoro umunsi mwiza kandi ibihe byiza kuri buri wese, mbarangaje imbere ku rugamba kandi ndabakomeje, nimwakire ubutwari kandi mwakire imbaraga zibatagatifuza, kugira ngo zibahe gutsinda intege nke kandi zibahe koko gutsinda ikibi cyose cy’umwanzi, mwirundire mu biganza byanjye kandi mwirundire mu mbaraga zose mbasendereza kandi mbagabira, ziha buri muntu wese gutona kandi zikamuha kwakira umukiro wanjye mutagatifu ubakomeza kandi kandi ubatagatifuza, bityo ukabaha kwibumbira hamwe kandi ukabaha gutagatifuzwa, mukanogerwa n’imbaraga nkomeza kubasendereza kandi nkomeza kubahunda umunsi ku wundi; ndabashyigikiye kandi mbaragangaje imbere ntumwa zanjye na DATA, nimukomere ku rugamba kandi mukomeze kwakira umukiro, mukomeze kwakira ibyiza by’ububasha bwanjye kugira ngo murusheho kuba intwari kandi koko murusheho kwakira byose mu bubasha bwanjye butagatifu kandi mu rukundo mbasendereza kandi mbatoza buri munsi, kuko iteka ryose mpora mbaramburiye ibiganza mbatagatifuza kandi mbahaza umukiro; nimwakire intwaro zikomeye kandi koko mwakire gukindikiza intwaro z’urumuri, zikomeza kubaha guca mu bigoye kandi zikomeza kubaha guca mu bikomeye, bityo muzirikane ko intambwe mutera umunsi ku wundi mba mbari imbere kandi mbarangaje imbere kugira ngo buri muntu wese akomeze kwakira umukiro wanjye kandi akomeze kunogerwa n’ibyiza byose mugabira umunsi ku wundi.

AMAHORO AMAHORO UMUNSI MWIZA KURI BURI WESE NDI YEZU KRISTU W’I NAZARETI, AMAHORO AMAHORO!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *