UBUTUMWA BWA YEZU KRISTU, TARIKI 14 NZERI 2023

Mbashyize mu burinzi bwanjye kandi mbashyize mu burinzi bwanjye bushyo bwanjye nimubemo kandi muturemo kuko nje kubashyigikira kandi nkaba nje kubakomeza kuri buri umwe umwe kugira ngo mukomere kandi mukomeze urugendo rwanyu, ndabashyigikiye rero kandi nkomeje kwifatikanya namwe nimwakire imbaraga kandi mwakire kubaho mwakire gukomera kandi mwakire gukomeza urugendo kuko mbashyigikiye kandi nkaba mbarangaje imbere ndi Yezu Kristu w’i Nazareti, Umwami w’abami nkaba nkomeje gutsinda kandi nkaba nkomeje kuganza mu banjye kandi abanjye nkaba ndi kugenda mbasakazaho urumuri umugisha ububasha kugira ngo mbambike kandi mbasesureho imbaraga z’Ijuru kandi nkomeze kubakindikizaho imbaraga ku buryo bukwiriye kandi mu buryo buhambaye, nimukomeze mugubwe neza kandi mukomeze mube amahoro kuko nganje kandi nkaba ntuye mu ruhande rwanyu nkaba naraje kubiyegereza kugira ngo mbamenyeshe buri kimwe cyose kandi nkomeze mbigishe buri kimwe cyose bityo igihe cyose muhore musobanukiwe n’iby’Ijuru, naje kubigisha kandi naje kubakumirira umwanzi, naje kubagira ingabo mu ngabo z’Ijuru, naje kubigisha kubatoza kuba intwari kandi gutwaranira icyiza guhora iteka ryose muri ku izamu kugira ngo mbambike urumuri kandi mbahereze umugisha bityo iteka ryose muhore muri mukuri kandi iteka ryose muhore mwambariye urugamba kandi mwambariye gutsinda, naje kubaha umugisha kandi naje kubaha amahoro, naje kubaha kugubwa neza, naje kubakindikizaho imbaraga zanjye.

Naje kubururukirizamo ububasha bwanjye butavogerwa kugira ngo bubakumirire ikibi kandi bubakumirire umwanzi, naje kwigizayo imbogamizi izo ari zo zose naje kubatamirizaho ubwiza bw’Ijuru naje kubatsindira kandi naje kubaha kunesha nimutsinde kandi muneshe nimugubwe neza nimutere imbere muri byose kandi mukomeze kururukirizwamo ingabire ndetse n’ingabirano ububasha bw’Ijuru ryose bukomeze kubarengera kuko ndi kumwe namwe kugira ngo nkomeze mbibafashemo kandi nkomeze mbakindikizeho ubuntu bwanjye n’imbaraga zanjye zihanitse kandi zihambaye, mfite byose mu biganza byanjye bana banjye nimuhumure kandi mukomere mfite ububasha bwo kubarwanirira kandi mfite ibyo kubahereza umunsi ku wundi mfite imbaraga zo kubashyikiriza kuri buri umwe umwe wese kugira ngo mujye mubasha kurwanya ukuri kandi murwanye umwanzi mumuhinde, nimutere imbere kandi nimuganze bikwiye igihe cyose mujye muhora mufite umutsindo kuko ntazigera nemera yuko abanjye batsindwa kandi ntazigera ntuma yuko abanjye umwanzi Sekibi yabigabiza, igihe umwanzi Sekibi ashoye amaboko kugira ngo arebe yuko yabanyiba ntebukira kuza kubaba hafi kuko iteka ryose ntajya ntindiganya ahubwo mbangukira kubatabara no kubarengera, mbahaye amahoro umugisha muri uru rukari mbahereyemo ingabire ndetse n’ingabirano mbururukirijeho urumuri rukomeza kubamurikira mbururukirijemo ububasha bwanjye bukomeza kubatazanurira amayira kugira ngo urugendo rwanyu rukomeze rube rwiza kandi ruhire bityo namwe ibirenge mukomeze kubihata inzira kuko iteka ryose nabafunguriye amarembo kugira ngo muze mwinjire aho iteka ryose nkumira umwanzi kandi nkigizayo ikibi cyose cy’umwanzi cyashaka kubagiraho ijambo ndetse n’ububasha kugira ngo nkomeze kubakomeza mu mbaraga zanjye no mu rukundo rwanjye, mbamenyera icy’ingenzi kandi nkabamenyera icyo ndi bubahe kibakwiriye gituma mugira amahoro kandi gituma mugubwa neza.

Ibikorwa byanjye rero bikomeje gukora kandi bikomeje kuganza no gutera imbere muri mwebwe kuko uko bwije n’uko bukeye mbyururukiriza muri mwebwe kugira ngo gukora kwanjye na DATA imirimo yanjye ihanitse kandi ihambaye jye na DATA ikomeze kugaragarira muri mwe kandi ikomeze gutangarizwa muri mwe kuko niyururukiye mu mbaraga zanjye no mu bukaka bwanjye no mu bubasha bwanjye nkaba naraje guhashya umwanzi kumukumira no kumwigizayo kumurandurana n’ikibi cye kandi kumuhigika kugira ngo intore zanjye abana banjye aho bava bakagera batambuke kandi batambukane ishema n’isheja, naje kwambika abanjye kandi naje kubakindikiza imbaraga kandi naje gukomeza abanjye naje guhumura amaso abanjye kandi naje kubaha kumva.

Nimukomeze mwumve kandi mukomeze mwumve koko iby’Ijuru mubitege amatwi mwongere mubyumvirize, bityo mwumve ibyo mpora iteka ryose mbagezaho kandi buri wese yakire icyo mbahereza icyo mbazanira umunsi ku wundi, naje kubambika imbaraga naje kubatera ubutwari naje kubaha gukomera no kugubwa neza, naje kubaha kwambarira urugamba kuri buri wese, naje kubakindikizaho imbaraga z’Ijuru, naje kubaha gukomera no kugubwa neza kuko iteka ryose mbiragiriye kandi nkaba mbaragiye mu rwuri rutoshye bushyo bwanjye kandi bwoko bwanjye na DATA nimukomere kandi mukomeze urugendo ndi namwe kandi iteka ryose mporana namwe nkomeza kubahereza imbaraga kugira ngo nkomeze kururutsa imbaraga zanjye zihanitse kandi zihambaye zikomeze kuza kugaragarira muri mwebwe kandi zikomeze kururukira muri mwebwe kugira ngo ibikorwa byanjye bihanitse kandi bihambaye jye na DATA dukomeze kwigaragariza muri mwebwe, nariyururukiye kugira ngo nkomeze nkorere muri mwebwe, haragowe utunga abanjye agatoki kandi hagowe ushaka kwitambika mu mugambi wanjye na DATA kuko uwo nguwo wese namumerera nabi jye na DATA n’ububasha bwacu, niyo mpamvu muri iki gihe ndi kubabwira nti nimusabire abo bose kugira ngo babashe kwisubiraho kandi babashe gucururuka abo bose babashe kuva ku izima ry’ikibi biziritseho kugira ngo nanjye nakire buri wese kuko iteka ryose ntahora umunyabyaha icyaha cye ahubwo iyo ahindukiye akareka icyaha cye ndamwakira icyo nanga ni icyaha bityo rero ngakunda intungane ingarukiye, uje wese rero ansanga yari umunyabyaha ndamweza kandi koko nkamugira intungane, niyo mpamvu rero nkomeje kubohora kandi nkaba nkomeje gutabara abanjye nkaba nkomeje kubashyira mu mbaraga zanjye no mu rukundo rwanjye, iteka ryose ndabohora kandi iteka ryose ndazahura nkakomeza kwiyegereza benshi kandi ngakomeza kwiyegereza bose.

Iki gihe rero ni igihe ndi kwifatikanyamo namwe bushyo bwanjye bwoko bwanjye na DATA kugira ngo nkomeze nkore imirimo ihanitse kandi ihambaye jye na DATA ikomeze kugaragarira mu Isi yose kuko naje gushyira byose ku murongo kandi nkaba naraje kwitegekera Isi no kuyiyobora mbinyujije muri mwebwe ntumwa zanjye kandi ntore zanjye muri ku Isi kugira ngo nkomeze mbururukirizemo imbaraga zanjye n’ububasha bwanjye bityo imirimo ndetse n’ibitangaza bikoreke, ubwitange bwanyu rero bwa buri munsi ndabubona kandi ndabureba cyane nkaba nkomeje kubatera ishyaka kugira ngo mukomeze mwitange kandi mukomeze mwitangire abandi mu kubasabira kandi mu kubazahura, mu guhozaho mu isengesho ryanyu mukomeza gusabira Isi ndetse n’abayituye kandi mukomeza kuzahura benshi bari mu mwijima n’abari mu isayo y’icyaha, nimukomeze rero mufate murohore kandi mukomeze mumurike urumuri bityo igihe cyose benshi bajye baza bakongeze ku rumuri nkomeje kubahereza kandi mube urumuri rw’Isi yose kandi mukomeze kuba urumuri rw’amahanga yose, nimugubwe neza kandi nimube amahoro mbahaye umugisha kandi mbahaye kugubwa neza mbahaye gukatariza icyiza.

Mbahaye rero kuba intwari kandi mbahaye kuba maso mbahaye kuganza iteka ryose bushyo bwanjye ntimukadandabirane kandi ntimugacike intege kuko iteka ryose mpora ndi maso kandi nkahora mbatera ubutwari kugira ngo buri wese yambare imbaraga kandi buri wese yambarire urugamba, nimukenyere mukomeze kandi abakenyeye mwese nimwongere musubire mu rukenyerero mukomeze kugira ngo nkomeze kwifatikanya namwe mu kurwanya ikibi cy’umwanzi mu kurandura Sekibi tumuhereye mu mizi bityo tukavutagura kandi tugacagagura buri kimwe cyose kugira ngo abanjye kandi intore zanjye na DATA zikomeze kugaragara zitsinze, mbahaye rero umugisha kandi mbahaye kugubwa neza, mbahaye gutaratswa n’urukundo n’ibyishimo by’Ijuru kandi mugubwe neza mukomeze mwururukirizwemo ingabire ndetse n’ingabirano ububasha bwanjye na DATA bukomeze kubarinda no kubarengera kuri buri kimwe cyose, mbahaye rero umugisha wanjye utagabanyije mbashyize mu rukundo rwanjye, nimukomeze mubeho kandi mukomeze muganze mutere imbere muri byose kuko turi kumwe uru rukari ni jyewe urubashyigikiyemo jye na DATA kuko ari twebwe twatangije iki gikorwa uyu mushinga kandi uyu murimo tukaba twarawubashyizemo, nimukomeze mube abakozi beza kandi mukomeze mube ibiremwa byiza binshimisha jye na DATA nanjye ndakomezanya kwifatikanya namwe no kugendana namwe amanywa na nijoro, nimubeho kandi mugire ubuzima muganze kandi musakaze icyiza hose mu Isi muri rusange kuko nkomeje kwifatikanya namwe no kugendana namwe amanywa na nijoro.

Mbahaye rero umugisha ubaherekeza muri iri joro nimugubwe neza kandi mwakire amahoro mwakire umugisha murare mu rukundo rwanjye murare mu bubasha bwanjye murare mu mbaraga zanjye ndabaseguye kandi ndanaboroshe mugubwe neza bushyo bwanjye bwoko bwanjye na DATA nkomeje kuragiza ikiganza cyanjye cy’iburyo ngahora iteka ryose mbakenura kuri buri kimwe cyose, ntacyo mubaye nta n’icyo muzaba muri jyewe muriho kandi muraganje, nimukomeze mutere imbere bityo mukomeze kogeza inkuru nziza yanjye mu Isi yose kandi mukomeze gutangaza ikiri ukuri kuko ubutabera bwanjye na DATA buje kuvugurura buri kimwe cyose kandi buri kimwe cyose tukagishyira ku murongo dukomeje kwifatikanya namwe mukomeje gusabira bose kandi mukomeje kwitanga musabira Isi ndetse n’abayituye.

NIMUGIRE AMAHORO IJORO RYIZA NDABAKUNDA NDI KUMWE NAMWE NDI YEZU KRISTU W’I NAZARETI UMWAMI W’ABAMI UKOMEJE KUBARINDA NO KUBARENGERA NO KUBACUNGIRA UMUTEKANO KURI BURI KIMWE CYOSE. AMAHORO AMAHORO IBIHE BYIZA KUGUBWA NEZA TURI KUMWE NDABAKUNDA BANA BANJYE BUSHYO BWANJYE NIRAGIRIYE, AMAHORO!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *