UBUTUMWA BWA YEZU KRISTU, TARIKI YA  11/07/2023

Nimube amahoro bana banjye kandi mugirire ubuzima muri jye kuko ndi ubuzima kandi igihe cyose nkaba nshaka kubahereza ubuzima kugira ngo muhore iteka mudabagiye kandi muhore iteka mufite ubuzima muri jye. Mbahumuye amaso rero kugira ngo murusheho kubona byose kandi murusheho kubona ubuzima muri jyewe kandi murebe mwitegereze mubone kandi buri kimwe cyose mubashe kucyitegereza mukibone bana banjye kugira ngo nkatazanye namwe mu rugendo kandi nkomeze mbamurikire mu ntambwe z’ibirenge byanyu kuko igihe cyose mbamurikira kandi igihe cyose nkabafata ikiganza kugira ngo muze tugende kandi ndusheho kubatsindira umwanzi kandi ndusheho kubahigikira ibibi byose biba bishaka kuza kubugariza. Ndi umushumba wanyu ubarengera kandi nkabahora hafi umunsi ku wundi nimukoze mugubwe neza kandi mukomeze mugubwe neza mu bwatsi nabaragiyemo butoshye murishe neza kandi mushorwe ku iriba ry’amazi afutse nabafukuriye bana banjye ndi Yezu Kristu w’i Nazareti, Umwami w’abami we watsinze kandi nkaba nkomeje kubatsindira namwe iteka ryose nimwumve yuko mbatsindira igihe cyose mutsindire muri njye kuko nzahora iteka ndangwa no gutsindira ibiremwa byanjye kandi abanyizera bose nkabatsindira kandi nkakomeza kubamanuriramo ububasha kugira ngo igihe cyose mwambare intsinzi kandi mwambare umutsindo unkomokaho, abanyizera rero sinjya ntuma bakorwa n’isoni cyangwa ngo bakorwe n’ikimwaro ahubwo igihe cyose mutahukana intsinzi kandi mugatahukana umutsindo nzabarwanirira rero kandi mbarwanyirize umwanzi kugira ngo mutahukane umutsindo kuko ntifuza yuko mwatsindwa kandi mwaranyobotse kandi munyizera amanywa n’ijoro rero mumpanga amaso kandi mukandangamira mukansaba byinshi kandi mugakomeza kuntakambira mumpereza benshi kandi namwe ubwanyu mukomeza kwizamura mu rumuri kugira ngo nkomeze kubakira kandi nkomeze kubabumbatira bana banjye rero mbatega amatwi kandi nkabategera ibiganza kugira ngo muze munsange kandi ibyo munsaba byose ndabyumva nkabyakira sinjya rero mbatenguha cyangwa ngo mbime amatwi yanjye ahubwo igihe cyose mpora mbateze amatwi kandi nkahora mbahanze amaso kugira ngo numve ibyo munsaba kandi numve ibyo mumbwira bityo nkabibuzuriza kandi nkabishyira mu bikorwa uko bingana kose.

Nkomeje rero kwakira ibyo mumpereza kandi nkomeje kumva ibyo mumbwira kugira ngo ndusheho kubibashyirira mu ngiro kandi ngendane namwe muri buri kimwe cyose mbakira kandi mbahumuriza mbafasha mu bikorwa byanyu kugira ngo nkomeze mbereke ko turi kumwe kuko hari byinshi mbakorera kugira ngo mbereke ko turi kumwe nkabahumuriza kandi nkarushaho kubagusha neza mu mitima yanyu kugira ngo mugubwe neza mwakire urumuri kandi mwakire imbaraga zanjye mbahereza bana banjye rero nimugire umugisha kandi mugirire umugisha muri jyewe umugisha mbahaye nukomeze ubahumurize kandi umugisha mbahaye ukomeze ubakomeze mu rugendo rwanyu kugira ngo muhore iteka mushyigikiwe n’ububasha bwanjye bubarengera kandi bubatabara amanywa n’ijoro.

Sinzigera mbasiga rero kandi sinigeze nabasiga kandi igihe cyose nkomeje kubareberera kugira ngo nkomeze kubahindira uwo mubisha kandi uwo mwanzi w’ibyiza kandi uwo mwanzi wanga yuko muba mwatera intambwe mugana imbere. Nkomeje rero kumuhinda kandi nkomeje kumwigiza inyuma kugira ngo mukomeze mutere intambwe zanyu muza munsanga kuko ndi kurushaho kubatazanurira amayira kugira ngo mubashe gutambukana ishema n’isheja kandi mutambuke gitwari kuko imbaraga n’ububasha mutambukiramo kandi imbaraga nzibambika n’ububasha nkabubagabira kugira ngo murusheho gukataza munsanga; nkomeje kubahumuriza bana banjye kandi nkomeje kubahumura amaso; nimube intwari igihe cyose kandi mumbere abasirikari nyabo kuko nabohereje ku rugamba mbizeye. Nimube intwari rero nyazo kandi mube abasirikari nyabo igihe cyose mwumve yuko mbashyigikiye kandi ububasha bwanjye bukomeje kubakumirira umwanzi kandi bukomeje kubashyigikira muri buri kimwe cyose mukataze muza munsanga kandi mukomeze kunyizera kuko amizero yanyu nimukomeza kuyashyira kuri jyewe nanjye nzakomeza kubarengeza ububasha bwanjye kugira ngo bukomeze bubashyigashyire kandi bubashyigikire muri byose bityo muhore iteka mukumira umwanzi kandi muhore iteka mumwigiza kure yanyu; igihe cyose rero ndi kumwe namwe kandi ndabareberera amanywa n’ijoro nkabamenyera icy’ingenzi kandi ikibatunga kiri bubagirire umumaro nkakibagenera kugira ngo murusheho kuganza kandi murusheho kuganza muri jyewe muze muture kandi muganze narabakinguriye igihe cyose kugira ngo muze muture mu rukundo rwanjye kandi muze mwinjire mu mutima wanjye ubafitiye impuhwe ndetse n’urukundo uhora iteka ushaka kubarengera kandi uhora iteka ubarengera muri byose.

Njyewe rero abafashe sinzabarekura ndagira ngo rero namwe mukomeze mumfateho kandi mukomeze munyegameho mwirinde icyaza gishaka kubototera gishaka kubahirika ngo mwe kunyegamaho ahubwo nimukomeze munyegameho kuko ndi urutare ruzima kandi nkaba ndi urutare rutanyeganyezwa imivumba ndetse n’ibihinda byose n’ibiza bimeze nk’ibishaka guhinda bitwara abantu jye ntabwo bijya bintigisa cyangwa ngo ntigiswe n’ibyo byose cyangwa no nterwe ubwoba ntabwo nkangwa n’abakomeye kandi ntabwo nkangaranywa n’ibihinda byose ahubwo byose mbyigizayo nkabihinda igihe cyose mvugiye byose birakangarana kandi byose bikava mu nzira nkikorera kandi nkakomeza kuganza mu banjye abanjye nkabahesha ikuzo kandi abanjye nkabahesha umugisha kandi abanjye nkabaha gutambuka kandi bagatambukira mu bwemarare aho banyuze bambikwa igisuzuguriro nkahabanyuza mbambika igikundiro kandi nkahabanyuza bambaye ububasha bwanjye kandi nkomeza kubambika ubwiza bwanjye kugira ngo benshi bakurizeho kumenya ububasha bwanjye kandi bakurizeho kumenya ukuri kwanjye ntangaza kandi mba naratangaje benshi rero bakarushaho gukuza izina ryanjye n’irya DATA kubera ko izina ryanjye ari ryo benshi bakiriramo kandi izina ryanjye akaba ari ryo mbohoza benshi, benshi baba baragoswe n’amashitani kandi benshi umwanzi aba yarigaruriye ububasha bwanjye kandi izina ryanjye rikabakiza kandi rikabohora abo bose rikabasha gutazanurira amayira benshi bari bari mu mwijima bakabasha kuyoboka inzira y’urumuri bityo bakabasha kumenya icyerekezo cy’aho ndi. Iyo mpamagaye rero abanzi baranyumva bakabasha kumenya aho ndi bityo bakabasha gukomeza gukataza baza bansanga ndagira nti rero bana banjye aho mpagaze nkomeje kubarembuza kandi nkomeje kubahamagara nimukomeze mumenye ijwi ryanjye kandi mukomeze mumenye imvugo yanjye y’aho ndi bityo mukomeze gukataza mu nzira zanyu muza munsanga ayandi majwi yaturuka hirya no hino yaba ari ay’umwanzi kandi ayandi majwi yaturuka hirya no hino yaba ari ay’ibishuko by’umwanzi byaba bishaka kubavutsa urukundo rwanjye byaba bishaka kubatanisha kugira ngo mutandukire muve mu rukundo rwanjye kandi muve mu mbaraga zanjye. Nimwemere rero imbaraga zanjye zikomeze zibashyigikire kandi zibayobore muri buri kimwe cyose bityo igihe cyose mpore barengera kandi mpore ngendana namwe. Nkomeje rero kugendana namwe kandi nkomeje gufata buri wese ikiganza buri wese nkomeje kumuhumura amaso nkomeje kubatangariza byinshi bana banjye kugira ngo murusheho gusobanukirwa nanjye ndashaka gukomeza kubasobanurira buri kimwe cyose kugira ngo nkomeze kugendana namwe munzi kandi munsobanukiwe kandi murananzi ari nayo mpamvu nkomeza kubabwira byose kandi nkomeza kubamenyesha byose kugira ngo mukomeze muze tugende ku wo mwayobotse.

Ndi Yezu Kristu kandi ndi Yezu Kristu utajya utsindwa ndacyari wa wundi sinjya mpinduka kandi sinigeze mpinduka uwo nahoze kera ndi we n’ubu ni we ndi we ntabwo njya mpinduka uko nakomeje kurengera abanjye kandi uko nkomeza kurengera abanjye nkabagaragarizamo ikuzo ryanjye ndetse n’ububasha bwanjye n’ubu niko mbikora bana banjye rero niteguye gukomeza kubambika imbaraga zanjye kandi niteguye kubagaragarizamo ububasha bwanjye n’imbaraga zanjye kugira ngo benshi bazakurizeho kumenya y’uko ari Imana mwayobotse kandi ari Imana y’ukuri mwayobotse kandi nanjye mukaba mwaranyobotse kuko benshi bakomeza kubannyega kandi benshi bakomeza isura mbi mutambitswe kandi benshi bakomeza kubambika ibyo mutari byo kandi bagakomeza kubitirira ibyo mutari byo ariko nimukomeze muhamye ibirindiro kuko abanyemera bose kandi abaza bansanga ntibajya bemerwa kandi ntabwo bajya bakomerwa amashyi na bose, bamwe barabemera abandi bakabahinda ariko igihe iyo kigeze ngaragaza ikuzo ryanjye benshi bagatangazwa n’uko ari njye bakoranaga nabo kandi benshi bagatangazwa n’ububasha nagaragarije mu banjye bityo nabo bagakurizaho kuyoboka kandi nabo bagakurizaho gusingiza izina ryanjye ryarengeye abanjye kandi ryabatabaye. Namwe rero nzabatabara kandi nzabagaragarizamo ububasha bwanjye kandi nje kubambura isura mbi bakomeza kubambika bakabitirira ibyo mutari byo bakabitirira Belezeburu kandi mutari Belezeburu gusa bana banjye mujye mugira icyizere mwibuke yuko nanjye banyise Belezeburu kandi bakanyita umwami w’amashitani ariko nimuhumure mukomeze urugendo bana banjye mukomeze mube intwari kandi mukomeze mube intwari ku rugamba mukomeze kuba maso mukomeze kurengerwa n’ububasha bwanjye mwemere kuguma mu buntu bwanjye ndabashyigikiye kandi ndi kumwe namwe kandi niteguye gukomeza kubashyigikira ibyo bazabita byose muzabyihanganire mwikomereze urugendo rwanyu mwirinde kubiha umwanya kandi mwirinde kubitekerezaho cyane muze tugende kandi muze twigendere kuko ari njyewe ubashyigikiye kandi nkaba mbarangaje imbere ndi Yezu Kristu w’i Nazareti witeguye gukomeza kubarwanirira kandi witeguye gukomeza kubatsindira umwanzi no kumuhigikira kure yanyu kugira ngo mukomeze mugendere mu bubasha bwanjye kandi mugendere mu mbaraga zanjye nimwambare igitinyiro cyanjye kugira ngo igihe cyose gihore kibaranga kandi ari cyo muhora iteka murwanyirizamo umwanzi kuko igihe cyose mwambaye igitinyiro cyanjye murwanya umwanzi mukamutsinda. Nimwambare ububasha bwanjye bana banjye kandi muze mukomeze mufate ku gishura cyanjye kugira ngo nkomeze ngendane namwe mwirinde rero kwiyambura ubwiza bw’Ijuru nabambitse kandi mwirinde kwivana mu gishura cyanjye nabatamirijeho kugira ngo gihore iteka kibakumirira imbeho y’ubuhakanyi kandi igishura cyanjye gihora iteka kibakumirira umwanzi uhora ushaka kuza ashaka kubototera.

Ibiremwa ku Isi rero biranyitiranya bigakomeza no kwitiranya abanjye ariko ngiki igihe kiraje kuko nje kwigaragaza uko ndi kandi nkagaragaza ububasha bwanjye kandi ngakomeza kugaragaza uwo ndi we mu banjye kandi bana banjye nkaba nje gutangariza bose yuko ari mwebwe mukorana nanjye kandi nanjye nkakorana namwe igihe cyose. Nimukomeze rero munyizere kuko nje gutangaza byose kandi byose nkaba nje kubishyira ku mugaragaro kandi byose nkaba nje kubisobanura nje gusobanura ibyabereye insobe abantu kandi niko nkora kuko ntabwo njya nkunda kubwira Muntu ngo hariya ni jyewe uri kuhakorera kuko ndamutse nje nkaza buri wese akambona ngahagarara hejuru ku bicu nkamenyesha buri wese nkamubwira y’uko hariya ari jyewe uhakorera kandi akaba ari jyewe uhaganje nabyo ntabwo babyemera kuko bavuga yuko batwe kandi ari Shitani yabivuze kubera ko Mwene Muntu ntabwo ajya akunda kumva kandi Mwene Muntu ntabwo ajya akunda kwemera niyo mpamvu abanjye mba mfite uko ngendana nabo kandi nkabamenyesha byose kandi bana banjye tukagendana nkavuga mukanyumva kandi nabahamagara mukanyitaba kandi nabarembuza mukamenya ubarembuje uwo ari we kuko mba narabatoye kandi narabahaye ubwo bubasha bwo kugira ngo mubashe kumenya kandi mumenye ijwi ryanjye kandi mumenye aho mpagaze bityo ari ho muza muhagarare mu ruhande rwanjye ibyo ngibyo nabyo mubigabirwa na DATA kandi ibyo ngibyo nabyo mubigabirwa n’ububasha bwa DATA kuko benshi bakomeza kunangira abo bose nkababwira ntibumve kandi abo bose nkabereka ntibarebe kuko mba nzi ukunangira kw’imitima yabo kandi mba nzi ukuntu bakomeje kunangira imitima yabo.

Mwebwe rero nimukomeze mwumve kandi munyumvire kuko nabatoye mbaziho ubwo bubasha kandi nkabaha n’ububasha bwo kugira ngo mubashe kumva mubashe no gusobanukirwa ibyanjye kandi hari benshi bakomeje kunangira imitima yabo njye na DATA tukabihorera kugira ngo bakomeze banangire imitima yabo kubera ko baba bifitemo ubwikuze ndetse bafite ukwishyira hejuru kandi bafite ubwibone bwinshi bumva yuko batagomba guca bugufi. Bityo rero bakishyira hejuru nk’ukuntu Farawo yishyize hejuru bityo DATA nawe akamuteza umutima wo kunangira kugeza ubwo amuroshye mu nyanja hamwe n’ingabo ze zose. Hari benshi rero bazakomeza kwishyira hejuru natwe tukabihorera kandi tugakomeza tukabarekera uwo mutima w’ubwinangizi bityo tukabihorera kugeza igihe ku ndunduro buri wese ahawe igihano cye kubera ukwanga guca bugufi kwa Mwene Muntu akumva y’uko agomba kwemarara akajya hejuru akumva yuko asumbije ububasha DATA kandi nanjye akumva yuko anshumbije ububasha agakomeza kujya hejuru. Mwene uwo nguwo rero sinzigera mwimenyekanisha kandi ububasha bwanjye ntabwo bujya bukorera mu bantu bajya hejuru batemera guca bugufi kandi bumva yuko bafite ubwenge bwinshi bagomba kurebuza no gucengera ibya DATA bakabirebuza kuri buri kimwe cyose. Mwene uwo muntu wese uba yamaze kugera aho ngaho ntabwo aharanira ingoma y’Ijuru ngo ayigereho kuko atera intambwe imwe yatangira gucengera kiriya na kiriya akabona atari cyo agasubira inyuma yajya hariya na hariya naho yatangira gutera intambwe akumva yuko ubwenge bwe agomba kubusesenguza iby’Ijuru, iby’Ijuru rero agakomeza kubigira akamenyero akavuga yuko iby’Ijuru kiriya gihe byagenze kuriya n’ubu ariko bigomba kugenda akamenyero rero ntabwo ari keza kuri Mwene Muntu ari nayo mpamvu mvuga ngo ntimukamenyere kandi ntihazagire uwigera amenyera iby’Ijuru ngo byagenze kuriya n’ubu bigomba kugenda uku nguku. Icyo ngicyo nicyo kiri kurindagiza benshi kandi akaba ari nacyo kiri gutuma benshi banga guca bugufi ngo bacire bugufi Ijuru kandi bacire bugufi ijambo ryacu tuba twavuze ariko turaje turiyiziye tuje gusobanura byose tuje kubishyira ku murongo bana banjye nimukomere mukomeze urugendo kuko ikuzo ryacu tugiye kurigaragariza muri mwebwe kandi tugiye kugaragaza ububasha bwacu muri mwebwe; gusa icyo musabwa nimukomeze mutuze imitima yanyu muyishyire hamwe mwe kugira umuntu n’umwe mucira urubanza ahubwo nimukomeze mubaheke kandi mubarandate mubampereze nanjye niteguye gukomeza kubakira kuko iyo muje mufite ubwuzu bwinshi kandi mubafitiye urukundo mubafitiye igikundiro cyinshi mukaza muntakambira kandi mubampereza ngirira gusenga kwanyu kandi nkagirira gutakamba kwanyu bityo nkabakira nkababohora bityo abo mwasabiye muberekeza mu cyerekezo mwabasabiye kugira ngo nkiberekezemo nanjye niko mbikora ngiriye isengesho ryanyu kuko bana banjye igihe muje munsanga simbahunza umusaya cyangwa ngo mbahunze amatwi ahubwo ndabumva nkabatabara bwangu kandi abo mwatabarije nkabakira kandi nkababohora.

Nimukomeze rero mugume kuri iryo zamu kandi mukomeze mukore icyo gikorwa kuko bose ari ibiremwa byanjye nanjye niteguye gukomeza kubakira ariko benshi bazakomeza kunangira ntibivuze yuko batazabura no guhanwa n’ubwo impuhwe zanjye nzihorana kandi ngahora iteka mbabarira kandi umuryango w’impuhwe ukaba ukinguriye bose abazanga kwinjira bazakingiranwa. Bana banjye rero mwebwe nimukomeze mukore akazi kanyu kuko ikivi cyanyu muraba muri kukirangiza mukuraho urwanyu abanda nabo bazanga kumva nabo bazaba bafite icyo nzababaza. Nimukomere rero mukomeze urugendo turi kumwe ndabashyigikiye nimugire amahoro kandi mugirirwe ubuntu igihe cyose kandi muhore mwambaye ububasha bw’Ijuru ubutaganzwa bubarange igihe cyose kuko mbahaye ububasha bwo kuganza igihe cyose. Nimugire umugisha kandi mwakire umugisha mbahaye nyubasesekajeho kandi nywubagabiye atari nk’uko Isi iwutanga ahubwo nywubahaye ndi Yezu Kristu w’i Nazareti, nubasesekareho kandi ubasabanishe n’urukundo rwanjye. Nimuze murare mu mutima wanjye wuzuyemo urukundo bityo musinziriremo mbahaye amahoro kandi mbahaye umugisha nimugire kugubwa neza, ijoro ryiza ndabakunda bana banjye nimukomere mukomeze urugendo turi kumwe ndi Yezu Kristu w’i Nazareti, Umwami w’abami uwabatsindiye kandi nkaba nkomeje kubatsindira kandi nkaba nkomeje kubarwanirira muri byose.

AMAHORO, AMAHORO NTUMWA ZANJYE NTORE ZANJYE BANA BA DATA KANDI BWOKO BWA DATA, NIMUGIRE UMUGISHA KANDI MUHORANE AMAHORO, AMAHORO, AMAHORO!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *