UBUTUMWA BWA YEZU KRISTU, TARIKI YA 20 MUTARAMA 2024

Ntumwa zanjye natoye kandi natoje, nimukomere ndabakomeje kandi ndabashyigikiye, mbabumbiye hamwe mu rukundo rwanjye rukomeye kandi mbabumbiye hamwe mu mbaraga zanjye zidasanzwe kugira ngo mukomeze mwishimire muri njye kandi mukomeze munezerwe; nshyigikiye buri wese kandi nkomeje buri wese mu bubasha bwanjye n’ ubwa DATA kuko nkomezanyije namwe imirimo ikomeye kandi nkaba nkomezanyije namwe ibikorwa bidasanzwe kugira ngo ububasha bwanjye bukomeze bwigaragarize Isi yose kandi bukomeze busenderere bose; turi mu rugamba rudasanzwe kandi turi mu mirimo ikomeye kuko turi mu bikorwa budasanzwe, nkaba ndi gusakaza urumuri rukomeye mu Isi yose kandi  nkaba ndi gusendereza Mwene Muntu imbaraga zidasanzwe kugira ngo ububasha bwanjye bukomeze bwigaragaze kandi imbaraga zanjye zikomeye zikomeze zigaragarize bose.

Nimwishime kandi munezerwe ntumwa zanjye, ndi kumwe namwe, ndabashyigikiye mu bubasha bukomeye, aho mwanyura hose ndi kumwe namwe kuko ntabirengagiza kandi ntabasiga, nkomeje kugendana namwe mu mbaraga zikomeye kandi nkomeje kugendana namwe mu bubasha budasanzwe kuko ndi kugendera mu mivumba ikomeye kandi nkaba ndi kugendera mu bubasha bukomeye bwo gutsemba no guhirika ikibi cyose mu Isi kugira ngo ububasha bwanjye n’ ubwa DATA bwigaragarize Isi yose.

Nimukomere kandi mukomezanye muri byose, mukomeze mushyigikirane intambwe ku ntambwe kandi mukomeze mwibumbire hamwe kuko nababumbiye mu rukundo rwanjye rukomeye kugira ngo nkorane namwe imirimo ikomeye kandi nkorane namwe ibikorwa bidasanzwe kuko mudasanzwe mu Isi igihe kikaba kigeze cyo kugaragaza ibikorwa byanjye n’ imirimo yanjye mu buzima bwanyu bwa buri munsi.

Nje gutangariza Isi urukundo rwanjye rukomeye mbinyujije mu bwitange banyu bwa buri munsi kandi mbinyujije mu mbaraga nkomeje kubasendereza umunsi ku wundi kuko muri ibigega byujujwe mu buryo bw’ agatangaza kugira ngo ububasha bwanjye bukomeye kandi imbaraga zanjye zidasanzwe zigaragarize bose.

Ni igihe cyo guhananura abikujije mu bubasha bwanjye n’ ubwa DATA kugira ngo mukuzwe mu mbaraga zanjye, kandi mukuzwe mu bubasha bwanjye bukomeye kuko hari byinshi niteguye gukorana namwe, kandi hakaba hari byinshi ngiye kugaragariza Isi mu buryo bugaragara kandi bufatika mu buzima bwanyu bwa buri munsi; buri wese nagagarare mu mwanya we kandi muhorane amatara yaka kuko mutazi isaha n’ umunsi nzazira kugaragaza imirimo yanjye n’ibikorwa byanjye bitangaje.

Ntabwo nshaka ko mutungurwa nk’ uko Isi izatungurwa nk’ uko hari benshi bagiye gutungurwa, nyamara naraburiye Mwene Muntu, narakomanze kugira ngo Mwene Muntu ankingurire, benshi bakarushaho kunangira imitima kandi bakarushaho kwikomeraho, nkaba ndi kugenda nshwanyaguza byose Mwene Muntu yubakiyeho kandi Mwene Muntu yiziritseho, nkaba ndi mugenda njajanga, njanjangura, mvana mu nzira ikibi cyose kugira ngo urukundo rwanjye ruture muri Mwene Muntu.

Ndi mu mirimo ukomeye kandi ndi kugendera mu muvumba udasanzwe, mvana ibiri inzitizi n’ imbogamizi mu Kiremwa Muntu, kugirango mpigike kandi nigizeyo, nkubure umwanda wose, ububasha bwanjye bwigaragaze, kandi imbaraga zanjye zidasanzwe zikomeze zigaragarire Isi yose.

Ndabakomeje, ndi kumwe namwe kandi nshyigikiye buri wese kuko nunze ubumwe namwe mu buryo bw’ agatangaza kugira ngo nkomeze ngaragaze imirimo yanjye kandi nkomeze ngaragaze ibikorwa byanjye bikomeye; muri intumwa z’ amahoro mu Isi yose, nimukomere ku ijambo ryanjye n’ irya DATA, mugume mu rukundo rwanjye kandi mugume mu gushaka kwanjye, ntimujarajaze ibitekerezo byanyu kandi ntimujarajaze imitima yanyu, kuko ndi kumwe namwe kandi niteguye gukora imirimo ikomeye.

Ni igihe cyo kwiremamo ukwemera gukomeye kuko ari igihe cyo gukorana namwe imirimo ikomeye, akaba ari igihe cyo kubasendereza ububasha bukomeye kandi akaba ari igihe cya buri wese kugira ngo mubwiyumvemo mu mibiri yanyu kuko ari igihe cyo kubukoresha mu buryo bugaragara kandi bufatika kugira ngo ibikorwa banjye n’ ibya DATA byigaragarize Isi yose kandi byigaragarize bose binyujijwe muri mwe.

Mbifurije umugoroba mwiza kandi mbifurije ibihe byiza, ndi kumwe namwe muri byose kandi ndabashyigikiye mu mirimo yanjye ikomeye kuko nkomezanije namwe urugendo mu buryo bw’ agatangaza, kuko hari byinshi nafunze kandi hakaba hari ibindi ngiye gufungura ku mugaragaro mu bubasha bwanjye n’ ubwa DATA.

Tuje kwigaragariza Mwene Muntu kandi tuje kwigaragariza ikiremwa muntu kuko uwikomeyeho kandi uwanangiye umutima wese ari igihe kugira ngo ace bugufi mu maso yanjye na DATA kuko imitima yose ikomeye ari igihe cyo kuyoroshya mu bubasha bwacu kugira ngo buri wese yiyoroshye mu maso yanjye na DATA kuko ari igihe cyo kubaha ububasha bwacu kandi akaba ari igihe cyo kundangamira nyabyo binoze kandi byuzuye.

Nimukomere ntumwa zanjye kandi mukomere ku kuri kw’ijambo ryanjye kuko mwahawe byose kandi mweguriwe byose, nimwakire amaso mashya kugira ngo murusheho kubona urukundo rwanjye kandi murusheho kubona ibyiza byanjye by’ agatangaza; ndabashyigikiye mwese kandi ndabakomeje, buri wese nabe mu mwanya we kandi buri wese acunge izamu rye neza kuko ububasha bwanjye bugiye kwigaragariza Isi yose; hagowe ukomeje kuba inzitizi kandi hagowe uwo wese ukomeje kuba imbogamizi kuko nje kugaragaza ububasha bwanjye kandi nje kugaragaza imbaraga zanjye, nje kuvana ikiri mu nzira cyose kiri inzitizi kandi kiri imbogamizi kuri Mwene Muntu, nkaba nje gukubura umwanda wose, nje kuvana mu nzira; buri wese rero nahagarare mu mwanya we kandi buri wese acunge izamu rye, ntimujarajare kandi ntimutinde mu makoni nta mpamvu kuko ari igihe cyo gufunga imyenge yose kandi akaba ari igihe cyo gufunga inguni zose umwanzi ashobora kwinjiriramo kuko umwanzi yabuze ubuhungiro mu Isi, ari gushakashaka muri Mwene Muntu kugira ngo abone icumbi kandi abone intaho, aho ataha muri Mwene Muntu.

Nimube maso, muhore mwigengesereye ku gatoya no ku kanini, bityo mumurikire Isi kandi mumurikire ikiremwa muntu, abari guseta ibirenge n’ abari kwiyisitazaho nta mpamvu, abo bose mubagaragarize ububasha bwanjye kandi mubagaragarize imbaraga zanjye zikomeye; ntacyo muzakena mu rugendo kandi ntacyo muzabura kuko mufite ubukungu bukomeye, akaba ari igihe cyo kubaha byose no kubegurira byose ku mugaragaro kugirango abo bose bakomeje kubaryanira inzara kandi abo bose babatunga intoki babone ububasha bwanjye muri mwe bukomeye; ubaryanira inzara kandi ubatunga urutoki ni njye aba abigiriye kuko nabatumye na DATA mutitumikirije kandi muri mu rukundo rwacu kandi tukaba twarabashyize mu myanya mugomba guhagararamo.

Ntimukikerense rero kandi ntimukipinge kuko ari igihe cyo kubagaragarizamo imirimo ikomeye kandi akaba ari igihe cyo kubagaragarizamo ibikorwa bidasanzwe; ndi kumwe na buri wese kuko mbagotesheje imbaraga zikomeye mukaba muri kumwe n’ ingabo zose kuko twazohereje mu Isi mu buryo bw’ agatangaza kugira ngo zibane namwe kandi zitaramane namwe muri byose bityo imirimo ikomeye ikomeze yigaragarize Isi yose kandi ikomeze yigaragarize bose mu buryo bw’ agatangaza.

Nkomeje buri wese kandi nshyigikiye buri wese mu bubasha bwanjye kuko mbashyigirikishije ububasha bukomeye, nkaba ndambuye ikiganza cyanjye kuri buri wese kugira ngo mwishime kandi munezerwe, muhore mwuzurijwe kuko imbaraga nkomeje kuzibavomerera mu buryo bw’ agatangaza kugira ngo namwe mugaburire Isi kandi mutunge benshi mu bwitange bwanyu bwa buri munsi mubigiriye urukundo kandi mubigiriye ishyaka ryanyu rya buri munsi. 

Mbashimiye ubwitange bwanyu bwa buri munsi kandi mbashimiye urukundo mukomeje kugaragariza Isi, n’ ubwo benshi bakomeje kugenda bubitse umutwe nk’ aho batabona ikiganza cyanjye kandi nk’ aho batabona urukundo rwanjye, nimuhumure igihe cyose mwihurije hamwe kandi igihe cyose mwihurije mu rukundo rwanjye, nkorana namwe imirimo ikomeye kandi ngakorana namwe ibikorwa bidasanzwe, Mwene Muntu yabyemera atabyemera, yabishaka atabishaka, buri wese azinjizwa mu rukundo rwanjye kandi buri wese azabona ikiganza cyanjye ku mugaragaro.

Mbifurije umunsi mwiza ntumwa zanjye nkunda kandi nshyigikiye mu rukundo rwanjye rukomeye, nimukomeze mwishime kandi munezerwe kuko ndi kumwe namwe muri byose, nkaba mbashyize mu rwuri rwanjye kugira ngo muhore mubyagiye iruhande rwanjye, mu byishimo n’ umunezero.

Mbifurije amahoro kandi mbasesekajeho umugisha wanjye ukomeye kugira ngo ukomeze ubane namwe kandi ukomeze ubasendere mu buzima bwanyu no mu mibereho yanyu ya buri munsi, bityo ibikorwa byacu bikomeye bukomeze byigaragarize mu buzima bwanyu no mu mibereho yanyu ya buri munsi.

Nimwuzurizwe urukundo, ukwemera n’ ukwizera kugira ngo bigirire Isi yose akamaro kuko Mwene Muntu yibuzemo urukundo kandi akibuza amahoro nta mpamvu, akaba ari igihe kugira ngo muyasesekaze muri bose kandi muyasendereze bose, haba ababi n’ abeza kuko buri wese agomba kwakira urukundo rwanjye kandi agomba kwakira ibyiza byanjye kuko buri wese afite integuro ye twamuteguriye mu buryo bw’ agatangaza kugira ngo ibikorwa byacu byigaragaze kandi bigaragarire bose.

AMAHORO, AMAHORO, IBIHE BYIZA, NDABAKUNDA KANDI NDABASHYIGIKIYE, NDI YEZU KRISTU W’ I NAZARETI, AMAHORO, AMAHORO!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *