UBUTUMWA BWA YEZU KRISTU, Tariki ya 05 Kamena 2023

Mbasakajeho umugisha wanjye kandi mbasakajemo imbaraga zanjye ntumwa zanjye kandi ntumwa za DATA mbifurije ibihe byiza kandi mbifurije umugoroba mwiza kuri mwese ngira nti nimukomere kuko mbakomeje, nimugire ubuzima kuko mbahaye ubuzima kugira ngo mukomerere mu rukundo rwanjye n’urwa DATA murusheho kubakika mu buzima bwanyu bityo ibyiza byanjye birusheho kwigaragaza mu buzima bwanyu no mu mibereho yanyu ya buri munsi. Ndabashyigikiye kandi ndabakomeje mu bubasha bwanjye budahangarwa kandi butavogerwa n’umwanzi kugira ngo murusheho gukataza mu bikorwa byanyu bya buri munsi bityo murusheho guhindura byinshi mu Isi kandi murusheho gukebura benshi no guhindukiriza benshi mu rukundo rwanjye.

Umutima wanjye ufunguriye bose bemeye kuyoborwa n’ijambo ryanjye n’irya DATA kandi bemeye kuyoborwa n’ububasha bwanjye kuko ndi kubatera inkunga kandi ndi kubashyigikira mu buryo bw’agatangaza kugira ngo ibikorwa byanjye birusheho kwigaragaza kandi birusheho gutagatifuza benshi no guhindura benshi.

Ntumwa zanjye nimukomere kandi mukataze kuko ntacyo muzakena turi kumwe kandi ntimuzarohama turi kumwe kuko mbabereye umusare ukomeye kugira ngo nkomeze kubambutsa mbageze ku nkengero bityo ububasha bwanjye bwigaragaze.

Nimukomere n’ubwo ibihe bikomeye turi kumwe ntimugahungabane kandi ntimugashye ubwoba ahubwo iteka mwambarire imbaraga muri njye kuko mbakomeje mu rukundo rwanjye kandi nkaba mbakomeje mu mbaraga zanjye kugira ngo ububasha bwanjye n’ubwa DATA bukomeze kwigaragaza mu buzima bwanyu kandi bukomeze kwigaragaza mu mibereho yanyu ya buri munsi. Dore Isi igeze aharenga kandi igeze aharindimuka Mwene Muntu ukomeje kunangira umutima Mwene Muntu udashaka guhinduka no guhindukirira Mwene Muntu nkomangira ntakingure igihe kirageze kugira ngo benshi baboroge aho batahozwa kandi aho batazumvikana kuko nje gukubura bikomeye kandi nkaba kwegezayo bikomeye ikibi cyose kiri imbogamizi mu rugendo kugira ngo abashaka gukataza bakataze mu rukundo rwanjye n’urwa DATA.

Nimwizirike ku bubasha bwanjye kandi mwizirike ku mbaraga zanjye kuko mbabereye byose mu buzima bwanyu kandi nkaba nkungahaye kuri byose ibya roho n’iby’umubiri nkaba nkomeje kubibagezaho no kubibasenderezaho umunsi ku wundi isegonda ku rindi kugira ngo murusheho kuba maso kandi murusheho kwambaraga imbaraga zibasha gutwaza no gutwarana muri byose. Nimunyige imvugo munyige ingendo tugendane mu ntambwe imwe kuko ndashaka ko mubusanya n’intambwe yanjye nshaka kubageza ahirengereye kandi nshaka kubageza aheza mu byishimo bidashira. Nimukomeze rero kurindira mutarambiwe kandi mwihangane kuko hari byinshi ngiye kugaragariza Isi kandi ari byinshi ngiye gutangariza Isi akaba ari byinshi ngiye guhishura mu buryo bukomeye ku bari maso kugira ngo babone ikuzo ryanjye n’irya DATA kandi babone ububasha bwacu bukomeye.

Ndaje vuba bidatinze kuko niyiziye na DATA tukaba tuje kwikorera ibikorwa byacu ku mugaragaro kuko twatumye intumwa hirya no hino tuburira Isi yose kugira ngo Mwene Muntu ahinduke ahindukirire benshi bakerensa ububasha bwanjye kandi bakerensa ijambo ryanjye nyamara ijambo ryanjye ntirikumirwa kandi ntirisubirwaho kuko ndi Jambo wigize umuntu nkemera guca bugufi nkabana n’ikiremwa muntu kugira ngo nkomeze kumugaragariza urukundo rwanjye. Impuhwe zanjye zasendereye Isi yose kandi nazirekuriye buri kiremwa cyose buri wese wifuza guhinduka no guhindukirira kugira ngo yoge muri iyo nyanja ngari bityo atagatifuzwe kandi asukurwe bityo aze mu rukundo rwanjye.

Nimutakambire roho nyamwinshi kandi mutakambire benshi bakomeje gukerensa ibikorwa byanjye bakomeje kuvumagiza intumwa zanjye hirya no hino abo natoye kandi natumye babatega imitego kandi babagambanira amanywa n’ijoro; ibyo byose ntacyo bizagira ku banjye kuko ari njye ubahagarikiye kandi ari njye ubarinze arinjye nkomeje kubatera inkunga mu rugendo rwabo kugira ngo bakomeze kandi bakataze nkaba nabambitse kugira ngo baberwe no kuba ku rugamba bityo bahore bari maso batsemba ibitero byose by’umwanzi aho byava n’aho byaturuka kuko nta na kimwe kigomba guhungabanya abanjye kandi nta na kimwe kigomba gukanga abanjye.

Turi kumwe ntumwa zanjye nimwishime kandi munezerwe kuko mbashyigikiye mu butumwa bwanyu kandi mu rugendo rwanyu; nta witumikirije muri mwe kandi nta wihamagaye muri mwe kuko mwese mwahamagawe mu rukundo rwanjye rwabarembuje mwese mukaza munyegera nkabareshya amanywa n’ijoro mukaza mu rukundo rwanjye mutikanga. Nimukomeze kugubwa neza mu mutima wanjye kandi mwishimire mu rukundo rwanjye kuko urukundo rwanjye rudatuba kandi rudakama iteka ruriyongera mu banjye kugira ngo bakomeze kubaho mu munezero kandi bakomeze kubaho mu byishimo; ibikorwa byanjye birakataje kuko bidahagarikwa n’amagambo ya Mwene Muntu kandi ububasha bwanjye butavogerwa n’ibikorwa bya Mwene Muntu by’umwijima. Ndi Jambo rumuri rw’amahanga kuko murikiye intambwe za bose abemeye kuyoborwa n’urukundo rwanjye nkakomeza kubamurikira kugira ngo bakataze bityo bakomeze kuza mu byiza byanjye kuko hari ibyiza nateguriye abanjye bose kandi buri wese akaba afite icyicaro iruhande rwanjye na DATA.

Ndaje kugira ngo nkuze abaciye bugufi intamenyekana nzikuze mu maso yanjye n’aya DATA bityo abiyise ibihangange n’ibikomerezwa ndaje mbahananture mbaribate kuko nje guhanantura ibikorwa byabo by’ubukozi bw’ibibi n’ubugambanyi abo bose buzuye ingeso mbi abo bose buzuye ibikorwa by’urukozasoni ndaje kugira ngo bose mbavane mu nzira sintinze kandi simbangutse kuko isaha n’igihe nibigera nta wuzahagarika ububasha bwanjye n’ubwa DATA.

Nimuhumure rero murarinzwe kandi murashyigikiwe nimukomeze kwiyumvamo imbaraga n’iruhuko mutwaze kandi mutwarane muri byose muzirikana ko mukunzwe kandi mushyigikiwe n’Uhoraho kandi ububasha bwacu bukaba bubagose kugira ngo murusheho kuba abasirikare beza ku rugamba kandi murusheho gutwara intwaro zanyu mutikanga.

Mbifurije ibihe byiza gukomeza kugubwa neza mu rukundo rwanjye n’urwa DATA turi kumwe muri byose ntumwa zanjye nimukomeze kwitaba karame yanyu ntikabe imfabusa kuko umutsindo wegereje kuri buri wese kandi nkaba narawushyize mu biganza byanyu. Nimukomeze gukotanira roho nyamwinshi kandi mukomeze kureshya roho nyamwinshi kugira ngo bose binjizwe mu gushaka kwanjye n’ukwa DATA. Amarembo afunguriwe bose bemera bemeye kuyoborwa n’ijambo ryacu n’ububasha bwacu kuko abo bose bashyigikiwe n’ingabo zose zo mu Ijuru kandi abatagatifu bose tukaba twarabamanuye mu Isi kugira ngo bifatikanye n’abari mu Isi bari maso bemeye kuyoborwa n’urukundo rwacu.

Nimukomeze kugira ibihe byiza mwishimire muri njye kuko mbahaye ubuzima kandi mbahaye kubaho no kuramba kugira ngo ibyiza byanjye byigaragaze mu buzima bwanyu kuko muri abahamya b’ibyiza byanjye. Nimukomeze rero kurangwa n’urukundo ukwemera n’ukwizera mu buzima bwanyu bwa buri munsi kugira ngo bibabere impamba itunga roho zanyu n’imibiri yanyu kandi bibabere inkingi zikomeye zishyigikira ubuzima bwanyu bwa buri munsi. Ibihe bije ni ibihe biziye buri wese utuye Isi kandi buri kiremwa cyose kiri mu Isi kuko nje gucisha bugufi bose bikuza kandi nje koroshya imitima ikomeye kugira ngo nyihindure iy’inyama buri wese yumve urukundo rwanjye n’urwa DATA kuko nta mwana n’umwe wagenewe ubucibwe buri wese yagenewe ubwami bw’Ijuru kandi buri wese yagenewe umwanya iruhande rwanjye n’urwa DATA ko nta wubyigana n’undi kandi nta wusahurana n’undi buri wese ari ikinege mu maso yacu.

Mbahaye umugisha wanjye ngo ubakomeze kandi ubabesheho bityo iteka ibihe byose muhore mufite inyota y’ibyiza by’Ijuru kandi muhore mufite inyota yo kunyungutira ibyiza byacu ntimugahage ibyiza byacu kandi ntimugaharare ngo muhararukwe iteka nimukomeze inyota yo guharanira ibyiza byacu kandi muhore mubisonzeye kugira ngo bibatunge amanywa n’ijoro.  

AMAHORO, AMAHORO IBIHE BYIZA, NIMUSINZIRIRE MU GITUZA CYANJYE KANDI MUGUBWE NEZA MU RUKUNDO RWANJYE TURI KUMWE, NDI YEZU KRISTU W’I NAZARETI, UMWAMI W’ABAMI. AMAHORO, AMAHORO NTUMWA ZANJYE!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *