UBUTUMWA BWA YEZU KRISTU, TARIKI YA 20 MATA 2024

Mbifurije umunsi mwiza ntore zanjye na DATA kandi mbifurije gukomera nkomeje kubahaza ibyiza by’urukundo rwanjye kugira ngo bikomeze kuba mu buzima bwanyu, bityo mukomeze gusakazwamo umugisha wanjye ukomeye kandi mukomeze gusakazwamo imbaraga zanjye z’agatangaza mbasendereza kandi mbagabira umunsi ku wundi; mbifurije umunsi mwiza kuri buri wese kandi mbifurije ibihe byiza, kugubwa neza ndetse no guhazwa imbaraga zanjye zikomeye nkomeza gusendereza mu buzima bwanyu umunsi ku wundi, ndi kumwe namwe kandi nkomeje kubarangaza imbere kugira ngo nkomeze kubahaza imbaraga z’agatangaza kandi nkomeze kubasendereza ibyiza by’urukundo rwanjye rukomeye nkomeza gusendereza mu buzima bwanyu igihe cyose; nimukomere kandi mugire kurushaho guhazwa imbaraga zanjye z’agatangaza, kandi koko buri muntu wese agire kwiyumvamo urukundo rwanjye mu buryo bukomeye, kuko nabasendereje byose kandi nkaba nkomeje kugenda mbateza intambwe kugira ngo murusheho gukataza mwakira ibyiza byose mbasendereza kandi mbagabira buri munsi kugira ngo bikomeze gutunga roho zanyu, kandi bikomeze kubatagatifuza bibahaza umukiro mutagatifu, kandi bikomeza kubahaza imbaraga z’agatangaza kandi zidasanzwe nkomeza kugaragaza muri mwebwe, kandi ibyiza byose nkomeza kubagaragariza bikomeze kubatunga kandi bikomeze kubatagatifuza.

Ndabashyigikiye ntore zanjye kandi mbarangaje imbere, nimwakire imbaraga z’urukundo rwanjye rutagatifu kandi mwakire ibyiza byububasha bwanjye bukomeye, kuko nkomeje kubongerera imbaraga mu rugendo kandi nkaba nkomeje kubateza intambwe buri munsi, nimurusheho kwakira ibyiza by’ububasha bukomeye DATA akomeza kubasendereza buri munsi, kandi mukomeze kuzirikana urukundo rutagatifu akomeza guhaza mu buzima bwanyu igihe cyose kandi arushaho kubakomeresha, kugira ngo iteka mukomeze kuzirikana ibyiza by’agatangaza akomeza gushyira mu buzima bwanyu iteka ryose; nimugire ubuzima kandi mugire ubuzima busagambye iteka, kuko igihe cyose nganje muri mwe mbarangaje imbere kandi mbayoboye nkomeza gukorera muri mwebwe imirimo ikomeye kandi imirimo y’agatangaza irusheho gususurutsa roho zanyu kandi ikarushaho kubatagatifuza kugira ngo murusheho kwakira imbaraga z’ubutwari, kandi murusheho kunezererwa n’urukundo rutagatifu turusheho kurubasendereza buri munsi kuko ibyiza byose ndushaho kubagabira kandi birusheho gutunga roho zanyu zibatagatifuza kandi koko bikaba itara ribamurikira kandi ribageza ku cyiza, kugira ngo urukundo rwanjye rukomeze kubaho muri mwe kandi rukomeze kwigaragaza mu buzima bwanyu igihe cyose.

Mbarangaje imbere ku rugamba ntumwa zanjye nimukomere kuko ndi muri mwebwe, kuko ntabasiga kandi ntabatererana ahubwo iteka ryose mpora mbategeye ibiganza, kandi ngahora nzirikana iteka ryose urukundo rwanjye iteka ruri muri mwe, kandi ngahora nzirikana iteka ubuzima bwanyu buri munsi kuko mpora mbatagatifuza kandi ngaha buri wese gutera intambwe akataje, akanogerwa n’umukiro mutagatifu mugabira kandi akanogerwa n’ibyiza by’agatangaza nkomeza kubahunda umunsi ku wundi; nimugire kugubwa neza ku rugamba kandi koko mukomeze gukataza mwakira ibyiza by’imbaraga zanjye, kugira ngo iteka koko muhore mwizihiwe kandi muhore mwizihiwe n’urukundo rutagatifu nkomeza kubagaragarizamo, kuko nabakunze kandi nkabatonesha nkabasendereza umukiro, kandi nkabasendereza imbaraga zisendereye kandi zuzuye kuri buri wese, kugira ngo icyo nshaka kandi DATA yifuza mu buzima bwanyu kibashe gukorwa kandi koko kibashe gutungana; niyo mpamvu nakoranye namwe imirimo ikomeye kandi imirimo idasanzwe mu gutagatifuza ndetse no guhagarika ibitero by’umwanzi kugira ngo umukiro wacu mutagatifu ukomeze kwigaragaza, kandi koko Ijambo ryacu rikomeze kumvikana hose kandi rikomeze gusendera mu mitima y’abahora iteka bateze ibiganza, bakazirikana urukundo rwacu ku manywa na ninjoro kandi bakazirikana Ijambo ryacu uko bwije n’uko bukeye, rikabaturamo kandi rikabaha  gusagamba kandi bakizihirwa kandi bakanyurwa n’intambwe mbateza kuko buri wese namugeneye ibyiza kandi nkamugenera umukiro mutagatifu wo kugira ngo buri wese asagambe kandi yishimire ibyiza by’agatangaza nkomeza gusendereza mu buzima bwanyu igihe cyose.

Nimukomeze kurangazwa imbere n’ububasha bwanjye bukomeye kandi buri muntu wese koko agire kongererwa imbaraga mu rugendo kugira ngo buri wese koko mutere kuzirikana ndetse no kwakira imbaraga zanjye umunsi ku wundi, zimuha koko kwiyumvisha neza urukundo rwanjye kandi zikamuha kuzirikana ububasha bwanjye bukomeye nagaragaje muri mwe; ntumwa zanjye kandi biremwa byanjye na DATA nshyigikiye kandi ndangaje imbere umunsi ku wundi, mbahaye imbaraga zanjye kandi mbahaye ubutwari bwanjye, nimwakire amahoro matagatifu kugira ngo arusheho gutura mu mitima yanyu kandi mwakire urukundo rwanjye ruhamye kandi rusesuye ruba muri mwebwe kandi koko rurusheho kubaha kumurikirwa ndetse no gusenderezwa imbaraga z’agatangaza zidasanzwe, kugira ngo iteka ryose koko muhore mubonesherezwa n’urumuri rwanjye mbamurikishiriza, maze itara ryanjye rikomeze kubayobora mu rumuri nyarwo kuko nkomeza koko kubamurikira kandi nkabatagatifuza, nkaberekeza mu byiza byose nabageneye kandi nabateguriye; nimukomere ku rugamba kuko mbakomeje kandi koko mukomeze kwambara imbaraga n’ubutwari kugira ngo nkomeze kubarangaza imbere kandi nkomeje kubarwanirira mbatsindira ikibi cyose kandi mbakurira inzitizi zose z’umwanzi mu nzira kugira ngo urukundo rwanjye rube muri mwe kandi koko Ijambo ryanjye ritagatifu rikomeze gutura mu buzima bwanyu; nimukomere kuko mbashyigikiye kandi nkaba mbarangaje imbere kugira ngo iteka ryose koko muhore munyuzwe n’ibyiza byose mbagabira kandi muhore munyuzwe n’ububasha bwanjye butagatifu nkomeza gusendereza mu buzima bwanyu, kugira ngo ifeza nashyize mu biganza byanyu kandi ibyo mbagabira buri munsi bikomeze kuba ibibatagatifuza kandi bikomeze kuba ibisendera rwagati muri mwebwe, kugira ngo koko ubuzima bwanyu bwose mubunyegurire kandi mubwegurire mu biganza byanjye na DATA, kugira ngo koko mbarangaze imbere buri munsi kandi nkabagenera umukiro, bityo murusheho gutungwa n’ibyiza byose nabasezeranyije kandi nabageneye mu bubasha bwanjye kandi mu rukundo rutagatifu nkomeza kubagaragariza umunsi ku wundi.

Ndabashyigikiye kandi mbarangaje imbere mu bubasha butagatifu kandi mu mbaraga z’agatangaza, zikomeza kubahaza umukiro kandi zikarushaho kubahaza ibyiza bikomeye birushaho kubungabunga ubuzima bwanyu kandi bikarushaho kubatagatifuza, bityo mugahora mufite inyota y’icyiza  ndetse kuzahura ndetse no gutabara roho zitabarika mu Isi yose, niyo mpamvu nabashyize ku mazamu kugira ngo murusheho kuba maso kandi koko murusheho kuramira imbaga itabarika, cyane cyane benshi bahora bateze ibiganza bakeneye umukiro kandi benshi bahora iteka koko bazirikana urukundo twabakunze kandi twagaragarije Kiremwa Muntu wese uganje mu Isi, kugira ngo Ijambo ryacu ritagatifu rikomeze kumvikana muri bose kandi rikomeze kuba itara riboneshereza benshi bakiri mu mwijima kugira ngo bakire urukundo rwacu rutagatifu kandi bakire urumuri rukomeye nkomeza kugenda murikishiriza buri kiremwa; narabatonesheje kandi mbagabira byose kuko naberetse inzira y’ukuri kandi nkabereka inzira y’ubugingo, kugira ngo buri muntu wese koko yigenge kandi yisanzure, bityo yakire ibyiza by’ububasha bwanjye kandi yakire ibyiza by’Ingoma ya DATA yamugabiye kandi yamusendereje; niyo mpamvu naje kubashyigikira kandi mpora iteka nifatikanyije namwe ku rugamba mbarangaje imbere kandi mbakumirira ikibi cyose nsigasira ubuzima bwanyu mu kubakomeza ndetse no kubatagatifuza kugira ngo ineza y’urukundo rwanjye koko rukomeze rube muri mwe kandi amahoro matagatifu akomeze gusabagira mu mitima yanyu; ndagaje imbere mu gutagatifuza ndetse no kubohora ibiremwa bitabarika, ndetse no kugaragaza urukundo rwacu rutagatifu cyane cyane mu gutsinda ikibi cyose ku mugaragaro, ndetse no gukuraho akarengane kose k’umwanzi mu Isi, kugira ngo urumuri rwacu koko rukomeze kumurikira bose kandi koko rukomeze kugera kuri buri wese uteze ibiganza, ntumwa zanjye kandi ntore nakunze nkatonesha, nkazigaragariza ibyiza byanjye bikomeye biganje hose mu Isi, nimube maso kandi mukomere kugira ngo dutsinde ikibi cyose kandi koko turwanye umwanzi twivuye inyuma, mu kugaragaza urukundo rwacu rutagatifu ndetse no kugaragaza imbaraga zacu zidasanzwe, nkomeza kugaragariza mu buzima bwanyu umunsi ku wundi.

Mbahaye umugisha wanjye mutagatifu kugira ngo ubakomeze kandi ubasendere mu bwitange n’urukundo ndetse n’ishyaka mukomeza kugaragariza Ingoma yanjye na DATA umunsi ku wundi, kugira ngo koko ube umugisha ubasusurutsa kandi ubakomeza kugira ngo ayo matara yanyu ahore yaka kandi ahore aboneshereza bose, kugira ngo ubasanze wese agire kuruhukira mu buzima bwanyu kandi naza koko arusheho kubasangana ibyiza byose, nimukomeze murohore imbaga itabarika kandi muvomerere imitima yumiranye kugira ngo yose irusheho kugumya gutohagizwa n’urukundo rwanjye kandi ikomeze koko kongera kwakira ibyiza by’ububasha butagatifu ngabira buri wese kandi nsendereza buri wese uhora iteka ateze ibiganza akazirikana imbaraga zanjye z’agatangaza, kandi akazirikana ububasha bwanjye butagatifu ngaragariza muri mwe kandi mbasendereza igihe cyose; ndabashyigikiye nimugire ubutwari muri DATA kandi mugire imbaraga zanjye iteka ryose zihora muri mwe kandi zikabakomeza, nimwakire kwakira byose mu rukundo kandi mukomeze kunogerwa n’ibyiza byose mbasendereza buri munsi, kuko iteka ryose uwo ndangaje imbere kandi nkomeje mu rukundo rwanjye nta kimukanga kandi nta kimusubiza inyuma, iteka ryose ahora yizihiwe kandi agahora anyuzwe n’ibyiza byose nkomeza kumugabira buri munsi.

Mbahaye umugisha wanjye mutagatifu kugira ngo ubakomeze kandi ubasendere, nimugire ubutwari muri byose ari nako murushaho kuba maso kugira ngo turwanye ikibi cyose kandi dutsinde akarengane kose k’umwanzi mu kugaragaza imbaraga z’agatangaza kandi mu kugaragaza ububasha butagatifu bukomeza kubashyigikira kandi bukarushaho kubakomeza, sinzabasiga kandi sinzabatererana kuko iteka ryose mpora nganje muri mwe mbagaragariza ibyiza by’urukundo rwanjye kandi mbagaragariza ibyiza by’Ingoma yanjye na DATA mu gushinga ifatiro zikomeye ndetse no gushinga inkingi zidasanzwe mu buzima bwanyu, kugira ngo koko murusheho kumva Ijambo ryanjye ritagatifu kandi murusheho kunogerwa n’umukiro ukomeye nagaragarije kuri buri wese, nimumpange amaso kandi mundangamire ku buryo budasanzwe kugira ngo ndusheho gukorera byose muri mwe kuko ndi urumuri rubamurikira kandi nkaba ndi ifunguro ryanyu rya buri munsi rigomba kubatunga kandi rikabatagatifuza, bityo rigaha buri muntu wese kunyurwa n’ibyiza byose mugabira, kandi akimakaza urukundo rwanjye, ukwemera ndetse n’ukwizera kugira ngo urukundo iteka ryose ruhore rugurumana mu mitima yanyu, rubageza ku cyiza kandi rubatera ishyaka ryo guhora mufite igishyika cyo gukiza ndetse no kuramira roho zitabarika mu Isi yose, kuko nabagize abagomba gutagatifuza Isi kandi koko mugasukura buri kiremwa, kugira ngo koko buri muntu wese yakire imbaraga zanjye kandi anogerwe n’uko murangaje imbere kandi mukomeza buri munsi, bityo nkamuhaza umukiro kandi nkamuhaza ibyiza by’agatangaza.

Mbifurije umunsi mwiza kuri buri wese, nimukomere ku rugamba kandi murusheho kuba maso mwakire imbaraga ntagatifu kandi mwakire ububasha butagatifu kuko mbaramburiye ibiganza kandi kaba nkomeje kubagabira amahoro mu mitima yanyu; nimukomere kandi murusheho kuba maso ku rugamba kugira ngo iteka ryose mukomeze kwizihirwa kandi mukomeze kunyurwa n’ibyiza byose nkomeza kugaragariza mu buzima bwanyu umunsi ku wundi; mbifurije umunsi mwiza nimukomere ku rugamba kandi mube maso kugira ngo dukomeze gutsinda ikibi kandi dukomeze gutsinda umwanzi aho ava akagera ndabashyigikiye kandi ndabarinze, nimugire ubuzima buzima kandi muruhukire mu rukundo rwanjye kuko ndi muri mwe rwagati, kandi nkaba nganje kuri buri wese kugira ngo nkomeze kumusendereza imbaraga kandi nkomeze kumusendereza ubutwari.

AMAHORO AMAHORO, UMUNSI MWIZA KURI BURI WESE, NDI YEZU KRISTU W’I NAZARETI, AMAHORO AMAHORO!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *