UBUTUMWA BWA YEZU KRISTU, TARIKI 08 NZERI 2023

Nje kubasendereza umugisha wanjye bana banjye kandi biremwa byanjye na DATA kuko nabahaye n’ubundi nkaba ngarutse kubongera muri aka kanya ibyiza by’agatangaza bitagira urugero kugira ngo bikomeze bibuzure kandi bikomeze bibe igisagirane muri mwebwe nimukomere rero kuko murinzwe mukaba mushyigikiwe mu biganza byanjye kandi mu mbaraga zanjye akaba ari ho iteka ryose mubonera gutuza kandi mukaba ari ho mubonera gukomera igihe cyose rero nimukomeze mukomerere mu mbaraga zanjye kandi mukomeze mukomerere mu ruhande rwanjye nkomeje kubashyigikirira ndetse no kubarindira no kubacungira umutekano uko bwije n’uko bukeye, nimukomeze mube maso kandi mukomeze mube intwari mu bikorwa byanyu no mu rugendo rwanyu rwa buri munsi kuko ndushijeho kugenda mbahereza umugisha kandi nkaba nkomeje kubashyira iruhande rwanjye kugira ngo ari ho muturiza kandi ari ho mubonera amahoro abari kumwe ntibajya bagira ubwoba kandi abari kumwe nanjye ntibajya bakangarana abari kumwe nanjye ntibajya bakangaranywa n’umwanzi kuko imigambi mibisha y’umwanzi bayihinda kandi bakayitsemba kandi bakarangwa n’ituze igihe cyose, uyu munsi rero nakomeje kuwubaheramo umugisha na n’uyu mwanya ndacyawubahereza nubuzure kandi ubasakareho, umunsi mwiza w’Umubyeyi wanjye Mutagatifu mwijihije kuri uyu munsi kandi kuri benshi bagiye bawizihiza bibuka amavuko ye meza agera ku Isi igera rye mu Isi, nimukomeze rero uwo munsi muwukomeze kandi mukomeze muwishimemo utari warangira kandi mukomeze muwizihirwemo bityo urumuri rukomeze rubuzure kandi ububasha bwanjye bukomeze bubasakareho kuko nanjye nkomeje kububamanuriramo kandi urumuri rwanjye nkaba nkomeje kurubacaniraho kugira ngo mukomeze mucane urumuri kandi mukomeze mugire imirasire y’urumuri bityo mukomeze kumurika bityo benshi bari mu mwijima babashe kubona kandi benshi barusheho kugenda bahindukirira urukundo rwanjye kuko kuri uyu munsi nafunguye kugira ngo benshi ngo mbinjize mu rukundo rwanjye kandi benshi mbatazanurire amayira kugira ngo baze bansanga kuri uyu munsi nkaba nabohoye byinshi kandi nkaba nashyize byinshi ku mugaragaro kandi nkaba nashyize byinshi ku murongo, akazi kanjye rero ndagakomeje ko kugira ngo nkomeze nkize benshi kuri uyu munsi kandi nkomeze nkize benshi muri iri joro kandi nkomeze gutazanurira amayira benshi.

Nimukomeze rero mugubwe neza mu rukundo rwanjye kandi mu rukundo rw’umubyeyi wanjye mu rukundo rw’Ijuru ryose nkomeje kubasesekazaho muri byose bana banjye kandi biremwa byanjye na DATA bwoko bwanjye nicunguriye nkaba nkomeje kubitaho no kubarengera, nkaba rero igihe cyose mbamenyera icy’ingenzi kibagirira umumaro kigatuma muba amahoro kandi kigatuma mugubwa neza muri byose, nta kizabakangaranya muri kumwe nanjye kandi nta kizabahungabanya kuko muri kumwe nanjye kandi igihe cyose muri kumwe nanjye nta nzitizi kandi nta mbogamizi zashaka kubitambika imbere yanyu, kuza n’iyo byaza nabyigizayo nkabihinda bityo mukabasha gutambuka kandi mugatambukana ishema n’isheja kuko abari mu ruhande rwanjye batajya batsindwa bibaho kuko mbaha umutsindo kandi nkabambika imbaraga ubutwari ndetse n’ububasha bakabasha kandi mugashobora, naje rero kubashoboza kandi naje kubashoborera byose ibyo mwebwe ubwanyu mubona yuko mutakwishoborera jyewe naje kubibashoborera kandi ibyo mwebwe ubwanyu mwumva ko bitashoboka naje kubikuramo ibishoboka kuko nta kijya kinanira imbaraga zanjye imbere y’amaso yanjye na DATA nta kijya kitunanira byose biradushobokera kandi byose tukabikora na nyuma ya zeru turakora kandi tugahindura byose kandi ibyari bishaje byose tukabihindura bishya tugahindura ibintu bundi bushya kandi n’abantu tukabagira bashya benshi tukabakura mu bucakara bwa Sekibi tukaboza bityo tukabambika ubumuntu bundi buzima kandi tubambura umuntu w’ubushwambagara bityo tukabambika ubumuntu bundi bushya kuko ibyo byose tubifitiye ububasha ndetse n’ubushobozi, mu gutora kwacu rero dutora tutarebye ngo kiriya na kiriya cyangwa hariya na hariya ahubwo mu gutora kwacu dufite uko dutora kandi tuba dufite uko twagennye umugambi wacu ari nayo mpamvu twabatoye tukabasesekazaho urumuri rwacu imbaraga zacu ubuhanga bwacu buhanitse kandi butavogerwa tukaba twarabagabiye umugisha wo kugira ngo mugendane natwe twifatikanya namwe amanywa na nijoro muri uru rukari tubasesekazaho ibyiza bitagira ingano by’agatangaza kugira ngo bihore iteka ryose bibashyigikiye kandi bihore iteka bibabumbatiye bityo mugubwe neza mu rukundo rwanjye na DATA kandi muhore iteka mushyigikiwe n’ububasha bwanjye butajya bukumirwa kandi butajya bwigizwayo.

Nimukomeze mubeho rero kandi mukomeze mutere imbere muri byose ndi kumwe namwe kandi nifatikanyije namwe nzakomeza kubashyigikirisha imbaraga zanjye kandi nkomeze kubareberera amanywa na nijoro kuko iteka ryose uwo narebereye ndamureberera koko bityo umugambi mubisha w’umwanzi wasa nk’aho ushaka kumusatira nkawigizayo kandi imigambi mibisha y’umwanzi nkagenda nyikoma mu nkokora uko bwije n’uko bukeye bityo abanjye nkabaha guhirwa kandi abanjye nkabaha gutsinda nabahaye umugisha ubaherekeza kandi ubagenda imbere n’inyuma ibihe n’ibihe kugira ngo aho mugeze hose imivumo ya Sekibi itazajya ibakurikirana ahubwo umugisha wanjye ujye ubaherekeza kandi ubasakareho igihe cyose bityo mukomeze kugendera mu rumuri no mu bubasha bwanjye budahangarwa kandi buhanitse cyane kandi imbaraga zanjye ari zo zihora iteka zibarengera, jye na DATA rero iteka ryose dukoresha ubutabera iyo umwanzi Sekibi ashatse kwitambika kugira ngo abe yaburizamo umugambi wacu turamuhigika tukamwigizayo bityo tukamwereka yuko ibyo akora byose ari amanjwe, niyo mpamvu rero Sekibi ahigira kuba yabasubiza inyuma kugira ngo ibikorwa byacu bye gutera imbere kugira ngo abe yasenya ubumwe bwacu twabashyizemo kandi twababumbabumbiyemo hamwe muri uru rukari bityo natwe tugahaguruka tugahagarara mu mbaraga zacu tukamupfobya kandi ibyo bikorwa bye n’iyo migambi ye mibisha tukayitentebura tukayitesha agaciro muri za mbaraga zacu duhora iteka turengeramo abacu kandi duhora iteka dutabariramo abacu kandi abacu tukabaha gutsinda guhirwa ndetse no gukomera tugakomeza kubakomeza muri byose nimuhumure bwoko bwanjye na DATA mbari bugufi kandi mbahora hafi cyane naje guturana namwe kandi narabiyegereje cyane ari yo mpamvu mbahora bugufi iyo imitego ya Sekibi ishatse kubasatira nkahita nyihigika nkayegezayo kuko umwanzi Sekibi namutsinze rugikubita kuko namuboshye kandi nkaba naramuboheye ku ngoyi n’ubwo bwose atontoma araziritse ntimugakangwe rero kandi ntimugakangaranywe kuko iyo migambi mibisha y’umwanzi n’ibyo bitero bibisha by’umwanzi mfite kubiritagura no kubirindimura amanywa na nijoro kandi umunsi ku wundi nkakomeza kwiyegereza abanjye kurengera abanjye muri byose, nimuhumurizwe kuko naje kubahumuriza nimukomere kuko naje kubakomeza nimushyigikirwe kuko naje kubashyigikira kuri uyu munsi kugira ngo mukomeze mube mu mbaraga zanjye kandi mukomeze mugendane nanjye muri byose.

Nimukomeze rero mwambarire urugamba kandi muhore iteka mufite ishyaka ryo kujya ku rugamba bityo igihe muteye umwanzi mutahukane umutsindo, nimukore iteka ryose mutikoresheje kugira ngo ibikorwa byanyu bihore iteka bitera imbere bityo kurindimura umwanzi no kumutsemba umunsi ku wundi mubigire intego no mu buzima bwanyu bwa buri munsi muhore iteka muhashya imigambi mibisha y’umwanzi kandi mukomeze kumwambura benshi yibwira y’uko akomeje kwisasira no kwiyorosa abo bose akomeje kwasama kugira ngo abamire dukomeze kwifatikanya namwe bityo mukomeze kubakiza ndetse kubarohora, isengesho ryanyu rya buri munsi muhuriza hamwe muri uru rukari rifite agaciro kandi rifite akamaro gakomeye cyane kuko nkirizamo benshi kandi nkarohoreramo benshi bana banjye nimubyumve kuko mbikoramo mu buryo buhambaye kandi mu buryo bukomeye cyane ibyo mukora ntabwo ari ubusa ahubwo ni iby’agaciro gakomeye cyane nimukomeze rero mukore isengesho ryanyu mutiganda kandi mudahagarara kuko ndibaheramo umugisha kandi nkaribasesekarizamo urumuri kugira ngo muhore iteka mukora ibikorwa bihanitse kandi bihambaye, imbaraga z’Ijuru ryose narazururukije kugira ngo zize kwifatikanya n’izanyu bityo mukore kandi muhore iteka mukora byose mu Isi bityo mubohore ibiboshye kandi mushyire byinshi ku murongo ndetse no ku mugaragaro.

Naje rero kuvugurura ibitavuguruye nifatikanyije namwe naje guhumura amaso ab’impumyi kandi naje kumvisha benshi ab’ibipfamatwi bityo benshi kugira ngo bakurizeho kuvuga kandi basingize izina ryanjye n’irya DATA abatatoboraga ngo bavuge izina ryanjye n’irya DATA bakurizeho kunkuza jye na DATA kandi bakurizeho kumenya ko ari twebwe dufite ubuhanga n’ubuhangange buhanitse kandi akaba ari twebwe twitegekera Isi ndetse n’ibiyituye, muri iki gihe rero mpamagarira buri wese guhinduka no guhindukirira nkabwira Mwene Muntu wese kumpanga amaso kugira ngo murangaze imbere kandi mushyigikire mwereke aho urumuri ruri kugira ngo imigambi mibisha y’umwanzi arusheho kugenda ayitera umugongo umunsi ku wundi.

Muri iki gihe ndi guhamagarira buri muntu wese kuza kwinjira mu rukundo rwanjye kandi mu mpuhwe zanjye kugira ngo ndusheho kumutabara kandi ndusheho kumubohora, nkomeza gutangaza kandi nkomeza gutangaza ikiri ukuri kugira ngo Mwene Muntu arusheho kugenda yisubiraho kandi arusheho kugenda asiga ikibi kandi asatira icyiza ari yo mpamvu umunsi ku wundi ntahwema kuza kuburira Isi ndetse n’abayituye kandi nkakomeza kwigisha buri kiremwa cyose gituye Isi, ndabizi Mwene Muntu yibagirwa vuba kandi Mwene Muntu akarambirwa vuba icyo navuze none yaba yacyumvishe kandi yumvishe y’uko agiye gukikurikiza mu kanya gato umwanzi Sekibi akaba yamwibye ubwenge yamwibagije hakabaho kwibagirwa, niyo mpamvu rero mwebwe nitoreye kugira ngo mbashyire iruhande rwanjye mpora iteka ryose habaho kubahwitura no kubibutsa no kubahugura akanya ku kandi kugira ngo muhore iteka mukurikiza amategeko ndetse n’amabwiriza yanjye kandi muhore iteka mubizirikana, nimuhore iteka mubinyotewe kandi muhore iteka mukereye kubyumva kugira ngo mubishyire mu bwonko bwanyu kugira ngo iteka ryose muhore mutsinda umwanzi washaka kuza kubibibagiza kandi washaka kubayobya abajyana hariya na hariya bityo iteka muzirikane urukundo rwanjye n’urwa DATA rwabakunze kandi rubareshya kandi rubahamagara amanywa na nijoro kugira ngo mukurizeho kuza munsanga njye na DATA bityo dukurizeho gukomeza kubayobora mu nzira nziza bityo iby’Isi mubitere umugongo ndetse n’ab’Isi mubatere umugongo murusheho kuza munsanga bityo nanjye ndusheho kugenda mbashyira mu rukundo rwanjye no mu mutima wanjye ubafitiye ubwuzu kandi ubafitiye igishyika cyo kugira ngo mbakize kandi mbabohore naje kubabohora kugira ngo namwe mubohore abandi naje kubakiza kugira ngo namwe mukize abandi naje kubahumura amaso kugira ngo mwitegereze mubone bityo n’abandi namwe mubona ko ari impumyi mukomeze kubahumura amaso, mukora byinshi rero bikomeye mu guhumura amaso benshi kuko igihe cyose musenga nururuka nkakira isengesho ryanyu bityo nkagenda ndikoresha ibikorwa byinshi bitandukanye mu Isi mu kubohora kandi mu gukiza Isi no gukomeza kuyicungura kuko buri kiremwa cyose kiri mu Isi ari ikiremwa cyanjye nta n’umwe njya nta rero cyangwa ngo mujugunye ahubwo iteka ryose mpora mfite impuhwe zo kubabarira buri wese zo kwakira buri wese mu rukundo rwanjye no mu mpuhwe zanjye, niyo mpamvu rero iteka ryose mpora mfite gukiza kandi mpora mfite gutabara ndetse no kurohora nkahora iteka ryose niyegereza buri muntu wese.

Nimukomere rero kandi nimukomeze urugendo turi kumwe kuko nkomeje kubashyigikira kubashyira mu burinzi bwanjye mu butabazi bwanjye mu rukundo rwanjye mu mbaraga zanjye, niyo mpamvu rero iteka ryose nkomeje kubabwira nti nimukomere kandi muhumure buri wese yambarire urugamba kandi buri wese akenyere akomeze bityo bana banjye mukomeze urugendo rwo gukomeza kurwanya imigambi mibisha y’umwanzi no guhangana n’imigambi mibisha y’umwanzi igihe cyose kugira ngo muhore iteka muyitsemba kandi muhore iteka muyitsinda, nabahaye rero guhirwa kandi nabahaye gutsinda nimuhore iteka ryose mutsinda nabahaye imbaraga nimuzambare kandi muzikoreshe bityo iteka ryose muhore mundangamiye jye na DATA bityo igihe cyose ibyiza biva mu mutima wanjye bihore iteka biza bibisakazaho kandi bihore iteka bibaha kugubwa neza mu rukundo rwanjye, nabahaye rero byose kandi nabakinguriye muri byose nimukomeze muze mwinjire mwisanzure kandi mwakire byose mushyikire kuri buri kimwe cyose mbahereza kandi mbasesekazaho umunsi ku wundi.

Mbahaye rero kugubwa neza kandi mbahaye amahoro ndetse n’umugisha mbifurije kugubwa neza kuri buri wese kandi buri wese naje kumuteza intambwe kumukatarisha kandi kubambika ubudacogora naje rero kubarinda kudandabirana kuri uyu munsi nabakomeje ku buryo bw’agahebuzo kugira ngo buri wese yiyumvemo gukomera uwadandabiranaga yiyumvemo gukomera kandi uwajegajegaga yiyumvemo gukomera naje kubakomeza mu buryo buhanitse kandi buhambaye cyane naje kuvugurura byinshi mu Isi bitavuguruye naje gushyira byose ku murongo kandi naje gukomeza amavi y’abadandabirana banshakashaka amanywa na nijoro hirya no hino mu Isi kandi naje guhumuriza no gukomeza buri kiremwa cyose kinyizera jye na DATA ari nako nakomeje gutanga umugisha kandi no kumurikira benshi bari mu mwijima ariko bakaba bashaka kunsanga kugira ngo bave mu mwijima basige inzira z’umwijima bityo baze bansanga.

Ibi rero ni ibihe byo gukomeza gukora kandi byo gukomeza gukiza no kurohora icyitwa ikiremwa muntu icyo ari cyo cyose kugira ngo nshyire byose ku murongo kandi nshyire byose ku mugaragaro, sinigeze mpinduka kuva kera na kare no mu mateka yanjye no muri kamere yanjye mpora ndi wa wundi sinjya mpinduka ibyo nakoze kera n’ubu ndabibasha kubikora kandi ibyo nakoze kuva kera n’ubu ngubu ndabikora sinjya mpinduka kandi mpora iteka nkora ntikoresheje kugira ngo nkize abana banjye kandi ibiremwa byanjye na DATA kuko icyari cyanzanye mu Isi ari ukugira ngo ncungure Mwene Muntu mubohore kandi mukize bityo mukure ku ngoyi umwanzi Sekibi yari yamuboheyeho kugeza na n’ubu ngubu rero ndacyabohora kandi ndacyarohora  n’ubwo umwanzi Sekibi ahora iteka ryose yasamye kugira ngo arebe yuko yaconcomera abana banjye kugira ngo arebe yuko yamira bunguri abanjye nanjye iteka mpora niteguye gukiza kubohora ndetse no kurohora kugira ngo niyegereze bose kandi nshyire bose mu rumuri rwanjye mu rukundo rwanjye mpumurize bose.

Kuri uyu munsi rero navuguruye nambitse benshi nabambuye imbaraga z’umwanzi mbambika imbaraga zanjye kuri uyu munsi natambagiye mu Isi yose muri rusange niyegereza benshi kandi nkomeza kubohora imitima iboshye kandi ab’imitima inangiye nkaba nagiye nyoroshya kugira ngo babashe kumva ijambo ryanjye n’irya DATA bityo bakurizeho guhindukirira, abumva ijwi ryanjye bose kuri uyu munsi kandi abaryumvise hari icyakozwe kandi hari icyo nagiye nkora ku mitima yabo kuri uyu munsi w’Umubyeyi wanjye Mutagatifu nakozeyo imirimo ndetse n’ibitangaza nakijije benshi kandi nabohoye benshi n’ubundi ndacyakomeje gukora n’ubundi kuko iteka ryose ntajya ndeka gukora no gukorera byinshi mu biremwa byanjye kandi nifatikanyije namwe bana banjye bushyo bwanjye nitoreye kugira ngo nkomeze kubagira intumwa z’amahoro mu Isi kandi nkomeze kubagira intumwa zanjye bityo mube abogeza b’ijambo ryanjye kandi mukomeze gusakaza icyiza mu Isi bityo ibyiza mbagabira kandi mbahereza umunsi ku wundi mubisesekaze mu Isi yose kandi mubitangaze uko biri n’uko bikwiye.

Mbifurije rero ijoro ryiza kuri buri wese kandi mbahaye umugisha wanjye utagabanyije nimuze murare mu rukundo rwanjye kandi muze murare mu gituza cyanjye nkomeje rero kubahereza Umubyeyi wanjye Mutagatifu kugira ngo aborose kandi abakikire kandi akomeze kubaterura no kubaheka abasegure urukundo rwe kandi aruborose bityo kuri buri wese murare aharyana, mbifurije rero ijoro ryiza mbifurije ibihe byiza kundi kuri buri wese nimugire amahoro kandi mwakire umugisha wanjye mwese ndabaruzi kandi mwese ndababona cyane kandi buri wese muri mwebwe ndi kumwe namwe mu buryo bw’agatangaza mu buryo buhebuje buri wese nambone iruhande rwe kandi buri wese niyumve ko mpagaze iruhande rwe mukingiye kandi mukikije kugira ngo mbarinde ikirura kandi mbarinde umwanzi, nimube amahoro kandi mugubwe neza kuko mbashyigikiye kandi mukaba muri mu ruhande rwanjye ntihazagire ikibakanga bana banjye kuko mbashyigikiye kandi nkaba mbashyize mu burinzi bwanjye buhanitse kandi budahangarwa butavogerwa igihe cyose.

Nimukomeze kubaho kandi mukomeze kugira ibihe byiza ijoro ryiza kuri buri wese abakuru n’abatoya mwese mbahaye umugisha wanjye utagabanyije kuko mwese mbahereza bimwe kandi mwese nkaba mbaruzi cyane, nimugire amahoro ndaganje muri mwe jye n’Umubyeyi wanjye Mutagatifu mukomeze kwizihiza uyu munsi kandi mukomeze kuwunezererwamo kandi mukomeze kwishimana n’umubyeyi wanjye, mugire ijoro ryiza ndamubaragije kugira ngo akomeze kuborosa kandi mukomeze kurarana na we nanjye turi kumwe muri byose bana banjye bushyo bwanjye bwoko bwanjye na DATA, nimugire amahoro ndabakunda, ndi Yezu Kristu w’i Nazareti, Umwami w’abami ukomeje gutsinda muri mwebwe kandi ukomeje kubatsindira ukomeje kubatera ingabo mu bitugu kandi nkaba nkomeje kubaha intwaro zo kugira ngo mutsembe ikibi kandi zo kugira ngo mukomeze murindimure icyitwa ikibi cyose mu Isi y’abazima bityo mu Isi haganze urukundo rwanjye n’amahoro yanjye bityo Mwene Muntu yinjire mu gushaka kwanjye na DATA, nkomeje kubibanyuzamo kugira ngo mukomeze mubikore kandi mubibashe munabishobore.

NIMUGIRE AMAHORO MUGIRE IJORO RYIZA NDABAKUNDA BANA BANJYE, AMAHORO AMAHORO KUGUBWA NEZA KURI BURI WESE NDABAKUNDA, AMAHORO!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *