UBUTUMWA BWA YEZU KRISTU, TARIKI 26 NZERI 2023

Mbifurije amahoro yanjye n’aya DATA kuko nganje rwagati muri mwebwe mbavomerera imbaraga kandi mbashyigikira kugira ngo mukomere kandi mukataze mu murimo wanjye kuko mbashyigikiye kandi nkaba mbabumbiye hamwe mu mutima wanjye mutagatifu kugira ngo mwakire imbaraga kandi mugire kugubwa neza kuko niteguye kurwana urugamba rwanyu inkundura kandi kuburagiza no kujujubya ibitero bibisha by’umwanzi kugira ngo imbaraga zanjye n’ububasha bwanjye bugaragare muri mwe ndi uri mu ruhande rwanyu rero kugira ngo nshyigikire ibikorwa byanjye muri mwe kandi nkomeze ncungire umutekano buri wese, erega nta kinanira mfite byose mu biganza jyewe na DATA kuko twiteguye kwirukana Nyakibi kandi kumutsembana n’utwe twose mu Isi hose kugira ngo ijambo ribe iryanjye n’irya DATA kandi abo umwanzi yanyaze kandi abo umwanzi yatwaye kure abo niteguye kubamwambura kugira ngo mugaragarize ko yatsindwe kandi mugaragarize ko jyewe na DATA dufite ijambo mu biremwa byacu, nimukomere rero mu be intwari ku rugamba kuko muhetse benshi kandi mutwaye benshi ku mutima mu buryo bw’isengesho kugira ngo mukomeze muramize bose isengesho mubigirishije urukundo rwanjye n’urwa DATA kuko niteguye gukorana namwe ibikorwa bikomeye kandi bihambaye kandi niteguye kugendana namwe urugendo rukakaye kandi rukomeye mu buryo bwo kubashyigikira kandi mu buryo bwo kuba bugufi kugira ngo igikorwa cyanjye na DATA twatangiye kandi twatangije muri mwebwe kibashe kugira ireme, erega nimuzirikane ko mpari kandi nanjye mu buzima bwanyu kandi nkomereje intambwe buri wese kandi niteguye kurwana urugamba inkundura kugera ku musozo kandi kugera ku mutsindo aho mwibwira ko nshobora kubatsindira kandi aho mwibwira ko nshobora kubagaragariza ubutabazi bwanjye jyewe na DATA tukaba twaragennye aha nyaho hari ngombwa kugira ngo ibikorwa byacu byuzuzwe kandi bishyirwe mu buryo bw’umurongo, ugutabara rero ni ukwanjye kandi ukubarinda ni ukwanjye nimukomerere kandi mu rukundo rwanjye kandi mukomeze kunyemera kuko niteguye gukora byinshi mu buzima bwanyu kandi kubagaragariza urukundo rwanjye rutajorwa kandi rudasubira inyuma, erega ndi uriho naratsinze kandi niteguye kugaragaza umutsindo wanjye mu bazanyemera kandi mu bazankomeraho mu gihe gikomeye kandi mu minsi mibi, ni igihe rero cy’iyungurura kandi cy’ishungura kugira ngo abankomeyeho mbakomeze kandi abashyigikiye ibikorwa byanjye mu bufatikane kandi mu guhekana mu rukundo kugira ngo mbagaragarizemo ikuzo ryanjye, ntimugacogore rero kunkunda kandi kunyoboka kuko mpari wese mu buzima bwanyu kugira ngo ngaragaze urukundo rwanjye kandi ngaragaze imbaraga zanjye muri mwebwe kuko niteguye gukora byinshi mu buzima bwanyu kandi niteguye kubageza mu ntera ishimishije kuri buri wese rero akaba ari intangiriro yo kwiruka kugira ngo arangize aho agomba kwiruka kugira ngo dushyikirane kandi mbashe kubashyira mu ntera ikomeye y’urugamba kugira ngo mbururukirizemo ububasha bwanjye.

Ndi kubatoza ntore ntumwa zanjye nimukomere rero mutore kandi mukomeze mube intwari ku rugamba zitananirwa kandi zitarambirwa kandi zidacika intege kuko iki gihe ari igihe cyo kubatyaza kugira ngo mumenye ukwemera icyo ari cyo kandi mumenye kuyoboka Ijuru icyo ari cyo kandi mumenye gutandukanya ikibi n’icyiza, ni igihe rero tuje kubambika imbaraga kubakomeza kugira ngo mukomere ahakomeye kandi mukomerere mu rukundo rwanjye nta kibagamburuje kandi nta kibashubije inyuma, tuje rero gushyigikira ibikorwa byacu kuko umutsindo ari uwanjye kandi ku musozo w’ibikorwa byanjye nkazahageza abemera bose bemeye kugendera mu nzira y’ubutungane, nimukotane rero kandi mukomeze kwambuka mu buryo bw’umuvuduko kuko ndi kumwe namwe kandi ndi umusare ubakomeje kugira ngo mbambutse inyanja y’ibigeragezo, buri wese rero agomba kwemera kwakira kandi guca mu bigeragezo atiganda kandi atinuba kuko uzemera guhungisha ubuzima bwe muri jye nzamutabara kandi nzamugaragariza ikuzo ryanjye n’ububasha bwanjye, ariko uzitaza urukundo rwanjye kandi akangaragariza ko aho muyoboye cyangwa se aho mwerekeje adashobora kuhaca agashaka gukiza amagara ye azayabura, ariko kandi uzemera guhara byose abigiriye urukundo ankunda nzamutabara kandi nzamugaragarizamo ikuzo ryanjye kuko iki gihe ari igihe cyo gukungahaza abanyemera kandi gushyira hejuru abari ku rugamba bemeye kunyoboka kandi rero abakomeje kugendera mu nzira y’ubutungane kandi mu nzira y’urugamba rukomeye mukarangwa no kwihangana kandi mukarangwa no gukomera ndabazi kandi ndabazirikana kuko niteguye kubazamura mu ntera kandi kubambika imbaraga ziberanye n’ibigeragezo kandi ziberanye n’urugamba mugezemo, nimukomere rero kandi mukomeze kwakira kuko ndashobora kubaha intwaro murashisha urugamba rutaraba kandi ndashobora kuba intwaro ziremereye urugamba rutari rwarema, niyo mpamvu rero nje kubazamura mu ntera mu gihe cy’urugamba rukomeye kugira ngo ngaragaze ko ndi kumwe namwe kandi nitaye ku muryango wanjye kandi nitaye ku banyemera bemeye kugendera mu nzira yo gushaka kwanjye, nimukomere kandi mukomeze mube intwari ku rugamba ntabwo nzigera mbatenguha cyangwa njya kure yanyu kuko aho umwanzi azaca akobo jyewe nzaca akanzu kandi aho azafunga imiryango jyewe nzafungura iyindi kugira ngo mukomere kandi mukomeze mube intwari ku rugamba kandi ijambo ryanjye ntirigacogore muri mwebwe kuko icyo umwanzi yifuza ni uko mwamvaho mukamwegera cyangwa mukamusanga mukagendera ku marangamutima ye cyangwa ku byifuzo bye n’ibyiyumviro ibyo simbishaka kandi sinshaka ko muyoboka ibikorwa bibi by’umwanzi, ndashaka ko munkomeraho kandi mugendera ku ijambo ryanjye ikitabakuye mu byimbo rero by’ugushaka kwanjye kandi ikitabakuye ku ijambo ryanjye ntabwo umwanzi aba atsinze ahubwo aba atsinzwe.

Nimukomere rero ndabarinze kuko icy’agaciro gakomeye kandi cy’ingenzi ngomba kukibagezaho kandi mukagihabwa mu gihe gikwiye kandi ikiri ngombwa kuko umwanzi atazigera abagiraho ijambo, ikimpihibikanya muri mwebwe ni ukubamenyera roho zanyu n’umubiri kugira ngo mbacungire umutekano bityo icyo umwanzi yifuza kuri buri wese cyangwa ashaka kuri buri wese akabura inzira, ndabarinze kandi ndabakomeje kandi ndabashyigikiye mu mbaraga zikomeye kugira ngo icyo mwatorewe kandi mwahamagariwe kigumeho kuko umwanzi yifuza kubatatanya kandi kubasenya mu bitekerezo kandi kubasenya mu mitima yanyu kugira ngo abatere ibikomere bivirirana ariko ndaje kuko mbomora kandi nkabaha imbaraga kugira ngo mubashe gukomera bityo icyo twatangije jyewe na DATA gikomeze gifate ireme ndetse kizamuke mu ntera kuko niteguye kubashyigikira kandi niteguye gukomereza buri wese intambwe, erega Sekibi iyo ashakashaka abanjye cyangwa se abakubitira agatoki kugira ngo abakure mu byimbo by’icyiza ntabura no kubashwaratura ariko kandi niteguye gukomereza intambwe ya nyayo buri wese wemera kwirekurira mu rukundo rwanjye kuko ibi bihe atari ibihe byo gukina kandi kwidegembya ahubwo ari ibihe byo gushikama kandi mugahamya ibirindiro hamwe kuko niteguye kubarwanira urugamba inkundura bityo icyo umwanzi yifuza muri mwebwe ntakigereho kandi icyo umwanzi yifuza mu buzima bwanyu ntikirweho, icy’ingenzi rero rifuza ni uko yabambura icy’agaciro gakomeye kandi yabatandukanya n’urukundo rwanjye kandi yabatatanya ariko kandi niteguye kubabumbira hamwe igihe cyose kugira ngo icyo twagennye kandi twateguye na DATA hatagira igihungabana cyangwa se hatagira ikiburizwamo, mwatumwe rero mu Isi nk’intumwa z’amahoro kugira ngo twifatikanye mu rugamba ntimugacike intege ngo ni uko umwanzi yakoze iki na kiriya ntimugacike intege kandi ntimukadandabirane kubera ibitero bibisha by’umwanzi kuko umwanzi adashobora kunsinda kandi umwanzi adashobora gutsinda ibikorwa byanjye n’ibya DATA muzanyura mu bigoye kandi mu biremereye nk’uko nanjye nanyuze mu bikomeye ariko ngatahukana umutsindo kandi nkagaragaza intsinzi yanjye ku munota wa nyuma, hari ibyo twemera bikabaho kandi hari aho twemera umwanzi akidegembya akumva ko yagize ijambo cyangwa se yagize ububasha n’uburenganzira ku bacu ariko kandi ku munota wa nyuma cyangwa se icy’ingenzi cy’agaciro dufite kuri Mwene Muntu ntitwemera umwanzi akivogera, icy’ingenzi rero ni roho kandi icy’ingenzi ni ukutagamburura ku gikorwa cyiza twabatoreye kandi twabahamagariye kugira ngo buri wese umugabane yagenewe iruhande rwanjye n’urwa DATA abashe kuwugeraho, ndabashyigikiye rero nkomereje intambwe buri wese kugira ngo mukomere mwishyire mwizane mu rukundo rwanjye n’urwa DATA kuko nkomeje kubafungurira umuryango mugari ngo abanjye mwinjire kandi muhabwe imbaraga kuko ari igihe cyo kubasesekazaho imbaraga n’umugisha wanjye kugira ngo mwishime munezererwe kandi mushyigikirwe n’ububasha bukomeye bwanjye na DATA.

Nimukomere rero mube intwari ku rugamba ntimurangare kandi ntimube ibigwari kuko mbashyigikiye kandi nkaba ndi kumwe namwe kugira ngo mbageze mu ntera ishimishije kandi mbakomereze intambwe mu rugendo mwatangiye mwishyire mwizane kandi muhore iteka mugoswe n’ububasha bwanjye n’ubwa DATA, nimukomere rero mube intwari ku rugamba ahubwo umwanzi abasabiriza kandi yifuza kubavuya no kubavuruguta mu kibi kugira ngo ububasha bwanjye bukomeze kubakolotira bityo ikibi cy’umwanzi mukigendere kure nabavuna kandi nabagora ndahari kubatabara kandi ndahari kugira ngo mbacire inzira mutambuke kandi mbagaragarizemo urukundo n’impuhwe zanjye.

Mbifurije umunsi mwiza ndabakunda cyane kandi ndabashyigikiye nkomeje kubategura kandi mbambika imbaraga kuko niteguye gukora byinshi mu buzima bwanyu jyewe na DATA kuko twabahanze kandi twabateguriye urugendo rukomeye kugira ngo mubashe gutsindira Isi yose urugamba muriho si urwanyu mwenyine kuko muri kurwanira imbaga itabarika kandi urugamba tukaba turi kumwe kandi Ijuru ryose rikaba ryarururutse mu bu buryo bwo kugira ngo dusenyagure ibibi byose byo mu Isi kuko uru rugamba rutabayeho kandi urugamba rutagaragaye ntabwo umwanzi yakumva yuko yatsinzwe kandi ibikorwa byacu ntibishobora kugaragara ngo bitandukane n’iby’umwanzi, igihe rero kiraje kandi kiregereje kugira ngo umugambi w’icyo twavuze kandi twatangaje jyewe na DATA kugira ngo dushyire ukuri ahagaragara kandi dutangaze n’ikinyoma cy’abanyabinyoma kuko abakomeje kwihisha mu byacu tuje kubagaragariza mu bikorwa byabo kugira ngo bibarange, abanjye rero nkaba mbarinda icyitwa ikibi n’igisa nacyo kandi mbarinda urwango mbarinda inabi iyo ari yo yose kuko nkomeje gucungira umutekano abanjye naraze urukundo kugira ngo rukomeze rusugire kandi rusagambe rwere imbuto bityo abo nagabiye urukundo bakomeze kurusakaza hirya no hino kugira ngo rugere no kubatarufite, nimukomere rero kandi mukomeze muhamye ibirindiro mu kwemera no mu kwizera kuko mbashyigikiye kandi nkaba mbakomereje intambwe imyiteguro mihire kuri buri wese kandi gukomera no gukataza kuko ibihe atari ibihe byo kugamburura ahubwo ari ibihe byo gukomera kandi ibihe byo gushinga imizi mu kwemera mu kwizera no mu rukundo kugira ngo imbaraga n’ububasha bwanjye bukomeze kugaragara muri mwebwe, ndabakunda cyane ntore zanjye nimugire ubuzima kandi mugire ibyishimo muri jyewe kugira ngo umugambi w’icyo twabatoreye kandi twabahamagariye ubashe kugerwaho.

Amahoro amahoro ndabakunda cyane mbifurije umunsi mwiza ndi Yezu Kristu w’i Nazareti ibihe byiza kandi umunsi mwiza wo gukomeza kwitegura kandi kwakira imbaraga kugira ngo mubashe kujya ku rugamba ibitero by’umwanzi rero ntibibatere guhinda umushyitsi kandi ntibibatere kudagadwa ahubwo mwakire imbaraga mwitegura guhangana nabyo kuko nta na kimwe gishobora kubakura mu byimbo by’icyiza cyangwa se ngo kibe cyahungabanya ukwemera kwanyu, umwanzi nahungabanya ukwemera kwanyu akabakura aho mwari muri akabahanantura icyo gihe azaba yabashoboye kandi azaba yabagizeho ububasha ariko nimukomera ku kwemera kuko ari cyo nifuza kubashyigikiramo kandi kubakomezamo muzaba muri mu rukundo rwanjye kuko aho muri hose mbari iruhande kandi mbashyigikiye mbakomereje intambwe kugira ngo mukomere ku murimo mwatorewe kandi mwahamagariwe, inzira zose mwacamo mwanyuzwamo izo ari zo zose nta na kimwe gishobora kubagamburura mu kunkunda nta na kimwe gishobora kubakura mu byimbo byo kunkunda ahubwo buri wese akomere kandi akomeze kwihingamo ukwemera gukomeye kandi guhamye kuko niteguye kubagororera kandi ingororano yanyu ikaba atari nk’iy’Isi, imikorere yacu ikaba atari nk’iy’Isi kandi ugutabara kwacu tukaba tudatabara nk’uko Isi ibyumva cyangwa ibishaka kuko gutabara kwacu kuzira igihe kandi kukagerera mu gihe kiri ngombwa kuko tudatinda kandi tutabanguka isaha yacu iyo igeze turakora kandi tukagaragaza ibikorwa byacu kugira ngo Sekibi ateshwe agaciro mu bikorwa bye kandi atsindwe mu bubi bwe no mu migambi ye yose mu buryo bwo kuyigamburuza.

AMAHORO AMAHORO NDABAKUNDA CYANE MBIFURIJE UMUNSI MWIZA KANDI NDABAKOMEJE NDABASHYIGIKIYE KUKO MBARINZE KANDI NKABA NKOMEJE GUCUNGIRA BURI WESE UMUTEKANO WA ROHO YE N’UMUBIRI, MBIFURIJE UMUNSI MWIZA NDABAKUNDA CYANE NDI YEZU KRISTU W’I NAZARETI, AMAHORO AMAHORO!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *