UBUTUMWA BWA MALAYIKA RAFAYELI, TARIKI YA 13 KANAMA 2024

Umunsi mwiza Ntore za DATA kandi Biremwa by’Uhoraho Imana, mbifurije gukomera ndetse no gukatariza mu rukundo rw’Uhoraho Imana, nanjye turi kumwe ndabakunda kandi ndabashyigikiye, ndabazirikana kandi ndabakomeje, mbambitse imbaraga zanjye kandi mbasendereje ububasha bwanjye aho buva bukagera kugira ngo koko iteka ryose muhore mubusenderejwe kandi muhore mubusenderezwa, kuko hari ibyiza byinshi mbategurira kandi nkomeje kubateganyiriza, cyane cyane muri ibi bihe bidasanzwe dukomeje kugaragariza benshi ububasha bwacu kandi ububasha bw’Uhoraho Imana, kuko twururukiye mu Biremwa byose kandi tukaba twarurukiye hirya no hino muri rusange, kugira ngo duhindure kandi tuvuguruze imigambi ya Nyakibi yose aho iva ikagera; nimwambare imbaraga rero kugira ngo tugendane ku rugamba kuri uyu munsi, kuko naje gukindikiza intwaro z’urumuri benshi kandi nkaba naje gukindikiza benshi imbaraga kugira ngo babashe gutsinda umwanzi kandi babashe gutsinda ikibi cye cyose aho kiva kikagera; ngaho rero nimwakire ububasha bwanjye kugira ngo bukomeze kubakomeza kandi bukomeze kubashyigikira muri byinshi, nanjye turi kumwe kugira ngo nkomeze kubagenda imbere kandi nkomeze kubayobora muri byose, kuko imbaraga zanjye nzisendereje muri mwe kandi ububasha bwanjye butavogerwa nkaba mbusakaje hagati yanyu, kugira ngo bukomeze kubakomeza kandi bukomeze kubashyigikira; nimugume mu rukundo rwa DATA kandi mugume mu muzabibu we iteka ryose, bityo mukomeze guhererwa ibyiza by’agatangaza mwateguriwe kuva kera na kare mu rukari rw’Uhoraho, kuko imirimo yacu ihaganje kandi ibikorwa byacu bikaba bikomeje kuhigaragariza uko bwije n’uko bukeye.

Erega hari byinshi dukomeje gutegurira mu buzima bwanyu bwa buri munsi kandi hari byinshi dukomeje gutengeneza mu buzima bwanyu kandi mu buzima bwa Kiremwa Muntu wese aho ava akagera, kuri uyu munsi rero dukomeje kugaba imbaraga kandi dukomeje kugaba ububasha bukomeye kandi dukomeje kugaba ububasha butavogerwa mu Kiremwa cyose aho kiva kikagera, kuko twaje gutiza benshi umurindi mu gukora icyiza kandi mu gukatariza inzira igana Imana, bityo rero ku bari maso bakaba bakomeje kwakira urukundo rwacu mu buryo bukomeye; nkomeje rero kubaburira kugira ngo mukomeze kuba maso kandi mukomeze guhagarara neza ku rugamba rwanyu kandi mukomeze guhagarara neza mu rugendo rwanyu, kuko hari benshi umwanzi akomeje kototera uko bwije n’uko bukeye, bityo akabavutsa icyiza bari barahawe n’uhoraho Imana kandi akabambura icyiza bari baragenewe kuva kera na kare, ariko mwebwe murahirwa kandi mwarahiriwe, kuko tuza kubategura kandi tukaza kubaburira uko bwije n’uko bukeye, kugira ngo mubone uko mwifata kandi mumenye ingendo yanyu mu Isi.

Ngaho rero nimukomeze kuba maso kandi mukomeze mukomeze gusenga kandi mukomeze kuba indahemuka mu maso ya DATA nanjye ndahari kugira ngo nkomeze kubarwanirira kandi nkomeze kubarwanaho muri byose, kuko naje kwigaragariza muri mwe kandi nkaba naraje kugaragariza umutsindo wa DATA mu buzima bwanyu, bityo nkaba mbayoboye ku rugamba rwanyu kandi nkaba mbarangaje imbere mu rugendo rwanyu rwa buri munsi; nimukomeze rero kwakira imbaraga zanjye kandi nimukomeze kwakira amahoro yanjye asendereye, kugira ngo aho hose umwanzi yajajanze mu kubuza amahoro ndetse n’amahwemo kuri uyu munsi nkaba naje kubagabira kandi nkaba naje kubasendereza amahoro yanjye y’igisagirane, kugira ngo iteka ryose ahore  yumvikana muri mwe kandi ahore yigaragariza muri mwe.

Nimugire amahoro rero Ntore za DATA kandi mukomeze kugirira umugisha muri Uhoraho Imana, kuko mwatowe kandi mugatoranywa mu mbaga nyamwinshi y’abari mu Isi, kugira ngo mukomeze guhagararira benshi mu Isi, mu kurwana urugamba kandi mu kurwanirira roho nyamwinshi aho ziva zikagera; iki gihe rero akaba ari igihe cyo gukomeza kugaragaza imbaraga muri mwe cyane mu bikorwa dukomeje gukomeza gukorana uko bwije n’uko bukeye, kuko tugendana namwe muri byinshi kandi muri byose, tugakorana imirimo ndetse n’ibitangaza, tugatsinda umwanzi kandi tukamuvuguruza burundu mu bikorwa bye byose, tukaba dukomeje kumuvugururisha ububasha bwacu bukomeye, bityo ibikorwa bye bikaba bikomeje gutsindwa kandi bikaba bikomeje gutsiratsizwa n’ububasha bukomeye bukomoka muri DATA.

Nkomeje rero kubarinda kandi nkomeje kubarengera, nkomeje kubayobora mu byiza kandi mu gukora icyiza kuri buri wese, kugira ngo koko mukomeze gukatariza mu nzira igana DATA kandi mu nzira igana urukundo rukomeye rwa DATA; nkomeje rero kubashyigikira kandi nkomeje kubaha umugisha wanjye kugira ngo ubashyigikire kandi ubakomeze, kuko mbafunguriye byinshi kuri uyu munsi kandi nkaba mbafunguriye ibyiza by’agatangaza nagabiye benshi mu Isi mu mahoro asendereye kandi mu buzima busendereye, nkomeje gutanga njye na DATA kandi nkaba nagabye byinshi muri mwe cyane cyane mu kubasendereza ubuzima nyabuzima; mbifurije rero umugisha w’Uhoraho kugira ngo ubakomeze kandi ubasendere, bityo ibikorwa byacu iteka ryose bihore byigaragariza muri mwe; nimugire ibihe byiza turi kumwe ndabakunda, ndabashyigikiye kandi ndabakomeje, turataramanye muri byose Ntore za DATA, nimwakire gutsinda kandi nimwakire umutsindo wacu kugira ngo uhore iteka wigaragariza mu buzima bwanyu bwa buri munsi.

NIMUGIRE IBIHE BYIZA TURI KUMWE NDABAKUNDA NDI MALAYIKA RAFAYELI, AMAHORO AMAHORO, NIMUGIRE IBIHE BYIZA TURI KUMWE NDABAKUNDA KANDI NDABAZIRIKANA, AMAHORO AMAHORO, BIREMWA BY’UHORAHO IMANA KANDI NSHUTI BAVANDIMWE BANJYE DUTARAMANYE KURI UYU MUNSI, AMAHORO AMAHORO.

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *