UBUTUMWA BWA MALAYIKA RAFAYELI, TARIKI YA 03 UKUBOZA 2024

Mbifurije igitondo gihire Ntore z’Imana dukunda, ndabakomeje kandi ndabashyigikiye mu bikorwa by’urugamba, turi kumwe mu njyana ikomeye y’urugamba kuri uyu munsi kandi turi kumwe mu bikorwa bidasanzwe, ndi Malayika Rafayeli ubakunda cyane; nimugire ibihe byiza turi kumwe turataramanye, kuko naje kubahumuriza kandi nkaba naje kubuzuza imbaraga ndetse n’ububasha bwa DATA kugira ngo bisendere kandi bisakare hirya no hino ku Isi; turi kumwe rero mu njyana y’urugamba kuko nkomeje kubashyigikira kandi nkaba nkomeje kubayoboresha ububasha bwanjye n’ubwa DATA kugira ngo murindwe kandi murusheho gucungirwa umutekano.

Mu bihe nk’ibi ngibi rero nimurusheho gusugira kandi nimurusheho gusagamba mu bikorwa byanjye n’ibya DATA kuko nkomeje kubarinda kandi nkaba nkomeje kubacungira umutekano, kugira ngo buri kimwe cyose mugezeho kibashe kugirira Isi umumaro kandi kibashe kugirira abayituye akamaro; ndi kumwe namwe mu buryo budasanzwe kandi nifatikanyije namwe mu bikorwa byanyu kuri uyu munsi kuko, naje kurinda kandi nkaba naje gushyigikira ibikorwa byanjye na DATA mu Isi ndetse no mu Kiremwa Muntu, kuko iteka ryose duhuriza hamwe kandi tugakorera byose hamwe, ni yo mpamvu rero muri rusange dukomeje gutambagirana Isi yose kandi tukaba dukomeje gutambagira mu buzima bw’Ikiremwa Muntu dutanga umugisha kandi dukuraho umuvumo w’umwanzi, cyane cyane ku bo yari yaragize imbata kandi ku bo yari yaragize ingaruzwamuheto ze, tukaba twaje kubakuriraho igisuzuguriro cy’umwanzi kandi tukaba twaje kuribata ndetse no gutsemba ibikorwa bye bibi kandi bibisha muri Mwene Muntu.

Nimukomeze rero kwitegura kandi nimukomeze gutega ibiganza cyane cyane mu bihe nk’ibi ngibi bikomereye Mwene Muntu, mwebwe nimwumve ko duhagaze mu ruhande rwanyu kugira ngo turangizanye byose kandi dushyirane byinshi ku murongo, kuko hari integuro idasanzwe twaje gukora kuri uyu munsi kandi tukaba twaje mu bikorwa bidasanzwe, kugira ngo Mwene Muntu wese abashe kubona agakiza ndetse n’umukiro w’Uhoraho Imana; turi kumwe rero mu njyana idasanzwe y’ibikorwa bya DATA, nimukomere Ntore z’Uhoraho Imana ndabakomeje kandi ndabashyigikiye, mbahaye urukundo rwanjye kandi mbahaye umugisha wanjye, kugira ngo ubashyigikire mu bihe nk’ibi ngibi, ubambutse kandi ubakomeze mu ntambara murwana nazo muri iyi Si; turi kumwe rero ntimugahungabane kandi ntimugacike intege ku murimo, kuko mwatowe na DATA kandi ibihe nk’ibi ngibi akaba yarabibateguriye kuva kera na kare.

Nanjye rero ndaganje ndi muri mwe kuko ndi umusare wo kubambutsa muri buri kimwe cyose, kandi nkaba ubavugira imbere ya DATA, ibihe ndetse n’imburabihe; nimwishime munezerwe rero kuko turi kumwe muri byose kandi tukaba turi kumwe mu njyana y’ibikorwa byanyu bya buri munsi, kugira ngo nkomeze kubishyitsa mu mutsindo ukomeye wa DATA kandi nkomeze kubishyigikira, nkomeze kubyubakisha Isi ndetse no kurushaho kuyivugurura kuko hari byinshi dukomeje gukorana uko bwije n’uko bukeye, tukaba dukomeje guhindurana amateka y’abatuye iyi Si kandi tukaba dukomeje kubakana Isi nshya muri rusange; nifatikanyije namwe rero nimukomere kandi nimwakire ihumure ryanjye, kuko naje kubahumuriza mu bihe nk’ibi ngibi, kugira ngo mukomere kandi muhumurizwe muri buri kimwe cyose; ndahari ndaganje rero nk’ubitaho ijoro n’amanywa, ubamenyera icy’ingenzi kandi ubacungira umutekano, nimwakire urukundo rwanjye kandi nimwakire impuhwe zanjye za kibyeyi, kugira ngo zibasenderere kandi zibasakareho mwese aho muri, bityo ineza n’amahoro byanjye bitahe mu mitima yanyu.

NIMUGIRE IBIHE BYIZA TURI KUMWE NDABAKUNDA, NDABASHYIGIKIYE NTORE Z’IMANA DUKUNDA, MBIFURIJE UMUNSI MWIZA KANDI KUGUBWA NEZA KURI BURI WESE, TURI KUMWE NDABAKUNDA NDI MALAYIKA RAFAYELI, AMAHORO, IBIHE BYIZA, TURATARAMANYE KANDI NIFATIKANYIJE NAMWE MURI BYOSE; NIMUGIRE AMAHORO KANDI NIMUGIRE UMUNSI MWIZA TURI KUMWE, AMAHORO AMAHORO.

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *