UBUTUMWA BWA MALAYIKA RAFAYELI, TARIKI YA 29 MUTARAMA 2025
Mbasakazeho imbaraga zanjye Biremwa by’Uhoraho Imana, mbakomeresheje ububasha bwanjye butavogerwa, nimutsinde kandi mutsiratsize ububasha bwa Nyakibi aho buva bukagera kuko iki gihe ari igihe cyo kuvogagira ibikorwa by’umwanzi, kandi akaba ari igihe cyo kumutatanya burundu; erega turi mu bikorwa bidasanzwe kandi turi mu njyana ikomeye y’urugamba, kuko turi kumwe na DATA mu bikorwa bidasanzwe cyane cyane muri ibi bihe twiyiziye nk’abamalayika ndetse n’abatagatifu kugira ngo dusenye kandi turibate ikibi cyose umwanzi yubatse muri Mwene Muntu; akaba rero ari igihe cyo guhuriza imbaraga hamwe, cyane cyane ku batumenye kandi ku batuzi ndetse n’abatatuzi kugira ngo dushyigikire kandi twubakane ibikorwa bishya mu Isi ndetse no mu Kiremwa Muntu,
Ngaho rero nimukomere kandi mukomeze urugendo turi kumwe mu buryo budasanzwe kandi turi kumwe mu mirimo idasanzwe, kuko naje guhimbaza buri wese muri mwe kugira ngo koko arusheho kugira ireme mu by’Imana kandi arusheho kumenya ndetse no gusobanukirwa buri kimwe cyose kijyanye n’ingoma ya DATA; erega muri mu ruhande rwe mu buryo bukomeye kandi mwifatikanyije na we mu bikorwa byanyu bya buri munsi, kuko mutari mwenyine mu rugendo kandi mukaba mutari mwenyine ku rugamba kuko duhari nk’abarwanyi kandi tukaba twiteguye kubatsindira muri buri kimwe cyose; ndi umurwanyi rero kandi ndabahagarariye muri byose, mbabareye maso kandi mbabereye mu rukari rw’Uhoraho Imana, nimugubwe neza mu rukundo rwanjye n’urwa DATA, nanjye mbafashe ikiganza kandi ndabashyigikiye kandi nkomeje kubasigasira nk’abana mpoza ku bibero byanjye kugira ngo mbahaze ibyiza by’agatangaza kandi roho zanyu ndusheho kuzubaka kandi ndusheho kuzubakamo ibyiza by’agatangaza nkomora muri DATA.
Ngaho rero buri wese natege ibiganza kugira ngo asenderezwe ingabire ndetse n’ingabirano nazabazaniye kuri uyu munsi, kuko hari imbaraga zidasanzwe naje gushyitsa muri buri wese kandi naje gusendereza Isi ndetse n’abayituye, kugira ngo koko Isi ndetse n’abayituye barusheho gutuzwa mu munezero udashira w’Ubuntu bwa DATA; ndabamurikiye rero kandi mbahaye imbaraga mu rugendo rwanyu kandi ku rugamba rwanyu, mbambitse imbaraga zitavogerwa kugira ngo koko mukomeze kuvogera ikibi cyose kandi mukomeze kukivogagira aho kiva kikagera; imbaraga zanjye nizibasenderere kandi ububasha bwanjye bubasakaremo, kuko mbubahaye kandi nkaba mbusendereje muri buri wese muri mwe; nimwakire gukomera kandi nimwakire gushyigikirwa n’urukundo rw’Uhoraho Imana, kuko mpari kugira ngo nkomeze kurubasakazaho kandi nkomeze kubasendereza ibyiza by’agatangaza nkomora muri DATA, bityo iteka ryose muhore mwumva ijwi ryacu ribatangariza ikiri icyiza kandi ribatangariza gukora ikijyanye n’ugushaka kw’Imana; erega duhorana namwe mu mburo zikomeye kandi tugahorana namwe mu kubereka injyana y’urugamba uko imeze n’uko iteye, buri munsi rero turabamurikira kandi tukabakangurira gukorera Imana nta buryarya.
Nimukomeze rero kuba maso kandi murusheho gusenga kuko ibihe bikomeye kandi bikaba bikomereye abagenzi bari hirya no hino ku Isi, cyane cyane muri abo bose batumva ijwi ryacu kandi ntibumve impuruza n’imburo za DATA uko bikwiriye, bakarangwa no kwinangira imitima kandi bakarangwa no gupfobya ndetse no gusuzura icyavuzwe kandi cyagakwiye kubagirira umumaro kandi kikababera impamba mu rugendo rwabo, ariko kandi bakarangwa no kugitesha agaciro ndetse no kugisuzura burundu; harahirwa rero abumvise Ijambo ryacu kandi harahirwa abumva Ijambo rya DATA bakariha ireme n’agaciro mu buzima bwabo bwa buri munsi, kuko ari wo mukiro kandi akaba ari ryo teme rizabambutsa igihe ruzaba rukomeye; mwebwe rero mwamenyeshejwe buri kimwe cyose, nimukomere ku ibanga kuko mwahawe buri kimwe cyose kandi umutsindo wacu ukaba uhora muri mwe kandi ukaba uhora ubigaragarizamo; ntabwo muzatsindwa rero ahubwo muzatsinda kuko mbahagarariye ku rugamba, icy’ingenzi nimukomeze kuba maso kandi mukomeze gukora igikwiriye kandi igitunganye, ibindi ndahari kugira ngo nkomeze kubarwanaho kandi nkomeze kubarwanirira muri byose, kuko naje muri mwe kugira ngo nkomeze kubuhira kandi nkomeze kubagarira buri rubuto rwose rwubakiye kuri Uhoraho Imana, kuko ikitari mu gushaka kwa DATA, icyo cyose dukomeje kugenda tugitsinsura tukirukana mu Isi ndetse no mu Kiremwa Muntu, bityo rero tukaba turi gukomeza kugenda turundarunda icyiza kandi icy’agaciro gakomeye kugira ngo koko tugishyitse aheza cyateguriwe kandi cyateguriwe na DATA kuva kera na kare; namwe rero muzigamiwe byinshi muri ibi bihe kandi mukomeje gutegurirwa byinshi, kuko mukomeje guhunika aho imungu itagera kandi mukaba mukomeje guhunika aho imungu itabasha kwangiza, ibikorwa byanyu rero bikomeje kwivugira kandi ibikorwa byanyu bikomeje kwigaragaza, kuko hari benshi bakomeje gufashirizwa mu isengesho ryanyu, bityo rero tukaba dukomeje kubakana roho nyamwinshi ziri hirya no hino aho ziva zikagera, bityo rero tukaba dukomeje gutangana urukundo rwacu ndetse n’urwanyu, kugira ngo rukomeze gufasha Isi ndetse n’abayituye, mu kuyubaka bundi bushya kandi mu guhindura bose bundi bushya.
Mbambitse imbaraga nimukomere ndabakomeje kandi mbahaye ubutwari bwanjye kugira ngo buhore iteka bugurumana mu mitima yanyu bityo buhore bubatera gukora icyiza kandi buhore bubashishikariza gukora umurimo wanjye n’uwa DATA; nimukomere Ntore zatojwe n’Ijuru ryose ndabakomeje kandi mbambitse imbaraga zanjye, urukundo rwanjye nirubabemo kandi rubasenderere aho muri hose, kuko naje kurubasendereza kandi nkaba kurubasakazaho mu buryo bukomeye; nimwakire rero kuko hari byinshi naje kubuzuriza kuri uyu munsi kandi hakaba hari byinshi nabazaniye nkomora muri DATA kugira ngo bikomeze kugirira roho zanyu umumaro kandi bikomeze gufasha Isi ndetse n’abayituye, cyane cyane ku bari maso kandi ku biteguye kwakira ibyiza by’agatangaza mbazanira uko bwije n’uko bukeye; murahirwa abari maso kandi abakomeje gusenga ubutitsa, kuko hari byinshi mukomeje kwizigamira kandi hakaba hari byinshi mukomeje kuzigamirwa mu Ngoma y’Ijuru, kuko hari ubukungu bukomeje kuzigamirwa abacu kandi abatumenye aho bava bakagera, mwebwe rero muri umwihariko kuko Ijuru ryose twabakunze kandi tukabatoza iby’urugamba, bityo rero igihe nk’iki ngiki mukaba muruhagazemo uko bikwiriye; ntimukabe ibigwari kandi ntimugacike intege, ndabakomeje kandi ndabashyigikiye, nimukomere kandi murusheho kujya mbere mu rukundo rwanjye n’urwa DATA, turi kumwe Ntore za DATA nshyigikiye kandi nkomeje mu rugendo, mbambitse imbaraga kandi mbahaye ubutwari ndetse no gukomera kuri buri wese.
NIMUGIRE IBIHE BYIZA TURI KUMWE NDABAKUNDA, NDABASHYIGIKIYE KANDI MBIFURIJE UMUGOROBA MWIZA KANDI KUGUBWA NEZA KURI BURI WESE, NDI MALAYIKA RAFAYELI UBAKUNDA CYANE, AMAHORO AMAHORO.