UBUTUMWA BWA MALAYIKA RAFAYELI, TARIKI YA 28 GICURASI 2025
Mbifurije umunsi mwiza Ntore z’Imana dukunda cyane, ndabakomeje kandi ndabashyigikiye mu bikorwa by’urugamba kuri uyu munsi, ndi kumwe namwe ndi malayika Rafayeli ubakunda cyane kandi uhora utaramanye namwe mu bikorwa bidasanzwe bya buri munsi kugira ngo koko nkomeze kubageza ku mutsindo wanjye na DATA kandi nkomeze kubagaragarizamo ibikorwa bikomeye byanjye njye na DATA, kuko dukomeje kwizihizanya injyana y’ibikorwa bidasanzwe muri mwe, cyane cyane kuri uyu munsi w’agatangaza ukomeye kandi ukomeje mu kubaka Isi bundi bushya kandi mu kuyihindurisha ububasha bwacu bukomeye, tukaba twaje rero mu mirimo ikomeye kandi tukaba twaje mu bikorwa bihambaye, kugira ngo koko turusheho kwiyegereza Mwene Muntu wazahajwe n’ikibi kandi wazahajwe n’umwanzi mu buryo bukomeye twaje gutsemba kandi twaje kuribata ikinyabubasha cyose aho kiva kikagera, kugira ngo koko umwanzi arusheho kwimwa ijambo mu buzima bw’Ikiremwa Muntu kandi muri benshi yibasiye, koko dukomeze kubabohora kandi dukomeze kubabohoza mu mbaraga zacu zikomeye dukomeje kururukiriza mu Isi ndetse no mu Kiremwa Muntu; niteguye rero kubarwanirira haba kuri roho ndetse no ku mibiri, namwe rero nimurusheho kwagukira ibikorwa by’Ijuru kugira ngo bize biturane namwe kandi biganze bitegeke mu buzima bwanyu bwa buri munsi, kuko koko twururukiye muri mwe kugira ngo dukomeze kubarwanirira urugamba kandi dukomeze kwifatikanya mu bikorwa bya buri munsi byo gukiza Isi ndetse n’abayituye, mu njyana ikomeye y’urugamba dukomeje gukorana uko bwije n’uko bukeye, tukaba dukomeje gukorana byinshi cyane cyane hirya no hino ku Isi, kugira ngo dukure ikibi, imbogamizi, icyo ari cyo cyose aho kiva kikagera kibangamiye umugambi wa DATA cyane cyane mu buzima bw’Ikiremwa Muntu; twaje guhirika rero kandi twaje guhanantura ibyishyize hejuru kandi twaje kuribatisha ububasha bwacu bukomeye ibitero by’umwanzi byose aho biva bikagera, kugira ngo koko Isi ndetse n’abayituye barusheho gusenderezwa ububasha bwacu bukomeye kandi barusheho guhabwa imbaraga zikomeye zibafasha kujya ku rugamba kandi zibafasha kwitegura iby’ibi bihe koko.
Namwe rero murakunzwe kandi murashyigikiwe kuko Ijuru ryose rikomeje kwigaragariza iteka muri mwe kandi tugahora tuza gutaramana namwe, tugahora tuza kugendana namwe kugira ngo koko turusheho gukorana imirimo ndetse n’ibitangaza, turusheho gukorana byinshi cyane mu buzima bwanyu ndetse no mu buzima bw’Ikiremwa Muntu cyose aho kiri hirya no hino ku Isi, kuko twaje kunga ubumwe hamwe namwe kandi tukaba twaraje kugendana koko mu bikorwa bya buri munsi kandi tukaba twaraje kugendana mu mirimo idasanzwe ya buri munsi, kugira ngo koko dutsembe kandi duhirike ibikorwa by’umwanzi byose aho biva bikagera; nimwambarire urugamba rero kuko naje kubambika kandi nkaba naje kubashyigikira muri buri kimwe cyose, kugira ngo koko murusheho kwakira imbaraga kandi murusheho guhabwa imbaraga nyambaraga mwateguriwe cyane cyane kuri uyu munsi kuko twururukije ububasha bukomeye mu mibiri yanyu, kugira ngo murusheho gutagatifuza Isi kandi namwe ubwanyu burusheho kubatagatifuza, mu kububaka kandi mu kububakira amateka akomeye kuko koko twaje muri mwe kugira ngo duhindure byose kandi dushyire ku murongo ibitari ku murongo ari nako dukomeza gushyira buri kimwe cyose mu mwanya wacyo, kugira ngo koko turusheho gutamurura bityo urumuri rwa DATA ruture kandi ruganze mu buzima bwanyu bwa buri munsi.
Nimukomere rero kandi nimwakire imbaraga mbaha kandi mbagabira, kuko koko naje kuzibaronsa cyane cyane kuri uyu munsi kandi nkaba naje kubavugurura kuri roho ndetse no ku mibiri, kugira ngo iteka ryose muhore mwambaye imbaraga za roho mutagatifu, bityo zibatsindire muri byose kandi zibafashe kugera ku mutsindo wa buri kimwe cyose; nimugire amahoro ndabakunda, ndabakomeje mbifurije kugubwa neza ngira nti “Amahoro y’Imana nasendere imitima yanyu kandi ibyishimo bihire kandi bitagatifu bidukomokaho, nibihore iteka byigaragariza muri mwe kuko tuganje mu buzima bwanyu, kugira ngo koko turusheho kubaturamo ndetse no kubatuza aheza mu Ijuru kwa DATA, kuko hari byinshi dukomorayo bityo namwe tukaza kubibasabanisha mu buryo bukomeye, kugira ngo koko mwizihirwe kandi muberwe kuko koko Ingoma ya DATA yururukiye muri mwe kugira ngo yigaragaze kandi ikorane namwe imirimo ndetse n’ibitangaza”.
MURAKUNZWE RERO KANDI MURASHYIGIKIWE, NGAHO NIMUKOMERE KU RUGAMBA TURI KUMWE, NDABARWANIRIRA AMANYWA N’IJORO KANDI MBAFASHE IKIGANZA, NDABASHYIGIKIYE MURI BYOSE, NIMUKOMERE KANDI MUKOMEZE URUGENDO NDI KUMWE NAMWE NDI MALAYIKA RAFAYELI UBAKUNDA CYANE, AMAHORO AMAHORO.