UBUTUMWA BW’IMANA DATA, TARIKI 30 NZERI 2023

Ibihe byiza ntore zanjye kandi biremwa byanjye kuko ndi muri mwe kandi nkaba nkomeje gushyira byose ku murongo kugira ngo muntunganire kandi ntunganye byose muri mwebwe nshyire ku murongo ibigomba kujya ku murongo mbategure kandi mbateguze mbavomerere kandi mbuhire igikwiye kandi cy’ingenzi kugira ngo buri wese agendere mu rumuri rwanjye kandi mu mbaraga zanjye kuko iki gihe ari igihe cyo gukora twihuse kugira ngo tugere ku mugambi ku ntego nyamukuru y’icyanzanye kugira ngo nkore neruye nshyire ku mugaragaro buri wese ambone kandi buri wese abone ibikorwa byanjye kuko abakomeje kugenda mu mayira abiri ari igihe cyo kugira ngo mbereke ko buri wese agomba guhitamo kandi buri wese agomba kugana inzira imwe yo kunyoboka kandi yo kugendera mu gushaka kwanjye kuko ntawe ukikomeyeho cyangwa ukifiteho ububasha n’uburenganzira mu Isi hose kuko nje kubibamenyesha kandi nje kubibagaragariza kugira ngo buri wese amenye ko ndi Uhoraho Imana Umugenga w’ibiriho byose wahanze Ijuru n’Isi nabateguriyemo integuro yanjye ikomeye kandi ikakaye nuzuza umugambi wanjye mu buryo bwa bucece kandi nkorana namwe ibikorwa byinshi mu buryo bwa bucece none rero igihe kiraje kugira ngo nerure nshyire ku mugaragaro kandi ntwikurure byose bijye ahabona buri kiremwa cyose kiri mu Isi kigaragare uko kigomba kugaragara, ngaho rero nimunkomereho kandi mukomeze mube intwari ku rugamba kuko mbashyigikiye kandi nkaba ndi kumwe namwe nkaba ndi kugenda ndinganiza amayira yanyu kuko ari jye ubacira inzira mugatambuka kandi nkabaharurira amayira kugira ngo mugenderemo muberewe no kunshimisha kandi muberewe no kugendera mu gushaka kwanjye, narabatoye kandi ni jye wabahanze wabaremye mbashyiraho kugira ngo mukomere kandi mukomeze umugambi n’amasezerano y’icyiza nshakira Isi n’abayituye kugira ngo buri wese amenye, amenye aho ava n’aho ajya kuko uguhuzagurika kwa Mwene Muntu mu rusobe rw’ibitekerezo rw’ibikorwa bibi kandi mu rusobe rw’amagambo mabi y’urudaca, mu rusobe rw’imyumvire idahwitse kandi itampaye ikuzo n’icyubahiro, ibyo byose nje gusenya kandi nje kuribata kugira ngo buri wese amenye kandi ansobanukirwe kuko nahaye Mwene Muntu igihe gihagije kandi kirekire cyo kwicuza no kwisuzuma ariko benshi bakumva yuko kubaho mu cyaha cyangwa kubaho mu bibi bigenga kandi biyobora mu ngeso izi na ziriya bumva ko ari uburenganzira, erega Shitani akomeje gukabya kandi akomeje kwibasira imbaga yanjye kandi ibiremwa byanjye, none rero nje kumwambura abo yafashe bugwate kandi yagize imbata ze kugira ngo mwereke yuko nta bubasha afite ku biremwa nahanze kandi Kiremwa Muntu na we amenye ko nta burenganzira afite bwo kugendera mu kwaha kw’umwanzi cyangwa se mu kibi kuko igihe cyo kubatangariza ukuri mu buryo bufatika kandi bw’umugaragaro cyegereje.

Twaravuze kandi turigisha nohereza intumwa abamalayika n’abatagatifu basabagiye mu Isi hose mu mbaraga zikomeye kuko bose bamaze kujya mu myanya abagomba kujya ku rugamba kandi n’Ikiremwa Muntu uhagaze mu mubiri namugabiye kandi namuhaye, abo nateguye narabateguye kandi abo nateguje narabateguje abumvise barumvise bityo abanangiye imitima nibarindire gato barebe kuko igikorwa cyanjye kandi imbaraga zanjye zigiye kururukira imbaga nyamwinshi y’abatuye Isi bityo abakomeje kunshingana ijosi kandi kungaragariza ko ntacyo biteguye gukurikiza cyanjye mbereke ko mfite ububasha bwo gukura mu byimbo ibyo biziritseho cyangwa se kubakura mu byimbo by’ibibi barimo, ndahari ndaganje ndi Uhoraho Imana nganje mu Isi no mu Ijuru kuko ububasha bwose ari ubwanjye kandi imbaraga zose ari izanjye kuko nje kuzikoresha mu buryo bufatika kandi mu buryo bugaragara ntawe nzitira nta n’uwo nzisaba kuko ububasha bwo kurimbura no gusenya ikibi mu Isi mu bantu ibyo byose mbifite mu biganza mu ijambo ryanjye rimwe kugira ngo ntunganye ibidatunganye kandi ni mu ijambo ryanjye rimwe kugira ngo ngaragaze intore n’intumwa natoye abo nasize amavuta kandi abo natagatifuje kugira ngo baberwe no kuba umuyoboro w’ibyiza byanjye kandi baberwe no gukora ugushaka kwanjye kugira ngo babe intore zinyizihiye kandi zikore ugushaka kwanjye mu buryo bufatika, nkomeje rero kubashyigikira kandi nkomeje kubaha imbaraga ngira nti mukenyere kandi mwambarire urugamba mwitegure kuko burya nta musirikare ushobora kujya ku rugamba atabyiteguye ashobora kurugwaho, sinshaka rero abatinda mu mayira cyangwa mu makoni mumenye icyo mwateguriwe kandi mwategujwe kuko igihe cyabyo cyegereje mwitegure kandi mutege amatwi, ntimumbanyikanye n’Isi cyangwa iby’Isi, ntimumbanyikanye n’abantu kuko jyewe ndi Uhoraho Imana mfite ijambo rya nyuma kuri buri kiremwa cyose, munyizere kandi munyiringire kuko nje kuzuza umugambi w’icyo nagennye kandi nateguye kuko ukubaho kwanyu kutatunguranye imbere yanjye kandi kubaha imbaraga n’ubutore ntibyatunguranye imbere yanjye mfite icyo nabahangiye kandi buri kiremwa cyose kiri mu Isi mfite uko nagihanze mfite n’umugambi mutegurira wo kubaho mu buzima bwiza mu Isi bityo umwanzi arabavuya kandi arabavuyanga, igihe ni iki rero kugira ngo mpagarike ibibi bye byose kandi mpagarike ibibi byose biri kugenda byototera Mwene Muntu, dore imbaga itabarika yoramiye mu ngeso mbi mu byaha bitandukanye ku buryo Sekibi afite ingabo zikora ku mugaragaro nta soni nta no gutinya.

Nje kumwaramwaza rero abo bose biyahuye kandi biyahuye mu kibi babizi neza kandi babishaka kugira ngo ntsembe kandi nkure mumayira abakomeje agakabyo k’ikibi kandi abakomeje kohoka ku ngeso mbi kuko navuze kandi nkarangurura kandi ngatuma intumwa n’abahanuzi kugira ngo baburire Kiremwa Muntu mu Isi kandi baburire Isi ntibahwemye kuvuga imyaka ibihumbi n’ibihumbi irashize tuvuga kandi twigisha benshi bumva ariko bakavunira ibiti mu matwi bamwe bagatambuka hakavuka abandi ariko bose bakagenda bonka umuco mubi wo kutumvira Ijuru, ibyo rero birarambiranye imbere yanjye niyo mpamvu nje kwitegekera kandi kwiyoborera kugira ngo nkureho agasuzuguro ka Mwene Muntu kandi nkuremo imyumvire ya Mwene Muntu n’umutima unangiye kugira ngo abanangizi b’imitima mbakure mu mayira bityo abakinguye umutima, abankinguriye umutima nsabane nabo kandi mbagaragarize ko ndi Uhoraho Imana wabaremye kandi wabahanze, abumva rero ko nta gaciro mfite mu buzima bwabo kuko ijambo ryanjye barisuzuguye bumva ko bihagije ngiye kubagaragariza ko ubwenge bafite ubuzima bafite ari jye ubugaba kuko guhindura umuntu ukundi mu buryo bukomeye kandi nkahagarika umwuka ntiyongere guhumeka, nta washobora gutera intambwe nta n’uwashobora kugira icyo arenzaho mu byo yakoraga kuko ndi Uhoraho Imana byose rero kubikora kandi kurangiza impaka n’impagarara z’umwanzi mu bantu, ibyo byose bikaba ari ububasha n’uburenzira bwanjye kuko imbaraga nzifite, abo natoye kandi natoranyije nimukomere kandi mukindikize intwaro z’urumuri kuko nabahaye byose kandi nabagabiye byose kugira ngo dukorane imirimo ikakaye kandi ikomeye, ni igihe rero cyo kuba mu mwanya wanyu kandi gukora icyo nabatoreye nabahamagariye kuko ndi muri mwe mbashyigikiye mu mbaraga zikomeye kugira ngo numvikanishe uwo ndi we kandi ngaragarize Isi yose ugutsindwa kwayo mu byo yubatsemo kandi mu byahindanyije by’umwanzi byose kugira ngo mbikure mu mayira hasigare icyimpesheje ikuzo n’icyubahiro kandi Kiremwa Muntu wemera kuncira bugufi kumpa ikuzo n’icyubahiro nawe mugaragarize urukundo rwanjye, ab’ibyigomeke mbatsembe kandi mbarangize kuko nje gukora umukwabu mu biremwa byose mu Isi kuko benshi bumva ko ndi umunyampuhwe ariko kandi ngira impuhwe kandi ndanarakara niyo mpamvu rero nje gukubura umwanda kandi naburiye Isi yose kugira ngo abitegura bitegure bahunge uburakari bwanjye, ngiye kubirindura rero uburakari bwanjye ku Isi hose kugira ngo buri wese abunywe kandi abucurure buri wese wanze kwakira icyiza muhaye noneho yakire inkongoro y’uburakari bwanjye ayisome kandi ayicurure kuko igihe cyo kubabembekereza kandi kubinginga no kubigisha kitagihari, igihe kije kandi cyegereje kugira ngo ububasha bwanjye bugaragare mu Isi hose muri rusange, biremwa se muzampungira he kandi abo nabwiye ntibumve kandi ntibakire imburo zanjye muzampungira he? Nje kugaragaza abo natoye kandi abo nashyizeho ikimenyetso ko ari abatavumika ari abanyamugisha, mbafashe ikiganza nimunyemerere rero tugende kugira ngo kuko mwemeye guca bugufi mukampa ikuzo n’icyubahiro kugira ngo nanjye mbakubire karijana, mbereke yuko ndahemuka kandi mbereke yuko ndi Imana isohoza amasezerano, ndiyiziye rero kugira ngo ngaragaze uwo ndi we muritegure namwe hatagira abagenda mu myanda cyangwa se hatagira abarangara umwanzi akabibetana kuko ndi gufata abanjye mu buryo bwo kubatagatifuza bityo Sekibi nawe agakomeza kunyanyagiza mu be ubumara bwe kugira ngo ikibi bakorana na we kijye ahagaragara kandi ahabona bityo abasara basare kandi abakora ikibi bagikore beruye nta rutangira kuko tuje kuvuyanga kandi nje gutwika no gukongora ibibi byose by’umwanzi kugira ngo ntange integuro n’integuza mu buryo budasanzwe ngaragaza uwo ndi we mu Isi kugira ngo abihishiranye ikibi kandi abagisutamye hejuru kibagarukire kandi kibagaragaze aho bari, ndambiwe rero gukorana n’indyarya kandi ndambiwe kugendana n’abiyitiriye izina ryanjye ariko kandi bahagaze badahagaze kuko umpa ikuzo kandi umpa icyubahiro bivuye ku mutima nanjye nje kumuha icyubahiro kandi nje kumuha ikuzo ryanjye, nimunyemerere rero mwebwe ntore ntumwa zanjye nshyigikiye kandi mbereye Imana nkomeze kubambika ubutagatifu kandi mbasendereze imbaraga zibageza ku butungane kuko niteguye kubakorera ibirori kandi niteguye kugendana namwe mu bikomeye kugira ngo ngaragaze ububasha bwanjye muri mwebwe kuko ntaho ntazabanyuza kugira ngo ngaragaze ko ndi kumwe namwe, uko nayoboye umuryango wanjye mutagatifu Isirayeli namwe ni ko mbayoboye kandi niteguye kugaragaza intsinzi yanjye kuko ntazemera munangira umutima cyangwa se mujya kure yanjye kuko umugambi nyamukuru kandi intego nyamukuru ari ukugaragaza ibigwi byanjye n’ibikorwa byanjye muri mwebwe kugira ngo Isi yose nyiyoborere mpereye muri mwebwe niyo mpamvu nje gukora amateka akomeye muri mwebwe kugira ngo Isi yose ibabonereho icyitegererezo ibigireho kandi ibafatireho ubushishozi kandi ibafatireho inyigisho ikomeye kugira ngo ibikorwa byanjye bitangaze benshi mu Isi bose baze babagana kandi bazirikana ko nabatoye kandi nabahamagaye.

Mbashyize hejuru rero kandi mbacungiye umutekano mundindire kandi mundindire mutarambiwe bityo buri wese usobanukiwe icyo namuhaye kandi namubwirije gukora agikore hakiri kare kuko niteguye kugendera mu mbaraga no mu muvuduko, hahirwa rero abari maso badasinziriye kuko niteguye gukorana namwe ibikorwa bikomeye, mbifurije umunsi mwiza ndabakunda kandi ndabashyigikiye, mbashingiye ihema ryanjye kandi nubatse ihema ryanjye muri mwe kugira ngo mube umuryango muhire umuryango mutagatifu nitoreye nahaye umugisha kugira ngo mukomere kandi mushyigikire Isi yose muri rusange kuko mutibereyeho mwebwe ubwanyu cyangwa mutabereyeho igihugu kimwe ahubwo mubereyeho Isi yose muri rusange kugira ngo bose babone ubwugamo n’iruhuko mu mitima yanyu kandi iruhande rwanyu kuko ngiye kubasendereza umugisha wanjye kandi ngiye kubasendereza amahoro yanjye kugira ngo abaturemo bityo muyasakaze mu Isi hose maze icyo Isi yasonzeye kandi yabuze mube abagisakaza, ndaje rero kugira ngo mbayoboreremo ibikorwa byanjye bivuye mu makuba akomeye kandi mu kaga gakomeye kugira ngo uwatsinze kandi uzagaragara nk’umutsinzi imbere yanjye mugaragarizemo ibimenyetso n’ibitangaza kuko nje kumara impaka mu bantu mbinyujije mu bikorwa kandi mu bimenyetso n’ibitangaza ngiye kugaragaza mu Isi yose kandi muri mwebwe kugira ngo buri wese akurizeho kumenya ko ndi Uhoraho Imana yanyu.

Mbifurije umunsi mwiza nimugire kugubwa neza imyiteguro mihire kuri buri wese mundindire mutarambiwe kandi mudasubije amaso inyuma kuko icyo navuze nzagikora kandi nzagisohoza, mube maso rero kandi mube mwanya wanyu mukore icyo mugomba gukora mu mwanya wacyo, amahoro amahoro ndabakunda cyane ndi kubategurira kandi ndi gusiza kugira ngo amayira aboneke byose bigende neza kandi bitungane, nimukomere rero mube intwari ku rugamba turi kumwe mbashyigikiye mu mbaraga zanjye kandi mu bubasha bwanjye butajorwa kandi butavogerwa kuko urumuri rwanjye ndubarasirijeho kandi ndubatwikirijeho kugira ngo mube abarusakaza kugera ku mpera z’Isi, nimwirukane umwijima mu Isi no mu bantu kuko nje gukora muri mwebwe kandi nje kugaragaza ibikorwa byanjye mu buryo budasanzwe, nimutege amatwi mwumve kandi murebe mubone kuko niteguye kugendana namwe intambwe ku ntambwe mbayoboye intambwe ku ntambwe umunota ku munota isaha ku isaha kugira ngo hatagira n’umwe utana agatandukira mu byiyumviro.

MBIFURIJE UMUNSI MWIZA NDI UHORAHO IMANA YANYU IMANA YA ABURAHAMU YA IZAKI NA YAKOBO, AMAHORO AMAHORO!

By MONAKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *