UBUTUMWA BWA MALAYIKA RAFAYELI, TARIKI YA 12 GICURASI 2024
Mbifurije umunsi mwiza ntore z’Uhoraho kandi biremwa by’Uhoraho Imana, mbifurije kugubwa neza ndetse no gusenderezwa imbaraga zikomeye, zirusheho kubaha gukataza kandi zikomeze kubambika imbaraga z’ububasha kuri uyu munsi, turabakomeje mu bubasha bukomeye bw’Izina ritagatifu rya DATA kugira ngo rikomeze kubaha gutuza muri mwe kandi rikomeze kubahaza imbaraga z’agatangaza zibashyigikira kandi zibakomeza, bityo mukomeze kuzirikana urukundo rutagatifu DATA yagaragaje muri mwe kandi imbaraga zikomeye akomeza gusendereza muri mwe; mbakomeresheje imbaraga ze zikomeye kandi nkomeje kubashyigikira mu rugendo rwanyu rwa buri munsi kugira ngo dustinde ikibi cyose, dukure ikibi cyose mu nzira kandi koko turusheho gusukura inzira zanyu ku buryo bukomeye kandi ku buryo budasanzwe, kuko ari igihe cyo kurandura byose kandi koko ari igihe cyo gukunkumura ikibi cyose kigakurwa mu nzira kugira ngo urukundo rwa DATA rukomeze rube muri mwe kandi rukomeze rwisanzurire mu buzima bwanyu, bityo murusheho guhabwa ibyiza byose DATA akomeza kubagenera kandi akomeza kubagabira; ndabakomeje muri byose nimwakire gukomera kandi koko mwakire iteka ryose guhora muzirikana umukiro ukomeye w’uhoraho Imana kugira ngo imbaraga ze zikomeze kubatunganya kandi zikomeze kubatagatifuza, zibahaze ibyiza by’agatangaza kandi zibahaze ibyiza bikomeye kugira ngo umunsi ku wundi mukomeze guharanira ibyiza bitagatifu kandi mukomeze guharanira inzira y’umukiro, bityo mwakire ibyiza bidasanzwe kandi mukomeze kunogerwa n’umukiro ukomeye DATA akomeza kubuganiza muri mwe kandi arushaho gusendereza mu buzima bwanyu.
Mbifurije umunsi mwiza kandi mbifurije ibihe byiza, nimukataze mu cyiza kandi mukomeze kwambara imbaraga z’ubutwari zibaha gukomera kandi zikabaha iteka ryose koko kurangamira Uhoraho Imana ndetse no kumutega amatwi igihe cyose, mwakira ibyiza byose akomeza kubagezaho kandi akomeza kubasendereza; nimuhore mukereye kunezezwa n’urukundo rwe kandi muhore muzirikana umukiro mutagatifu akomeza kubaha uko bwije n’uko bukeye, mbarangaje imbere kuko mbatagatifuza buri saha ku munsi kandi nkabagabira ibyiza by’Ijuru kugira ngo muhore mukeye, kandi muhore mumurikiwe n’ububasha butagatifu bwa DATA burusheho kubamurikira kandi bukabasendereza umukiro, bityo ububasha butagatifu bw’Ijambo ry’Uhoraho Imana bugahora iteka buganje muri mwe, nimwakire imbaraga koko zibaha kuzirikana iteka ryose umukiro mutagatifu wa DATA, kuko ijambo rye koko yaribuganije muri mwe kandi akabaha kumutega amatwi kumwumva ndetse no kumwakira iteka ryose, agakorera byose muri mwe kandi akabasenderezamo ubutwari bwo kugira ngo muhore mumuhanze amaso kandi muhore mwakira ibyiza by’ibikorwa bye ku buryo budasanzwe.
Nimukomere ku rugamba kuko nkomeje kubakomeza kandi nkomeje kubashyigikira kugira ngo mukomeze koko gutega amatwi igihe cyose kandi mukomeze kuzirikana intambwe Uhoraho Imana akomeza kugenda abateza kuko iteka ryose ahora abafashe ikiganza kandi ahora abashyigikiye kugira ngo imirimo ye ikomeze kwigaragaza mu buzima bwanyu kandi mukomeze kumwakirana ishyaka ndetse n’umwete mu byo mukora byose, abe ari we uba byose mu buzima bwanyu kandi abe ari we ubarangaza imbere muri iki gihe; ndabakomeje kandi ndabashyigikiye kugira ngo nkomeze kubakumirira ikibi cyose kandi nkomeze gusigasira ubuzima bwanyu, bityo mbagabire imbaraga kandi mbagabire ubutwari, mbahe gukomera kandi mbahe iteka ryose kuzirikana ububasha butagatifu bwa DATA, kugira ngo uburyo yabibuganije muri mwe kandi ibikorwa bye byose bitagatifu kugira ngo agumye abituze mu buzima bwanyu, bikabanyura kandi koko namwe mugakora igitunganye cyane cyane muharanira kumushimisha ndetse no kumuhesha ikuzo, mugakomera mu byiza byose akomeza kubagezaho kandi akomeza kubatagatifurisha, bityo igihe cyose koko mugahora munejejwe n’urukundo rukomeye kandi mugahora munejejwe n’imbaraga z’agatangaza; ndabakomeje mu bubasha bukomeye bw’Uhoraho Imana kandi nkomeje kubategera ibiganza kugira ngo munogerwe n’umukiro mutagatifu kandi munogerwe n’ububasha bukomeye Uhoraho Imana yagaragaje muri mwe, yabasendereje umukiro kandi abahaza ibyiza bityo iteka ryose urukundo rwe ruba muri mwe kandi koko munezerezwa no kumwakira iteka ryose mu buzima bwanyu, kugira ngo muhore muteze ibiganza kandi koko muhore mwakira ibyiza by’ububasha bwe bukomeye akomeza kubuganiza muri mwe igihe cyose.
Mbifurije rero kwakira ibyiza byose akomeza kubagenera kandi mbifurije guhora muteze ibiganza, kuko yabatsindiye ikibi cyose kandi ubuzima bwanyu koko akabushinganisha mu mahoro ndetse n’ibyishimo, iteka koko mugahora muganje mu biganza bye bitagatifu kandi mugahora muganje mu mukiro we, icyo abagenera akaba ari igitagatifu kandi akaba ari ikizima koko niyp mpamvu nta kigomba kuza muri mwe kigomba gupfushwa ubusa ahubwo iteka ryose urukundo rwe rugomba guhora ruganje muri mwe, kuko ibikorwa bye byose yabitangije mu buzima bwanyu kandi yatangije imirimo ikomeye kandi idasanzwe rwagati muri mwe kugira ngo akomeze kugaragaza imbaraga ze, kandi akomeze kugaragaza ubutwari butagatifu bw’Ijambo rye rikomeye kandi ridasanzwe yatangije mu buzima bwanyu.
Nimukomere ku rugamba kuko mutari mwenyine kuko Uhoraho Imana akomeje kubaha gukataza kandi akomeje kubaha kuzirikana iteka ryose ibikorwa bye bitagatifu kandi mukakira imbaraga zidasanzwe akomeza kugenda abagabira kuko yaje kubatsindira ikibi cyose; nimube rero intwari ku rugamba kandi mube maso kuko turi mu gihe cyo gutsinda ikibi cyose kandi iki gihe akaba ari igihe kitari icyo gukiniramo kandi kitari igihe gisanzwe cyane cyane muri benshi bakomeje gukerensa urukundo rutagatifu rwa DATA kandi benshi bakomeje gushyira kure ndetse no kugendera ku ruhande imirimo mitagatifu y’Uhoraho Imana bityo ibyo yateganyije kandi yateguriye buri muntu wese abashe kubishyikirizwa kandi bibashe kumugera mu biganza muri iki gihe.
Nimukomeze rero kurangazwa imbere n’imbaraga zacu zibaha gukomera kandi zikabaha gushyigikirwa kuko kuri uyu munsi nkomeje kubaha gukataza kandi nkomeje kubaha kurangazwa imbere n’ububasha bw’Ijuru ndi Malayika Rafayeli, ndanganje muri mwe iteka ryose kandi ndaganje kuri buri wese, kugira ngo mbahaze umukiro mutagatifu kandi mbasendereze imbaraga z’ubutwari, bityo iteka ryose muhore muzirikana inzira y’umukiro mutagatifu DATA yabamenyesheje kandi imbaraga ze zikomeze gutura muri mwe igihe cyose.
Mbifurije umunsi mwiza kandi mbifurije ibihe byiza kuri buri wese, nimwakire imbaraga no gukomera kandi mwakire iteka ryose guhora muhanze amaso imirimo mitagatifu y’Uhoraho kugira ngo ikomeze kubamurikira kandi ikomeze kubatagatifuza, bityo mugere ku byiza byose kandi mukomeze guhazwa imbaraga z’agatangaza, kugira ngo urukundo rwe rukomeze kuba muri mwe kandi Ijambo rye ritagatifu rikomeze kubayobora, kuko naje kubayobora mu nzira itunganye kandi nkaza kubayobora mu nzira yo kugira ngo mutagatifuzwe, musukurwe, mwambikwe imbaraga kandi musenderezwe ububasha, iteka ryose koko muheshe DATA ikuzo mu buzima bwanyu kandi mwakire Ijambo rye rikomeza kubayobora kandi rikabaha koko kuzirikana igitunganye ndetse n’ikigomba kumuhesha ikuzo igihe cyose.
Nshuti zanjye kandi biremwa by’Uhoraho Imana nshyigikiye kandi ndangaje imbere, nimukomere ku rugamba kuko dukomeza kugenda dufunga iminwa ya benshi muri iki gihe kandi dukomeza kugenda tuvangura byose, cyane cyane kuri benshi bakomeza gutesha agaciro ibikorwa bitagatifu by’Uhoraho muri iki gihe kandi buri muntu wese watandukiriye mu rukundo rwa DATA agomba kugaruka mu nzira kandi akagarurwa ku buryo bukomeye kandi ku buryo budasanzwe, bityo urumuri rwa DATA rugakomeza gucanira bose kandi rugakomeza kugaragara muri bose; nimugire ubuzima buzima kandi musenderezwe urukundo kuko ari rwo ruzabafasha gutsinda byose, rukabaneshereza kandi koko rukabakurira ikibi cyose mu nzira, bityo umukiro wa DATA ugataha muri mwe kandi ububasha bwe butagatifu bukarushaho kwigaragaza mu buzima bwanyu kandi bukarushaho kubasendera, bityo imbaraga ze n’ubutwari bigahora iteka bibacanira kandi bigahora iteka biganje mu buzima bwanyu iteka ryose.
Nimwakire ukwemera guhamye kandi iteka koko kubaha kuzirikana Ijambo ritagatifu ry’Uhoraho, kugira ngo mukomere kandi koko mukomeze kunezerezwa n’umukiro w’Uhoraho kandi icyo DATA akomeza gutegura muri mwe cyose kibashe kubagirira akamaro kandi kibashe kubasendera; nimushire inyota kandi koko numushire umwuma imbere y’Uhoraho Imana, nimushire inzara kugira ngo ibyiza bye byose bitagatifu bihore koko biganje mu buzima bwanyu, kandi iteka ryose muhore mukatarije icyiza muzirikana urukundo rwe, kandi muzirikana ineza yagaragaje muri mwe iteka ryose.
Mbifurije umunsi mwiza kandi ibihe byiza kuri buri wese, nimukomere ku rugamba kandi koko murusheho gusenderezwa ububasha butagatifu, bubakomeza kandi bukomeza kubaha gususuruka ndetse no kuvugururwa muri byose kugira ngo imbaraga ze zihore ziganje muri mwe, nimukatarize icyiza kandi intambwe yanyu koko ihore imurikira roho zose, bityo mukomeze kurangazwa imbere n’ububasha butagatifu bwa DATA kugira ngo bukomeze kubakomeza kandi bukomeze kubasendera kuri uyu munsi; mbifurije umunsi mwiza kandi mbifurije ibihe byiza ndi kumwe namwe kandi mbarangaje imbere ku buryo bukomeye kandi ku buryo budasanzwe, kugira ngo imirimo ya DATA ikomeze gukorerwa muri mwe kandi ikomeze kubasendera, bityo muhabwe ububasha butagatifu kandi musenderezwe imbaraga z’agatangaza zibatagatifuza kandi zikabakomeza kuri uyu munsi.
UMUNSI MWIZA KURI BURI WESE KANDI IBIHE BYIZA NDI KUMWE NAMWE KANDI MBARANGAJE IMBERE, NDI MALAYIKA RAFAYELI, AMAHORO AMAHORO!