UBUTUMWA BWA YEZU KRISTU BWO KU WA 23 NZERI 2025
Amahoro yanjye nasenderere mu mitima yanyu Ntore Ntumwa zanjye na DATA, mbifurije gukomera no gukomeza kuba intwari ku rugamba kandi gukomera ku isengesho mu buryo butaretsa kuko ari yo mpamba kandi ari ryo funguro rigomba kubagirira akamaro kuri roho zanyu, nimwizigamire rero kandi mukomeze kwihunikira ibyiza by’intabarika kuko jyewe na DATA mu isengesho tubavomerera imbaraga, ububasha bubafasha kuganza kandi bubafasha kugamburuza imigambi y’umwanzi abafiteho; mbambitse imbaraga rero kandi ndabashyigikiye ngira nti “Mukomere kandi mukomeze mutere imbere kandi murusheho kwambara imbaraga zibafasha kubaho mu rukundo kugira ngo imitima yanyu ihore ifunguriye bose bityo aho muri hose mube abagabuzi b’amahoro n’urukundo n’ibyishimo”.
Ni igihe rero cyo kumenyekanisha imirimo y’ibikorwa byanjye na DATA, ni igihe kandi cyo kugaragaza ikuzo ryanjye mu biteguye kandi mu bari maso, ni igihe cyo gukangura abasinziriye kugira ngo bicure kuko igihe cyanjye na DATA kiri bugufi, mwabwiwe byinshi mutangarizwa byinshi mumenyeshwa byinshi, nta na kimwe kizabaca imbere kandi kizabagararira kibatunguye; ni igihe rero cyo kugira ngo buri wese yizigamire kandi buri wese yitegure umunsi wanjye n’umunsi wa DATA kuko iki gihe atari igihe cyo kurambya ahubwo ari igihe cyo kurandura no gusenya icyitwa ikibi muri buri wese kugira ngo buri wese amfungukire kandi yaguke mu mirimo n’ibikorwa, kuko nifuza ko munyegera n’imitima yanyu yose kugira ngo mwakire ibyiza mbategurira kandi nabazigamiye kuva kera.
Ibihe bigoye biraje kandi ibirushya ni byinshi ariko kandi unkomeyeho ndamukomeje kandi ndamurinze mucungiye umutekano, ntimugafate Ijambo ryanjye nk’akamenyero ahubwo iteka ryose igihe mbakebuye murangaye mujye mumenya kungarukira kandi guhindukirira Ijambo ryanjye n’irya DATA, uko mubona Isi imeze n’aho igenda igana ntabwo ari ko bizaguma kuko Jyewe na DATA dufite ububasha bwo guhindura amateka y’ubuzima bwa Kiremwa Muntu, tukubika bimwe tukubura ibindi kandi twarabirahiye tuzabikora, mwebwe rero ababimenyeshejwe kandi ababitangarijwe mugeze hehe mwitegura?
Ndashaka ko muva mu kazuyazi mugakora ugushaka kwanjye n’ukwa DATA, mukitegura mu buryo bwimbitse kugira ngo isengesho ryanyu rikomeze kwera imbuto kandi kubyara umusaruro kugera hirya no hino ku Isi, mwazigamiye benshi kandi mwarura benshi mu mva z’umwanzi no mu nzara ze, namwe rero ni igihe cyo kugira ngo mumenye intambwe yanyu aho itera igana, muharanire kunyura kandi kunshimisha ko ndambuye ikiganza kugira ngo mbakire kandi mbaruhure imiriro ibaremerera kandi ibagoye n’ibinaniza, ibirushya ni byinshi kandi n’ibigeragezo ni byinshi, ibyo ni ibiterabwoba ni ibikuramutima by’umwanzi, ntibikabakure mu byimbo rero nimunkomereho ndabakomeje, mu bikomeye mutwaze mutwarane kandi no mu byoroshye mukomere mu itegeko ryanjye n’Ijmbo ryanjye na DATA kuko turi bugufi kubaruhura ibibashikamira; erega hari byinshi bigoramanze mu Isi kandi nk’inzitizi n’imbogamizi ku bacu kuko abacu ari bo bashikamiwe bari ku rugamba, ni igihe cyo kwiherera kandi kwinjira mu mutuzo kuri buri wese kugira ngo buri wese yinjiremo atihenze, yirebe mu ntebe z’umutima we bityo icyanduye gisukurwe kandi gisohoke, maze buri wese amfungurire ingoro y’umutima we kugira ngo nture muri yo, kuko niteguye kubasanganira mu rukundo, mu mahoro n’ibyishimo, muri Ntumwa zanjye nabashyizeho ikimenyetso, kandi mbambika imbaraga mbaha amatabaza mutwaye kandi namwe ubwanyu mukaba mutwaye amabanga yanjye mu tubindi tumeneka ubusa bisaba kwitwararika kandi gutuza no gutekanira muri jye; nimubona inkubi imiyaga n’imihengeri by’umwanzi bibaye byinshi ntabwo ari igihe cyo gukuka umutima ahubwo ni igihe cyo gushikama mu buryo bw’isengesho, kuko ibikangaranya abanjye by’umwanzi ari byinshi ariko kandi ni igihe cyo kubigeza ku ndunduro kuko nyuma yurugamba haba amahoro kandi nyuma y’ibibazo hakaza ibisubizo.
Nimwishime rero kuko mwatowe kandi mwatoranyijwe mugahurizwa hamwe nk’abana b’Imana kandi mugahabwa kumenyana no kumenya, binyujijwe ku Ijambo ryanjye kuko rero mwahujwe n’Ijambo ryanjye kandi mugahuzwa n’Izina ryanjye n’irya DATA, nimukomeze mutahirize umugozi umwe kandi mwibumbire hamwe kuko umwanzi-gisahuzi ari kugenda yambura abanjye icy’ingenzi kandi icy’akamaro, kandi icyo nababwiye nabatoje kuva kera na kare ni urukundo rugomba kubaranga aho muri hose, nimwere imbuto rero, amahoro n’urukundo aho muri bityo mwishimire integuro y’ibyo mbategurira kandi mbagezaho, umusabano hagati muri mwe urusheho kwiyongera bityo mwake umwanzi ijambo muhore mwishimiye ko mwahujwe n’Ijuru kandi mwahuriye mu ngoro ntagatifu kugira ngo mutarame kandi mwangane n’umwanzi mukura benshi baguye kandi bataniye kure y’urukundo rwanjye, isengesho ryanyu ni ingirakamaro ku Isi kandi mu Biremwa byose, kandi isengesho ryanyu kuba muhuriye hamwe muvuga Izina ryanjye n’irya DATA, umwanzi agakangarana ni yo mpamvu asiribya imigeri hirya no hino kugira ngo abatere gutatana, gucika intege no gusubira inyuma; nimukomere rero kandi munambe kuri ryo kuko buri wese afite aho yizigamiye kandi buri wese mfite icyo namuteguriye, ni integuro rero ikorwa nanjye na DATA yo kubahuriza hamwe nk’abana b’umubyeyi umwe kugira ngo muhore iteka muteze ibiganza mutakamba kandi musabira Isi yose amahoro.
Ndabakunda Ntore Biremwa byanjye na DATA, kuko turi kumwe kandi mbashyigikiye mu mbaraga zanjye ndi Kristu Nyagasani wababaye kugira ngo Ibiremwa bibarirwe, nkaba rero nkomeje kubahuriza hamwe mu Mutima wanjye Mutagatifu kugira ngo mbavomerere ibyiza by’intabarika kandi mbakomeze mbambike imbaraga, bityo mbatandukanye n’ibibi by’umwanzi kandi mbatandukanye n’icyitwa ikibi icyo ari cyo cyose; nimukomere naratsinze kandi niteguye gutsindira buri wese unyemera kandi unyizera, nimuharanire ukuri n’ubutungane kandi muhindukire, aho buri wese asanga yaratannye agaruke mu nzira nziza y’ukuri n’ubutungane; nimukomere rero kandi mukomeze mushyigikirwe n’ububasha bwanjye n’ubwa DATA kuko mbatwikirije umucyo n’urumuri rwanjye, nkaba nkomeje kubavomerera uko bwije n’uko bukeye; ndabakunda kandi ndabashyigikiye nimukomere mwizihirwe muberwe no gukomeza kwakira imbaraga zibafasha gutera imbere mu rukundo rwanjye n’urwa DATA; ngaho rero nimusenge ubutarambirwa kandi ubudacika intege n’ubudasubira inyuma, kuko nifuza kubasohoza buri wese atahukanye intsinzi kandi yakiriye igihembo cy’ibyo yagokeye kandi yaruhiye kandi DATA ari bugufi kugaragaza inyiturano ku babaye maso kandi ku bahagaze ku rugamba nta nkomyi kandi ku bahagaze ku rugamba neza.
Ndabakunda kandi ndabashyigikiye, nimukomere kandi mwishimire mu nteguro y’ibyiza byanjye kandi integuro y’ibyiza DATA yabateguriye, nimukotane rero ku rugamba kuko ibyiza biri imbere kandi mubitegerejwe kuko Uhoraho Imana kandi ku bw’imbaraga ze n’ububasha bwe yiteguye kugororera buri umwe umwe wese witanze kandi witangiye Muntu mu Isi kugira ngo arokore kandi arohore imbaga itabarika; ndabakunda ndabashyigikiye Ntore Biremwa byanjye na DATA, nimugubwe neza kandi mwishimire mu rukundo rwanjye, mbashyigikiye mu mbaraga zikomeye kugira ngo mukomere mugubwe neza ku rugamba ntimuri mwenyine turi kumwe ndabakunda ndi Yezu Kristu w’i Nazareti, amahoro yanjye nasendere muri mwe, mwakire imbaraga n’umugisha wanjye ubakomeza kandi ubafasha gukataza mu butumwa mwahamagariwe kuko niteguye jyewe na DATA kubagaragarizamo imirimo n’ibitangaza.
AMAHORO AMAHORO NDABAKUNDA CYANE BIREMWA BYANJYE NA DATA, NDI YEZU KRISTU W’I NAZARETI, AMAHORO AMAHORO.